Friday, September 25, 2020

IGITABO: INTUMWA Y‘ IMANA-AMATEKA YA Ellen Gould White,URUGENDO RW' ABEZA ISABATO YO MU ITEGEKO RYA 4 y' UMUNSI WA 7 BEREKEJE MU IJURU Tariki 15/10/2024, kuva Saa 1:59' a.m.

Kanda hano udawunirodinge amajwi wumve Ibyigisho bi tatu mu ma jwi"Kugaruka kwa Yesu ni Ihame ridakuka rya 25" 15/10/2024-saa 1h59'a.m:

A]

1) Part 1, Data, Ubahiriza Izina Ryawe on 15/11/2020 (Yohana 12:23-33): Kanda ufungure hano Part 1, Data, Ubahiriza Izina Ryawe on 15/11/2020 amajwi wiyumvire nawe uko Mu mwaka wa 31 ubwo Umwami w' ISABATO Yesu Kristo yari yicaye I Yerusalemu maze ari nabwo uwo mwanya Umwanzi w' Abantu n' Imana n' Amategeko Y'Imana , Umwanzi w' ISABATO ,Umwami w' Icyumweru ari we Satani Ikiyoka cya cyera ,ari we ukoresha Papa w' Umutinganyi Francis w' Umujezuwite w' I ROMA wuzuye mo Satani yahise Acwibwa Mu Ijuru mu mwaka wa 31 mbere ho gato y' uko Pasika yacu igera Yesu akabambwa, Kuva uwo mwanya Satani Ikiyoka cya cyera nibwo yahise ajugunywa na n' abadayimoni be hano ku Isi ubutazongera gusubira mu Ijuru, nk' uko yari akibigenza na nyuma y' umwuzure ajya kurega Yobu ko ari indyarya yubahira Imana kuba yaramuhaye Ubutunzi, nanone binyuze mugushyira ho itegeko ry' Icyumweru rihishwe muri Paris Agreement on Climate Change, Satani Yashatse ko azaca Isabato mu Isi , akica Abeza Isabato bose by' Ukuri 144000 batsindishirijwe ngo basukirwe imvura y' itumba bagiye gutangiza Urugamba rwo guca Satani mu Isi binyuze mukuvuga Ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwi rirenga kuva 7/2/2021 kugeza 7/2/2024 bategereje Kugaruka kwa Yesu ubwo azaba aje kuzura abapfuye bose bakiranukiye Uwiteka Imana no Kuducungura mumaboko ya Satani n' Aba Jezuwite ba Satani no Kuboha Satani imyaka 1000 igihe azaba igicibwa mu Isi akarimburirwa n' abadayimoni be n' abapfuye bose batarakiranukiye Imana 22/10/3024, mugihe Dutegereje ko Yesu Kristo azagaruka "True 7th Day Adventists " tariki 15/10/2024 saa 1h59' a.m.

2) Part 2,Data, Ubahiriza Izina Ryawe on 15/11/2020 (Ibyahishuwe 12:7-11) : Kanda ufungure hano Part 2,Data, Ubahiriza Izina Ryawe on 15/11/2020 wumve amajwi usobanukirwe uko Satani ajyiye Gucibwa no mu Isi mu mwaka wa 2024 ubwo Yesu Kristo azaba agarutse ababi bose bakicwa n'ubwiza bwe, Satani agasigara azerera wenyine n' abadayimoni be hano mu isi mu myaka Igihumbi 1000, nyuma amaherezo ya Satani agashyirwa muri Gihenomu agacibwa burundu mu Isi binyuze mukuba Abadiventisiti b' umunsi wa 7 batsindishirijwe bazaba barangije kuvuga ubutumwa bwa Marayika wa 3 7/2/2024 , nyuma hagatangira ibyago birindwi by' imperuka, Yesu Kristo akaza mu cyago cya 7, tariki 15/10/2024 , saa 1h59' mugicuku cya nijoro.

3) Umunsi Mwakiriye Ho(Wowe wumva ubu buhanuzi ntuzaramye ubutegetsi bw' Inyamanswa bwo kuguhatira kweza Itegeko ry' Icyumweru, Umunsi mwanze Isabato mukeza Icyumweru nyuma y' Uko Perezida Joe Biden mushya wa Amerika "USA" azaba amaze gusinya amasezerano y' I Paris 7/2/2021 "Paris Agreement on Climate Change" kuva ubwo kweza no kwizera ko Isabato itaye agaciro , Ukeza Icyumweru nkaho ari yo Sabato y' Ukuri y' Uwiteka, Mwekuza reka kumvira Imana ngo mwice ISABATO muramye Icyumweru n' Urukingo rwa COVID-19 ,mutazasukwaho Ibyago 7 by' imperuka kuva tariki 16/2/2024 kugeza ubwo Yesu Kristo Umwami w' Isabato azagarukira Mu Cyago cya 7 tariki 15/10/2024 saa 1h59' mugicuku hagati.Umunsi mwahisemo Kumvira Leta y' U Rwanda na Vaticani kuteza Isabato mukaramya itegeko ry' Icyumweru, Muzakiza amagara yanyu muri iyisi mumyaka itatu gusa, ariko Gupfa ko Muzapfa, mubyago 7 by' imperuka kuva tariki 16/2/2024 kugeza tariki 15/10/2024 saa 1h59'a.m.) Gupfa Ko Muzapfa Part 1 on 17/11/2020.

4) Umunsi Mwakiriye [Ho](Itegeko ry' Icyumweru "USA-Paris Agreement:7-16/February/2021) Gupfa Ko Muzapfa Part 2 on 17/11/2020.

B]

1) Igice cya 1,Uramenye utazahurira na SATANI na Papa Francis Ubwiriza gushyigikira Ubutinganyi muri GIHENOMU 22/10/3024 wariwarabwirije UBUTUMWA BWIZA bwo Kweza Isabato, Kutifatanya n' abeza Icyumweru mubuyobe bwo gusuzugura Amategeko y' Imana 10 n' Isabato irimo, no kugaruka kwa Yesu Kristo kwabwirijwe n' Abategereje Kugaruka Kwa Yesu Kristo kuva tariki 22/10/1844 bagategekwa kujya kwigisha no Kweza Isabato kuva tariki 3/4/1847

Yesu araje,azatunguka ku bicu tariki 15/Ukwakira/2024 sa1h59' a.m.Mwitegure, Mwiyeze, Mweza Isabato y' Uwiteka mubone uko Uwiteka abashyiraho icyimenyetso cy' Imana mutazasukwa ho ibyago birindwi by'imperuka kuva tariki 16/2/2024 kugeza tariki 15/10/2024 saa 1h59' a.m, nyuma y' imyaka itatu yo kubwirizwa k' ububutumwa bwa Marayika wa 3"Ibyahishuwe 14:9-12"mu ijwi rirenga rizavugwa hagati y' imyaka 3 kuva tariki [7-16/2/2021 kugeza 7-16/2/2024].

2) Igice cya 2,

3) Igice cya 3

Share this link to 7 people at List: http://www.africanunionsc.org/2020/09/united-nationsun-during-its-nations.html ,

INTUMWA Y‘ IMANA

Byanditswe na RUTH WHEELER

Cyavuguruwe mu mwaka wa 2013

Uwabishyize mu nyandiko ikurikira ahangaha: 

Dr. IRAGUHA BANDORA Yves, MG,RN,BScN,MD.

Saba inyandiko zijyanye n'iyi ngiyi kuri address ikurikira ya E-mail: 

E-mail:1177prn@gmail.com,

A.Kanda Hano KU MAJWI  Ufungure Ibiganiro byo ku itariki 26/9/202 ,bivuga ku kurangira kw' Imbabazi kubeza Isabato , 22/Ukwakira 2020, no gusukwa kw' Imvura y' Itumba:

1) Amajwi ya Mbere 

2) Amajwi ya Kabiri

3) Amajwi ya Gatatu

4) Amajwi ya Kane

B.Kanda Hano KU MAJWI  Ufungure Ibiganiro byashyizwe hano  ku itariki 30/9/202 ,bivuga ku:

1) Guhangana na Baburoni usohoka mu Cyumweru no kwinjira Mu Ijuru unyuze mu Isabato

2) Gusobanukirwa Ubuhanuzi bw' Iminsi 1335 bwo muri Daniyeli 12:7-13 no kugaruka kwa Yesu tariki 15/10/2024, saa 1h59'by Dr.Bandora&Wife.

3) Uko Uwiteka yigishije Isabato muri Bibiliya:

 i) Icyigisho cya 1"Kiriziya gaturika n' amadini ya giporotestanti asenga ku cyumweru ni Amadini ya SATANI yarayobye ni Baburoni, Ntashobora Kubwiriza Ubutumwa bwa marayika wa gatatu Yesu ashaka Kuko ari Umwami w' Isabato, kuko Satani yanze Kuvakera Kuramya Yesu akiri no mu Ijuru.

ii) Icyigisho cya 2"Kiriziya gaturika n' amadini ya giporotestanti asenga ku cyumweru ni Amadini ya SATANI yarayobye ni Baburoni, Ntashobora Kubwiriza Ubutumwa bwa marayika wa gatatu Yesu ashaka Kuko ari Umwami w' Isabato, kuko Satani yanze Kuvakera Kuramya Yesu akiri no mu Ijuru.

iii) Icyigisho cya 3"Kiriziya gaturika n' amadini ya giporotestanti asenga ku cyumweru ni Amadini ya SATANI yarayobye ni Baburoni, Ntashobora Kubwiriza Ubutumwa bwa marayika wa gatatu Yesu ashaka Kuko ari Umwami w' Isabato, kuko Satani yanze Kuvakera Kuramya Yesu akiri no mu Ijuru.

IBIRIMO

INTERURO……..4

AGAKOBWA K’ INTWARI…7

INZOZI NZIZA….10

YITEGURA GUKORA IBYO IMANA ISHAKA….16

UMUBABARO……18

MARAIKA AZANA UBUTUMWA BW’ IMANA…25

IMANA YOHEREZA MARAYIKA WAYO…..29

IMANA YUGURURA INZIRA…33

UMUNSI WA KARINDWI NI WO SABATO…35

IWACU HASHYA…39

ICYANA CY’ IFARASHI…42

IYO IMANA IVUZE…46

YAMAMAZA UBUTUMWA….49

MARAYIKA ATI: “ANDIKA”…..55

MARAYIKA AFATANURA IGARE RY’ UMWOTSI…..62

UMWANA WAZIMIYE…..66

INZIRA IFUNGANYE….68

AKORERA ABASORE……71

UMUSHYITSI AZA MU MUDUGUDU…..74

IMICYO MITO Y’ IMANA…..77

HAKURYA Y’ INYANJA…..80

AKOMEZWA N’ IMBARAGA YAYO…..82

ATUMWA MU GIHUGU CYA KURE….86

UBUTUMWA BUTAZAPFA……………92

INTERURO

Imana ifite uburyo bwinshi bwo gukora umurimo wayo. Abamarayika bakora ibyo ibategeka mu ijuru. Abana b’ abantu bakabikora ku isi.

Muri Bibiliya dusomamo iby’ abantu batari bamwe batoranyijwe n’ Imana kugira ngo babe intumwa zayo.  Bamwe bari abantu b’ abami, abandi bari abashumba, abakoresha b’ ikoro, n’ abarobyi, n’ abandi benshi.  Muri abo, bamwe bari bakiri abasore ubwo bahamagarirwaga gukora, nka Yosefu, na Esiteri, na Daniyeli.

Muri gahunda y’ itorero Uwiteka yagennye abakozi batari bamwe, maze abagabira impano z’ Umwuka.  Dusoma mu 1 Abakorinto 12:28: “ Kandi Imana yabanje gushyira mu itorero bamwe kuba intumwa, maze abandi ba kabiri ibashyiriraho kuba abahanuzi, maze abandi ba gatatu ibashyiriraho kuba abigisha, maze ishyiraho abakora ibitangaza, ishyiraho abahawe impano zo gukiza indwara, n’ abahawe gufasha abandi, n’ abahawe gutwara, n’ abahawe kuvuga indimi nyinshi.”

Uko ni ko tubona uko ubuhanuzi bwabaye impamo y’ ingenzi Imana yashyize mu itorero ryayo.  Ni impano ya kera cyane.  Ubwo icyaha cyari kimaze guca iteme rihuza Imana n’ isi, Imana yahaye abantu impano y’ ubuhanuzi mu itorero ryayo.

Abamarayika boherejwe kenshi kuvugana n’ abahanuzi no kubafasha gusobanukirwa n’ ibyo bahishuriwe.  Reba Danieli 8:16; Daniyeli 9:11; Ibyahishuwe 1:1.

Abagore nabo bahabwaga impano z’ ubuhanuzi nk’ abagabo kandi bavugwa kenshi muri Bibiliya. Miriyamu (Kuva 15:20), Debura (Abacamanza 4:4), Hilukiya (2 Abami 22:14). Ana (Luka 2:36), n’ abakobwa ba Filipo (Ibyakozwe n’ Intumwa 21:9).

Bibiliya isobanura neza uko umuhanuzi nyakuri amera iyo ashorewe n’ Umwuka w’ Imana.  (a) Amaso ye agumya kureba.  Reba Kubara 24:16 (b) Ntahumeka. Reba Daniyeli 10:17.

Ntiwibwire yuko umuhanuzi yerekwa, akarota byonyine. Uwo gusa ni umugabane umwe w’ ibyo bahishurirwa n’ ImanaUmurimo uruta iyindi w’ Umuhanuzi ni ukwigisha ab’ itorero no kubayobora mu by’ ukuri byose no kubatera umwete wo gukurikiza amategeko y’ Imana.

Impano y’ ubuhanuzi igengwa n’ Imana.  Hariho ubwo habagaho abahanuzi benshi bakoraga mu gihe kimwe.Ubundi hari ubwo habagaho umwe, ubundi ndetse ntihagire ubaho.

Bibiliya itubwira yuko mu minsi y’ imperuka iyo mpano izaboneka mu itorero ryasigaye.  Iryo torero rifite ibimenyetso bibiri: (a) Rikurikiza amategeko y’ Imana, kandi (b) rikagira guhamya kwa Yesu Kristo.  Reba Ibyahishuwe 19:17. “Guhamya kwa Yesu Kristo ni Umwuka w’ Ubuhanuzi.” Ibyahishuwe 19:10.

Icyo iki gitabo cyagenewe ni ukwerekana uko Imana yasohoje isezerano ryayo ryo guha itorero ryasigaye impano y’ ubuhanuzi. Hano hari igitekerezo cy’ umuja w’ Imana wahamagawe akiri muto kugira ngo abe akanwa kayo. Yahamagawe amaze imyaka 17 y’ ubukuru, akomeza kwamamaza ubutumwa bw’ Imana akiranutse mu gihe cy’ imyaka 70.

Imana yagennye igihe cyo gukomora impano y’ ubuhanuzi yo gukomeza itorero ryayo nyuma y’ umubabaro ukomeye wo ku itariki 22 mu Kwakira, 1844. Bari barategereje kuza kwa Yesu, ariko ntabwo bari barasobanukiwe n’ ubuhanuzi neza. Imana yatangiye impano y’ ubuhanuzi kumvisha ubwoko bwayo iby’ ibihe no kubategurira kugeragezwa kwajyaga kubageraho.

Umugabane munini w’ iki gitekerezo usobanura ibyo kubaho k’ uwo muja w’ Imana, ubwo yari atuye mu ruhande rwo mu burasirazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ahari ayo mazina y’ abantu ntacyo amarira abantu bo muri Afurika, ariko hari ibyigisho by’ ingirakamaro by’ uko Imana yagendereye umuja wayo n’ ubutumwa yoherereje itorero ryayo ryasigaye.

Nimucyo twite ku guhugura kwa Bibiliya muri aya magambo: “Mwizere Uwiteka Imana yanyu, Mubone gukomezwa, mwizere n’ abahanuzi bayo, mubone umugisha.”(2Ngoma 20:20). Kubw’ ayo magambo mugiriwe inama yo kujya mwiga iki gitabo musenga.

IGICE CYA 1

AGAKOBWA K’ INTWARI

Mu myaka isaga ijana ishize, hariho abakobwa b’ impanga bagendaga bafatanye agatoki banyura mu isambu ngari rubanda rwose rwanyuragamo, yari mu mudugudu umwe wo muri Amerika y’ amajyaruguru. Bari bari kumwe na mugenzi wabo w’ umunyeshuri. Uko ari batatu bagendaga basimbuka, banezerewe batambika muri iyo sambu.  Bumva ijwi ribatunguye, barebye inyuma, babona umukobwa umaze imyaka 13 y’ ubukuru yiruka abakurikiye ahamagara n’ ijwi ry’ uburakari.

Umukobwa umwe yarabajije ati:”Ibyo ni ibiki?Elizabeti, umwe muri za mpanga, aramusubiza ati:”Simbizi. Ariko reka twiruke.  Mama yavuze ko nihagira uturakarira tutazajya tumwitura, ahubwo ngo tujye twihungira dutahe.”

Ba bakobwa uko ari batatu batangira kwiruka cyane uko bashoboye kose, basigara batagikoza ibirenge hasi. Benda guheza iyo sambu, wa mukobwa yongera kuvuza induru. Elina wavutse ari impanga na Elizabeti, asubiza amaso inyuma kureba aho ageze. Agihindukiza umutwe wa mukobwa amutera ibuye yari afite mu ntoki. Elina rya buye rimugeze mu gahanga arataka ati”Ayi we!”Yakomeretse bikomeye rwose bituma yitura hasi. Wa mukobwa wari urakaye, agira ubwoba bw’ ibyo akoze, arahunga.

Elina yongeye kuzanzamuka, asanga ari mu iduka abantu bamuhagaze iruhande buiwe. Umuntu w’ umugiraneza aratambuka aza imbere ati: “Ndaguheka ku igare ryanjye, nkujane imuhira”. Amusubiza aniha, asindagira ati:”Ndagushime ndumva norohewe. Ndabasha kugenda. Ndatinya yuko amaraso ari buhindane igare ryawe.” Abo bantu bari uri iryo duka ntibari bazi uko ako gakobwa k’ intwari kakomeretse nabi, barakareka ngo gatahe, mwenenina agenda aufashe ukaboko kumwe mugenzi we nawe agenda aufashe ukundi. Agenze urugendo ruto gusa, yongera kuraba ba bakobwa bombi bagoba kumuheka, bamugeza imuhira.

Elina yamaze ibyumweru bitatu aryamye, ubwo yari indembe ntiyari azi ibyabaye, ndetse ntiyari azi n’ uko hari igihe cyahise. Benshi bamubonye, babona ga ko atazabaho.  Nyina yasabye Imana cyane ngo yunamure umukobwa we, imwemeze ko atazapfa.

Elina yatangiye kumenya abandi bari kumwe na we, yibwira ko yari asinziriye. Ntiyibuke amakuba ateye ubwoba yabonye.

Yorohewe, abaturanyi be bazaga ku musura bamuzaniye amatunda n’ indabyo.

Umugore umwe agiye gutaha yaravuze ati:”Ni ishyano!” Undi ati:”Ntabwo namenya uwo ari we.” Elina ayoberwa icyo yashakaga kuvuga icyo ari cyo.

Yaribwiye ati:”Kuki nabababaje? Mbese, hari impamvu yatumye mpinduka ukundi?” Ahamagaza indorerwamo.  Yirebeye mu ndorerwamo, arikanga.  Byasaga naho ishusho yo mu maso yahindutse ukundi. Ntabwo mu maso he hari hakimeze neza nk’ uko hari hameze mbere. Nyina aherako amutekerereza yuko izuru rye ryamenetse, ngo kurwara igihe kirekire byatumye ahindana.

Abenshi mubazaga kumusura bamugiriye inama bati:”Mubuzwa n’ iki kwitura inabi uwangije ubugingo bwe?”.

Nyina wari Umukristo ukiranuka yaravuze ati:” Oya, iyaba byabashaga kugarurira umukobwa wanjye ubuzima bwe, byagize icyo bimara, ariko ibyo ntibyabumugarurira.  Byazana abanzi gusa.”

Elina yagize agahinda yirebeye mu ndorerwamo, bituma yenda kwifuza gupfa.  Yagize agahinda cyane.  Maze atekereza ko ahari agiye gupfa, maze bimutera ubwoba, kuko yumvaga ko atiteguye gupfa. Ababyeyi be bari barigishije abana babo kwiringira Uwiteka no kumwisunga basenga.  Noneho asaba Umwami ngo niba azapfa, amubabarire ibyaha bye, amutegurire kuzamusanganira.

Amaze gusenga, yumvise anezerewe. Akunda abantu bose, ndetse na wa wundi wamukomerekeje. Yifuriza bose kubabarirwa ibyaha no gukunda Yesu nk’ uko amukunda.

Yoroherwa buhoro buhoro, hanyuma abasha kujya ajya gukina n’ abandi.  Noneho yigiraho ikigisho gikaze y’ uko ishusho y’ umuntu ituma abantu bamugenzereza neza cyangwa nabi. Abajyaga bishimira gukina na we igihe yari akiri muzima, ntibari bakimugirira neza cyane kuko yari afite integenke, arwaye, kandi ubwiza bwe n’ ubuzima byari byarangiritse, maze ibyo bimwinjiramo, biramuzonga.

Ubwo yakomerekaga, Se Harumoni, yari ari mu ruzinduko.  Hashize amezi ataragaruka imuhira, kandi yari akumbuye abana be. Ageze mu nzu, arabahobera, maze akebaguza areba Elina. Yari yihagarariye inyuma y’ abandi afite ubwoba.

Arabaza ati:”Elina ari he?” Nyina amumutungira urutoke aho yigunze, ati:”Nguriya”. Aramwitegereza. Maze ahindukirira umugore we yibwira ati:”Reka da, uriya si Elina wanjye.” Kuri we basaga n’ aho ako gakobwa keruruka, kananutse kahindane mu maso, kigunze, kataba wa mukobwa we wari unezerewe w’ umunamuze muke. Nubwo yamwenyuriraga se ubwo yari amuteruye, yumvaga ko umutima we wenda gutaraka kubwo gutekereza ko ndetse na se ubwe atabashije kumenya uwo ari we.

Nyuma, baje gutekereza yuko Elina amaze kubona imbaraga ikwiriye gutuma yongera kujya mu ishuri.  Ariko iyo yageragezaga kwandika, ukubokokwe kwahindaga umushyitsi, yabashaga gusa kwandika amagambo yoroshye cyane.  Byari bimeze nk’ aho bidashoboka ko yiga ndetse ko yibuka n’ icyo yize.

Umwigisha ategeka wa mukobwa wateraga Elina Harumoni ibuye kuba ari we umwigisha.  Ni we wamwigishaga kwandika n’ ibindi byigisho.  Ntabwo Elina yigeze amucyurira ya nabi yamugiriye, icyakora byamuteraga agahinda kubona uko Elina bimurushya kwandika ibyigisho bye.  Byaramubabaje koko, kuko yahutiyeho agakoreshwa nabi n’ uburakari.  Iteka ryose yajyaga agirira uwo mwigishwa muto neza, akamwihanganira.

Hashize amezi make, umwigisha yabonye ko Elina Harumoni agakwiriye kuguma mu ishuri, keretse abonye imbaraga.  Nuko arorera kwiga, kuva mu ishuri byamubereye inkeke kuko yakundaga kwiga yashakaga kunguka ubwenge nyabwo.

IGICE CYA 2

INZOZI NZIZA

            Umunsi umwe se wa Elina yari yicaye arya ku manywa, aravuga ati: “ Bwana Williyamu Miller aribubwirize nijoro; dukwiye kujya kumwumva.

Arabwiriza inyigisho z’ inzaduka.  Yibwira ko Yesu azaza ku isi vuba. Ndashaka kumenya ko bituruka muri Bibiliya.”

            Muri iryo joro ab’ inzu ya Harumoni bagiye mu iteraniro rya bwana Miller, mu mudugudu wa Portland, mu ntara ya Maine, muri Amerika ‘ Amajyaruguru.

            Nyamuneka uburyo byabashishikaje bumvise uko uwo mubwiriza ababwiye ko kuza kwa Yesu kwegereje! Wiliyamu Miller yabasobanuriye neza iby’ ubuhanuzi.  Nubwo Elina Harumoni yari amaze imyaka cumi n’ ibiri gusa y’ ubukuru, yabashije kubyumva.

            Uwo mubwiriza yari yarize Bibiliya yitonze.  Ubwo yigaga iby’ ubuhanuzi bwa Daniyeli, yabonye ko ibyahanuwe by’ ingoma zizakuranwa byabaye iby’ ukuri.  Maze agera ku buhanuzi buvuga yuko mu iherezo ry’ imyaka 2300 ubuturo buzezwa.

            Yaribajije ati:”Mbese, tubasha kumenya igihe iyi myaka izatangirira, n’igihe izarangirira?” Abona igisubizo mu gitabo cya Daniyeli, igice cya 9.

Abona yuko iyo myaka yatangiye cya gihe itegeko ryo gusana Yerusalemu ritanzwe.  Abona mu bitekerezo yuko iryo tegeko ryatanzwe mu mwaka wa 457 mbere ya Kristo.

            Ubundi buhanuzi bwo muri icyo gihe bwerekeye iby’ umurimo wa Kristo n’ urupfu rwe, bwari bwarasohoye mu gihe cyabwo rwose.  Nicyo cyatumye Wiliyamu Miller yiringira yuko ikizakurikiraho ari ukwezwa k’ ubuturo mu iherezo ry’ imyaka 2300. Ngo ubwo buhanuzi buzasohora mu mwaka wa 1843.

            Kwezwa k’ ubuturo bisobanurwa bite?  Abiga Bibiliya bazi uko ubuturo buvugwa buri mu ijuru, aho Yesu atwingingira Se kutubabarira ibaha.  Ariko muri ico gihe Abakristo hafi ya bose bizeraga ko isi ari yo buturo.  Bwana Miller umvaga rwose ko kwezwa k’ ubuturo basobannurwaga ko ari ii si izezwa ibyaha ubwo Yesu azaza.

            Namuneka uburo babaye akaubi! Ngo Yesu azaza mu mwaka wa 1843!  Yumvaga ko akwiriye kubamamaza mu bandi; maze ava iwe, aja kubwiriza aho abasha kubonera abamutega amatwi hose.  Ubwo rero yari yasohoye I Portilandi, abwira abantu igituma yizera ko hasigaye imaka itatu gusa, Yesu akaza.

            Umuntu wese muri uwo mudugudu yavugaga iby’ iyo nkuru.  Abenshi barakobanaga bagaseka, ariko abandi benshi barabyizeye.  Elina Harumoni yagiye muri ayo materaniro, maze Wiliyamu Miller abaza abantu bumva bashaka kwisunga Imana mu masengesho ngo batambuke baze imbere azana n’ abandi benshi imbere, barapfukama, basaba Imana kubababarira ibyaha.  Icyakora,  Yesu yumviye gusaba kwa Elina, ariko we ntiyabyiyumvamo.  Yari atariga neza yuko dukwiriye kwiringira Yesu ko atubabarira ibyaha io tubiicujije tukamusaba kubitubabarira.  Kuko mu byumweru bike byakurikiyeho yari ari mu kaga, ku mpamvu z’ uko yari agishidikanya ko atitegue gusanganira Yesu.

            Mu gihe cy’ impeshyi yakurikiyeho, abo mu muryango wa Harumoni bagiye mu iteraniro rikuru ry’ Abametodisiti.  Elina Harumoni yanejejwe no kwibonera ayo mahirwe yo kongera kumva ibya Yesu.  Yagiye agambiriye rwose gushakashaka Uwiteka cyane, no kwitegura kuza kwe.

            Bakigera aho bateranira, yumva babwiriza ibya ya magambo y’ umugabekazi Esiteri.  “Ngajya ku mwami;  Kandi nimpfa, nzapfe.” ( Esiteri 4: 16).

Cyane cyane icyo cyigisho cyari icy’abifuza gukizwa; nyamara bakaba bagitinya ngo ntibakwiriye gukundwa n’ Imana.  Amagambo y’ uwo mubwiriza yafashije Elina Harumoni kumva neza icyo akwiriye gukora ngo yitegure gusanganira Umukiza We ubwo azaza.  Yumvaga neza yuko kumbaraga ze atabasha kwitunganya, ariko ngo Yesu ni we gusa ubasha kumwozaho ibyaha.

            Hanyuma yaho bidatinze, umutima we wuzura umunezero, noneho yumva ko Yesu yamubabariye ibyaha bye.

Amenya ko Yesu yumva abana be, ko babasha kumutura imibabaro yabo yose, kandi ngo abashe kubakiza intimba zose, nkuko yajyaga akiza abamusangaga bose ubwo yari mu isi.

            Umwe mu bagore aramubwira ati: “Mwana wanjye nkunda, mbese wabonye Yesu?” Elina Harumoni agiye guterura kumwikiriza uwo mugore aratanguranwa ati: “Ni ukuri koko, waramubonye. Amahoro Ye ari kumwe nawe. Ndabireba mu maso hawe”.

            Icyo gihe Elina Harumoni yanyuze iruhande rw’ ihema, ahabona agakobwa kifashe nk’ akagize ikigatera kwiheba.  Yari afashe umutaka muto mu ntoke ze.  Mu maso he harerurukaga ku bwo kugundira ayo maronko ye.

Yageragezaga kuwufasha hasi, bikamwanga mu nda, akongera kuwubatura.

Hashize umwanya, uwo mwana arataka ati: “Yesu nkunda, ndashaka kugukunda no kujya mu ijuru! Kuraho ibyaha byanjye!  Ndakwihaye ubwanjye, n’ umutaka n’ ibindi byose.”  Maze kararira, kijugunya mu maboko ya nyina, karavuga kati: “Mama we, ndanezerewe cyane kuko Yesu ankunda, kandi nanjye nkaba mukunda kuruta umutaka wanjye cyangwa ikindi cyose.”

            Ubwo yamwenyuriraga abo bari kumwe, mu maso he huzuye ibinezaneza.  Maze nyina, asobanura abogoza amarira, uko ako gakobwa ke kari kahawe uwo mutaka ku buntu, nta gihe kirekire cyari gishize.   Yarawukundaga cyane.

Yawujyanaga ahantu hose, ndetse yagombaga no kuwuryamana n’ ijoro.  Ariko muri ayo materaniro, ako gakobwa kari kahumviye ko dukwiye kwegurira Yesu byose.  Ako gataka yagakundaga kuruta ibindi byose byo mu isi, maze yumva ko akwiriye kugaha Yesu. Nyabuna ukuntu byamubereye inkeke guhara icyo kirungu cye!!! Ariko ubwo byari byarangiye yatanze ibyo afite byose, mu maso he hakeshwa n’ ibyishimo.

            Noneho, kagakobwa gasobanurirwa yuko ubwo kahaye Umukiza wako byose, ntikagire icyo kemera kumuteranya na we, ngo noneho nikigumanire umutaka wako,  kawutunge.

            Uko Elina Harumoni yagendagendaga aho bateranira,  yaribazaga ati: “Yemwe uko byaruhije guhara wa mutaka!  Nyamara Yesu yahaze ijuru ku bwacu, aba umukene, kugirango ubukene bwe n’ imibabaro ye, biduheshe ubukire bw’ ijuru.”

            Hanyuma yahoo bidatinze avuye mu iteraniro  rikuru, asaba kubatizwa ngo ajye mu itorero ry’ Abametodisiti, ari ryo ababyeyi be bari barimo. Abayobozi b’ itorero bamwingingira kumutonyangirizaho amazi, ariko yumva ashaka kubatizwa nk’ uko Umukiza We yabatijwe, ari ko kwibizwa.

            Nubwo uwo munsi wo kubatizwa wari wabaye uw’ ibitundwe, kandi mu Nyanja hakaba hari umuraba, Elina Harumoni yanejejwe no kwikorera umusaraba wa Shebuja.  Amahoro ye yari ameze nk’ uruzi.  Yari atangiye ukubaho gushya, ari ko gukorera umukiza we.

            Nubwo Elina Harumoni yabaye Umukristo w’ itorero akajya ajya mu materaniro ubudasiba, ndetse n’ amateraniro yo gusenga ariko ntabwo yari yasabira mu iteraniro. Noneho yumva ahatwa mu mutima we ko akwiriye gusabira mu materaniro mato yo gusenga.  Yari afite ubwoba cyane, akumva ko atatinyuka kubikora, ariko yaba yiherereye asaba, akumva ahatwa mu mutima ngo akwiriye kubikora.

            Maze mu ijoro rimwe arota inzozi.  Arota yicaye, afite agahinda, yiyunamiye.  Yibwira ati: “Iyo Yesu aba mu isi, mba musanze, nkikubita ku birenge bye, nkamuganyira akababaro kanjye kose.  Ntabwo yampana; yambabarira, nkamukunda, nkamukorera iteka ryose.”

            Agitekereza ibyo, urugi rurakinguka, hinjira umuntu mwiza. Arebana Elina ineza ati: “Wifuza kureba Yesu? Ari hano, kandi Wabasha kumubona ubishatse.  Fata ibyo utunze byose, unkurikire.”

            Afata ibye byose, akurikira umuyobozi we anezerewe.  Amujyana ku rwego rurerure, rufunganye.  Batangiye kuzamuka, aramwihanangiriza ngo akomeze kureba hejuru imbere ye, ngo ataza kuzengerezwa, akagwa.  Ndetse na we yabonye abandi bazamuka kuri urwo rwego, barebye hasi, bagwa batararushya bagera hejuru.( Maraika abonekera Elina Harumoni).

            Maze Elina Harumoni n’ umuyobozi we bagera ku ntambwe iheruka.

Bahagarara inyuma y’ urugi rukinze. Umuyobozi we amubwira gusiga nibyo yari yikoreye byose.  Abitura hasi anezerewe.  Aherako akingura urugi, amubwira kwinjira. Elina, amara akanya ahagaze imbere ya Yesu. Yesu amukubise amaso, Elina asanga basanzwe baziranye rwose mu bitekerezo bye.

            Agerageza kwihisha ngo atamutumbira, ariko Yesu aramwegera, amurambika ikiganza ku mutwe, amubwira amusekera ati: “Witinya.” Ijwi rye rituma umunezero usaba umutima we.  Aremererwa n’ ibyishimo, yitura hasi ku birenge bye.

            Elina, mu nzozi ze, yumva yuko yashyikiriye amahoro y’ ijuru. Abyutse, asanga amaso ya Yesu y’ urukundo ari kuri we, n’ igitwenge cye cyiza cyuzuza umutima w’ umunezero.  Amurebana n’ icyubahiro n’ urukundo.

            Umuyobozi we akingura urugi, barasohoka.  Amubwira kongera kwenda bya bintu bye yari yatuye hasi.  Maze amuhereza umugozi ubobereye uzinze cyane.  Amubwira kuwushyira ku mutima we, ngo ubwo azajya ashaka kureba Yesu, ajye awusohokana awuzingure uko abasha kwose.  Marayika aramubwira ati: “Ntukareke ugumaho wizinze igihe kirekire; kuko wakwipfundika, ukazarushya izingura.”

            Elina yarakangutse, aranezerwa.  Izo nzozi zatumye yiringira yuko abasha kujya ku Mana asenga, igihe ashakiye cyose.  Kuri we uwo mugozi ubobereye washushanyaga kwizera Imana, asobanukirwa uko bitaruhije kuyiringira.

Noneho yamenye adashidikanya ko Yesu amukunda.

IGICE CYA 3

YITEGURA GUKORA IBYO IMANA ISHAKA

            Rimwe mu gitondo Elina Harumoni yabwiye nyina ati: “Mama we, naraye ndose inzozi nziza rwose.  Ndota ndeba Yesu.  Marayika ni we wanjyanye kumunyereka, maze aransekera.”

            Maze Elina Harumoni atekerereza nyina iby’ izo nzozi byose zari zamuhaye ihumure zikamuha kumenya ko Yesu amukunda kandi ko atazabura kumufasha ngo yitegure kumusanganira ubwo azagaruka ku isi.

            Nyina atega uwo mukobwa we amatwi afite impuhwe.  Amugira inama ati: “Ngwino, dusange bwana Stockman tubiganire.  Sinshidikanya ari bubyishimire kuganira natwe.”

            Bahera ko bajyana kureba uwo mupasitoro. Elina Harumoni amaze kumutekerereza ibyabaye byose, Pasitoro Stockman amurambika ikiganza ku mutwe, aravuga ati: Uracyari umwana muto rwose, ibyo rero byakubayeho ni nk’ inzaduka kuba ku muntu ukingana nawe,  Ngira ngo Yesu hari umurimo yakugeneye agutegurira.”

            Maze amutekerereza iby’ urukundo Imana ikunda abana bayo b’ abanyabyaha, abogoza amarira, kandi n’ uko yifuza kubigandurira bitewe no kwizera no kwiringira.  Amubwira yuko bwa bwoba yagize bw’ uko adakwiriye ijuru yari ineza y’ Imana yamuhamagaraga.  Ati:”Iyo umuntu yiyumvisemo yuko ari agahano ngo ntakigomba guhirimbanira gutungana, ubwo nibwo abari mu kaga gakomeye ko kutisunga Imana.  Genda, wiziguye, witahire, wiringiye Yesu, kuko ari ntawe yakwima urukundo rwe arushaka koko.”

            Bamaze gusengera hamwe, Pasitoro yasabiye uwo mukobwa umugisha w’ Imana. Ubwo Elina Harumani na nyina batahaga, bumvaga ko bigishijwe iby’ urukundo n’ ineza by’ Imana n’ umugaragu wayo ukiranuka.  Elina yumvaga yuko akunze Umukiza We byatuma akora icyo amushakira gukora cyose.

            Iyo yapfukamaga asenga yiherereye, yumvaga ko Imana imushakira gusabira mu iteraniro.  Agambirira yuko noneho mu iteraniro rizakurikira, ari nta kizatuma adasaba. Ntibyajyaga gutinda, kuko hajaga kuba iteraniro ryo gusenga kwa nyirarume mu ijoro ry’ uwo munsi.

            Mu iteraniro, apfukamana n’ abandi. Agumya kugingimiranya, adagadwa, abandi bagisaba ageze aho araturika arasaba.  Uko yahimbazaga Imana aranguruye, umutima we wasabwe n’ urukundo n’ umunezero ntiyagira ikindi areba keretse Yesu gusa n’ ubwiza bwe.

            Ataha yibwira ati:”Nakoze icyo Imana yanshakiraga gukora.” Nyabuna ukuntu yari akunze Yesu noneho!  Yari amukunze nk’ umubyeyi w’ umugiraneza kandi w’ umunyampuhwe, ndetse kumwumvira byari ibyishimo kuri we.  Kenshi uwo mukobwa yasubiragamo aya magambo: “Uwiteka ni we mwungeri wanjye, sinzakena.”

            Abadiventisiti- ari bo nyine bizeraga ko Yesu yari agiye kugaruka vuba – bateranyaga amateraniro iminsi yenda kuba yose mu ngo mu mpande zitari zimwe z’ umudugudu Harumoni yari atuyemo.  Bari bakizera ibyo wa mukuru Wiliyamu Miller yari yarabigishije, yuko Yesu azaza mu mwaka wa 1843, cyangwa mu iherezo ryawo, mbere yo kuwa 21 Werurwe 1844.  Abo mu muryango wa Harumoni bajyaga mu materaniro ubudasiba, kuko nabo bizeraga yuko Umukiza wabo azaza vuba.  Igihe cyo kwitegura gusanganira Yesu cyababereye kigufi, ab’ inzu ye bose bumvaga ko bakwiriye gukora icyo babashije cyose bakabwira abandi inkuru y’ ibyiringiro byabo.

            Bwana Harumoni yabohaga ingofero, abakobwa be bagakora udusongero twazo.  Ndetse Elina we yabohaga n’amasogisi, umwambaro umwe akawugurisha udufaranga duke.  Ubwo umutima we wari ufite integer nke, yagombaga kwicara yegamiye igitanda akora.  Ariko yakomeje gukora, agakorera amafaranga munani mu munsi, akanezezwa yuko nubwo intoke ze zasusumiraga zabashije kugira icyo zikora cyo gufasha umurimo w’ Imana.  Ayo mafaranga bayabikiraga neza kuyagura ibitabo.  Urupapuro rwose rwacapwe, abo bakobwa baguraga, barurebaga ko ari urw’ igiciro gikomeye, kuko rwabaga ari intumwa y’ umucyo, yihanangiriza abantu kwitegura Umukiza wabo wajyaga kuza vuba.

            Amaze kubona agatege, bateguye ,, bateguye amateraniro abasore b’ abaturanyi bazajya bateraniramo kwiga ijambo ry’ Imana no gusenga.  Abasore bamwe muri abo ntacyo bitagaho kandi bagiraga umwete muke w’ iby’ idini, ariko Elina yagambiriye kudacogora kubwabo.  Amajoro yose yajyaga asabira izo ncuti ze.

            Ku manwa, iyo yabonaga umwanya, yaganiraga n’ umwe umwe muri bo, amaherezo bose uko bangana bahindukirira Imana. Abakristo bamwe ba kera bibwiraga ko akabije kogeza iby’ urukundo rw’ Umukiza.  Iyo bazaga kubimubwira, uwo mukristokazi muto w’ umunyamwete yabasubizaga ko atabasha kurorera kuvuga iby’ urukundo rw’ Imana, kandi kuza kwayo kwegereje, kandi ngo Imana niyo imuyobora muri uwo murimo.

            Aravuga ati:”Ndumva meze nk’ akana gasanze Imana nk’ usanga se, nkayibaza icyo inshakira gukora. Maze nasobanurirwa inshingano yanjye, nkabikora nezerewe rwose.

 

IGICE CYA 4

UMUBABARO

Ubwo igihe cyari cyavuzwe cyo kuza kwa Yesu cyari cyegereje, reka si umwete abayoboke be bari bafite! Nyabuneka uburyo bari bigengesereye badagadwa, ubwo bari begereje icyo gihe cyo kuza k’ Umukiza!  Iby’ isi ntibari bakibyitayeho, kuko hari hasigaye amezi make bakitahira iwabo.  Amateraniro yateranywaga mu nsengero no mu ngo ahiherereye.

            Mu mudugudu Harumoni yari atuyemo hari inzu iteranirwamo, bakayigiriramo amateraniro y’ inteko nini y’ abakire n’ abakene n’ abapasitoro n’ abigishwa babo, n’ abantu b’ amoko Atari amwe, bayiteraniragamo ngo bumve ibyo kugaruka kwa Yesu uko byigishwaga na Stockman wari warigeze kuhabwiririza n’ ubundi.  Habaga ituze rwose muri iyo nzu ubwo yabwirizaga uko yifuza kwakira Umukiza We, ubwo azaza mu bicu byo mu ijuru.  Rwose, mu magambo ye habaye ituze, no gushakashaka imbaraga.

            Gahunda y’ amateraniro ntirakarushya.  Yabwirizaga igihe kigufi, maze bakagira umwana wo kubiganira, bakabaza, kandi bagasubizwa.  Ntabwo habaye impaka, kuko abamarayika bera bari babagendereye ubwo babaga bacumunguturanya iby’ ukuri.

            Mu irangiza ry’ iteraniro,  abashakaga gusabirwa n’ abantu b’ Imana babwirwaga guhaguruka.  Rimwe na rimwe abantu amagana barahagurukaga bakabasaba kubibuka mu masengesho.

            Amateraniro yarangira, abantu bakagenda mu mwijima bataha.  Uko bagendaga amajwi yo guhimbaza Imana agahogerana mu misozi, akagenda yikiranya ngo: “Icyubahiro kibe ku Mana, Uwiteka yime ingoma!” Bakagumya kwikiranya batyo. Ab’ inzu bagataha baririmba n’ ijoro.  Nta muntu wagiye muri ayo materaniro wabashaga kwibagirwa ibyahabereye.

            Noneho bagera mucyumweru giheruka, igihe cyabo cyo kuba mu isi.

Abantu bari bafite ubwira bwinshi. Imirimo yo mu isi barayirekera bahugukira gushakashaka mu mitima yabo ngo barebe neza ko biteguye gusanganira Umwami wabo.  Ariko, cyagihe kirahita, Yesu ntiyaza. Hariho ifuti.

            Icyo cyabaye igihe cyambere cyo kugeragezwa kw’ abari bategereje Umwami ko aza muri icyo gihe. Hariho abandi bapfuye kwifatanya na bo kuko batinyaga ko Umwamiaza, batabitewe no kumukunda, cyangwa no kwifuza ko aza.  Bene abo bahereye ko bifatanya n’ abakobanyi bavuga ko batigeze babyizera rwose.

            Abari bizeye koko by’ ukuri bari bazi yuko Ijambo ry’ Imana ari ukuri, ritabura gusohora. Bari bakoze ibibakwiriye, bategerezanya ibyiringiro ngo Imana izabasobanurira byose.

            Mu gihe cy’ impeshyi mu mwaka wa 1844 Abadiventisiti benshi bateraniye mu iteraniro rinini.  Bongera kwiga Bibiliya, ngo barebe umucyo wose bakunguka w’ ibyerekeye ibyo kuza kwa Yesu.  Bakomeje kubyiga cyane, basanga itegeko ryo gusana Yerusalemu ryaratanzwe nko mu iherezo ry’ umwaka wa 457 mbere ya Kristo, ngo ibyo bizatuma noneho aza mu mwaka wa 1844.

            Umuyobozi umwe yaravuze ati: «Ubuhanuzi bw’ iminsi 2300 buvuga ko mu iherezo ry’ icyo gihe, ubuturo buzezwa.  Iyo twiga ibyakorerwaga muri bwa buturo bw’ Abisirayeli, tubona ko ubuturo bwezwaga ku munsi w’ impongano.»

            Umwe mu babyumvaga yabajije abishishikariye ati:” Umunsi w’ impongano?”

            Arasubizwa ngo: “Umunsi wa cumi w’ ukwezi kwa Karindwi kw’ Abayuda.”

            None se, uwo ni uwuhe munsi w’ umwaka wacu?”

            «Uzaba kuwa 22 Ukwakira. » [Yesu azagaruka, kandi yamaze kubihishurira intore ze zimukunda zidahwema kumwishyuza iryo sezerano ritagira akagero ryo kubamenyesha umunsi n’ Isaha n’ Umwaka bazaba bageze ku rurembo rwera rwo mu Ijuru, ubwo azaba ari ku itariki 22 Ukwakira 2024. Bitewe n’ uko urugendo rwo kugera mu ijuru duturutse hano ku isi ruzamara imsinsi irindwi”7”, Ubwo tuzagera ku Rurembo rwera rwo mu Ijuru kuya 22/10/2024, Umwami wacu Yesu Kristo , Umukiza w’ abatuye Isi azatunguka mukirere cy’acu hejuru ubutazakoza ibirenge bye ku butaka Tariki ya Cumin a Gatanu , Ukwakira, umwaka wa Ibihumbi Bibiri na makumyabiri n’ine,  Isaa Saba z’ ijoro n’ Iminota mirongo itanu n’ icyenda amaso yose azabasha kubyitegereza abazaba bakiriho bahumeka umwuka w’ abazima bose (1h59’ a.m, 15/10/2024). Ibi kandi kubibara bikaba byara yobowe n’ imbaraga idasanzwe ya Mwuka Wera , Uwagendereye Umugaragu w’ Imana mugihe cyo kwiyiriza ubusa no gusenga cy’ Iminsi mmirongo Ine”40” yatangiye kuva itariki 22 Nzeri 2019 ikageza itariki 31 Ukwakira, aho ku Itariki 22 Ukwakira 2019 Yasabye yizeye Umwuka Wera w’ Imana kumuhishurira Iby’ igihe , itariki, n’ isaha ndakuka yo kugaruka kwa Yesu , bitwe n’ ibimenyetso bidasanzwe by’ ibijyanye n’ ubuyobe bw’ abahagarariye amadini yitirirwa izina rya Kristo biyemeje gusinyira Inyamanswa ya Kane  yigaragarije mu Guhuriza hamwe abayoboke ba Kristo bayobye ku Itariki 31 Ukwakira 2017”A Reforming Catholic Confession( Daniyeli 9:27)” basinya iryo Sezerano ry’ ubuyobe n’ ubufatanyirize hamwe mu myizerere y’ ubuyobe y’ itorero rya Satani”Kiriziya Gaturika y’ I Roma( Yatoje Abatuye Isi Bose Kwigomeka ku Mategeko Y’ Imana Isumba Byose , Umuremyi w’ Isi n’ Ijuru (wigaragariza mu Itegeko rya Kane -4: Kuva 20:8“Wibuke Kweza umunsi w’ isabato.9 Muminsi itandatu ujye ukora, abe ari yo ukoreramo imirimo yawe yose, 10 ariko uwa karindwi ni wo sabato y’ Uwiteka Imana yawe.  Ntukagire umurimo wose uwukoraho, wowe ubwawe, cyangwa umuhungu wawe cyangwa umukobwa wawe, cyangwa umugaragu wawe cyangwa umuja wawe, cyangwa itungo ryawe cyangwa umunyamahanga wawe uri iwanyu, 11 kuko iminsi itandatu ari yo Uwiteka yaremeyemo ijuru n’ isi n’ inyanja n’ ibirimo byose, akaruhukira ku wa karindwi. Ni cyo cyatumye Uwiteka aha umugisha umunsi w’ Isabato, akaweza.”Itangiriro 2:1-4, Luka 23:55-56,Luka 6:1-5, Luka 24:1-10, Abaheburayo 11:1-40, Ibyahishuwe 14:1-20” Kiriziya Gaturika y’ I Roma ntishobora narimwe Kubwiriza Ukuri kwa Bibiriya uko Kuri kose mu Itegeko iryo ariryo ryose mu mategeko 10 agize Itegeko Nshinga ridahinduka ry’ Imana Ihoraho Isumba byose ” kuko kuva mu itangira rya Kiriziya Gaturika y’ I Roma ya yobejwe n’ Ubuyobozi bw’ Umwami  w’ Umupagani watojwe Kubaha ikigirwa mana Zuba (Sun) kitiriwe Umunsi w’ abasenga Izuba(Sunday) anawutoza abatuye mu bwami bw’ Uburomani”Consitantino I&II” mumyaka ya 321-340 , bukabyara Ubutegetsi buhagarariye ubwami bw’ Abaromani kuva icyo gihe kugeza uyu munota bu yoboye n’ Idini ya Gipagani yinjijwe mu myigishirize y’ itorero Nyakuri rya Kristo ry’ Intumwa zishwe n’ Abaromani “Kiriziya Gaturika y’ Iroma iyobowe na perezida w’ Igihugu cyemewe mumuryango w’ Abibumbye nka Leta yigenga ya Vatikani yihaye gutegeka isi mugihe cy’ ubuyobe bw’ imyaka 1260 inagenga iby’ idini y’ubupagani y’Umwami w’ abami w’ Umuromani Consitantino kuva mu Mwaka wa 538 kugeza mu mwaka wa 1798 ubwo umuyobozi waruyihagarariye witwaga Papa Piyo yafungwaga ku itegeko ry’ Umwami w’ abami Naporewo w’ Umufaransa abitegekeye mumu jenerariwe witwaga Beritsiye kandi akanapfira muri gereza yari yamufungiye mo”Ibyahishuwe 13:3 ”, Iyo Nyamanswa iyobora iby’ ubutegetsi bw’ isi bw’ Abaromani ubu itegeka n’ iby’ idini ya Kiriziya Gaturika y’ I Roma ni Papa Francis uhagarariye iyo Nyamanswa yo mubuhanuzi bwo mu Ibyahishuwe 13:1-18, Ibyahishuwe 17:1-18, Ibyahishuwe 18:1-24, Iyo nyamanswa”Ubutegetsi bwa Vatikani ari nabwo buyoboye Isi kugeza ubu” iboneka no mubuhanuzi bwa Daniyeli 7:1-28, No Muri Daniyeli 8:1-14, No Muri Daniyeli 9:1-27, Daniyeli 10:1-21, Daniyeli 11:1-45, Daniyeli 12:1-13”. Igisubizo cy’ icyifuzo cyasubijwe Umugaragu w’ Uwiteka kuva tariki 22 Ukwakira 2019 cy’ ijyanye n’ isaha, umunsi , n’ igihe ntarengwa cyo kugaruka kwa Yesu Kristo tariki 15 Ukwakira 2024 I saa 1h59’ a.m , ari bwo tuzabona kubicu byo mu ijuru, Umukiza w’ Abantu wacunguje Abatuye Isi bose kumena Amaraso Ye ku Musaraba w’ Ikaruvali , kubwo gusohoza ibyo yatumwe, yategetswe  n’ Imana Data wa Twese kubw’ urukundo yakunze abari mu isi bose byatumye itanga Umwana wayo w’ Ikinege Yesu Kristo kubapfira Yohana 12:1-50, Yohana 13:1-30, Yohana 14:1-31, Yohana 15:1-27, Yohana 16:1-33, Yohana 17:1-26, Yohana 18:1-40, Yohana 19:1-42, Yohana 20:1-31, Yohana 21:1-25.

Uko isezerano ryo kuzabanza gutangarizwa isaha n’ umunsi n’ itariki byo kugaruka kwa Yesu mbere yo Gusukirwa Imvura y’ Itumba mbere yo kwinjira mukigeragezo giheruka cy’ Itegeko ry’ Icyumweru ry’ Inyamanswa ya kane hagati ya tariki 7-16 Gashyantare 2021 ryahawe abeza Isabato binyuze Iyerekwa rya nditwe mugitabo Inyandiko Z’ Ibanze ku mutwe w’ Icyigisho cyitwa “IYEREKWA RYANJYE RYA MBEREI” ubwo Madamu Elina Wayiti”Ellen Gould White” yerekwaga ibyerekeye urugendo rw’ abategereje Kristo berekeza mu Murwa Wera , Uwiteka akana mwereka n’ Ingororano y’ igiciro cyinshi izahabwa abategereje kugaruka k’ Umwami wabo avuye mu bukwe, nk’uko yemeza ko byashoboraga nk’ uko byagenze , nk’ uko ubu bimeza, kuba ari inshingano ya Ellen Gould White kubatekerereza muri make ibyo Imana yamuhishuriye, yagize ati:”Abera bakundwa bafite ibigeragezo byinshi bagomba kunyuramo.(Aha twavuga kukigeragezo cyo gupimwa ukwizera kw’ abera beza Isabato,  Igihe cy’ itegeko ry’ icyumweru, binyuze mukwizera imbaraga ya Mwuka Wera ibahesha gusobanukirwa no kumenyeshwa ibyenda kuba , no kumenyeshwa ukuri kose uko kwanditswe mu Ijambo ry’ Imana”Yohana 16:1-33, Abaheburayo 11:139” Kwizera ibyitariki 15/10/2024 nk’ Isezerano ryo kugaruka kwa Yesu Kristo , nkuko ryahawe Umugaragu w’ Uwiteka binyuze mu Kwizera). Ariko imibabaro yacu yoroheje, nubwo ari iy’ akanya gato, izaturemera ubwiza burushaho gukomera kandi bw’ iteka ryose- kuko tutareba ibigaragara, kubera ko ibigaragara ari iby’ igihe gito, ariko ibitagaragara bihoraho iteka ryose. Nagerageje kuzana inkuru nziza n’ amahundo make yo muri Kanani yo mu ijuru, ari yo yatumye benshi bashaka kuntera amabuye nk’ uko byabaye igihe iteraniro ryose ryashakaga gutera Yosuwa na Kalebu amabuye kubw’ inkuru bari bazanye. (Kubara 14:10). Ariko benedata na bashiki banjye muri Kristo, ndabahamiriza ko ari igihugu cyiza, dushobora kuzamuka tukagihindura. Igihe nasengeraga ku gicaniro cy’ umuryango, Umwuka Wera yanjeho, maze mera nk’ uzamuwe hejuru, nkuwe ku isi y’ umwijima. Mpindukirira kureba abategereje kugaruka kwa Yesu bari ku isi; ariko sinababona maze ijwi rirambwira riti : Ongera urebe, kandi urebe hejuru biruseho hato”. Numvise ibyo nubura amaso, mbona inzira igororotse kandi ifunganye iturutse ku isi. Ako kayira ni ko abategereje banyuragamo berekeza mu murwa wari ku iherezo ry’ iyo nzira. Inyuma yabo yabo ku itangiriro ry’ iyo nzira hari umucyo urabagirana ubamurikira, uwo mucyo marayika yambwiye ko ari wo RUSAKU RWA MU GICUKU. Uyu mucyo warabagiranaga mu nzira yose kandi ukaboneshereza ibirenge byabo kugira ngo badasitara .  Iyo bakomezaga guhanga amaso kuri Yesu wari uri imbere yabo abayobora ku murwa, babaga amahoro. Ariko bidatinze bamwe batangiye kunanirwa(Williamu Miller n’ abandi bacitse integer nyuma ya 22 Ukwakira 1844), maze bavuga yuko umurwa uri kure cyane, bibwira yuko bari bakwiye kuba bamaze kuwinjiramo. Hanyuma Yesu abakomeresha  gushyira hejuru ukuboko kwe kw’ iburyo gukomeye, maze mukuboko kwe havamo umucyo”ISABATO” wamurikiraga iryo tsinda ry’ abategereje”Abadiventisiti”, maze bararangurura bati “Haleluya-Ibyahishuwe 19:1-13””Bigereranywa no kumara gusobanurirwa iby’ umucyo w’ itegeko rya 4 ryo kweza Isabato ryahesheje Abadiventisite kari bajyizwe n’ abizera baturutse mumadini atandukanye ya gi porotesintanti baraciwe muri ayo madini bazira kwirundurira m’ ubutumwa bw’ inzaduka bwabatwaye imitima bwo kuzagaruka kwa Yeu tariki ya 22 Ukwakira 1844 bakibona umucyo w’ Isabato yo mu itegeko rya 4 yo ku munsi wa 7 bahereyeko bafashijwe ‘ ububasha mvajuru bakora amahame shingiro abagenga batoranyirizwa n’ ijuru izina ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa Karindwi-7th Day Adiventists”.  Abandi bihakana  vuba wa mucyo”ISABATO” wari inyuma yabo maze bavuga yuko Imana atariyo yabayoboye ngo ibageze aho. ( Bamwe mubavuganye ubutumwa na Williamu Miller bwo kugaruka kwa Yesu mumyaka ya 1830 na 1844 na Williamu Miller ubwe, babitewe no gucika intege ubwo bari batabonye ibyo bari biteze nk’ uko twabisobanuriwe mukigisho cya 4 cyitwa- UMUBABARO-). Wa mucyo”URUSAKU RWA MU GICUKU” wari inyuma yabo urazima, basigara bashyize ibirenge byabo mu mwijima w’ icura burindi, barasitara, Babura icyapa”ITEGEKO RYA 4” cyo kubayobora kandi Babura Yesu, bateshuka inzira bagwa mu mwijima”Baguma mu kweza Umunsi muhimbano w’ ubutegetsi bw’ ikiyoka bwihimbiye ariwo Icyumweru” no mu isi mbi” Muri Babuloni” byari hasi yabo. Bidatinze twumva’30’ijwi ry’ Imana rimeze nk’ Amazi menshi asuma{ Ibyahishuwe 14:1-5, Ibyahishuwe 12:10-11, Ibyahishuwe 12:17, Ibyahishuwe 13:8, Ibyahishuwe 14:9-13, Ibyahishuwe 15:1-8, Ibyahishuwe 17:14, Ibyahishuwe 18:1, Ibyahishuwe 19:1-21} mazi iryo jwi ritubwira Umunsi n’ isaha Yesu azagarukiraho.  Abera bari bakiriho bagera ku bihumbi 144 bamenya kandi basobanukirwa n’ iryo jwi, mu gihe abanyabibi bo bibwiye yuko ari uguhinda kw’ inkuba n’ igishyitsi cy’ isi. Ubwo Imana yavugaga iby’ igihe cyo kugaruka kwa Yesu, yadusutseho Umwuka Wera” hano isukwa ry’ Umwuka Wera biri mumvugo idasanzwe ikoreshwa y’ Umwuka Wera watanzwe kuva ku munsi wa pantekote wiswe Imvura y’ Umuhindo , ukomezwa gukwirakwizwa m’ ububaha amategeko year y’ Imana bizera Yesu kandi ntarindi sezerano ridasanzwe abera bahawe rizagaragazwa no Gusukirwa Umwuka Wera bwa Kabiri nyuma y’ Umwuka Wera wasytswe mu itangira ry’ umurimo wivuga butumwa ku munsi wa Pantekote ritari iryo muri Yoweli 3:1-5 aho Uwiteka yivugiye ibyiri sezerano ry’ isukwa ry’ Umwuka W’ Uwiteka kubantu bose, bikabatera “abahungu banyu n’ abakobwa banyu bazahanura, abakambwe banyu bazarota, n’ abasore banyu bazerekwa-15/10/2024 isaa 1h59’ z’ijoro Yesu azagaruka atunguke ku bicu byo mu ijuru-2 “Ndetse n’ abagaragu banjye n’ abaja banjye nzabasukira ku Mwuka wanjye muri iyo minsi.” 3”Nzashyira amahano mu ijuru no mu isi: amaraso n’ umuriro n’ umwotsi ucumba. 4 Izuba rizahinduka umwijima, n’ ukwezi kuzahinduka amaraso, uwo munsi mukuru w’ Uwiteka uteye ubwoba utaraza. 5 Kandi umuntu wese uzambaza izina ry’ Uwiteka azakizwa, kuko I Siyoni n’ I Yerusalemu hazaba abarokotse, nk’ uko Uwiteka yabivuze, kandi mu barokotse hazabamo abo Uwiteka ahamagara.” Uko niko Uwiteka yasezeranye kuzagenza kubijyanye n’ isukwa ry’ Umwuka Wera uwo abantu ibihumbi 144 bagombaga gusukirwa bakimara kubwirwa Iby’ Igihe cyo Kugaruka kwa Yesu kuva 22 Ukwakira 2019 binyuze muguhishurira no kwereka amasomo atandukanye ahura n’ ubuhanuzi Daniyeli 9:27 kubijyanye n’ isezerano ryasinywe na papa francis kuya 31/10/2017 ritagomba kuzarenza icyumweru bivuze kutazarenza iminsi irindwi ariyo ingana n’ imyaka irindwi mu mibarire ya gihanuzi kugeza 31/10/2024 , aho amasomo yose yo muri Daniyeli 12:1-13 Uwiteka yayeretse Umugaragu Wayo agahura n’ ibimenyetso by’ ibihe bijyanye no Gukurwa ho kw’ Igitambo Gihoraho hagashyirwa ho bagashyira ho Ikizira cy’ Umurimbuzi”Itegeko rikura burundu Isabato mubatuye Isi ry’ Icyumweru” muri Daniyeli 12:11-13 ko hazashira iminsi 1335 ingana n’ imyaka 3 n’ amezi 8 n’ iminsi 15 ibarwa uhereye igihe itegeko ry’ Icyumweru rizasinyirwa 7/2/2021 ikageza igihe Daniyeli azaba ahagaze mumugabane we Kururembo Rwera Rwo Mu Ijuru ahabwa Ikamba rye n’ Inanga Ye natwe bimeze bityo tariki 22/10/2024 , Yesu akazaba yaraje saa 1h59’ tariki ya 15/10/2024 , kuko kuva ku isi bitwara iminsi 7 kugirango Tugere kururembo rwo mu Ijuru ku Murwa Wera”, Ibitwemeza neza ko Abera ibihumbi 144 bazaba bamaze gutangarizwa iby’ iyi saha n’ umunsi n’ ihihe cyo kugaruka kwa Yesu Kristo  15/10/2024 sa 1h59’ mugicuku bikaba byaratangajwe mbere y’ uko gusukirwa Umwuka Wera kwavuzwe muri Yoweli 3:1-2 muburyo budasanzwe, ariwe twasezeranijwe n’ Uwiteka Imana isumba byose”Amosi 1:1-15,Amosi 2:1-16, Amosi 3:1-15, Amosi 4:1-13 havuga ibyirangira ry’ imbabazi 22/10/2020 ku Abadiventisiti b’ umunsi wa 7 hagashira amezi 3 y’ isukwa ry’ imvura y’ itumba nyuma y’ayo mezi atatu n’ iminsi 15 ari mucyumweru kiva tariki 7-16 Gashyantare 2021 Itegeko ry’ Icyumweru rigatangazwa ritangiranye n’ibiba n’ isarura mu butumwa bwa Marayika Wa Gatatu buvugwa mu ijwi rirenga mugihe cya Koronavirus yakwirakwijwe muburyo bw’ igihuha na Vatikani ngo ibone uko ishyiraho itegeko ry’ icyumweru , ariryo kizira cy’ umurimbuzi wahanuwe na Yesu Kristo muri Matayo 24:15, Amosi 9:1-15, Amosi 5:1-27, Amosi 6:1-14, Amosi 7:1-17, Amosi 8:1-14 havuga ibyitangira ry’itariki ya 1 Nzeri 2020”Season of Creation , Creation Sunday, 52 UN Climate Sundays, Human Fraternity bishyira itegeko ry’ icyumweru mukwezi kwa Gashyantare 2021hasinywe Itegeko ry’ Icyumweru  ryo muri Laudato SI’ nk’ Ikizira cya Satani n’ umugaragu we w’ indahemuka papa francis umwicanyi w’ umurimbuzi w’ umujezuwite wo muri Daniyeli 9:27 na Daniyeli 12:11 na Ibyahishuwe 13:5 na Ibyahishuwe 13:18” ; Aha niho hakoresheje Imvura y’ Itumba nk’ isukwa rya Mwuka Wera ryo muri Yoweli 3:1-2 nk’uko ryavuzwe mu iri yerekwa rya mbere rya Madame Ellen Gould White rigenewe abera ibihumbi 144 beza Isabato mbere y’ irangira ry’ Imbabazi ku Abadiventisiti b’ umunsi wa 7 tariki 22/10/2020 na mbere  y’ itegeko ry’ icyumeru hagati ya Tariki 7-16 Gashyantare 2021,  mumvugo yiswe Gusukirwa” IMVURA Y’ ITUMBA” ari we Mwuka Wera Uwiteka yadusezeraniye, Usukwa kubamaze kubwirwa no kumenya Igihe cyo kugaruka kwa Yesu , ibyo bikagaragaza ko ari Imbaraga y’ Ivugabutumwa ivanze mo Imbabazi z’ Uwiteka zo kuburira abatuye is bose mu ijwi rirenga babuzwa kutazemera gufata Icyumweru bategetswe na Leta z’ Ibihugu byabo byo ku Isi n’ U Rwanda Ruri mo mubijyanye no kurengera ibidukikije nk’ uko babyemereyemumasezerano y’ I Paris mumwaka wa 2015 babikomoye kunyandiko ya papa francisi w’ umujezuwite yise Laudato SI , uyu Mwuka Wera utangwa muburyo busanzwe niwe ubashisha abeza Isabato yo mu itegeko rya 4 y’ Umunsi wa 7 kuvuga ubutumwa bwa Marayika wa 3 bwo mu Ibyahishuwe 14:9-13 nu bwa Marayika wa 4 bwo mu Ibyahishuwe 18:1-4 bashize amanga uhereye igihe itegeko ry’ Icyumweru rizaba ritangarijwe mu Gihugu cya Leta Zunze ubumwe za America(USA) ko rigomba gutera Abatuye icyo gihugo bose Kujya Baruhuka Kumunsi w’ ambere  w’icyumweru “Sunday” uwo Umwami Yesu Kristo yazutse ho”Luka 24:1-3” ngo bitewe no kubahiriza amasezera no y’ I Paris”Paris Agreement” yo kurengera ibidukikije muri Leta Zunze Ubumwe za America(USA) abanyamadini beza Icyumweru munyungu z’ iterambere ry’ amadini yabo bagahuriza hamwe n’ ubutegetsi bw’ igihugu”Igishushanyo cy’ Inyamanswa” mu guhatira abatuye igihugu bose kweza I Cyumweru bakaba batemerewe kugira icyo bakora kuri iyo sabato mpimbano y’ ubutegetsi bwa vatikani”Child of the Papacy-Umwana w’ Umuhungu “Amosi 8:10” w’ Ikinege wa Satani yabyaranye na papa francis umujezuwite binyuze muri Laudato SI-237- ariyo maraya wo mu Ibyahishuwe 17:1-18  arinayo Nyamanswa yo mu Ibyahishuwe 13:5 na Ibyahishuwe 13:18 ariryo gahembe gato kikujije kakigira rinini muri Daniyeli 8:9-14 rigakura kuri Yesu Umwami w’ Isabato igitambo ariryo sezerano ridakuka ry’ igitambo gihoraho aricyo”ISABATO yo mu Kuva 20:8-11, no mu Kuva 31:12-18 , iryo hembe ryaranduye atatu yo muri Daniyeli 7:7-8  na Daniyeli 7:15-28 rigambirira gukuraho ISABATO yo muri Daniyeli 12:11 ariyo bitambo biherekezwa n’ amaturo y’ abeza ISABATO ihoraho yo muri Daniyeli 9:27 ikuweho n’ uwo murimbuzi w’ umujezuwite papa francis agashyiraho ikizira cy’ uwo murimbuzi wahanuwe muri Daniyeli 12:11-13 na Matayo 24:15 ari cyo icyumweru cyo muri Laudato SI’ 237’ ngo agisimbuze Itegeko ry’ Uwiteka Imana Isumba Byose Ihoraho yaremye isi n’ ijuru n’ ibiriho byose kuva 8-15/2/2021 , iryo hembe rikishyirira ho ubwami butazarenza amezi 42 angana n’ imyaka 3 n’ amezi 6 busukwaho umwijima mu cyago cya gatanu kizamara amezi atanu “Ibyahishuwe 9:1-12 na  Ibyahishuwe 16:10-11, kiva tariki ya 1 Werurwe 2024 kikageza tariki 31 Nyakanga 2024 , mugihe nyuma y’ iminsi 1290 yo muri Daniyeli 12:11 igaragaza neza igihe intambara ya Haremagidoni yo mu cyago cya gatandatu “Ibyahishuwe 9:13-21 na Ibyahishuwe 16:12-16 kizamara Ukwezi kumwe gusa kuva tariki 1 Kanama 2024 kugeza 31 Kanama 2024 icyo cyago kikazaba aricyo gihangura ubutegetsi bwa vatikani bwategekaga isi yose binujijwe muri leta zunze ubumwe za Amerika(USA) yabuhaye ububasha bwayo yarisanganwe bwo gutegeka isi mbere y’ icyorezo cya Koronavirusi nk’uko Yohana yabihishuye mu Ibyahishuwe 13:11-18 maze , ubwo butegetsi”New World Order” bugambiriye kubanza kurimbura Abeza Isabato by’ ukuri”Abaprotestanti badahinduka” mbere y’ umwaka wa 2030 bizihiza kuba baragize Isi paradizo mkwesa imihigo vatikani yiyemeje ibinyujije mu muryango w’ abibumbye”United Nations” mu kurwanya ihindagurika ry’ ikirere”Paris Agreement on Climate Change” himakazwa intego z’ ikinyagihumbi” 17 Sustainable Development Goals-SDGs” babinyujije no m’ urugaga ruhagarariye amadini yo ku si”World Religions Alliance” babihamisha Gutangiza Icyumweru cy’ Irema n’ umwaka w’ irema kuva tariki 1 Neri 2020”Season of Creation and Creation Sunday” biringira kurandura burundu abubaha Itegeko rya Kane ari ryo rivuga ibyo Kwera K’Imana isumba byose nk’ Icyimenyetso cy’ Imana Ihoraho cyibumbatiye Amategeko yayo ayo Mose yamanukanye ku Musozi Sinayi yandikishijwe mu Kuva 20:1-26 na Kuva 24:1-18, Urutoki Rw’ Imana ruyandika kubisate by’ Amabuye bibiri, yatanzwe binyuze mu guhinda kwinshi kw’ inkuba n’ imirabyo n’imitingito yateye Ubwoba ubwoko bwa Isirayeli bwayaragijwe , ariyo nanjye nandika ndondora nyahamisha ibyo Umujakazi w’ Imana Ellen Gould White yakomeje yandika agira ati:… , maze mu maso hacu hatangira kurabagiranishwa n’ ikuzo ry’ Imana”ISABATO y’ itegeko rya 4 ni ryo kuzo na kasha y’ Imana”, nk’ uko Mose yari ame ubwo yamanukaga umusozi wa Sinayi.”Aha Mose yarabagiranishwaga n’ ubwiza bw’ Imana bwari bwagaragajwe mumaso ye n’ urutoki rw’ Imana rwanditse amategeko 10 kubisate by’ Amabuye , mugihe itegeko rya 4 ariryo ubu rituma tuzaba turabagirana mugihe cy’ Ubuhakanyi bw’ itegeko ry’ Icyumweru”. Babantu ibihumbi 144 bose bari bashyizweho ikimenyetso “Ezekiyeli 20:12, 20, Nehemiya 13:15-22-ISABATO nicyo cyimenyetso cy’ Imana ishyira kubera bayo ibihumbi 144 mbere yirangira ry’ imbabazi ku Badiventisiti b’ umunsi wa 7 tariki 22/10/2020 muri Ezekiyeli 9:1-11, Ibyahishuwe 7:1-17 , ubwo nyuma ya 15/2/2021 hazatangira ubutumwa bwa Marayika wa gatatu mu Ibyahishuwe 14:9-13  buhindurwa ijwi rirenga n’ ubutumwa bwa Malayika wa 4 Ibyahishuwe 18:1-5  bukanaba aribwo bushyira ikimenyetso cy’ Imana”Isabato” kubantu b’ Imana bagizwe imbata za Satani na Kiriziya Gaturika n’ Amadini yayobye atezaga Isabato mbere ya 7/2/2021 ngo ubwo butumwa bwatanzwe na Yesu Kristo Umwana w’ Umuntu ari nawe Mwami W’ Isabato “Luka 6:1-5” we Mutambyi Mukuru uri ahera cyane azabe yakira Amasengesho”Ibyahishuwe 8:1-6” yabo bana b’ imana bazemera kuva mubuyobe bw’ amadini yeza icyumweru bifatanye n’ abera ibihumbi 144 mugihe cy’ imyaka 3 kugeza itariki 7/2/2024 hashojwe Ubutumwa bwa Marayika wa 3 mu ijwi rirenga  bubeze ho ibyaha byose , habeho Guhongerera Ibyaha kunshuro ya kabiri hahongererwa ibyaha byabo bene data babakene mumitima yabo bari barahejwejwe na Satani mumadini yeza Icyumweru mbere y’ Itegeko ry’ Icyumweru 8-15/2/2021 , Nyuma y’ iyo myaka itatu  yivuga butumwa ribanzirizwa no kurangira kw’ Imbabazi kubeza Isabato bose no Guhongerera Ibyaha kunshuro ya Mbere tariki 22/10/2020 hagashira amezi atatu yo muri Amosi 4:1-7 ko Uwiteka azbacyurira abahoze beza Isabato bavanga vanga imihango y’idini yabadiventisite yo gutanga ibyacumi bacumura gusa, baha ababayobora ibitambo nkuko inzu ya isirayeli ihagarariwe na General Conference y’itorero ry’ Abadiventisiti ibyishimira ibyo byacumi n’ amaturo kandi ntibaka ayibidasembuye nk’ uko haturwaga amaturo y’ imitsima idasembuwe yo kumurikwa imbere y’ Uwiteka ahera , ahubwo abapasitoro babayobe bayobya abatitaye kumiburo yicyorezo cyazanywe n’abajezuwiti ba vatikani ubwo Imana yemeraga ko Insengero zifungwa, ariko abagenda bubumyi bahoze beza Isabato bakomeza kutita kubimenyetso by’ Ibihe, bahinyura Ubutumwa bwo Gutsindishirizwa n’ Ubuntu kubwo kw’ Izera uko bwatangazwaga mumatsinda kuva 22/10/2017 kugeza mugihe cy’ Imyaka itatu”3” tariki 22/10/2020, Uwiteka ubagayira ibyacumi n’  amaturo yabo basigaye bajya guturana n’ibisembuye Amosi 4:4-7 , abadiventisite bose ku isi yose batatsindishirijwe ngo bature kandi batakambire Uwiteka bamusaba kubababarira ibyaha bicishije bugufi bitandukanyije n’ ibyisi ngo bitandukanye n’ imirongo migari bagenerwa na General Conference ishingiye kumasezerano yo ku itariki 31/10/2017 ubwo habagaho ubuyobe bukabije bw’ abahagarariye General Conference y’ Itorero ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 bifatanije na vatikani mukurandura ubuporotesitanti basinya ibyiswe A Reforming Catholic Confession” bityo inkurikizi yo Kudasukirwa Umwuka Wera muburyo bwiswe IMVURA Y’ITUMBA muri  Amosi 4:7 Uwiteka azaba atangiye gucyurira buri Mudiventisiti w’ umunsi wa Karindwi “SDA Individuals” utarasukiwe imvura y’ itumba kugeza Itegeko ry’ Icyumweru risinye muri Leta zunze Ubumwe za America(USA) ko hazaba hashize Amezi Atatu”3” Imvura y’ Itumba isutswe, Uwiteka abacyurire avuga ko nawe Yabimye Imvura y’ Itumba mugihe hari hasigaye amezi 3 isarura ryo mu Ibyahishuwe 14:9-17 ari nryo Sarura Umwami Yesu yahanuye muri Yohana 4:32-38 avuga ko kuva itariki ya7/9/2020 Kugeza itariki ya 7/2/2021 hazaba hagomba kuba hashize amezi 4 abanihira ibizira bikorwa na General Conference y’ Abadiventisiti b’ umunsi wa 7”SDA General Conference” bamenyeshejwe ibyitangizwa kumugaragaro ry’ ubugambanyi bugereranywa n’ ubwakozwe na YUDA ku munsi wambere w’ icyumweru cyambere hatangijwe “Creation Sunday” muri gahunda ihuriweho n’ abayobozi b’ Amadini yose ku Isi arangajwe imbere na papa fransisi umwicanyi w’ umujezuwiti yiswe “Season of Creation”  munyungu  z’ itegeko ry’ Icyumweru rizatangizwa kuva  kuya 7/2/2021 kugeza 15/2/2021, ubwo bugambanyi bwatangijwe kubufatanye bw’ Amadini yose aho Abavugira Inama nkuru rusange General Conference y’ Abadiventisite bagereranyijwe na YUDA muri Yohana 18:1-11 abo bapasitoro babajezuwiti binjiye mubuyobozi bw’ itorero ry’ abadiventisiti ninabo bagambanyi bifatanyirije hamwe na papa francis mugutangiza icyumweru bise icyo kwizihiza irema”Creation Sunday” tariki ya 7/9/2020 muri iyo gahunda ya “Season of Creation” yatangiye Tariki 1/9/2020 ikazageza tariki 4/10/2020, mugihe Abagambaniye Itorero ry’ Abeza Isabato yo mumategeko 10 Y’ Uwiteka babitangiye kuva kera kose . noneho byabaye ibiteye Isoni biyemeza kurandurana ubuporotesitanti na papa francis w’ umujezuwite kuva tariki 31/10/2017 igihe bwari bwujuje imyaka 500 buvutse kuva tariki 31/10/1517 butangijwe na Martin Luther, nyamara ibyo bigatangariza Isi ibihe bikomeye igiye kwinjizwa mo by’ umujinya w’ Imana w’ ibyago 7 bagakwiye kumvira imiburo bahabwa yo kwihana bakurikiza Amategeko 10 yose badakuyemo na rimwe beza n’ Isabato, kuko Uwiteka yemeye ko Igihugu yari yarahaye Abisirayeri ubwacyo gikurwamo Abobene Aburahamu banze kweza Isabato by’ Ukuri nk’ Uko abadiventisite benshi batarikuririra ibyaha byabo nka Yosiya muri 2 Hgoma 34:29-33 batazabasha kweza Isabato Nyuma ya 15/2/2021 nkuko abapasitoro b’ abadiventisiti yatowe na General Conference babajezuwiti bafatanirije hamwe n’ abapadiri ba kiriziya gaturika n’ abandi banyamadini bayobijwe beza icyumweru barikubyitegura ngo barohe abaturage batuye Isi yose mucyaha nkoraruguma cyo gutesha agaciro Itegeko ry’ ISABATO bakimika itegeko ry’ Icyumweru “Sunday Worship by Law” mugihe bazifatana na Leta yabashyizeho Itegeko ry’ Icyumweru ryo kurengera Ibidukukujie”Sunday Rest By Law” , Abayoboke bahoze beza Isabato bazanyagwa na Kiriziya Gaturika, bebe nkuko byanditswe mu Ijambo ry’ Imana muri  2 Ngoma 36:14-21 aho Abisirayeli banze kumvira uwiteka, akabirukana mugihugu cye yarahiriye sogokuruza Aburahamu ngo banyagwe bajyanwe mugihugu cyabapagani cy’ Ibaburoni banyazwe n’ Umwami w’ Ibaburoni ngo Ubuhanuzi busohore nk’ Uko Uwiteka yari yarabivugiye mu kanwa k’ Umuhanuzi Yeremiya wavuze uko Icyo Gihugu ubwacyo ari ntabantu bagituyemo igihe cy’ Imyaka 70 ingana n’ amezi “70x12=840, kandi kuva 2017-840=1177, Isabato yatangarijwe abayeza kuva 1847+1177=3024 kuva Itangajwe ku Isi turiho ishaje ikazanubahirizwa mu Isinshya nyma y’ imyaka 1000 tuzaba tumaze mu ijuru 22/10/3024-1000=22/10/2024 Ubwo tuzaba dutangiye kwambikwa amakamba no guhabwa inanga zacu imbere y’ irembo ry’ Ururembo rwo kuri Kanani I Siyoni yo Mu Ijuru nyuma gigihe tuzaba tumaze tuzamuka mukirere mu miminsi 7 tuvuye ku isi tariki ya 15/10/2024 ,uyu niwo mubare udasanzwe “1177” Uwiteka yahesheje Umugaragu we ububasha bwe ngo asobanuze ubuyobe bw’ abitwaga ko ari abashumba bahagarariye abandi muri ya masezerano yahanuwe na Daniyeli 9:27 vatikani yasinye atagomba kurenza icyumweru kimwe aricyo kingana n’ iminsi 7 ariyo myaka 7 kuva 31/10/2020 kugeza 31/10/2024, nyamara icyo cyumweru kigera hagati hagasohora ubuhanuzi bwo kubuzanya ibitambo n’ amaturo butasohoye bwose mumyaka ya 31 ku musaraba ahubwo Yesu akaba yarabihanuye Muri Matayo 24:15 ngo ugusohora kwabwo buzuzurizwe muri Daniyeli 12:11 aho hashyirwaho Ikizira cy’ Umurimbuzi papa fransis agashyiraho Itegeko ry’ Icyumweru  ,Itegeko ry’ Imana rya 4 ry’ Isabato igitambo gihora ho cyikaba gisimbujwe Icyumweru cy’ Umurimbuzi w’ Umwicanyi w’ Umujezuwite uwarahiriye kwica no kurimbura abaporotesitani bahaka inyigisho z’ I Roma zokwiha ububasha bwo kuvuguruza Amategeko y’ Imana 10 adashobora guhinduka mumitima y’ abera b’ Isumba byose beza ISABATO by’ Ukuri,kuva tariki 31/10/2017 kugezatariki 31/10/2024 icyumweru kimwe cyo muri Daniyeli 9:27 kimara kugera hagati  kuva tariki 7-16 Gashyantare 2021 abayobeje Abeza Isabato abobashumba gito bafatanije na leta na kiriziya gaturika y’ I Roma bakabuzanya amateraniro yo ku Isabato y’ Ukuri yo Kumunsi wa Karindwi, mugihe iminsi 1335 ingana n’Imyaka 3 n’ Amezi 8 n’ Iminsi 15 yo muri Daniyeli 12:12-13 iba itanngiye kubarwa, kuva tariki 7/2/2021 +1335 cg +Imyaka3 amezi 8iminsi 15= Tariki 22/1/2024 ubwo Daniyeli azaba ahagaze mu mugabane We kururembo rwo mu Ijuru nyuma y’ urugendo rwo kuzamuka rw’ Imsi irindwi”7” tuvuye ku Isi , tukaba turarikirwa abeza Isabato bose n’ abazayeza batigeze kuyimenya mubuzima bwabo kuva tariki 7/2/2021 tukitegura kujya gusanganira Yesu Kristo Umwami w’ Isabato “Luka6:1-5” tariki 15/10/2024 saa 1h59’, nkuko hashize igihe General Conference y’ itorero ry’ abeza Isabato ‘SDA Church General Conference’ irebera itaburira abeza Isabato ngo bamenye ko kuva 31/10/2017”Great Apostasy uko byahanuwe n’ intumwa Pawulo muri  2 Abatesaroniki 2:1-17”, bihuje n’ Inyamanswa bityo yatangije icyorezo”COVID-19” cyatume kugeza tariki 1/6/2020  hari hasigaye gusa iminsi 120 yasigaye mugihe cyo kwa Nowa ngo habeho kuburirwa ko Imbabazi z’ Uwiteka zagombaga kuzarangira tariki 22/10/2020 itorero ryatangijwe na Nowa afite imyaka 300 y’ ubukuru rimaze Imyaka 12’12x360=4320, Imyaka 4320- 2300 yo muri Daniyeli 8:10-14= 2020 bigaragaza uko Ubuturo Bwera Yesu Kristo yinjiyemo Ahera cyane kuva tariki 22/10/1844 gutangira kubweza ahongerera ibyaha by’ abapfuye bari mu isezerano ry’ Uwiteka kugeza kubazima bari mu Itorero ry’ abari mu isezerano ryo Kweza Isabato kuya 22/10/2020 umugore umaze imyaka 4320 ari Imugongo akoze kuri Yesu afite kwizera kurugero rwatanzwe’ muri Matayo 9:2-22 kuva Nowa afite imyaka 300 , ubwo hari hashize imyaka 1700 Mbere y’ Umwuzure mumwaka wa 2300”B.C”Mbere y’ umwaka wa 0 wo kuvuka kwa Yesu Kristo ku Isi , iryo torero ryakomeje Isezerano ry’ Uwiteka na Nowa ryo muri Itangiriro 6:1-21, ariko ubu abagize iri torero ry’ abeza Isabato buri wese araritswe n’ Umwuka Wera mukwizera yicuza akatura abikuye kumutima ibyaha byose bigashyikirizwa Yesu Kristo ariko iryo torero rikora kuri Yesu mbere ya tariki 22/10/2020 ahantu hose ku Isi Insengero zafunzwe z’ abeza Isabato kubera Korona Virusi –COVID 19, mugihe ntabutumwa buzitangirwa mo kuruhimbi rwari rusigaye ruburizwa ho kuvugira kumugaragaro ubuyobe bwa kiriziya Gaturika y’ I Roma nk’ Uko bwanditswe na Madamu Ellen Gould White abitegetswe na Yesu Kristo Umwami w’ Isabato mugitabo cy’ Intamara Ikomeye no mubitabo by’ abahanuzi Daniyeli 7:7-28, Ezekiyeli 8:1-12, Ibyahishuwe 14:1-20, Amosi 4:1-13 n’ abandi bahanuzi benshi b’ Uwiteka nk’ uko byanditswe mu Ijambo ry’ Imana, aho papa fransis avugwa muburyo bweruye ko ariwe mutegetsi utegeka mubwami bwa nyuma bw’ inyamanswa ya 4 ufite umubare w’ iyo Nyamanswa tubara kuko ari Umubare w’ Umuntu 666 mu Ibyahishuwe 13:18 ariwe muyobozi w’ inyamanswa ya 4 ”, ugereranywa n’ umwami w’ ibaburoni Nebukadinezari  wasenye Urusengero rw’ Uwiteka muri 2Ngoma3614-23, Yeremiya 25:1-38 hagashira imyaka mirongo 70 Abezaga Isabato y’Uwiteka bose mu Babayuda bari mubunyage Ibaburoni”; umujezuwite w’ umugambanyi wese wihishiriye mu itorero ry’ abeza Isabato y’ umunsi wa 7 akaba yaragize uruhare mukugambanira Itorero ry’ abadiventisiti b’ umunsi wa karindwi ashushanya YUDA “Mariko 14:1-72”mugushyikiriza Umwanzi w’ amategeko yera y’ Uwiteka  papa fransis ariwe Anti-Kristo wa muri 2 Abatesaroniki 2:1-17 bamushikirije abeza Isabato, aboyita abahakanyi”Fundamentalists” abo ashaka gukorera akarengane abinyujije mubutegetsi bwa leta zose zo mu isi kubw’ ibiguzi by’ amafaranga ngo bemere kurenganya no kuzica abera b’ Isumba Byose beza Isabato by’ ukuri bazira kudatatira igihango bagiranye n’ Umwami wacu Yesu Kristo Umwami w’ Isabato Ibeza, ariko gupfa ko papa fransis Umwami w’ Icyumweru, azicwa n’ umwuka uzava mukanwa ka Yesu Kristo Umwami w’ Isabato Luka 6:1-5 azize Itegeko ry’ Icyumweru yaharaniye ngo aritegeke abo mubwami bwe bose binyuze mu kw’ Ishyira Hejuru Kwe yandika Inzandiko zidafite aho zihuriye no Kwicisha bugufi kwa Yesu Kristo yiyitirira ko ahagarariye nyamara yikujije Nk’Ukw’ Umwami w’ Ibaburoni Berushazari watinyutse kunywesha Ibikombe byera byo Munzu Y’ Uwiteka, kandi ibyo bikombe yasangizaga Inzoga n’ ibizira n’abategetsi bose bo mu Bwami Bwe n’ indaya ze zabagore b’ inshoreke ze z’itazi agaciro k’ amategeko y’ Imana Year nk’ abayobozi bibumbiye hamwe na vatikani mukwimura Itegeko ryera rya 4 ryo Kweza Isabato y’ Uwiteka Imana Ihoraho ngo biyimikire isabato Mpimbano y’ Icyumweru cyo muri Laudato SI 237 ni nkabyo bizira Berushazari yakoze atinyuka kunywesha ibyo bikombe byera byakoreshwaga Ahera ho Murusengero rw’ Uwiteka, Rwasenywe n’ Umwami Nebukadinezari , wanyaze Abayuda nk’ uko papa uriho ubu I vatikani arikwihutira kunyaga abezaga isabato batazakira imbabazi z’ Imana zibarangiriyeho banze kwemera kwerezwa mu butumwa bwahariwe itorero riheruka amateka y’ abantu babanyabyaha ku isi rya rawodokiya, aribwo bwo gutsindishirizwa n’ Ubuntu kubwo kwizera, kuko imbabazi zizabarangiriraho tariki 22/10/2020,  papa fransis umwicanyi w’ umujezuwite akazabatwra nk’ iminyago mubuyobe bw’ ubutegetsi bwe bwa baburoni Ibyahishuwe 13:8, maze Uwiteka  Wababariye Abera be ibihumbi 144 aha Yesu Kristo wenyine buzatera Abera gutangira isarura7/2/2021 kugeza 7/2/2024 Amosi:4-7, Yohana 4:32-38, Nyuma yirangira ry’ ubutumwa bwa Marayika wa gatatu”3” tariki ya 7/2/2024 habeho guceceka kungana n’ igice cy’ Isaha mu Ijuru cyo mu Ibyahishuwe 8:1 bingana n’ Iminsi 7 n’ amasaha 12, aho Yesu Kristo azaba amaze igice cy’ isaha avuze ngo “Birangiye! Kugeza tariki 15/2/2024, Hatangire Ibyago binebyo muri Ibyahishuwe 8:7-13 na Ibyahishuwe 16:1-9, no mu Ibyahishuwe 18:424,Ibyago by’ imperuka bine”4” byambere bitangira kuva tariki 16/2/2024 kugeza hashize ibyumweru bibiri”2” tariki 29/2/2024 ”, bizatangira mugihe hazaba hamaze guhongererwa ibyaha by’ anbana bagize ubwoko bw’ Imana bwabakiri muri Baburoni Uhereye Tariki 7/9/2020 abo Yesu yahanuye ko ari Ibisarurwa bigomba kuzaba byeze mugihe cy’ amezi 4 bigomba gutangira gusarurwa nk’ imbuto zizaba zibibwa binyuze mubutumwa bwa Marayika wa 3 n’ uwa 4 mu ijwi rirenga muri Yohana 4:31” Batarahagera abigishwa be-abahoze ari 12 ubu hahagarariwe n’ abera be bavuzwe haruguru ibihumbi 144- baramwinginga bati’ Mwigisha, akira ufungure.’ 32 Arababwira ati”Mfite ibyokurya mutazi.” Abigishwa be barabazanya bati “Mbese hari uwamuzaniye ibyokurya?” 34 Yesu arababwira ati “ Ibyokurya byanjye ni ugukora ibyo uwantumye ashaka, no kurangiza umurimo we.’ Umurimo wa Yesu Kristo wakozwe n’ abana b’ Imana Beza isabato by’ Ukuri batsindishirijwe mumpande zose z’ isi no mu Rwanda harimo,  bakora badategereje ibihembo nk’ uko bimenyyerewe mu itorero ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa Karindwi kubijyanye n’ Abapasitoro bahabwa imirimo n’ ingenga mikorere na Gererari Conferansi ubu ifite uruhare rutaziguye mukudindiza umurimo w’ ivugabutumwa uhereye tariki 31/10/2017 aho amazina y’ abapasitoro bakomeye munzego z’ ubuyobozi bw’itorero ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 basinye amasezerano yo muri Daniyeli 9:27 basinyiye Ubuyobozi bwa Kiriziya gaturika Y’ I Roma bemeza ko inyigisho za Kiriziya Gaturika zitagombaga kuba zaravugurujwe na Martin Luteri kuva tariki 31/10/1517 , uvugwa ko ariwe watangije ubugorozi n’ ubuhakanyi bw’ inyigisho za Kiriziya Gaturika y’ I roma ikorera Satani kumugaragaro, kuba rero Ubuyobozi bw’ Idini y’Abeza Isabato buyoborwa na  General Conference y’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 barasinye ayo masezerano na papa w’ I Roma yo kurangiza inyigisho za Giporotesitanti zari zimaze imyaka 500 zibwirizwa , ibyo byagaragaje impamvu itunguranye Abeza Isabato bababwiriza butumwa badakorera imishahara ya Generari Conference mu Rwanda bahagaritswe munkubiri yakurikiye itariki ya 31/10/2017 kugeza uyu munota, ariko Yesu yikomereje Umurimo yihagurukiye, ahagurutsa mu buryo butandukanye, abakozi batagira ubute, abo yatsindishirije, bavuga nk’ uku musoma ahangaha, ibyo byasohoje ubuhanuzi buri muri Amosi 4:6 butangirana n’ igihe cya COVID-19 ubwo Uwiteka yemeraga ko Insengero z’ Abeza Isabato Zifungwa impande zose z’ Isi ngo habeho gucecekesha abayobozi gito baka ibyacumi n’ amaturo , bigakoreshwa mukuyobya uburari baganisha abana b’ Imana mu irimbukiro bazinjirizwa mo banyujijwe mu Itegeko ry’ Icyumweru ribinjiza murudubi rwa Baburoni yasinze Inzoga yateretswe na Vatikani aribwo buyobe bw’ Itegeko ry’ Icyumweru;Amosi 4:1-6’Nanjye nabategetse ko akanwa kanyu kicara ubusa mu midugudu yanyu yose, mubura ibyo kurya aho mutuye hose,  ariko ntibyatuma mungarukira. Ni ko Uwiteka avuga.’Uku Niko Abeza Isabato by’ ukuri batsindishirijwe bakwiye gusubiza ikibazo cy’ ibabaza impamvu batirebaho batitaye kubinezeza by’ isi basenga biyiriza ubusa bicishije bugufi ubudatuza, kuko basukiwe imvura y’Itumba bakaba barahawe inshingano zahoze ari iza Yesu ku Isi ubwo yasubizaga abigishwa be ati” Ibyo Kurya byanjye ni ugukora ibyo uwantumye ashaka, no kurangiza umurimo we-Aha kandi Ijwi rirenga rigomba kuzamara imyaka itatu rivugwa uhereye tariki 7/2/2021 kugeza tariki 7/2/2024, keza ubwo guceceka kw’ igice cy’ Isaha ko mu Ibyahishuwe 8:1 kungana n’ iminsi 7 n’ amasaha 12 kuzaba kurangiye, hagatangira ibyago bine byambere by’ Imperuka , kuva ku Cyago cya mbere(1,2,3,4), kuva 16/2/2024 kugeza tariki 29/2/2024 Ibyahishuwe 8:2-13 na Ibyahishuwe 16:1-9, naho icyago cya gatanu(5) cyo kikazamara amezi atanu(5) kuva itariki 1/3/2024 kugeza itariki 31/7/2024 ari nabwo amezi 42 yo mu ibyahishuwe 13:5 na Daniyeli 12:7 na Ibyahishuwe 11:1-14 yisubiramo yuzuza iminsi 1260 uko bukeye bukira kuva tariki 8/2/2021 yagenewe ubutegetsi bw’ inyamanswa yavuye mu Nyanja yasinyanye na benshi isezerano ryo ku itariki 31/10/2017”A Reforming Catholic Confession” ryjyje ubuhanuzi bwo mu 2Abatesalonike2:1-16 ryo kugwa no kwimura Imana kubuyobozi bw’Itorero ry’Abeza Isabato bwasinyiye Guhagarika umurimo bwarazwe kuva mu itangira ry’itorero Imana yereka Ellen Gould White uko Itegeko rya Kane ryo Kweza Isabato ryera rikarabagirana kurusha ayandi rigomba kubahirizwa n’ Abategereje kugaruka kwa Yesu Kristo bose 7th Day Adventists  bakitandukanya n’idini ya Satani ya Kiriziya Gaturika y’ I Roma yayobye iri gutegura ubutegetsi bwa( New World Order kuva tariki 8/2/2021), nk’uko byahanuwe ko ubutegetsi bwa New World Order butazarenza Igihe, Ibihe n’  igice cy’  igihe muri Daniyeli 12:7 aribyo bingana n’ Amezi 42 yo mu Ibyahishuwe 13:5 n’ iminsi 1260 yo mu Ibyahishuwe 11:1-14, iyo minsi ikuzura tariki 31/7/2024 mu ku iherezo ry’ icyago cya Gatanu cyizamara amezi atanu nk’ uko byanditswe mu  Ibyahishuwe 9:1-12 na Ibyahishuwe 16:10-11, Icyago cya Gatandatu(6) cyo kikazamara31/8/2024 gikorwa mo intambara iteye ubwoba ya Haremagidoni izamara  ukwezi kumwe gusa, kuva Tariki 1/8/2024 kugeza tariki ya 31/8/2024 ikabangamira umugambi wo kurimbura no gutsemba abeza Isabato by’ ukuri muri  mubutegetsi bw’ isi bwa New World Order , ari nabwo ubutegetsi bwahoze buyobowe na Papa Francis umutegetsi wa Vatikani na Kiriziya Gaturika y’  I Roma uzaba amaze iminsi 1260 ategeka isi  ubwo butegetsi bukazahangukira mu ri iyo ntambara ya Haremagidoni yacubije Akarenganr kakorerwaga Abeza Isabato by’ ukuri kakuruwe na Vatikani kubwo gutesha Agaciro Ubutumwa bwa Marayika wa 3 n; uwa 4 buvugwa butandukanya Satani n; abatuye isi izaba yarimaze amezi mirongo 42 itegeka isi muri ubwo butegetsi bwa New World Order, bwahawe ububasha kuva tariki 8/2/2021 bwo kuyobora Isi na Leta zunze ubumwe za Amerika (USA)  na Satani na ONU(United Nations), icyo cyago cya Gatandatu cyizacubya itegeko ry’ urupfu rizaba ryakatiwe Abeza Isabato by’ ukuri uhereye ku isozwa ry’ ibyago bine byambere bibanza kuva tariki 16/2/2024 kugeza tariki 29/2/2024, icyago cya gatandatu(6) cyizamara ukwezi kumwe gusa kizuzuza  ubuhanuzi bwo muri Daniyeli 12:11 bwemeza ko kuva itegeko ry’ icyumweru ritangajwe tariki 7/2/2021 hazashira iminsi 1290 ingana n’ Amezi 43 kugeza tariki 31/8/2024, nk’ uko biboneka mu Ibyahishuwe 9:13-21, na Ibyahishuwe 16:12-16 , mugihe Yesu Kristo azatunguka ku bicu byo mu ijuru ku itariki 15/10/2024  hagati ya Saa sita z’  ijoro na saa saba n’ iminota mirongo itanu n’ icyenda za nijoro mugicuku  nk’ uko umurabyo urabiriza iburasirazuba ukarengera iburengera zuba, amaso yose aza mubona, kuko izuba rizarasa mugicuku , igitondo cy’ umuzuko kigatangaza nk’ uko byanditse uko nyine bisomeka , uko imibare ikurikiranye muri Luka 12:1-59(12h00’-01h59’) , Yesu aza mucyago cya 7 gitangira kuva tariki ya 1/9/2024 kugeza tariki 15/10/2024 saa 1h59’ mu gitondo cy’ Umuzuko , icyago cya 7 cyimara iminsi irindwi ya nyuma yo kugaruka kwa Yesu kugeza tariki 22/10/2024 ari nabwo hasohora ubuhanuzi bw’ Iminsi 1335 yo muri Daniyeli 12:12-13 kuko iyo minsi ibarwa uhereye igihe itegeko ry’  icyumweeru ritangarizwa kuva 7/2/2021 kugeza Daniyeli n’ Abera bose duhagaze mu mugabane wacu ku rurembo rwera rwo mu ijuru duhabwa inanga zacu n’ amakamba yacu tuyambikwa na Yesu Kristo, nyuma yo kuzamuka murugendo rw’ iminsi 7 tuva ku isi kuva tariki 15/10/2024 saa 1h59’ kugeza tariki 22/10/ 2024, Icyago cya 7 cyimara iminsi mirongo ine n’ itanu bivuze ukwezi kumwe kwa 9 kwa 2024 n’ iminsi 15 y’ ukwezi kwa 10 kwa 2024 , hakiyongera ho iminsi 7 y’ urugendo rw’Abera tuvanywe ku isi tugana kururembo rwo mu ijuru dushagaye Umwami wacu w’ isabato Yesu Kristo ‘Luka 6:1-5” turi kumwe n’ ibihumbi n’ ibihumbagiza n’ uduhumbi n’ uduhumbagiza tw’ ingabo z’Abamarayika b’ Imana bose bo mu ijuru ; icyago cya 7 giteye ubwoba cyane, kuko kizamo umutingito utarigeze kubaho, uzaritura ibihome ukamenagura ibikuta binini by’  Amagereza azaba amaze igihe afungiwe mo ababwiriza butumwa bwa Marayika wa 3 n’ uwa 4 mu ijwi rirenga, uwo mutingito ninawo uzaritura imva n’ ibituro , ukazikura inyanja zikaruka abo zamize bera bose n’abandi bagasohoka mubituro byabo binjiyemo bera, uwo mutingito ukazaritura amazu y’ ibitabashwa n’imidugudu y’ abanyabyaha ninyubako za Satani ziri I Vatikani zikariduka , Ijuru rikazingwa nk’ urupapuro, Urusengero rw’ Imana rwo mu ijuru rugakingurwa, Isanduku y’ isezerano ryayo nk’ iyari yarubakiwe mu butayu bwa Sinayi irimo Amategeko 10 y’Imana Ihoraho adahinduka n’ Isabato irimo nk’ uko byari biri mu buturo bwera bwo mugihe cya Mose na Aaron mubutayu kugeza kukubaka Urusengero rw’ inzu y’Uwiteka rwubatswe n’ Umwami Salomo wabirazwe na Se Umwami Dawidi, iyo Sanduku y’Isezerano nayo mu cyago cya 7 Izagaragarira murusengero rw’Imana rwo mu ijuru, kandi hazumvikanira n’ Ijwi rirenga cyane rivuga ngo Birarangiye! Nk’ uko byanditswe mu Ibyahishuwe 11:15-19  na Ibyahishuwe 16:17-21 ibyo byago birindwi by’ imperuka bizabera ku isi , bizarangira nta muntu ukiriho agihumeka yararamije Inyamanswa n’ igishushanyo cyayo , cyangwa yaba yarashyizweho icyimenyetso cy’ inyamanswa”Icyumweru ku itegeko” muruhanga’kwemera ko iariyo sabato ‘ cyangwa yaragishyizwe ho mukiganza cye cy’ iburyo’yaremeye ko atagira icyo akora ku cyumweru nk’ umunsi wejejwe n’ ubutegetsi bwa kiriziya gaturika n’ umwami wabami w’ umupagani consitantino mumwaka wa 321AD , cyangwa se uzaba afite umubare w’izina ry’ inyamanswa’umusimbura w’ umwana w’ Imana ku isi-VICALIUS FILII DEI=666’nkuko bizaba byarinjijwe mumubiri murukingo rwa COVID-19 nka Microship bakora icyo bise ID2020 bibangamira ububasha bwo gufata ibyemezo kubushake bw’ umuntu, ahubwo uwakoze iyo Microship akabasha kugira imwe mumyanzuro yafatira uyifite akayikora nkaho ariwe wabyitekerereje’Artificial intelligence technology ikotreshwa mu ma Robo’ ibyo byago bi 7 byose nibyo Umujinya w’ Uwiteka uzuzuriramo ugahana ibyaha bya BABURONI , kandi nyuma yabyo byose, SATANI azaboherwa kuguma azerera muri iyisi adafite ikiremwa na kimwe yinjira mo ngo agitegeke kumukorera ibyo kugomera Imana no Gusuzuguza  Amaraso ya Yesu, mugihe cy’ imyaka igihumbi(1000) kugeza tugarutse mu isi muri Yerusalemu Nshya kuva mu ijuru kuva tariki 15/10/3024 kugeza tariki 22/10/3024, isi ikazabona kwezwa n’ umuriro uzaba watwitse Satani’       umuzi’ n’ Abanyabyaha bose’Amashami’ nk’ uko byanditswe mu Ibyahishuwe 20:1-15, Ibi byose biri kuvugwa aha, ntibiteye ubwoba gusa, ahubwo binahumuriza abizera amasezerano y’Imana yo muri Yoweli 2:18-27 na Yoweli 3:1-5 uko Uwiteka wadusukiye Imvura y’ umuhindo ubwa mbere mugihe cy’ intumwa Azanadusukira Imvura y’ Itumba, ubu tukaba mumvura y” Umuhindo nyinshi duhishurirwa na Mwuka Wera uko Ysu yabisezeranye muri Yohana 16:12-16 Yesu yasize atavuze umunsi n’isaha azagarukiraho kuko abicyo gihe batabashaga kubyihanganira kandi ni byinshi Yesu Kristo yari afite yakagombye kuba yarasize abwiye abigishwa be igihe yari acyiri hano ku Isi, bitewe no kuba batarabashaga kubyihanganira, ukurikije uko ubuhanuzi bugenda busohora, ni nako yababwiye ibitureba twese ko namara kuzuka azazamurwa mu ijuru, Akatwoherereza Mwuka Wera mumvura y’ itumba , akaba iriwe ubasha kuvuga Ibyo yumvanye Yesu byose akabisobanurira Uwizeye Yesu Wese , Ubasha kwihanganira ibyo Mwuka Wera amubwiye , ibyo yumvanye Data Wa Twese mu ijuru, ibijyanye no gusohora k’ uubuhanuzi, Mugihe Isi yose irangajwe imbere n’ umuryango w’abibumbye(UN),USA na VATIKANI barikwirukira gushyiraho ubutegetsi bwa leta imwe ku isi iyobowe na papa , bakiyimikira Icyumweru kuva tariki 7/2/2021 byose bikaba byarahishwe nk’ ubutunzi bw’ imaragarita y’ igiciro cyinshi mu Ijambo ry’ Imana, ubu Uwiteka kuko yenda kuza kurimbura Isi mu byago birindwi kuva tariki 16/2/2024 ,bibanjirijwe  no Gusuka Mwuka Wera mu Mvura y’ Itumba kubeza Isabato yo mu itegeko rya 4 by’Ukuri batsindishirijwe n’Ubuntu kubwo kwizera bimana na Yesu Kristo mu bwami bwe bw’Ubuntu yimikiye I Kaluvari muri 31 AD bamutegereje kuzimana na We ubwami bw’ Ubwiza kuva tariki 15/10/2024 saa 1h59’ , abo nibo tuzahongererwa n’ Uwo Mutambyi wacu mukuru Yesu Kristo no Gusukirwa Mwuka Wera muburyo budasanzwe bwiswe Imvura y’ itumba kuva tariki 22/10/2020 kugeza 7/2/2021 , mu ihishurwa ry’ Umubare 1177 uyu mwanditsi yatangarije binyuze mugusubiza Amasengesho yo ku itariki 22/10/2019 ku munsi wa mirongo 30 yaramaze kuva tariki ya 22/9/2019 muri gahunda y’ Amasengesho yo Kwiyiriza ubusa y’Iminsi mirongo ine(40) Ngaruka Mwaka yagejeje tariki ya 31/10/2019 , Umwanditsi w’iyi nkuru yahamirijwe mumasezerano atandukanye menshi atangaje uko Uwiteka asohoza ukuri kose uko yakwandikishije mu buhanuzi yahaye Amosi 3:7’Ni ukuri Uwiteka Imana ntizagira icyo ikora, itabanje guhishurira abagaragu bayo b’ abahanuzi ibihishwe byayo’ No mu Inyandiko z’ Ibanze ikigisho cyivuga Iyerekwa rya Mbere rya Madamu Ellen Gould White aho Uwiteka yamuhishuriye iby’ urugendo rw’ Abategereje kugaruka kwa Yesu berekeje ku rurembo rwera rwo mu ijuru, ahantu hamwe gusa ni ho Ellen Gould White avuga iby’ uko Uwiteka yatangarije Abera bari bakiriho 144000 igihe yabatangarizaga umunsi n’ isaha byo kugaruka kwa Yesu, ngo ubundi Uwiteka akaba nyuma yo gutangaza iyo tariki yo kugaruka kwa Yesu ariyo 15/10/2024 saa 1h59’  akaba yarasutse Umwuka Wera kuri abo bantu 144000, muri iryo yerekwa ntahandi Ellen Gould White avuga uko Imvura y’ Itumba yaba yaratanzwe murindi zina , Kandi umurimo woguhamagarira Uwiteka ubwoko bwe ” ”ubutegetsi bwbukiri muri Baburoni ukorwa mu ijwi rirenga wamamaza Ikuzo ry’ Imana rigaragarira mu mategeko y’Uwiteka isi yose iri kwirundurira mukwica isimbuza Isabato itegeko ry’ Icyumweru, aho ijwi rirenga ritangizwa , nyuma y’ uko Baburoni Inywesheje Inzoga abatuye isi bose, nibwo kurabagirana kwa Marayika wa 4 wo mu Ibyahishuwe 18:1-4 gutangaje kwigaragariza mubeza Isabato by’ ukuri bakarabagirana nk’uko Mose yarabagiranaga aturutse ku musozi Sinayi atwaye ibisate bibiri by’ Amabuye byandikishijweho n’Urutoki rw’ Imana amategeko 10 Yera ,Isabato ikaba yaragaragarijwe Ellen Gould White ko ari itegeko rirabagirana Umucyo kuruta ayandi mategeko 9 yose ku itariki 3/4/1847 , ibyo bigaragaza ko Iri Sezerano, twarisohorejwe, bidaturutse kumyaka y’Ibihe byo muri Bibiliya by’ Iminsi 2300 yagejeje ubuhanuzi bw’ ibyumweru mirongo 70 ku iherezo ry’ umunsi w atangije itariki ya 22/10/1844 ku itangira ry’ urubanza, kuko hifashishijwe Luka 12:1-59 na Matayo 25:15-20, Yesu wasabye Abamukurikiye by’ ukuri kwita kubimenyetso biza byisukiranya kuri iyi Si, hakoreshejwe Kumurikira Ubwenge bw’Abera bakoresheje amatabaza yabo ngo bige ubuhanuzi, kuko Itabaza ry’ umubiri ari Ijisho nk’ uko biri muri Luka 11:33-36, Uwiteka yahishuriye uyu Mwanditsi iby’ uyu mubare 1177, binyuze mu isohora ry’ ubuhanuzi bwo muri Daniyeli 9:26-27 butari bwarasohoye kuri buri kantu kose , ahari hasigaye habwo niho Yesu Kristo yavuze muri Matayo 24:15-20 Ko Isabato izakomeza kuba iyera kugeza mugihe cy’ ibyago  birindwi mu ntambara ya Haremagidoni mucyago cya 6 cyirangirana n’ iminsi 1290 yo muri Daniyeli 12:11 ubwo Yesu yagiraga ati:’Matayo 24:20’Namwe Musengere kugira ngo guhunga kwanyu kutazabaho mu mezi y’ imbeho cyangwa ku isabato, kandi akavuga iby’ Umutware wo muri Daniyeli 9:27 ati :Matayo 24:15 ‘Ariko Ubwo muzabona Ikizira kirimbura cyahanuwe n’ umuhanuzi Daniyeli gihagaze Ahera,(Ubisoma abyitondere), bityo muri Daniyeli 9:27 havuga iby’ Ikizira n’ Umurimbuzi  papa Francis akaba yari kuzasezerana na benshi isezerano yagiranye n’ Abahagarariye amatorero y’ abakristo  yose ku itariki 31/10/2017 ryo kuyoboka inyigisho imwe bahuriyeho na Kiriziya Gaturika y’ I Roma ya SATANI aho akaba ari ho habereye ibyo Kwimura Imana byakozwe n’Abahagarariye Izina ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 muri ayo masezerano yiswe’A Reforming Catholic Confession’ byatumye ubuhanuzi bugaragaza ko Yesu agiye kugaruka uko Intumwa Pawulo yabwanditse muri 2 Abatesaloniki 2:1-4 ko Hazabanza kubaho kurya kwimura Imana abezaga Isaabato bahagarariye ubuporotesitanti nyabwo basinya ko burangiye, bihuje na Vatikani nyuma y’ Imyaka 500 bwari bumaze, butangiye kuva tariki 31/10/1517, aha niho Uwiteka yahishuye muntekerezo z’ umwanditsi w’ iyo nkuru ivuga ibya tariki 15/10/2024 saa 1h59’ k’ umunsi n’ isaha byo kugaruka kwa Yesu byasezeranijwe kuzabwirwa abera 144000 bari bakiriho bategereje kugaruka kwa Yesu mbere yo Gusukirwa Mwuka Wera’Imvura y’ ITUMBA, mugihe Uwiteka avugisha akanwaa n’ ibiganza by’ Abagaragube akabanyuza mo amategeko Ye n’ amasezerano Ye , uko byasohoreye kuri uyu Mwanditsi , byasohoreye no kuri Mose nk’ uko byanditswe muri Yosuwa 14:2, na Yosuwa 20:1-2, Ijwi ry’ Uwiteka ryasezera nijwe Ellen Gould White azakomeza kubaho abaza guma kuritegereza ko bazumva ikirere cyo hejuru yabo Uwiteka akivugiramo ibyirijwi ritangaza Umunsi n’ Isaba byo Kugaruka kwa Yesu mugihe cy’ Ibyago birindwi 7, nyamara Imana yavugiraga ijwi ryayo rikabera itegeko abisirayeli ikoresheje Ururimi n’ intoki bya Mose , iyo Mana ntiyigeze ihinduka, niyo yabashishije Umugaragu wayo Kugaragariza abatuye Isi bose Ubwo bwiru bw’ Imana , uko umubare 1177 wabonetse ‘2017-840(70X2)=1177, Kandi uko Icyumweru cyo muri Daniyeli 9:27 gitangirana n’isezerano ridasanzwe ry’ Umurimbuzi’Umu Jessuit papa Francis’ ryo kurandura burundu no kurimbura Abaporotesitanti kuva tariki 31/10/2017 icyo cyumweru kigeza tariki 31/10/2024 ntikigomba kuharenga , nk’ uko iryo sezerano ryagenewe kumara icyumweru kimwe gusa , ubundi Uwo murimbuzi Agakurwa ho, kandi ubwo icyo cyumweru kigera hagati  Uwo mutegetsi wasinyane n’ abapasitoro bakuru bahagarariye ubuyobozi bw’ Abadiventisiti mu Isi yose isezerano ryo Kwimura Imana ribangamira kuvuga Ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu(3) n’ Uwa Kane (4) bugaragazwa mu byiswe ‘A Reforming Catholic Confession’ bigaragaza igihe icyo cyumweru kizagerera hagati , ko Azabuzanya Ibitambo n’ Amaturo, kandi Igitambo gihoraho muby’ Umwuka ni Isabato Year, bihuza na Matayo 24:15 kuko icyo gihe Bashyizeho Itegeko ry’ Icyumweru muri USA bizaba byitirirwa papa Francis uzahita aza kubutegetsi bwa New World Order”One World Government’ , mugihe Hifashishijwe Ubuhanuzi bwo muri Daniyeli 12:11-13 Kumenya igihe Igitambo Gihoraho Kizakurirwaho mucyeragati cy’ Imyaka Irindwi yo Muri Daniyeli 9:27 Bagashyiraho Ikizira cy’ Umurimbuzi Aricyo Tegeko ry’ Icyumweru ry’ umu papa w’ Umurimbuzi w’ Umu Jesuit papa Francis nk’ uko mu abaruwa ye Encyclical Letter yise Laudato SI kuri Paraagraph ya 237 yemeza ko Icyumweru Cye gisimbura Isabato y’ Uwiteka kandi Icyumweru muri Gatigisimu ya kiriziya Gaturika Kikaba cyitwa Common Good ari nayo mpamvu binyuze mu mupfu witwaga Thomas Aquinas uwo bise st Thomas Aquinas yandikishije ibyo kwica ko byemerwa na Kiriziya Gaturika mumpa zo kurengera Common Good”Sunday Law” ibyo bikitwa “Death Penalty”  ni icyo cyemeza ko Icyumweru ari  “Ikizira Kirimbura “ ari nacyo Yesu Kristo yatubwiraga muri Matayo 24:15, bityo rero, Ubuhanuzi bwa Daniyeeli 9:27 butanga Icyumweru kimwe rukumbi uwo murimuzi uzaza ku Ibaba ry’ Ibizira mucyeragati cy’ iyo Myaka 7 , byashobokeye Uyu Mwanditsi kumenya igihe Uwo Murimbuzi azazira, kuko azaza azanye n’ Ikizira cye ariryo Tegeko ry’ Icyumweru riri muri Daniyeli 12:11, Nyamara ukurikije Ko iyo Myaka 7 itangira tariki 31/10/2017 izarangira tariki 31/10/2024, hakaba ari iherezo ry’ ubutegetsi bw’ Inyamanswa ya 4 yo Muri Daniyeli 7:1-28 burangizwa no Kuba Iby’ Isi n’ Ubutegetsi bw’ Inyamanswa ya 4 bw’ iyi Si bihabwa Abera b’ Imana Isumba Byose beza Isabato , bihura neza n’ Ubuhanuzi bw’ Iminsi 1335 iyo Daniyeli yabwiwe ko nirangira azahagarara mu mugabane We, kandi Umugabane Wa Daniyeli ntiwaba uri kuri Iyi Si, ahubwo Umugabane W’ Abera Bose uzaba Mu Ijuru Kururembo rwera, duhabwa na Yesu Kristo amakamba n’ Inanga byacu, bituma twibaza igihe iyo minsi 1335 izatangira kubarwa, bigahura na Daniyeli 12:11 ko itangiriro ryo kubara iyo Minsi ari igihe Ikizira’Icyumweru’ cy’ Umurimbuzi kizashyirirwaho bakuyeho Isabato’Igitambo Gihoraho’ icyo gihe cyo gutangira kubara iyo minsi 1335 izarangira Daniyeli agahagarara mu Mumugabane We , ubwo Ubwami bw’ Isi buzaba bunyazwe bwaambuwe inyamanswa ya 4 ariyo butegetsi bwa papa Francis , bugababwa Abera igihe Tuzaba turi Kwambikwa Amakamba yacu duhabwa n’ Inanga zacu kururembo rwo Mubwami bwo mu Ijuru, bituma dufata itariki 31/10/2024 tugakura mo iminsi 1335 , iyi minsi ingana n’ imyaka 3 n’ amezi 8 n’ iminsi 15 iyo ufashe iminsi 1335 ukayigabanya n’ iminsi 30 igize ukwezi, bityo iminsi uyikuyemo iyindi minsi 31-15 bitanga itariki 16, amezi uyakuramo andi mezi 10-8 bigatanga ukwezi kwa 2, imyaka ukayikuramo iyindi myaka 2024-3 bigatanga umwaka wa 2021, bituma gusobanukirwa n’ itariki igize icyeragati cy’ imyaka 7 biba biri hagati y’ itariki 16 ugabanyije mo kabiri 18:2 bikaba itariki 8, kubwibyo rero, icyeragati cy’ icyumweru ntigishoboka, bituma tubara intera ituruka ku itariki 7 kugeza ku itariki 16 z’ Ukwezi kwa 2 umwaka wa 2021 nk’ igihe imyaka irindwi izaba igeza mucyeragati cyayo, Nyamara kuva tariki 8/2/2021 by’ umwihariko hazaba ari itariki ifite ihuriro n’ ubuhanuzi bwo muri Daniyeli 9:27 , mugihe kuyihuza n’ ubuhanuzi bwo muri Daniyeli 12:12-13 bituma dufata Itariki 7/2/2021 tugateranyaho iminsi 1335 bigatanga  itariki 22/10/2024 , ubwo bikerekana umunsi  Daniyeli azaba ahagaze mu mugabane we ku rurembo rwo mu Ijuru, kandi kuko tuzahererwa Hamwe ibyasezeranywe 2 Petero 3:1-18, n’ Abandi bera Bose  bahabwa amakamba yabo nk’ uko Ellen Gould White yabyerekewe mu iyerekwa rye rya Mbere, Daniyeli azahagarara mu mugabane we tariki 22/10/2024, mugihe tugera mu Ijuru nyuma y’ iminsi 7 tumara tuzamuka mu Kirere, ukuyemo iyo minsi irindwi kuva 22/10/2024 ukuyeho iminsi irindwi 7, Yesu agaruka tariki 15/10/2024. Kandi Nanone, Uko Uwiteka Yeretse Abadiventisiti  iby’ Umucyo w’ Isabato kuva tariki 3/4/1847  ngo Batangire  itorero ry’ Abadiventisisti beza Isabato y’ Umunsi wa 7 hano kuri iyi isi ishaje, tubona ko no muri Yesaya 66:23-24 Isabato izongera gutangarizwa Abera tuvuye mu Ijuru Nyuma y’ Imyaka Igihumbi SATANI azamara aboheye kuri iyi si , we n’ abadayimoni be, bityo imyaka igihumbi(1000) izarangira kuva tariki 22/10/2024 kugeza wongeyeho imyaka 1000 bikazaba ari tariki 22/10/3024, ubasha kubona ko uhereye tariki 3/4/1847 Ubwo Isabato yongeraga guhabwa abatuye isi, ufashe umwaka 1847 ukongera ho umubare 1177 ugeza mu mwaka 3024, wakura mo imyaka 1000 , ukageza mu mwaka wa 2024, kandi wafata umwaka wa 1847 ukongeraho imyaka isigaye 177 ukabona nanone umwaka wa 2024, Umwaka wa 2024 rero, niwo mwaka icyumweru cyo muri Daniyeli 9:27 kirangiriramo, ubaze  uhereye tariki 31/10/2017 ukongera ho imyaka 7, ugeza n’ ubundi kukwamburwa kw’ ubutegetsi bw’ inyamanswa ya kane bunyagwa bugahabwa Abera b’ Isumba byose muri Daniyeli 7:1-28 ko ibyo bizaba mumwaka wa 2024, kuko icyo cyumweru cyizarangira tariki 31/10/2024. Twamaze kwibonera ibyo gushyiraho Itegeko ry’ Icyumweru, ko ariryo Kizira cy’ Umurimbuzi Yesu Kristo yatuburiye muri Matayo 24:15, kandi gushyirwaho kw’icyo Cyumweru kukaba kubanzirizwa no Gukuraho Igitambo Gihoraho, nk’uko byahanuwe n’ Umuhanuzi Daniyeli muri Daniyeli 8:10-14, na Daniyeli 12:7-13, bituma bihura n’ ubutegetsi bw’ inyamanswa ya 4 bwo muri Daniyeli 7:1-28 ari nayo nyamanswa yavuye munyanja yo mu Ibyahishuwe 13:1-18 , Iyo Nyamanswa ifite Umubare w’ Umuntu 666 mu Ibyahishuwe 13:18, ni nayo Yicajwe n’ ikiyoka kubutegetsi butegekre kumisozi irindwi 7 ya Vatikani Mu Ibyahishuwe 17:9 , bitumenyesha bidasubirwa ho ko Baburoni ivugwa mu Ibyahishuwe 17:1- 18 no mu Ibyahishuwe 18:1-24 no mu Ibyahishuwe 19:1-21 ihagurukiye Kurwanya ISABATO YEAR, Kandi Urwanyije ISABATO YEAR aba arwanyije Ubwami bwa Nyiri ISABATO ariwe Yesu Kristo Umwana w’ umuntu ariwe wavuze ko ari Umwami w’ ISABATO muri Luka 6:1-5 , bituma tumenya ko Ubwami bwa Yesu Kristo ari Ubwami bw’ ISABATO, uburwanya akaba ari we wishwe Uhagarariye Baburoni n’ Ubutegetsi bw’ Inyamanswa ya 4 Daniyeli yahanuye , ari nawe Urwanya ISABATO y’ Ukuri n’ ABashyigikiye kuyibwiriza abatuye Isi, akaba Ashyigikiye Ictumweru yanditse muri Laudatosi paragraph ya 237 , uwo ni Papa Francis Umu jesuit uri kwirukansa is ngo iyoboke Ubwami Bwe butegekesha Kwimura ISABTO bukimika Icyumweru nk’ Umunsi wo Kuruhuka no Gusenga ho Imana , ibyo byose byo kuvuguruza Imana no Gusuzugura Amategeko yayo, ni byo Imana yahanuriye muri Yohana ko abazaramya ubwo bwami bw’ ICYUMWERU mu Ibyahishuwe 14:9-12 azanywa kunzoga y’ Umujinya w’ Imana yiteguwe idafunguwe mo amazi, aribyo Byago 7 by’ Imperuka. Kuva mu mwaka wa 2021 nibwo abatuye isi bose bazibonera uko Papa Francis na Leta zose zo ku Isi  n’ amadini yose bizaba byishyize hamwe muguhatira abaturage b’isi bose kuruhuka icyumweru no kugisenga ho , aho kweza Isabato y’ uwiteka iri mu itegeko rya 4, ibi nibyo bituma papa Francis ariwe Antikristo, Urwanya Kristo, Umubisha wishyira heruru y’ ikitwa imana cyose , Umwana wo kurimbuka, umuntu w’ icyaha uri mu 2 Abatesaloniki 2:1-16 ugomba kubanza akigaragaza muri 2021 mbere yo kugaruka kwa Yesu nyuma y’ amezi 42 yigaragaje kuva tariki 7/2/2021 kugeza tariki 31/7/2024”. Yohana 4:.35 Mbese ntimuvuga ngo ‘Hasigaye amezi ane isarura rigasohora?’(Aya mezi ane (4) ni yo agizwe n’ Ukwezi k’ Ukwakira 2020, Ugushyingo 2020, Ukuboza 2020, Mutarama 2021. Kuko kuva muri Gashyantare 2021 Uwiteka azaba yaramaze amezi atatu asutse imvura y’ itumba, hatangijwe kubwiriza Ubutumwa Bwa Marayika wa 3 Ibyahishuwe 14:9-12 , hakiyongera ho ubutumwa bwa Marayika wa 4 Ibyahishuwe 18:1-5 bugahinduka ijwi rirenga. Amosi 4:1-7 Uwiteka aravuga ati”Kandi nabimye imvura hari hasigaye amezi atatu isarura rikagera, nahaye umudugudu umwe imvura ntuma uwundi utayibona, umurima umwe waguwemo n’ imvura, undi uyibuze uruma.’Bivuze kuva tariki 22/10/2020 kugeza 7/2/2021  hazaba hashize amezi atatu Imbabazi z’ imana zihawe abeza Isabato batsindishirijwe ngo Batangize Ijwi rirenga “bajye kuburira abatuye isi birunduriye mu idini rimwe ryabeza Icyumweru gusohoka muri Baburoni yateretse amahanga yose inzoga ariyo Kubashora mu Itegeko ry’ Icyumweru(Universal Sunday Law) hagati ya 7/2/2021 na 16/2/2021”; Nyuma y’uko hazaba hamaze gutangarizwa abaturage ba USA  Itegeko ry’ Icyumweru-USA National Sunday Law “muri Leta Zunze Ubumwe Za Amerika(USA)”,  binyuze mukwemera Gusinya Amasezerano y’ Iparisi yo kurengera ibidukikije(Paris Agreement on Climate Change), n’ amasezerano ya Kigali yo kurengera Akayunguruzo k’Izuba ka Ozone(Kigali Amandment of Montreal Protocal )’Dore Ndababwira, nimwubure amasommurebe imirima yuko imaze kwera ngo isarurwe’Ibyahishuwe 14:9-16’Yohana 4:36 Umusaruzi ahabwe ibihembo, ateranirize imyaka ubugingo buhoraho ngo umubibyi n’ umusaruzi banezeranwe,37 kuko iri jambo ari iry’ukuri  ngo’ Habiba Umwe, hagasarura undi.’38 Nabatumye gusarura ibyo ibyo mutahinze, abandi barakoze namwe mwazunguye umurimo wabo.” .Nkuko Petero yihakanye Yesu na we ashushanya abeza isabato baburiwe kuva cyera ko bakwiye gutakambira Uwiteka, bamaramaje, batsindishirijwe n’ Ubuntu kubwo kwizera, ngo basukirwe imvura y’ ITUMBA mugihe cy’ amezi Ane kuva tariki 7/9/202 kugeza tariki 7/2/2021  bamenye ko YUDA  ushushanya ubugambanyi bw’aba Jezuwite bishyize hamwe na Satani muri Kiriziya Gaturika na papa fransis n’ abanyamadini beza icyumweru kuva tariki 1/9/2020 muri gahunda yabo ya Season of Creation mugutangiza Ikintu kizabyara Itegeko ry’ Icyumweru muri Leta zunze ubumwe za Amerika kuva 8-15/02/2021 “Creation Sunday” abobabayobozi b’ itorero ryayobye rya General Conference y’ Abadiventisiti bashushanya YUDA bagambiriye kuyobora abiraye beza Isabato mubutegetsi bw’ Inyamanswa batabizi aribyo bizabatera kwihakana ISABATO”YESU KRISTO” bizeye igihe cyirekire nka PETERO muru “Mariko 14:1-72” Mugihe urugero Yesu yaduhaye abeza isabato igihe yarari mugashyamba ka Getsemane , rugaragaza uruhare buri weza Isabato wese, yagira ubwo Yesu yasenze , akaza bwambere umutima wemeye kwinjira mubigeragezo yabajije Petero impamvu ananiwe kubana nawe Maso byibuze Isaha Imwe”imsinsi 15 ya gihanuzi” kandi Yesu yasubiye Gusenga nk’ ubwambere, bivuze iyindi saha Imwe ishize, agaruka aho Petero na Yakobo na Yohana bari asanga basinzira batasenze nk’ ubwambere Yesu we yari yamaze kubona izindi mbaraga muri iyo saha ya kabiri yaramaze asenga”iminsi 30 ya Gihanuzi” , Yesu kunshuro ya Kabiri avuye Gusenga, Yumvise ko Umutima we n’ Umubiri we byose byamaze kwemera kwinjira mubigeragezo igihe Yuda yari atarazana igitero uhereye tariki 1/9/2020 kugeza tariki ya 1/10/2020, Nyamara izo nizo mbaraga benshi mubeza Isabato ubu badafite, basabwa gusenga nk’ uko Yesu Kristo Yasenze bagera ikirenge mucye muminsi mike basigaranye ngo Hemezwe ubugambanyi munama izateranyirizwa I Vatikani na papa fransis kuva tariki 11-18/10/2020”Global Compact on Education” kandi Yesu we yasubiye Gusenga bwa Gatatu asenga amasengesho nk’ ayambere, ubwo ni Isaha ya Gatatu, igihe yayirangizaga Ni bwo Yasubiye aho Petero na Yakobo na Yohana bari barigusinzira ababwira ko noneho basinzira kuko Yuda ugenza Yesu yaragiye kuza gufata Yesu n’ Igitero, mugihe Yesu we yari amaze Kwitegura neza yambitswe imbaraga y’ Umwuka Wera kurugero rutangaje rwamubashishije kumva amaramaje kuzuza Inama y’ Agakiza yujuje amasaha atatu” Iminsi 45 ya gihanuzi” kuva tariki 7/9/2020 kugeza 22/10/2020 Yesu azaba amaze kubona abeza Isabato ibihumbi 144 biteguye neza bamaramaje Gusohoza isezerano bagiranye n’ Umwami w’ Isabato ryo kuburira Isi mubutumwa bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwi rirenga, biteguye Gusukirwa Imvura yitumba, ahongerere bwanyuma Ibyaha byacu byose, kandi kubwo kumvira amagambo ya Yesu Kristo uko yasengaga buri saha , akabigira Gatatu, niko abadashaka kuzihakana Umwami w’ Isabato batangiye gusenga babikuye ku mutima bazaba bagambiriye kutazarekera aho, ahubwo bizaba ari ugusenga ubudasiba, kugeza tariki 7/2/2021 hazaba hashize amezi 4 n’ iminsi 15 bingana n’ iminsi 45 yagihanuzi ingana n’ amasaha atatu Yesu yasengeye I getsemani inshuro 3 yaburiye Petero wamwihakanye akanga gusenga izo nsuro eshatu, kubwo kumvira abera 144,000 bo bagera ikirenge mucya Yesu basenga amasaha 3 yagihanuzi Yesu yasenze angina iminsi 45 ya Getsemane kuva tariki 1/9/2020, bakongeraho gukuba inshuro 3 izo Petero wamwihakanye aba yarasenze ngo atagwa mu moshya bityo bikaba 45x3=135, bingana n’ iminsi 120 wongeyeho iminsi 15 , bikangana n’ amezi 4 n’ iminsi 15 yomuri agomba gukorerwa mo Amasengesho y’ abeza Isabato by’ Ukuri bagambiriye Kunesha nk’ Uko Yesu Kristo yanesheje Ibigeragezo byose byakurikiye ubugambanyi bwa YUDA, bivuze kuva tariki 1/9/2020 kugeza 7-15/2/2021 Abeza Isabato 144000 bazaba biteguye Gusakirana n’Ingabo za Satani ziyoboye urugamba n’ abarwanyi bashyigikiye Ishyirwa mubikorwa ry’ akarengane kazatangizwa n’ abeza Icyumweru nyuma yo Gushyira ho Itegeko ry’ Icyumweru, gakorerwe, abeza Isabato by’ Ukuri uko biri mu Ibyahishuwe 13:15-17 bazira kuburira abatuye Isi kutifatanya na Leta zabo n’ abanyamadini bahagarariye amadini yose muri leta zabo mugahato ko kwimika Itegeko ry’ Icyumweru riranga ubutegetsi bw’ Inyamanswa n’ Igishushanyo cyayo nkuko buri mubutumwa bwa Marayika wa 3 mu Ibyahishuwe 14:9-13 na Ibyahishuwe 18:1-4, aho niho isi irikwerekeza mu buyobozi butazarenza Igice cy’ Imyaka 7 ibarwa uhereye tariki 31/10/2017 ikarangira na no Kugaruka kwa Yesu kubicu , tariki 15/10/2024 saa 1h59’, mugihe ubutegetsi nyirizina bwa papa fransis bwa New World Order bumara Igice cy’ imyaka 7  cyingana n’ iminsi 1260 ingana n’ amezi 42 yo mu Ibyahishuwe 13:5 n’iminsi 1260 ingana Igihe n’ ibihe n’ igice cy’ igihe yo muri Daniyeli 12:7 n’ Igice cy’ imyaka irindwi y’ isezerano rigera hagati umurimbuzi papa fransis  w’ umujezuwite akaza kw’ ibaba ry’ ibizira aribyo COVID-19 na Creation Sunday na 52 UN Climate Sunday na Paris Agreement 2015 na Laudato Si 237 Encyclical  na Human Fraternity Encyclical Letters ibizira byahanuwe byo muri Daniyeli 9:27 , Bizana papa fransis nk’ umurimbuzi w’ Umujezuwiti kuva tariki 7/2/2021 hashyizwe ho itegeko ry’ Icyumweru muri amerika”USA” uwo murimbuzi uza ntawundi utari umujezuwiti uba waragiye azamurwa muntera nyuma yo kurahira indahiro y’ abajezuwite”Jesuits Oath of Induction” nk’ Umwicanyi wihishe mumyenda y’amakanzu yera wasinyishije Amarasoye Isezerano n’ Umwicanyi mukuru Satani ritesha agaciro itegeko rya 6 watorejwe kuzarimbura abeza Isabato by’ ukuri bose ku munsi umwe kubwo kuzaba barwanya Itegeko ry’ Icyumweru”Universal Common Good “ iyo uwo bise saint Thomas Aquinas yavugiyeho ko Kiriziya Gaturika ishyigikira Itegeko ryo Kwica igihe bikozwe n’ ababifitiye uburenganzira bahabwa n’ amategeko nk’ ubutegetsi bwa Leta kubwinyungu zo kurengera “Common Good” , mugihe gatigisimu ya Kiriziya gaturika yemeza uburyo Kwizihiza Ikiruhuko cy’ Icyumweru nk’ itegeko bita ko ari itegeko ry’ Imana”Universal Common Good” binyuze mu ubupapa na leta Kiriziya Gaturika yemera ko abataramije Inyamanswa n’ Igishushanyo cyayo bazicwa nk’ uko byahanuwe muri Ibyahishuwe 13:15-18, kugeza ku iherezo ry’ amezi 42 uhereye itariki 7-15/02/2021 ubwo ubupapan’abanyamadini bahagarariye amadini yose muri buri bihugo byose byo ku isi n’ ubutegetsi bw’ isi binyuze muri gahunda y’ Umuryango w’ abibumbye”United Nations” binyuze mumasezerano y’ I Paris azemeza ibyumweru 52 byahariwe kuruhura ubutaka buri Cyumweru ngo habe ibiruhuko ku itegeko”52 UN Climate Sundays” ngo barengere ibidukikije , ubwo bihereye muri Amerika(USA) iryo tegeko ry’ Icyumweru rizakwirakwizwa mu Isi yose mubihugi byose , ubutegetsi bwa New World Order buzaba butangiye bubarirwa kumara amezi 42 gusa mu Ibyahishuwe 13:5 buzaba bumaze gushyira mubikorwa  icyaha ndenga kamere cyo Kwinangira kukwica Amategeko y’ Imana ku mugaragaro bicisha abaturage b’ isi bose Itegeko rya 4 ryo Kweza Isabato babahatira kweza Icyumweru, bikazateza Igicumuro Isi yose mu maso y’ Imana Isumba byose, Umurembyi w’ Isi n’ Ijuru , kubwo ubutegetsi bwose muri buri gihugu buzaba buhisemo Satani no kumvira iby’ ubuyobe bwo kweza isabato mpimbano yabapagani b’ I Roma mu kwimika icyumweru nk’ itegeko, ryo gutesha agaciro Itegeko ryo Kweza Isabato rya 4 mu mategeko 10 y’ Imana ihoraho Isumba byose yo muri Kuva 20:8-11 na Kuva 31:12-18.  Hakurikireho I Ibyago birindwi by’ imperuka kuva tariki 7/2/2024 kugeza tariki 15/10/2024 ,nyuma y’ Imyaka itatu kuva 7/2/2024 kugeza 7/2/2024 yagenewe kuvuga mo ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwi rirenga bwo mu Ibyahishuwe 14:9-13 na Marayika wa 4 wo mu Ibyahishuwe 18:1-4]. Uko Madame Ellen Gould White yavuze k’ uby’ abera 144,000 nyuma yo gutangarizwa Umunsi n’ Isaha byo Kugaruka kwa Yesu Kristo tariki 15/10/2024 saa 1h59’ ubwo Izuba rizarasa hari Mugicuku hagatangira Igitondo cy’ Umuzuko, babibwiwe hakurikiyeho  gusukirwa Umwuka Wera”IMVURA YITUMBA”  batangira kwerereza ISABATO ariryo Tegeko rya 4 rirabagirana kuruta ayandi yose 10 yatumye tuba turabagirana Umucyo w’ Ukuri kuzuye kwa Bibiriya Yera uko abanzibacu bategeka itegeko ry’ Icyumweru kugahato abeza Isabato n’ abatazi agaciro k’ amategeko y’ Imana bitera Abeza Isabato by’ ukukri Gufuhira amategeko y’ Imana ihoraho bikaba bihuza nk’ uko Mose yari ameze ubwo yamanukaga Umusozi wa Sinayi. Atwaye ibisate bibiri byanditswe ho Amategeko 10 y’ yandikishijwe Umuriro n’ urutoki rwa Yesu Kristo Ubwe ku musozi wa Sinayi. Uko niko Ellen Gould White yakomeje avuga ati:” Ba bantu ibihumbi 144 bose bari bashyizweho ikimenyetso kandi bunze ubumwe rwose.  Ku ruhanga rwabo handitsweho, “Imana na Yerusalemu Nshya’Ibyahishuwe 14:1-4, Ibyahishuwe 21:1-7, Yesaya 65:17-25, Yesaya 66:1-24’,Ibyahishuwe 21:8-27, Ibyahishuwe 22:1-21’,”Kandi hariho n’ inyenyeri irabagirana’Daniyeli 12:1-3’iriho izina rishya rya Yesu’Ibyahishuwe 19:1-16’. Igihe twari tunezerewe, turi mu mwanya wera” kuva  tariki 7/2/2021-7/2/2024” ba banyabibi baraturakariye kandi bashakag kudusumira ngo batujugunye mu nzu y’ imbohe.  Ubwo ni bwo natwe twazamuraga amaboko yacu mu izina ry’ Uwiteka maze abbi bagwa hasi barambaraye batagira ubaramira,”Kuva Tariki 7/2/2024 -31/8/2024 mu gihe cy’ Ibyago 7 byanyuma by’ Imperuka”. Ubwo ni bwo abo mu isinagogi ya Satani bamenye ko Imana yadukunze twebwe abashoboraga kozanya ibirenge kandi tukaramukanya na bene Data mu ndamutso yera, maze bikubita kubirenge byacu bararamya.”Kuva tariki 1/9/2024 kugeza tariki ya 30/9/2024”. Mu kanya gato twerekeza amaso yacu iburasirazuba, kuko twari tubonye agacu gatoya kirabura, kangana n’ igice cy’ ikiganza, maze twese tumenya ko ari ikimenyetso cy’ Umwana w’ umuntu. Twese dutumbira ako gacu dufite ituza cyane kuko uko karushagaho kwigira hafi ari na ko karushagaho kugira umucyo, gafite ubwiza, kandi kakarushaho kugira ubwiza kugeza ubwo kabaye igicu kinini cyera. Kuruhande rwo hasi cyasaga n’ umuriro; hejuru y’ icyo gicu hari umukororombya, naho impande hari abamarayika ibihumbi cumi, baririmba indirimbo y’ agahebuzo; kandi kuri icyo gicu niho Umwana w’ umuntu yari yicaye. ….(ibi bigereranywa kuri twe Abisirayeli mu by’ Umwuka, nko gutata Yeriko , kuko binyuze muri Yesu Kristo we muyobozi w’ Ubwoko bw’ Uwiteka buhetse ubu Isanduku y’ Imana yacu aho Itegeko ryose ryerezwa mumitima yacu Isabato kw’Isonga, yadutoranirije Ellen Gould White kumujyana gutata Kanani yo Mu Ijuru , nubwo itandukanye na Kanani yo Mu isi igihe yari ituwe n’ babanyakanani batubahaga Uwiteka, Yosuwa yohereje abatasi kandi nk’uko ryari itegeko ry’ Uwiteka, ntabwo Ubwoko bw’ Ingabo z’ Imana Isumba byose bwari bwmerewe kwambuka Yorodani”Itegeko ry’ Icyumweru kuri twe” butabanje kuja gutata Yeriko, ni nako Ellen Gould Wite yahatugereye ngo azane amatunda y’ imizabibu” Ubu butumwa buhamya iby’ urugendo rw’ abategereje n’ ingororano y’ igiciro cyinshi izahabwa abategereje kugaruka k’ Umwami wabo avuye mu bukwe” muri Kanani yo Mu Ijuru)”.

Itariki ziri muri uku guhishurirwa na Mwuka Wera zajyiye zigaragazwa binyuze mubimenyetso byaranze ibihe habagaho ubuyobe bukabije tariki 31/10/2017, mukwica isererano kw’ abahagarariye Kristo”Abaprotesitanti” mumadini yose yizera kristo ku Isi nabasinye mu Izina ry’ itorero ry’ Abadiventisiti b’ umunsi wa karindwi”7th Day Adventist Church General Conference” bakiyemeza kuramya Ikiyoka, kuko aricyo cyahaye Inyamanswa ubutware bwa cyo=Papa Francis umu Jezuwite uyobora Ubutegetsi bwa Vatikani na Kiriziya Gaturika y’ I Roma; Ibyahishuwe 12:1-17, Ibyahishuwe 13:3-4.

INDIRIMBO 76” KIZ’ ABANYABYAHA”

1

Kiz’ abanyabyaha! Rwaz’ abarwayi!

Ubarokor’ ibyago n’ urupfu!

Habura’ abahabye! Byuts’ abaguye!

Babwire ko Yes’ azi gukiza!

Gusubiramo:

Kiz’ abanyabyaha! Rwaz’ abarwayi!

Yes’ umunyambabaz’ arakiza.

2

Abamushungera, Nabo ntabanga.

Ategerez’ abicuza rwose,

Bahate bihane, Jy’ ubasabira!

Ni bizer’azabababarira.

3

Toz’ abazimiye! Be kuzuyaza.

Barek’ irari ry’ ibidakwiye!

Buzur’ urukundo, Bagire neza.

Bagarukir’ uwabacunguye!

4

Kiz’ abanyabyaha! Biragukwiye.

Umwam’ azaguhet’ imbaraga,

Bos’ ubayobore mu nzira ntoya!

Menyesh’ indushyi ko zarokowe!

            «Yesu azaza kuri uwo munsi.» Babinoganya batyo.  Imitima yabo igwa mu kayubi gatewe n’ umunezero ngo bagiye kubonana n’ Umwami wabo bidatinze!  Babihererekanya batyo.  Abadiventisiti banoganya yuko umunsi wo kuza k’ Umwami ari kuwa 22 Ukwakira 1844. Bongera gusoma igitekerezo cy aba bakobwa cumi, n’ uko bwa bukwe bwatinze bikageza mu gicuku, ari bwo bumvaga urusaku ngo,”Dore umukwe; nimusohoke; mumusanganire.”

            Umwe muri bo yaravuze ati: “Turi muri cya gihe bari bagitegereje umukwe, yatinze. Ubu arenda kuza!”

            Umwe abwira undi ati: ”Twasinziriye.  Dukwiriye gukanguka, tukajya kumusanganira.”

            Urusaku rwa mu gicuku rwamamara rutyo, bose barahwiturwa.

Baherako bacapa urupapuro rwitwa: “Urusaku rwa mu Gicuku”, rukwira hose.

Abantu benshi bakajya babaririza Abadiventisiti ngo bige iby’ ubwo butumwa.

Abenshi bagurisha ibyabo byose, ibiguzi bakabiha abakozi ngo babone uko bakwiza Urusaku rwa mu Gicuku, n’ urundi rupapuro rwitwa  Ibimenyetso by’ Ibihe, n’ izindi mpapuro zivuga iby’ ubwo butumwa bw’ ingenzi.

            Abadiventisiti benshi barorereye gusarura imyaka yabo, kuko batari bakiyikeneye.  Hariho mwene data wari ufite umurima umwe munini w’ ibirayi, yarekeye aho, ntiyawukura. Abaturanyi be bashaka kubimukurira ku busa, ngo babihunike mu nzu ye y’ ibihunikwa.

            Yarabahakaniye ati: “Ashwi! Ngiye gusiga uwo murima w’ ibirayi, njye kwamamaza kwizera kwanjye, ko Umwami yenda kugaruka vuba.”

            Ubwoko bw’ Imana bwari bunezerewe ubwo bari begereje igihe cyo kugaruka k’ Umwami wabo.

            Ku itariki ya 22 Ukwakira, bateraniye hamwe, barasenga, baririmbira hamwe, bakirindiriye ko atunguka.  Uwo mugoroba izuba ryarenze uko bisanzwe, hatagize ikimenyetso kiboneka.  Yesu ntiyaza.

            Habaye ubwihebe bukomeye bw’ abo bantu bari barabishegeye cyane.

Byarabaruhije cyane kongera gushaka ibibatunga bari bibwiye ko batandukanye nabyo iteka.  Ariko Imana yarabafashije muri ibyo byago, batangazwa nuko bumvise bafite ubutwari, babasha kwihanganira agashinyaguro k’ abanzi babo.

            Abizeye ntibarakinubira uko kugeragezwa bageragereshejwe, ahubwo bategereje bihanganye, bategereje Umukiza wabo ko abamenyesha ibyo ashaka.

Bamwe babonye ko bajijwe mu by’ iherezo ry’ imyaka 2300 atari mu byo kubara igihe.  Bemeye yuko ibyo babwirije by’ igihe byayobowe n’ Imana, kuko byari byatumye rubanda rwose rwiroha mu byo kwiga Bibiliya, kandi bigatuma benshi bamenyerana n’ Umukiza wabo.

 

IGICE CYA 5

MARAYIKA AZANA UBUTUMWA BW’ IMANA

Iteka ryose birakomeye guhemukirwa, kandi birakomeye gusubira ku cyo wari wataye, ukakizinukwa.  Mbega uburyo abo bizeye bababae mu mutima bamaze guheba Umwami mu gihe bari bamutegerejemo!

Nta cyari cyabazize mu byo kwitegura uwo munsi ukomeye.  Nta minsi bari biteze ngo bagire bati: “Ese, Umwami aramutse ataje.”  Ariko abakiranuka ntibaragakuka imitima.  Bishimiye yuko bari bakoze nk’ uko kwizera kwabo kuri.

Bateze ko Imana ibayobora, kandi bari bazi ko amaherezo ibafitiye umugambi.

            Mu gitondo cya kare cy’ uwo munsi w’ ubwihebe, bwana Hiramu Edsoni, wari umuyobozi w’ Abadiventisiti, ajya mu gasozi apfukama bugufi bw’ umurima w’ ibigori, arasenga. Ako kanya yumva yuko Umwami amugendereye rwose, yumva ko agiye gutsinda, yumva ijwi rivugana nawe riti: “Ubuturo buzezwa ni ubwo mu ijuru.”  Yirukanyira kubwira bene se iby’ iryo jwi, baherako batangirana na we kubyiga muri Bibiliya.

            Ubwo busobanuro bushya bwaremye benshi agatima babwumvise.

Bumvise neza ko bajijwe n’ ikizaba mu iherezo ry’ iminsi 2.300.  Abenshi bibwiye ko bayobewe iherezo ry’ iminsi 2.300 iyo ari yo.

            Hanyuma y’ Ubwihebe, abizeye bashotse bitegura igihe cy’ imbeho, ariko ntacyo babuze.  Wa mugabo wangiraga abaturanyi be kumukurira ibirayi kuko yashakaga kubwiriza ibyo yariyizeye byo kugaruka kwa Kristo, yarabyituwe.

Muri icyo gihe cy’ isarura ibirayi byari bitarabora, imbeho yari itaraza nk’ uko bisanzwe, maze ibirayi byasigaye mu butaka ntibyahinduka iminambe, kandi ntibyabora.  Wa muntu abona ibimutunga n’ ibitunga abaturanyi be.  N’ abandi benshi muri icyo gihugu niko byababereye.

            Ubwo abantu bari bakwiriye kugendererwa n’ Umukiza wabo kuruta ibindi bihe, kandi ntarakabahemukira.  Yabageneye impano y’ ubuhanuzi yo kurema ubwoko bwe agatima.  Uhereye ku kuremwa kw’ isi, yajyaga avuganira n’ abana be mu buhanuzi iyo babaga bakwiriye gutabarwa.

Elina Harumoni, wari wakoreshereje Uwiteka umutima we wose uhereye mu buto bwe, yatoranirijwe na Data wa twese wo mu ijuru kuba intumwa.

Hashize amezi abiri nyuma ya bwabwihebe, yavuganye nawe amuha ubutumwa bwo kugeza ku bizeye.

Ubwo yari amaze imyaka cumi n’ irindwi y’ ubukuru, akaba yari umunyamuze muke cyane, umuhogo we w’ ibihaha byari birwaye, ntabashe kuvuga cyanne, keretse kongorera.  Abaganga bavuze ko atazamara igihe kirekire.  Rimwe mugitondo, mu gihe cyo gusenga yari apfukamye n’ abagore bane basenga.

Abandi bose bamaze gusenga, na we yasenze mu ijwi ryo kongorera, abahateraniye bose bumva ko imbaraga y’ Imana ihari.  Amara akanya acecetse. Ubwo yumvaga ijwi rya marayika w’ Imana rivugana na we.  Yumva ameze nk’ ugoswe n’ umucyo kandi yari yateruwe ku isi arererezwa rwose.  Akebuka kureba Abadiventisiti ku isi, ariko ntiyababona.  Nibwo ijwi rimubwiye riti: “Reba hejuru ho hato.” Arebye hejuru , abona inzira igororotse, ifunganye, hejuru y’ isi, ijya ku rurembo hirya.  Iyo nzira Abadiventisiti bayijyendagamo.  Umucyo wari uri aho itangirira wayimurikagamo yose, ukamurikira ibirenge byabo ngo bidasitara.  Marayika yaravuze ati: “Uwo mucyo, ni wo rusaku rwa mugicuku.”

            Imbere y’iyo nteko y’ abantu, hari Yesu, ni we wabayoboraga mu rurembo.  Iyo bamuhangaga amaso, babaga amahoro, ariko bamwe muri bo baguye agacuho, baganya yuko ururembo ruri kure.  Maze Yesu akazamura ukuboko kwe, umucyo ukavamo ukabamurikira inzira yose. Itsinda rito ry’ abamukurikiye rivuza impundu z’ ibyishimo.  Ariko bamwe Babura Yesu, bavuga ko Atari Imana yabayoboye.  Wa mucyo wari inyuma yabo urazima, basigara mu mwijima w’ icuraburindi Barindagirira mu mwijima, bava mu nzira, bagwa hepho ku isi.

            Bidatinze ryatsinda ry’ abakurikiye Yesu bumva ijwi ry’ Imana, ribabwira umunsi n’ isaha byo kugaruka kwa Yesu (15/10/2024, 1h59’ a.m).  Bamenya iryo jwi riranabasobanukira, ariko abantu bari bari hepfo ku isi batekereje ko ari inkuba n’ igishyitsi cy’ isi. Mu maso h’ iryo tsinda hamurikishwaga n’ ubwiza bw’ Imana, harabagirana nko mu maso ha Mose ubwo yamanukaga kuri Sinayi, amaze kuhavuganira n’ Imana.(Ibindi,Soma Ikigisho”Iyerekwa ryanjye rya Mbere” igitabo: Inyandiko z’ Ibanze)

            Elina aherako yerekwa kuza k’ Umukiza mu bicu byo mu ijuru.  Yumva itsinda ry’ abizera riranguruye riti: “Ni nde uzabasha guhagarara ?” Habaho guceceka. Maze ijwi rya Yesu riravuga riti: “Abafite amaboko atanduye n’ imitima iboneye nib o bazahagarara.  Ubuntu bwanjye burabahagije.”  Ibyo bituma ibyishimo byuzura imitima yabo bose. Indirimbo z’ abamarayika zisaba ikirere. Yabonye abapfuye bazooka bava mu bituro byabo, abona baramukanya n’ abo bakundaga bavuza impundu.  Maze abiteguye basanganira Umwami bajyana na we mu bicu.

Bageze ku rurembo rw’ izahabu, abona Yesu afashe amarembo y’ imaragarita, ayasunikira inyuma ku mapata yayo akenerana, aravuga ati: “Mwameshe ibishura byanyu mu maraso yanjye mushikama mu by’ ukuri byanjye, nimwinjire.”

            Iryo yerekwa rirangiye, Elina Harumoni asanga agipfukamye ku ibaraza ry’ inzu ntoya.  Nyabuna ukuntu isi yamubereye umwijima we!  Yari amaze kubona igihugu kirushaho kuba cyiza.

Ubwo yabwiraga Abakristo b’ itorero bose bizeye ko Imana yatoranyirije ubwo buryo kugira ngo ihumurize kandi ikomeze ubwoko bwayo nyuma ya bwa bwihebe.  Reka, si ukunezerwa bamenye ko Se wo mu ijuru abarinda kandi akabaragira.

            Elina yarumiwe bitavugwa, kuko yari akiri muto kandi w’ umunyantege nke, kandi akaba yatoranyirizwa kuba igikoreshwa, icyo Imana yajyaga kuzamurikishirizamo ubwoko bwayo umucyo.

 

IGICE CYA 6

ELINA HARUMONI AMENYEKANISHA UBUTUMWA BW’IMANA.

Hashize nk’ icyumweru marayika w’ Umwami avuganiye na Elina mu iyerekwa, yongera kumubonekera ubwa kabiri.  Amubwira y’ uko akwiriye kumenyesha abandi ibyo yeretswe.  Yerekwa kugeragezwa azagomba gucamo mu murimo we, kandi abwirwa yuko abantu bamwe batazamwizera, ariko ngo azageragereza kumukomereza kuvuga ubutumwa bw’ Imana.  Ariko marayika yongeraho ati:”Ubuntu bw’ Imana buraguhagije; izagufasha.”

            Yahagaritse umutima cyane amena icyi Imana imushakira gukora.  Yari amaze imyaka 17 gusa, akiri muto, adakomeye, agira ubwoba, kandi akagira amasonisoni ntabe yashaka guhura n’ abo bataziranye.  Maze se, bene uwo yajyaga kubasha ate kuzerera akubita hirya no hino, avuga ibyo Imana yamweretse?

            Yamaze iminsi asaba ngo iyo nshingano ayakwe, ihabwe undi w’ umunyabwenge uzayishobora.  Nyamara ntabwo byahindutse, amagambo ya marayika ngo, “Umenyeshe abandi ibyo naguhishuriye,” yakomeje kuvugira mu matwi ye.

            Umunsi umwe yabwiye se ati:’Data, nubasha kujyana nanjye sinzatinya kugenda, ariko ntabwo nagenda njyenyine.  Ufite iyawe mirimo, none se, uzabigenza ute?”

            Amusubizanya ibambe ati:”Bye kukubabaza, mwana wanjye.  Niba Imana yaraguhamagariye kuyikorera ahandi hantu, ntizabura kugurura inzira.”

            Bidatinze hateranirizwa iteraniro mu rugo rwa Harumoni, Elina yari ahari, maze se atekerereza incuti ze inkeke Elina yari afite.  Bose bafatanyiriza hamwe gusabira uwo mukobwa w’ umwangavu, na we yisabira.  Yongera kumva ko ashaka kwihara ngo akore umurimo Imana imushakira.

            Agisenga kwa guhagarika umutima kumuvamo, mu mutima we huzuramo guhimbaza Imana.  Uwo mwanya abona umucyo umurika umeze nk’ umupira w’ umuriro umugwaho.   Asa n’ uri mu maso ha marayika.  Marayika yongera kuvuga ati: “Umenyeshe abandi ibyo weretswe.”

            Umuntu umwe w’ umupfasoni, uwo abizeye bitaga Umukambwe Pearson, yari ateranye n’ iryo tsinda ariko ntabwo yari yizeye rwose iby’ ubwo butumwa Elina Harumoni yeretswe mu iyerekwa rya mbere.

            Kuko rero yari arwaye rubagimpande, ntabwo yabashaga gupfukama basenga, ahubwo yicaraga yerekeye abasenga.  Bamaze gusenga, abantu baricaye,  uwo mukambwe aravuga ati:”Nabonye icyo ntakegaga rwose kubona.Umupira w’ umuriro wamanutse mu ijuru wikubita ku mutima wa Elina. Nawubonye!  Nawubonye! Ntabwo nzabyibagirwa.  Wampinduye ukundi rwose. Elina afite agaciro mu Mwami.  Uhereye muri iri joro ntabwo nzongera gushidikanya.  Uhereye ubu tuzagufasha, Elina, ntabwo tuzongera kuguca intege.”

            Elina Harumoni yemera kwamamaza ubutumwa bw’ Imana, ariko atinya ko none iby’ ejo byatuma yirarira, kubw’ iyo mpano Imana yamuhaye.  Yinginga marayika ngo ajye arindwa kwikuza.

            Marayika aramubwira ati: ” Amasengesho yawe yumviswe, kandi uzasubizwa.  Uvuge ubutumwa wiziguye, wihangane ugeze imperuka.  Maze uzarya ku matunda y’ igiti cy’ ubugingo, unywe ku mazi ‘ ubugingo.”

            Mbega ngo iri riraba isezerano ryoza ye!  Yiyegurira Uwiteka, yiteguye gukora ibyo ashaka, uko bizamera kose.

Yajyaga kumvira Imana mu minsi mike.  Yagiye kubona abona muramu we ageze aho.  Yari yagenze urugendo rwa kilometer 50, yemera kumujyana mu igare rye rikururwa.  Hari igihe cy’ imbeho, kandi na we ntiyari akomeye, ariko abona ko ari bwo buryo Umwami amuhamagaye ngo agende.  Yifubika imyambaro y’ imbeho, atangira urwo rugendo rwo mu bukonje bwinshi.

            Ahagurutse kwa mwene nyina, ajya mu nzu y’ iteraniro yari iri bugufi, aho itsinda ry’ abadiventisiti ryari riri maze bamusaba kubatekerereza ibyo Imana yamweretse.

            Yarahagurutse mu iteraniro abanza kuvugana amakaraza, kuko umuhogo we wari wararwa ye, yamaze amezi atabasha kurangurura.  Abantu baramwegereye kugira ngo hatagira akajambo kabacika kuko yongoreraga.

Ariko, hashize akanya gato, ijwi rye ritangira kugororoka, rirumvikana!

Amakaraza yose arashira.

            Atekerereza abo bantu bari bacogoye, bihebye amasaha abiri.  Reka imitima yabo si ukugwa mu kayubi ubwo yababwiraga iby’ ubwiza bw’ ijuru nk’ uko yabyeretswe.

            Amaze kurundura ubutumwa bwe, aricara, yahindukira ngo avugane n’ uwo bicaranye, akavuga buhoro gusa kuko iryo jwi risaraye yari arimaranye amezi atatu!  Ubundi yongeye kugira umwanya wo kwigisha imbaga y’ abizeye, na none agarurirwa rya jwi ryiza.  Ni ruto ni ruto yemejwe ko akora ibyo Imana ishaka, kandi umutima we wuzuye umunezero, abonye uko ubutumwa bwe buremye abizeye agatima bari bagize umubabaro n’ ubwihebe.

            Ubwo Elina Harumoni yigishirizaga mu nzu y’ iteraniro, umusore witwa Hazen Foss yari ku muryango ateze amatwi.  Yari atarinjira mu nzu, ariko yaramwumvaga neza, avuga ijwi rikomeye ubwo yabatekererezaga ibyo Imana yamweretse by’ urugendo rw’ Abadiventisiti.

            Uwo mugabo wari uri kurugi yategeye ubwo butumwa amatwi cyane.

Byamuhagaritse umutima cyane. Ahindukirira uwo bari bahagararanye, ati: “Iryo yerekwa Elina avuze rirenda guhwana rwose n’ iryo neretswe.  Rwose, ni nk’ abantu babiri bavuga igitekerezo cy’ ikintu kimwe.”

            Elina amaze kuvuga, Foss ava kuri iyo nzu y’ iteraniro ashengutse mu mutima.  Yari yamaze kwanga Imana, ubwo butumwa ntibwari bukimushikamyemo. Ubwo harihashize amezi make, igihe abantu bari bagitegereje Umwami ko aza, nibwo Imana yamweretse iyerekwa iyerekwa rihwanye n’ iryo rwose.  Bwana Foss yari umupasitoro w’ umusore.  Yari umuntu ushyanutse ku rurimi kandi yakundwaga n’ abamuzi bose.  Bwa butumwa ngo, “Umenyeshe abandi ibyo naguhishuriye,” na we yari yarabuhawe, ariko ntiyasobanukirwa n’ iryo yerekwa, kandi kuko yari afite ubwibona mu mutima, yanga kubwira abandi ibyo yeretswe.  Ngo ntiyakwicisha bugufi imbere y’ abantu ababwira ababwira ubutumwa bw’ Imana, Atari bubashe gusobanura ubusobanuro bwabwo.

            Yongera kwerekwa ubwa kabiri, noneho abwirwa yuko niyanga kubuvuga, azakwa uwo murimo, ugahabwa undi w’ umunyantege nke wo mu bana b’ Imana, uzaba umunyamurava, akavuga ibyo Imana imuhishuriye.  Ariko na none ashinga ijosi, yanga kuvuga icyo atasobanukiwe neza.  Bidatinze, marayika yongera kumubonekera ubwa gatatu.  Noneho amubwira gusa ko abyatswe ngo iyo nshingano izagabirwa uworoheje nyuma y’ abandi, uzakora icyo Imana imutegeka.

            Nanone agira akanyabugabo.  Aherako ahitamo gukora ibyo Imana ishaka.  Ateranya abantu ababwira ko afite ubutumwa bwo mu ijuru.  Rubanda ruteranira hamwe kubwumva.  Ariko Foss ateruye kubatekerereza iby’ iyerekwa, biramuguruka.  Yari yatinze! Nuko, yumirirwa imbere ya rubanda, atagira icyo avuga.

            Mu gitondo yaraye yumvise Elina Harumoni avuga ibya rya yerekwa yari yanyazwe, ahubirana na we ava mu nzu y; iteraniro.  Aramubwira ati: “ Yewe ga Elina we, naraye numvise ibyo wigishije nijoro.

            Ndizera y’ uko iyerekwa narinyazwe ukarigabana. Urabikiranukemo, ujye wogeza ibihamya by’ Uwiteka, niho utazarekwa n’ Imana.  Jyeweho ndi umunyage. Wehoho watoranyijwe n’ Imana .  Ujye ukiranuka ku murimo wawe, ikamba najyaga kuzabona ni wowe uzarihabwa.”

            Ubwo bidatinze, amaze guhitamo yuko atazamamaza ubwo butumwa, niho Elina Harumoni yahawe iyerekwa rya mbere.  Ubwo Foss aba atandukanye no kwiringira Imana arahemuka.  Nta n’ ubwo yongeye guterana n’ abizeye ukundi.

IGICE CYA 7

IMANA YOHEREZA MARAYIKA WAYO

            Marayika wavuganiye na Elina Harumoni mu nzozi yazanye ubutumwa bw’ Imana mu isi imyaka ibihumbi byinshi.  Twamwita marayika w’ ubuhanuzi, kuko ariwe marayika wajyaga avugana n’ abahanuzi bahishurirwaga ibyo Imana ishaka nk’ uko byanditswe muri Bibiliya.

            Mbere na mbere Imana yagendanaga na Adamu mu murima, bakaganira imbona nkubone. Ariko Adamu aracumura.  Kutumvira kwe kwatumye anyagwa urugo rwe rwa Edeni.  Kandi anyagwa n’ icyari ingirakamaro kurutaho kandi cyera ari yo mahirwe yo kuvugana n’ Umuremyi we barebana.

            Ariko Imana ntirakareka Adamu ubwo yacumuraga, imuca mu murima.

Imutumaho amagambo yo kumuhumuriza, itumye intumwa yayo marayika.

Marayika uwo yaragarutse bwangu asanga umuntu amuzanira inama n’ ihumure Imana yari yamutumyeho.

            Hashize imyaka myinshi haba hamaze kubaho amoko menshi y’ abantu mu isi. Kenshi Data wa twese wo mu ijuru yatumaga intumwa yayo marayika ku bakundaga kumvira amagambo ye.

            Abo Imana yatumagaho iyo ntumwa yabugenewe bitwaga abahanuzi.

Imana yaravuze iti: “Nimwumve amagambo yanjye; niba muri mwe hazabamo umuhanuzi, mu iyerekwa niho Uwiteka nzamwimenyeshereza, mu nzozi niho nzavuganira na we.” Kubara 12:6.  Ubutumwa Imana yahaga abahanuzi, abantu bari bakwiriye kubwigengesera ho.  None se ntiyari amagambo y’ Imana?

            Ubwo butumwa Imana yahaga abahanuzi bwanditswe muri Bibiliya.

Kenshi Imana yatumye marayika wayo kuri Aburahamu kumubwira ibizaba, no kumuyobora mu murimo we.  Kandi mbere ya Aburahamu marayika yatumwe kuri Henoki , na Nowa, no kubandi bahanuzi benshi.

            Agahungu Samweli kahamagawe n’ Uwiteka karyamye ku kariri kako nijoro.  Uwiteka ahamagara gatatu, ati: “Samweli!” Ariko yibwira ko ari Eli, wa mutambyi w’ umukambwe, umuhamagaye.  Eli amaze kumenyako ari ijwi ry’ Imana ryahamagaye, abwiriza uwo muhungu uko yitabana icyubahiro.

            Rya jwi ryongeye kuvuga, arasubiza ati: “Vuga, Uwiteka, kuko umugaragu wawe nteze amatwi.” Maze ubutumwa bw’ Imana bubwirwa uwo mwana.  Samweli amaze kuba umugabo, aba umucamanza wa Isirayeli. Kenshi cyane marayika w’ ubuhanuzi yajyaga amuzanira ubutumwa bw’ Uwiteka, kandi mu bugingo bwe bwose yajyaga abugeza ku bantu yatumweho, akiranutse.

            “Uhereye I Dani ukageza I Beerisheba, bamenya ko Samweli ari umuntu w’ Imana,…ushimwa.”  Byanditswe yuko  ari nta jambo rye na rimwe ryaguye hasi; nta magambo y’ ubupfayongo, y’ amahomvu yigeze avuga.

            Rimwe na rimwe Uwiteka yamwerekaga ibizaba. Abantu barinda kuvuga bati: “Ibyo yavuze byose byarasohoye.”

            Ubwo Daniyeli yari umugaragu mu bikari by’ I Baburoni, marayika w’ ubuhanuzi yaramubonekeye, Daniyeli atubwira ko marayika uwo yitwa Gaburiyeli.  Marayika yeretse uwo muhanuzi ibizaba mu bihe bizaza kugeza ku mperuka.

            Intumwa Yohana, umutini wa Kristo, woherejwe ku kirwa cya Patimosi, ari imbohe. Ubwo yari ari kuri icyo kirwa cy’ uruharambuga, Gaburiyeli, marayika w’ ubuhanuzi, yaje kuvugana nawe.  Akingurira uwo muhanuzi ubwiza bw’ ijuru.  Mu iyerekwa, Yohana abona abacunguwe ku isi nshya, yumva indirimbo z’ abamarayika. Yerekwa ibintu bizaba mu itorero, imperuka itarasohora.

            Ibyahishuwe n’ ubundi butumwa bw’ amatorero Yohana yabuherewe kugira ngo buyobore Abakristo b’ itorero.  Yategetswe kwandika mu gitabo ibyo yerekewe mu iyerekwa ngo abandi bazabisome bamenye umugambi Imana ibafitiye.

            Igitabo Yohana yanditse yacyise, “Guhishura kwa Yesu Kristo, uko Imana yamuhaye kwereka imbata zayo ibikwiriye kubaho vuba.”  Yesu yatumye marayika we ku muhanuzi Yohana, intumwa marayika w’ ubuhanuzi.

            Ubwo Gaburiyeli, intumwa marayika, yazaga kuri Yohana, yamwerekeye mu iyerekwa, isi nshya n’ igiti cy’ ubugingo; uruzi rw’ ubugingo rutemba ruva ku ntebe y’ ubwami y’ Imana.  Yabwiye Yohana yuko mu ijuru hatazabayo urupfu, nta joro rizabayo, kuko Uwiteka azamurikira ubwoko bwe, kandi abacunguwe bo mu isi bazabaho iteka ryose.  Ubwiza yeretswe ubwo yasobanurirwaga ingo zo mu ijuru byabereye Yohana agatangaza yenda kunanirwa kubyumva cyangwa kubyizera.

            Ariko marayika aramubwira ati: “Ayo magambo ni ayo kwizerwa ni ay’ ukuri, kandi Umwami Imana, itegeka abahanuzi bera, yatumye marayika wayo kwereka imbata zayo ibikwiriye kubaho vuba.”

            Maze marayika yongera gusongera amagambo ya Shebuja, ati: “Dore, ndaza vuba.  Hahirwa uwitondera amagambo y’ ubuhanuzi bw’ iki gitabo.”

            Ubwo Yohana yavugaga iby’ intumwa marayika yanditse at: “ Jyewe Yohana, nijye wumvise ndeba ibyo.  Maze kubyumva no kubireba, nikubitira hasi imbere y’ ibirenge bya marayika unyeretse ibyo.”

            Marayika ati: “Reka, ndi imbata mugenzi wawe, kandi ndi mugenzi wa bene So, abahanuzi, n’ Uwabitondera amategeko y’ iki gitabo cy’ Ibyahishuwe,” ayo yategetse kwandika.

Ntabwo umurimo wa Gaburiyeli, ari we ntumwa marayika uzarangira mu isi kugeza imperuka.

            Ubwo Yohana yari ari ku kirwa cy’ uruharambuga, yabonye itorero ryajyaga ”kwitondera amagambo y’ igitabo” kandi bagategereza kwakira Yesu ubwo azaz.  Yabonye iryo torero rizakurikiza amategeko y’ Imana, kandi ngo rizaba ritandukanye n’ andi kuko rizaba rifite guhamya kwa Yesu, ari wo mwuka w’ ubuhanuzi.

            Mbese, ntibihimbaje gutekereza yuko Marayika watumwe kuri Daniyeli, kuri Yohana, n’ abandi bahanuzi, no kuri Zakariya, na Mariya nyina wa Yesu, ari na we watumwe kuri Elina Harumoni? Marayika uwo yabwiye Zakariya ati: “Ndi marayika uhagarara mu maso y’ Imana.”  None se, si igitangaza kugira ngo marayika uhagarara mu maso y’ Isumbabyose atumwe muri iyi si azanye ubutumwa bwo kuyobora no kurema agatima ubwoko bwayo!

IGICE CYA 8

IMANA YUGURURA INZIRA

            Nyuma y’ umubabaro wo mu 1844, gutumwaho bwa butumwa mu kanwa ka Elina Harumoni byareme agatima abayoboke b’ Imana cyane.

Kubw’ imbabazi zayo nyinshi, yari izi uko baribakennye inama muri icyo gihe cyo gucika intege.

            Bidatinze nyuma y’ iteraniro ryateranirijwe hafi ya Portiland, muri Leta ya Maine, Elina yabonye akito ko kujya muruhande rw’ Amajyaruguru y’ icyo gihugu. Hariho umusore na mushiki we bari baramutse kuzindukirayo maze bamuhata kujyanayo na bo.  Yatinye cyane kujyayo, ariko kuko yariyasezeraniye Uwiteka ko azajya anyura munzira imukinguriye, ntiyatinyutse kwanga.

            Hanyuma y’ aho iyo yagiraga aho ajya, mwene nyina yajyanaga na we, kuko Atari afite imbaraga zo kugenda wenyine.  Ubundi yajyanaga na musaza we n’ umugore we.

            Abizeye yagendereraga yarabakomezaga rwose.Ahantu hamwe, Uwiteka yamuhaye iyerekwa, acyaha abantu baho bamwe kuko batashakaga gukurikira ijambo ry’ Imana, ahubwo bagashaka gusenga nk’ uko bishakiye.

Byari bimukomereye rwose kubwira abo bantu ubwo butumwa, ariko abuvuga akiranutse, arabacyaha.  Na none byarakabijeabo bantu bakangawe kubwirwa ibyaha byabo n’ umukobwa w’ agakumi.  Ntibamenye ko ari Imana, yarebaga ibibi bakoraga, Atari Elina wabirebaga.

            Ijoro rimwe ubwo yari ari kwa se yeretswe ko akwiriye kujya mu wundi mudugudu guhamiriza Abadiventisiti bari bahari.  Ntamafaranga yari afite yo kuriha iby’ urugendo, ariko ariko ntiyarushya azuyaza.  Se wo mu ijuru wari wamutumye yajyaga ku mutunga.  Maze we na mwene nyina bitegura kugenda.

            Inzogera y’ igare ry’ umwotsi ivuga ubwo.Yambara ingofero ye arasohoka.Arebye hanze, abona umuntu uhetswe n’ ifarashi yihuta cyane, yihutira kujya ku irembo ahagarara aho.OIfarashi ye yariyahindanijwe n’ ibyuya.

            Abaza yiruka yerekeye inzu ati: “Mbese, hano hari ukennye amafaranga?  Numvise mpatwa yuko hano hari umuntu ukennye amafaranga!”

            Bihutira kumubwira yuko bari bagiye kujya mu igare ry’ umwotsi ariko bakaba badafite amafaranga yo kuriha.Azana ya mafaranga vuba arayabahereza kandi yari ahagije kurihira urugendo rwabo.

            Yarababwiye ati: “Nimwicare mu kigare cyanjye, mbajyane ku igare ry’ umwotsi.” Abo bakobwa bamaze kwicara, yerekeza iyo igare ry’ umwotsi riri.

Arababwira ati: “ Nagombye kugenda  urugendo rwa kilometer 20 mbazaniye amafaranga.  Sinabashije kugendesha ifarashi yanjye buhoro, yakomezaga kwirukanka.”

            Bagera aho igare ry’ umwotsi rir rigiye guhaguruka ako kanya.Ibyo byaremye Elina agatima.  Byakomeje kwizera kwe guhamirizwa ko icyo Imana imushakira gusa ari ugukora ibyo ishaka ngo izajye imucira icyanzu.

            Ubwo Elina Harumoni yari ateranije andi materaniro,yabonanye n’ umwerekeza w’ umusare witwa Yozefu Bates.Yari yaremeye ubutumwa bwo kugaruka kwa Yesu arushijeho ab’ inzu ya Harumoni umwaka umwe, kandi nubwo yari umukozi w’ umunyabwira.Anezezwa no kubonana n’ iyo nkumi yari yarabwiwe. Icyokora, yari atarumva  aho abwiriza. Yari umunyamurava, amufata neza, nk’ aho ari umwana we bwite.

            Mu mwaka wa 1846, Elina yashyingiranywe  na Bwana James White.

Yari Umukristo nyakuri, ufite ubwira bwo gukorera Umwami.  Bajyaga bazererana bihatira cyane kwamamaza ubutumwa bwo kugaruka kwa Yesu.

IGICE CYA 9

UMUNSI WA KARINDWI NI WO SABATO

Abahinzi bari batuye mumisozi y’ ibitare bugufi bw’ umujyi wa Washington muri Leta yitwa Hampshire, bari bumvise ubutumwa bw’ uko Yesu yenda kugaruka, kandi baribashishikariye kumutegereza. Bari bariyubakiye urusengero ruto mu gashyamba, bakajya bahateranira.

            Hari umukobwa wari umaze imyaka 19 wigishaga ishuli ry’ ubwenge.

Yitwaga Oakes.  Ubwo yajyaga Washington, nyina yimukaniyeyo na we.  Bari abo mu itorero ry’ Ababatisita b’ Umunsi wa Karindwi.Nubwo ari nta wundi wari uhari muri icyo kirorero waterana na bo, uwo mukobwa Oakes na nyina ntibaburaga gukomeza umunsi wa karindwi.

            Abadiventisiiti bamenyeranye n’ abaturanyi babo, batangiye kubigisha ibyo kugaruka kwa Yesu.  Bakavuga bati: “Azaza vuba, kandi turamwiteguye.”

Bagasoma muri Bibiliya amasomo avuga ibyo kugaruka kwe kuri iyi si.Oakes ibyo kugaruka kwa Kristo, yaravuze ati: “Ndashaka kubabaza ikibazo. KUKI SE, MUDAKOMEZA ISABATO Y’ UMWAMI?Kuki mumusenga ku munsi wa mbere, Dimanche?”

            Umuntu umwe yarabajije ati: “Kuki ubaza ibyo?  Dimanche si Isabato y’ Umwami?”

            Madamu Oakes ati: “Reka da, si yo.” Abumbura Bibiliya. Abasomera amasomo avuga iby’ umunsi wa karindwi ari wo SABATO.  Yari azi icyo Imana yavuze ku munsi wayo wera.

Madamu Oakes n’ umukobwa ntibashidikanyaga yuko Umwamwi ashaka ko ubwoko bwe buruhuka ISABATO, kandi ntabwo bizeraga ko azaza kujyana ubwoko bumutegereje batarahugukira gukurikiza amategeko ye yose.

            Babahinzi b’ Abadiventisiti bari bahugukiye kuza k’ Umwami badashidikanya mu iherezo rya ya myaka 2.300, ari ho mu mwaka wa 1844, nk’ uko bagenzi babo nabo bari bahugukiye iby’ umunsi wa karindwi ari wo SABATO.

            Igihe gishize, babuze ibyo bari biteze, abahinzi bamwe batangiye gutekereza cyane iby’ ISABATO.Basomye udutabo bari barahawe dusobanura iby’ ISABATO. Umunsi umwe, ari kuwa mbere (Dimanche), bwana  WILIYAMU FARNSWORTH yahagaze mu nzu y’ iteraniro, aravuga ati: “Bene Data, ngiye kubahiriza ISABATO.” Haba ituze ry’ inshi mu rusengero.Abakristo benshi bicara biyunamiye.

AMATEGEKO Y’ IMANA, Kuva 20:1-17( Imana ibwira Abisirayeli amategeko cumi-Gutegeka kwa kabiri 5:1-33)………………………………:

Kuva 20:1.Imana ivuga aya magambo yose iti,2Ndi Uwiteka Imana yawe yagukuye mu gihugu cya Egiputa, mu nzu y’ uburetwa.

I

3“Ntukagire izindi mana mu maso yanjye.

II

4Ntukiremere igishushanyo kibajwe, cyangwa igisa n’ ishusho yose iri hejuru mu ijuru, cyangwa hasi ku butaka cyangwa mu mazi yo hepfo y’ ubutaka. 5Ntukabyikubite imbere, ntukabikorere kuko Uwiteka Imana yawe ndi Imana ifuha, mpora abana gukiranirwa kwa ba se, nkageza kubuzukuruza n’ ubuvivi bw’ abanyanga, 6Nkababarira abankunda bakitondera amategeko yanjye, nkajyeza kubuzukuruza babo b’ ibihe igihumbi.

III

7”Ntukavugire ubusa izina ry’ Uwiteka Imana yawe, kuko Uwiteka atazamubara nk’ utacumuye, uvugiye ubusa izina rye.

IV

8”Wibuke kweza umunsi w’ isabato. 9Mu minsi itandatu ujye ukora, abe ariyo ukoreramo imirimo yawe yose,10ariko uwa karindwi ni wo sabato y’ Uwiteka Imana yawe.  Ntukagire umurimo wose uwukoraho, wowe ubwawe, cyangwa umuhungu wawe, cyangwa umukobwa wawe, cyangwa umugaragu wawe, cyangwa umuja wawe, cyangwa itungo ryawe, cyangwa umunyamahanga wawe uri iwanyu, 11kuko iminsi itandatu ari yo Uwiteka yaremeyemo ijuru n’ isi n’ inyanja n’ ibirimo byose, akaruhukira ku wa karindwi. Ni cyo cyatumye Uwiteka aha umugisha umunsi w’ isabato, akaweza.

V

12”Wubahe so na nyoko, kugira ngo uramire mu gihugu Uwiteka Imana yawe iguha.

VI

13”Ntukice.

VII

14”Ntugasambane.

VIII

15”Ntukibe.

IX

16”Ntugashinje ibinyoma mugenzi wawe.

X

17”Ntukifuze inzu ya mugenzi wawe, ntukifuze umugore wa mugenzi wawe, cyangwa umugaragu we, cyangwa umuja we, cyangwa inka ye, cyangwa indogobe ye, cyangwa ikindi kintu cyose cya mugenzi wawe.”

{Kuva 20:18.Abantu bose bumva za nkuba zikubita, babona ya mirabyo irabya, bumva ijwi rya rya hembe, babona wa musozi ucumba umwotsi , babibonye bahinda imishyitsi, bahagarara kure. 19 Babwira Mose bati: “ Ba ari wowe utubwira ni ho turi bwumve, ariko Imana ye kutubwira tudapfa.” 20 Mose abwira abantu ati: “Nimuhumure kuko Imana izanywe no kubagerageza, no kugira ngo gutera ubwoba kwayo guhore imbere yanyu mudakora ibyaha.” 21 Abantu bahagarara kure Mose yigira hafi y’ umwijima w’ icuraburindi Imana irimmo. 22 Uwiteka abwira Mose ati: “Uku ube ariko ubwira Abisirayeli, uti ’Ubwanyu mwiboneye ko mbabwiye ndi mu ijuru. 23 Ntimukareme izindi mana ngo muzibangikanye nanjye, imana z’ ifeza cyangwa imana z’ izahabu nti mukazicurire. 24 Undundire igicaniro cy’ ibitaka, ugitambireho ibitambo byawe byoswa n’ ibitambo by’ uko uri amahoro, intama zawe n’ inka \awe. Aho nzibukiriza izina ryanjye hose, nzaza aho uri nguhe umugisha. 25 Kandi nunyubakira igicaniro cy’ amabuye, ntuzacyubakishe amabuye abajwe, kuko nukimanika ho icyuma cyawe uzaba ugihumanije. 26 Kandi ntugashyire urwuririro rw’ amabuye ku gicaniro cyanjye ngo ucyurire, kugira ngo ubwambure bwawe butakigaragariraho.’}

{Itegeko ry’ ISABATO. Mose ahabwa ibisate by’ amabuye biriho Ibihamya: Kuva 31:12-18. 12 Uwiteka abwira Mose ati 13” Kandi ubwire Abisirayeli uti ‘Ntimukabure kuziririza amasabato yanjye, kuko ari yo kimenyetso hagati yanjye namwe mu bihe byanyu byose, kugira ngo mumenye yuko ndi Uwiteka ubeza.14Nuko mujye Muzirirza isabato kuko ari iyera kuri mwe, uyiziruye ntakabure kwicwa.Umuntu wese uzagira umurimo akora kuri yo azakurwe mu bwoko bwe. 15Mu minsi itandatu abe ari mo imirimo ijya ikorwa, ariko uwa karindwi ni isabato yo kuruhuka yerejwe Uwiteka. Uzagira umurimo akora ku munsi w’ isabato ntakabure kwicwa.16Nuko Abisirayeli baziririze isabato, bajye bayitondera mu bihe byabo byose.Ibe isezerano ridakuka. 17Ni ikimenyetso cy’ iteka ryose hagati yanjye n’ Abisirayeli, kuko iminsi itandatu ari yo Uwiteka yaremeyemo ijuru n’ isi, ku wa karindwi akarorera, akaruhuka.’”18Amaze kuvuganira na Mose ku musozi Sinayi, Uwiteka amuha abisate by’ amabuye bibiri biriho Ibihamya byandikishijweho urutoki rw’ Imana.}, {Yesaya 58:13-14. 13”Nuhindukira ntukandagire isabato, ukanga gukora ibyo wishakiye ku munsi wanjye wera, ahubwo ukita isabato umunezero, umunsi wera w’ Uwiteka ukawita uw’ icyubahiro ukawubaha, ntube icyigenge ntiwishakire ibyo kwinezeza, ntiwivugire ibyo ushaka ku bwawe, 14 nuko uzishimira Uwiteka nanjye nzaguha kurambagira mu mpinga z’ igihugu, kandi nzagutungisha gakondo ya sogokuruza Yakobo.” Akanwa k’ Uwiteka ni ko kabivuze.},{Yesaya 66:23-24. 23”Igihe kizaza uhereye mu mboneko z’ ukwezi ukageza mu mboneko z’ ukundi, no guhera ku isabato ukageza ku yindi, abantu bose bazajya baza gusenga imbere  ya njye” ni ko Uwiteka avuga.24” Nuko bazasohoka bajya kureba intumbi z’ abancumuye, kuko inyo zabo zitazapfa kandi n’ umuriro ntuzime, bazatera abantu bose gushishwa.”},{2 Ngoma 36:20-21. 20 Abacitse ku icumu Nebukadinezari abajyana I Baburoni, bahinduka imbata ze n’ izabahungu be kugeza ku ngoma z’ abami b’ I Buperesi, 21 bisobanurwa ngo kugeza ubwo igihugu kizaba cyishimira amasabato yacyo, ngo ijambo Uwiteka yavugiye mu kanwa ka Yeremiya ribe risohoye, kuko iminsi yose cyabereye umusaka cyajiririje isabato, kimara imyaka mirongo irindwi.},{Ibyerekeye kweza Isabato-Yeremiya 17:19-27,19Uku ni ko Uwiteka yambwiye ati: “Genda uhagararare ku irembo rya rubanda, aho abami b’ u Buyuda binjirira n’ aho basohokera, no mu marembo yose y’ I Yerusalemu ubabwire uti:20’Nimwumve ijambo ry’ Uwiteka mwa bami b’ u Buyuda mwe, n’ ab’I Buyuda mwese n’ abatuye I Yerusalemu mwese, abanyura muri aya marembo.’21Uku ni ko Uwiteka avuga ati:’Mwirinde mutikorera umutwaro ku munsi w’ isabato, haba no kuwucisha mu marembo y’ I Yerusalemu.22Ntimugasohore umutwaro mu mazu uanyu kuri uwo munsi kandi ntimukagire umurimo wose mukora, ahubwo mujye mweza umunsi w’ isabato nk’ uko nabitegetse ba sogokuruza.23Ariko ntibarakumvira haba no gutega amatwi, ahubwo bashinze amajosi kugira ngo batumvira, haba no kwemera kwigishwa.’ 24”Uwiteka aravuga ngo ‘Nuko ni munyumvana umwete, ntimugire umutwaro mucisha mu marembo y’ uyu murwa ku munsi w’ isabato, ahubwo mukaweza ntimugire umurimo muwukoraho, 25ni bwo abami n’ ibikomangoma bari ku ngoma ya Dawidi bazinjira muri uyu murwa, bari ku magare y’ intambara no ku mafarashi bo n’ ibikomangoma byabo, n’ abantu b’ u Buyuda n’ abatuye I Yerusalemu, kandi uyu murwa uzahoraho iteka. 26Kandi bazaturuka mu midugudu y’ u Buyuda n’ ahakikije I Yerusalemu hose no mu gihugucy’ ababenyamini, no mu bibaya no mu misozi miremire n’ ikusi, bazanye ibitambo byoswa n’ ibindi bitambo n’ amaturo y’ ifu n’ imibavu, bazanye n’ ibyo gushima mu nzu y’ Uwiteka,27Ariko nimwanga kunyumvira ngo mweze umunsi w’ isabato, ahubwo mukikorera imitwaro mukayinyuza mu marembo y’I Yerusalemu kuri uwo munsi, nzakongeza umuriro mu marembo yahoo uzatwika amanyumba y’ I Yerusalemu, kandi ntabwo uzazimywa.’”}, {Iminsi mikur y’ Uwiteka-Abalewi 23:1-44,1Uwiteka abwira Mose ati 2”Bwira Abisirayeli uti: Iminsi mikuru y’ Uwiteka mukwiriye kuranga ko ari iy’ amateraniro year, iyi ni yo minsi mikuru yanjye.3Mu minsi itandatu abe ari mo imirimo ijya ikorwa, ariko uwa karindwi ni isabato yo kuruhuka, n’ uwo guterana kwera ntimukagire umurimo wose muwukoraho. Ni isabato y’ Uwiteka yo kuziririzwa mu buturo bwanyu bwose.4”Iyi ni yo minsi mikuru y’ Uwiteka, n’ iyo guterana kwera mukwiriye kujya muranga mu bihe byayo byategetswe.5”Mu kwezi kwa mbere, ku munsi wako wa cumi n’ ine nimugoroba, hajye habaho Pasika y’ Uwiteka. 6 Ku munsi w’ uko kwezi wa cumi n’ itanu hatangirira ho iminsi mikuru y’ imitsima itasembuwe, muzamara iminsi irindwi muyirya.7Ku munsi uyitangira mujye muteranira kuba iteraniro ryera, ntimukagire umurimo w’ ubugaragu muwukoraho.8Muri iyo minsi uko ari irindwi mujye mutambira Uwiteka ibitambo bikongorwa n’ umuriro, uwa karindwi ni uwo guterana kwera, ntimukagire umurimo w’ ubugaragu muwukoraho.” 9Uwiteka abwira Mose ati 10”Bwira Abisirayeli uti: Nimumara kugera mu gihugu nzabaha mugasarura ibisarurwa byaho, muzajye muzanira umutambyi umuganda w’ umuganura w’ ibisarurwa byanyu, 11 na we awuzungurize imbere y’ Uwiteka kugira ngo ubabere ituro ryemerwa,  ku wa mbere w’ isabato abe ari ho umutambyi awuzunguza. 12Kandi ku munsi muzungurizaho uwo muganda, mujye muwutambiraho isekurume y’ intama idafite inenge itaramara umwaka, ho igitambo cyo koserezwa Uwiteka. 13 Kandi ituro ry’ ifu rituranwa na cyo, rijye riba ibice bya cumi bibiri bya efa y’ ifu y’ingezi ivanzwe n’ amavuta ya elayo, ribe ituro riturwa Uwiteka rigakongorerwa n’ umuriro kuba impumuro nziza, ituro ry’ ibyo kunywa rituranywa na cyo rijye riba igice cya kane cya hini ya vino.14Ntimukagire umutsima murya cyangwa impeke zikaranze cyangwa amahundo mabisi, uwo munsi utarasohora ngo muganurire Imana yanyu.  Iryo rizababere itegeko ridakuka mu bihe byanyu byose no mu buturo bwanyu bwose.15”Kandi mujye mubara iminsi muhereye kuri uwo munsi wa mbere w’ isabato, ku munsi mwazaniye ho umuganda w’ ituro ryo kuzunguzwa, mubare iminsi y’ amasabato arindwi itagabanije.16Mubare iminsi mirongo itanu igeze ku munsi wa mbere w’ isabato ya karindwi, maze muganurire Uwiteka ituro ry’ umuganura wundi.17 Mu buturo bwanyu mukuremo imitsima ibiri yo kuba ituro rijungujwe, ibe iy’ ibice bya cumi bibiri bya efa y’ ifu y’ ingezi yotsanywa umusemburo, kugira ngo iganurirwe Uwiteka. 18Mumurikane n’ iyo mitsima abana b’ intama barindwi badafite inenge bataramara umwaka, n’ ikimasa cy’ umusore n’ amasekurume y’ intama abiri, bibe ibitambo byoserezwa Uwiteka bitambanwe n’ ituro ry’ ifu n’ iry’ ibyokunywa yo kuri byo, bibe ibitambo bikongorwa n’ umuriro by’ umubabwe uhumurira Uwiteka neza. 19 Kandi mutambe n’ isekurume y’ ihene ho igitambo gitambirwa ibyaha, n’ amasekurume y’ intama abiri ataramara umwaka, ho ibitambo by’ uko muri amahoro.20 Umutambyi azizunguzanye nay a mitsima y’ umuganura na ba bana b’ intama bombi, bibe ituro rijungurijwe imbere y’ Uwiteka, byerezwe Uwiteka, bibe iby’umutambyi.21 Kuri uwo munsi mujye muranga ko ari umunsi mukuru ujye uba uwo guterana kwera, ntimukagire umurimo w’ ubugaragu muwukoraho.Iryo rizababere itegeko ridakuka mu buturo bwanyu bwose no mubihe byanyu byose.22”Kandi nimusarura ibisarurwa byo mugihugu cyanyu, ntimuzasarure inkokora z’ imirima yanyu zose, ntimuzatoragure ibisigaye guhumbwa, ahubwo mubisigire umukene n’ umusuhuke w’ umunyamahanga.Ndi Uwiteka Imana yanyu.” 23Uwiteka abwira Mose ati 24”Bwira Abisirayeli uti: Mu kwezi kwa karindwi ku munsi wako wa mbere hajye hababeraho umunsi wo kuruhuka, ube uwo kubibukirisha, muwurangishe kuvuza amahembe, muwuteraneho guterana kwera. 25 Nti mukagire umurimo w’ ubugaragu muwukoraho, kandi mujye muwutambiraho Uwiteka igitambo gikongorwa n’ umuriro.” 26 Uwiteka abwira Mose ati 27”ariko umunsi wa cumi w’ uko kwezi kwa karindwi ni wo munsi w’ impongano, uje ubabera uwo guterana kwera, muje muwibabazaho imitima, muwutambireho Uwiteka igitambo gikongorwa n’ umuriro. 28 Ntimukagire umurimo wose mukora kuri uwo munsi w’ impongano, muhongerererwaho imbere y’ Uwiteka Imana yanyu.29 Umuntu wese utazibabaza Umutima kuri uwo munsi, azakurwe mu bwoko bwe.30Kandi umuntu wese uzakora umurimo wose kuri uwo munsi, nzamurimbura mukure mu bwoko bwe.31 Ntimukagire umurimo wose muwukoraho.Iryo ribabere itegeko ridakuka mu bihe byanyu byose no mu buturo bwanyu bwose.32Ujye ubabera Isabato yo kuruhuka mwibabaze imitima: mujye muziririza iyo sabato muhereye nimugoroba ku munsi w’ uko kwezi wa cyenda, mugeze nimugoroba ku munsi wa cumi.”33Uwiteka abwira Mose ati 34”Bwira Abisirayeli uti: Umunsi wa cumi n’ itanu w’ uko kwezi kwa karindwi, abe ari ho mutangirira kuziririza Uwiteka iminsi mikuru irindwi y’ ingando.[Yesu n’ agaruka tuzakora urugendo rw’ iyo munsi 7 y’ ingando tuva ku isi tuzamuka mukirere tuzagenda iminsi 7 tugere kururembo rwo mu Ijuru nyumya y’ iyo minsi 7,Kuva  saa saba n’ iminota mirongo itanu n’ icyenda za mugicuku 1h59’ ku wa 15/10/2024 kugeza kuwa 22/10/2024)-“Ukwezi kwa 7 ko muri iyi minsi y’ Uwiteka yategekeraga mo Abisirayeli mu gihe cya Mose, ni ko kwezi kwa 10 muri iyi minsi ya none.”]35Ku munsi uyitangira[saa 1h59’,15/10/2024]hajye habaho guterana kwera, ntihakagire umurimo w’ ubugaragu muwukoraho. 36Mumare iminsi irindwi [22/10/2024] mujya mutambira Uwiteka ibitambo bikongorwa n’ umuriro, uwa munani [23/10/2024] ujye ubabera uwo guterana kwera, muwutambireho Uwiteka ibitambo bikongorwa n’ umuriro, ube uwo guterana mwitonze. Ntimukagire umurimo w’ ubugaragu muwukoraho.37”Iyo niyo minsi mikuru y’ Uwiteka mukwiriye kuranga ko ari iyo guterana kwera, ngo mujye muyitambiraho Uwiteka ibitambo bikongorwa n’ umuriro, igitambo cyoswa n’ ituro ry’ ifu, n’ igitambo kindi n’ amaturo y’ ibyo kunywa, n’ ituro ryose n’ igitambo cyose ku munsi wacyo. 38Ibyo ntibibakureho kuziririza amasabato y’ Uwiteka no gutura amaturo yanyu, ayo muhiguza imihigo yose, n’ ayo muturishwa Uwiteka yose n’ imitima ikunze. 39”Ariko muhereye kuri uwo munsi wa cumi n’ itanu w’ ukwezi kwa karindwi[1h59’kuwa 15/10/2024],mumaze gusarura imyaka yo mugihugu cyanyu “Mugihugu cya cu ari cyo Egiputa umwami wacu Yesu yabambwe mo ari yo Si”[Kuva 7/2/2021 kugeza 7/2/2024 nyuma yisozwa ry’ ubutumwa bwa marayika wa 3 mu ijwi rirenga, no kuva tariki 16/2/2024 kugeza ibyago bi 7 by’ imperuka birangiye tari ya 15/10/2024],mujye muziririza iminsi mikuru irindwi y’ uwiteka, uyitangira[1h59’kuwa 15/10/2024] ube uwo kuruhuka, n’ uwa munani ube uwo kuruhuka[22/10/2024]. 40 Ku munsi uyitangira [1h59’kuwa 15/10/2024] mujye mwenda imbuto z’ ibiti byiza n’ amashami y’ imikindo, n’ amashami y’ ibiti bisagambye binini, n’ ingemwe z’ imikinga yo ku migezi, mumare iminsi irindwi munezererwe imbere y’ Uwiteka Imana yanyu[22/10/2024].41 Uko umwaka utashye mujye muziririza Uwiteka mutyo iminsi iminsi mikuru irindwi. Iryo ribabere itegeko ridakuka mu bihe byanyu byose, mujye muziririza iyo minsi mikuru mu kwezi kwa karindwi[ Ni ko kwezi kwa cumi muri iyi minsi ya none-calendari ya Geregori niyo yabihinduye] 42.Mujye mumara iminsi irindwi[ Ahangaha tubwiwe ko Iminsi 15 nishira mu kwezi kwa Ukwakira ariko kwezi kwa 10/2020 ko tugomba gutangira iminsi irindwi’7’ tukayishimiramo imbere y’ Uwiteka, ubwo rero Kuva tariki 1/10/2020 kugeza tariki 15/10/2020 ni bwo twagombaga gutangira iyo minsi 7, ikageza tariki 22/10/2020 Umunsi w’ Ihongerero twagereranya na Pasika, kuko Ari umunsi wo kuzana Imisaruro y’ abeza isabato by’ ukuri 144000 kw’ Umutambyi wacu Mukuru Yesu Kristo akeza Itorero rye Rimaze imyaka 12 riri imugongo ariyo myaka 4320 itangira igihe Nowa yari agifite imyaka 300 y’ ubukuru atoranywa n’ Uwiteka mubandi benshi barimbuwe n’ Umwuzure, yatoranirijwe kugirango, atangize itorero ry’ Uwiteka ryinjiranye na we munkuge, maze, nyuma yahoo, iyo myaka ikaba irangira muri 2020, kandi kwezwa, ni ko Guhongererwa, Bityo Umurimo wo Guhongerera Ibyaha by’ Abeza Isabato by’ ukuri batsindishirijwe bahagarariwe n’ Abantu ibihumbi 144000 bakaba baratorenijwe bezwa na Yesu Kristo Umutambyi Mukuru ku wa 22/10/2020. Imnana yavuze ko nibigera ku munsi wa 8 hazajya habaho Kuruhuka, ubwo uturutse Igihe hari Ukuruhuka no Gutangira umunsi wambere w’ Ingando tariki 15/10/2020, iminsi irindwi yarangiye tariki 22/10/2020, umunsi wa munani’8’ urangira tariki 23/10/2020, Si ibyo gusa, kuko Icyigisho cyitwa, Abakurambere n’ Abahanuzi, Igice cya 52: Iminsi Mikuru Yo Kwishima Uko Umwaka Utashye: Tuhasanga Iminsi mikuru ko yabaga ari itatu’3’ mu mwaka, ikaba ho Buri Mwaka, ariko Umunsi wambere watangirwaga n’ iminsi irindwi’7’ hakaba ho ‘ umunsi wa munani’8’, Nyamara nyuma y’ iyo minsi 7 itangira Uwambere wiitwa Pasika yabaga ahagana mu mpera z’ Ukwezi kwa Gatatu’3’ cyangwa mu itangira ry’ Ukwezi kwa Kane’4’ habagaho ku munsi wambere uyitangira habaga ari Tariki 14 nimugoroba saa sita yijoro winjiraga mu itariki 15 z’ Ukwa Gatatu cg ukwa kane, Hakabaho Umunsi mukuru wo kwibuka Pasika yabereye mu ri Egiputa ubwo bategekwaga kwica umwana w’ Intama, Bakamurya yokeje, bagasiga amaraso ku nkomanizo z’ Imiryango, igihe Uwiteka yarokoraga abana b’ imfura z’ Abisirayeli, Akica abana b’ imfura z’ Abanyegiputa, ahangaha, Nibwo no mugihe cya Yesu Kristo akiri ku Isi, Yateranije intumwa ze 12, azigaburira kubyo kurya ariko Hahaguruka mo umugambanyi kuri Uwo mugoroba Yuda ajya kugurisha Yesu Kristo ku Batambyi Bakuru, ubwo ibyo byakurikirwaga no kujya MUgashyamba ka Getsemane, Yesu ahasengana Umubabaro, Kandi yahafatiye Umwanzuro wo Kuza cungura Umwana w’ Umuntu, Tukabigereranya na Tariki 15/10/2020 ubwo CNN Televisiyo Mpuzamahanga yo muri Amerika(USA) yavuze ko Abadiventisite b’ Umunsi wa 7 ari gurupe y’ Iterabwoba kandi ko bakomoka kuri Mireri bakaba batajya bavuga ibintu bisohora, ngo batangijwe no guhuruza abantu ko Yesu azagaruka tariki 22/10/1844 ngo ntiyaza, ngo bahinduka abadiventisiti b’ umunsi wa 7, ngo bakomeza bafite ibitekerezo byo kwihuriza mumatinda ya KiAnoni(QAnon) yo muri Amerika arwanya ubutegetsi, ibi byavuzwe kuri CNN tariki 15/10/2020 bika igihamya cyo kuba ari Ubugambanyi bwo Gushakisha uko Isi yose ifata Abadiventisite b’ Umununsi wa 7 nka gurupe y’ iterabwoba, uko Yuda yagambaniye Yesu, Hari mu gihe cya Pasika, Elina Wayiti muri iki gitabo Abakurambere n’ Abahanuzi Paji 276,yaranditse ati:”Ku munsi wa Cumi n’ine w’ Ukwezi, ni mugoroba, bibukaga Pasika, kandi imihango yayo ihimbaje yabibutsaga uko bakijijwe uburetwa mu Egiputa, kandi yacureraga igitambo kizakiza abantu ububata bw’ Icyaha. Igihe Umukiza atanze ubugingo bwe I Kaluvari, umuhango wa Pasika ntiwongeye kubaho, maze hashyirwaho Ifunguro ry’ Umwami ryari urwibutso rw’ uwo muhango Pasika yagereranyaga. Abalewi 23:1-40, Kuri twebwe, Pasika nt’ ibaho gutyo, kuko yahinduwe Umunsi w’ Ifunguro ryera, tubasha kurijyaho igihe cyose bishoboka muri gahunda yategetswe itorero na Kristo we Ubwe muri Matayo 26:26-30, Bityo rero kubihuza na Tariki 15/10/2020 nyuma y’ Iminsi 14 iba yarabanje kuva tariki 1/10/2020 ni bwo Ubugambanyi bwakorewe kuri CNN tariki ya 15/10/2020 bwabaye bugambanira Abadiventisiti b’ umunsi wa 7 ko ari gurupe ya QAnon yayogoje ibintu muburyo bubambika isura y’ abagizi ba nabi. Ubwo rero Hakurikiraho Iminsi 7  tukabasha kugera ku Itariki Nyirizina y’ Ikindi gikorwa twagenewe muri uku Kwezi kwa 10, ariko kwari ukwezi kwa 7 kw’ Abisirayeli, Habaga Umunsi mukuru w’ Ihongerero, tariki 22/10/2020 ni wo Munsi w’ Ihongerero wabaye, ukurikiranye n’ Uwo munsi wa tariki 15/10/2020, Nyamara bitewe n’ Uko ibibikorwa byose byabagaho mu Bisirayeli ku Mubiri, byari bifite ubusobanuro bwa byo mugihe cyacu cy’ Abisirayeli mu by’ Umwuka, Pasika yabaga rimwe gusa mukwezi kwabo kwa mbere kwitwa Abibu ariko kwa Gatatu kugana mu kwa Kane Mata kuri ikigihe, bikaba bitaragumyeho, byasimbuwe n’ Ifunguro ry’ Umwami Yesu Kristo rifatwa mugihe icyaricyo cyose mu Mwaka, rituma, iryo sezerano ribasha gusobanura ibikorwa, babaye tariki 15/10/2020 byo kugambanira Abera bitondera Amategeko y’ Imana bakagira kwizera kwa Yesu nka ho ari Inkozi zibibi zatangijwe na Mileri wahanuye ko Yesu azaza ntaze, ngo aryo tsinda rikozwe n’ Isoni tariki 22/10/1844 ngo  ryaje kongera gukoresha uko rishoboye ngo rishyire ho andi matariki n’ izindi gahunda zatumye rihinduka Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7, bitugeza muri uyu munsi 15/10/2020  twabifashe nka Pasika kuko uwo munsi nibwo Ubugambanyi bwakozwe na Yuda bwabaye nyuma yo gusangira n’ abandi, Nyamara iyo hashize Iminsi 7 uvuye kuri iyo tariki 15/10/2020 dukurikije gahunda ya twasomye ijyanye n’ Ihongerero umunsi nyirizuna twinjiyemo nyuma y’ iminsi 7 uvuye tariki 15/10/2020 ukajyeza tariki 22/10/2020 habayeho umunsi w’ ihongerero kubeza Isabato.Ariko Uwo munsi wa 22/10/2020 wagezweho hashize Iminsi 7 tuvuye tariki 15/10/2020 nawo ubwaho waba umunsi w’ Ifunguro ry’ Umwami kuko Ifunguro ry’ Umwami ribasha gufatwa igihe icyaricyo cyose, kuko ritwibutsa Igitambo cyatambwe rimwe gusa, kandi kikaberaho kutweza ho Ibyaha byacu byose, bityo Tariki 22/10/1844 na Tariki 22/10/2020 bihurijwe ko Ibimenyetso by’ Ibihe, byatweretse icyo Isi n’ abayitegeka bagambiriye ko ari ugushyiraho Itegeko ry’ Icyumweru rizavuguruza Isabato year ari yo Itsinda twakomotseho ryo muri 22/10/1844 ry’ Abategereje ryahawe nk’ Umucyo udasanzwe tariki 3/4/1847 binyuze mugukingura Isanduku year yo mu buturo bwera bwo mu Ijuru, aho Elina Wayiti Yesu yamweretse ko Itegeko rya 4 rirabagirana kuruta ayandi nk’ uko byanditswe mu nyandiko z’ Ibanze kukigisho cyivugo Umucyo w’ Isabato uhishurwa, aho rero, tukaba twibuka buri tariki 22/10/1844, iby’ Uko Yesu Kristo yinjiye Ahera cyane, Atari umunsi wo kugaruka kwe, nyamara, azagaruka, ahubwo mbere y’ uko agaruka, na mbere y’ uko abanyamadini bifatanije na Leta batangije Season of Creation na Creation Sunday na Jubilee of Earth, na 52 UN Climate Sunday ibikoresho bashyiriyeho guhurizwa hamwe na gahunda z’ ibihugu zo kurengera ibidukikije zo mumasezera no y’ I Parisi bise Paris Agreement for Climate Change ari nayo masezera no ahishwe mo itegeko ry’ Icyumweru, Amerika ikaba yaranjze kuyasinya, kujyeza Tariki 15/10/2020 na tariki 22/10/2020 , Yesu abanza Guhongerera Ubwoko bwe kuko Tariki 5/9/2021 abanyamadini bemeje ko hazabah National Sunday Law, ariko sibo babijyena kuko Amerika mubutegetsi bwa yo ariyo twabwiwe ko izasinya itegeko ry’ Icyumweru, mugihe mukwezi kwa 11/2021 umuryango wa bibumbye ufite inama mpuza mahanga yo gutangiza itegeko ryo kurengera ibidukikije ku mugaragaro mu bihugu byose mucyo Bise COP26, aho rero, kuko itariki 22/11/2021 zasanga Amerika yaramaze Gusinya Paris Agreement mumezi yabanje, Ntabwo Itegeko ry’ Icyumweru ryasinywa, Imbabazi z’ Imana zikiri mubeza Isabato bose, Hagombaga kubaho Umunsi wo Guhongerera Ibyaha by’ abadiventiusite bose batsindishirijwe kuva tariki 31/10/2017 ubwo ubuyobozi bw’ itorero bwa Generali Conference bw’ abererekeraga abayobozi b’ abadiventisite kujya gusinyira ROMA kwifatanya nay o no kurandura bwanyuma na nyuma ubu porotesitanti, bikaba byari biri gusohoza ubuhanuzi bwo muri Daniyeli 9:26-27, Nyamara buhuzwa n’ Ubuhanuzi bwo Gushyirwaho kw’ Ikizira cy’ Umurimbuzi ariwe Mu papa w’ Umujezuwiti , watangije Laudato SI avuga ko Ihindagurika ry’ ikirere riteye isi akaga, ko kuruhuka ku cyumweru bizatuma ihindagurika ry’ ikirere rihagarara, byatumye abaperezida bo ku isi yose basinya amasezerano ahishwe mo itegeko ry’ icyumeru yiswe Paris Agreement kuva mu mwaka wa 2015, ibyo rero bigatuma Daniyeli 9:27 uhujwe n’ ishyirwaho ry’ ikizira cy’ Umurimbuzi, kizakuraho Igitambo gihoraho ariyo SABATO Year, ngo Isi yose yizihize Icyumweru, biba iyo Iminsi 7 yo muri Daniyeli 9:27 igeze mo hagati, iminsi 7 ingana n’ imyaka 7 . ni ukuvuga ko  itegeko ry’ icyumweru rishyirwaho hagati mu myaka 7, bivuze mu mwaka wa 2021, kandi iryo sezerano rigera hagati Umurimbuzi agakura ho Isabato agashyira ho Itegeko ry’ Icyumweru, rirangira na we arangiye ho nyuma yuko iyo myaka irindwi irangiye , kuyibarira igihe izarangirira , ni ukuvuga kuva tariki 31/10/2017 ukongera ho imyaka n7, bikageza tariki 31/10/2024, ari nabwo uwo murimbuzi waje ku ibaba ry’ ibizira aje kuri Climate Change na COVID-19 aje gushyiraho itegeko ry’ Icyumweru akoresheje Laudato SI na Fratellii Tutti inzandiko ze zo gutegeka abatuye Isi bose, kwihuriza hamwe mubutegetsi bwe bwa New World Order, bityo ko butujyana mubuhanuzi bw’ ubutegetsi bumwe bugize isi bukaza tangira bubiheshejwe imbaraga na Amerika nk’ Uko byanditswe mu Ibyahishuwe 13:1-18, nyamra bwitwa ko ari ubutegetsi bw’ Inyamanswa ebyiri, iyavuye mumazi menshi ariyo mahanga yabantu benshi basengaga ibigirwamana bakeza umunsi w’ icyumweru, kandi yahawe ubutegetsi bwayo n’ ikiyoka cyacyindi cyitwa Umwanzi na SATANI , cyajugunyanwe n’ abamarayika bacyo babi bakurwa mu Ijuru kurugamba batsinzwe yon a Mikayeli atabaranye n’ Abamarayika be mu Ibyahishuwe 12:1-17, nyamara icyo cyiyoka cyashakaga kurimbura  Kristo kibinyujije mubutegetsi bw’ abaromani kubwa Herode na Pilato, Data  wa Twese akemera ko  uwo mwana We Yesu Kristo ari nawe witwa Mikayeli mu izina rye rya Gisirikare, akemera ko adupfira, akanadutangiriza imirimo yo kuduhongerera mubuturo bwera bwo Mu ijuru akoresheje amaraso ye bwite, kuva tariki 22/10/1844, kugeza tariki 3/4/1847 yereka abari bamutegereje ko Isabato igomba kwezwa byanze bikunze, bituma abamutegereje bitwa abamutegereje beza Umunsi wa 7 aribo Badiventisite b’ Umunsi wa 7, bageze iyi saha barimo ibice bibiri, Abadiventisiti b’ Umunsi wa karindwi ku Izina banze gukurikiza ubutumwa bwo kubeza bwitwa ubutumwa bwo Gutsindishirizwa n’ Ubuntu Kubwo kwizera, hakaba ho n’ abandi bagize igice gitoya cy’ abakiriye ubwo butumwa bubatandukanya n’ imyitwarire ya Lawodokiya yo kuvangavanga ukuri n’ ibinyoma no kutareka burundu ibyaha binyuze mu kwiyeguruira Yesu Kristo wenyine binyuze, mu gikorwa cyo Gutsindishirizwa binyuze mukwizera Igitambo Yesu yadutangiriye rimwe gusa ku Musaraba , bityo icyo ni cyo gice cyigizwe n’ abera 144000 bagararijwe mu iyerekwa rya Elina Wayiti rya mbere rir mu inyandiko z’ Ibanze, bagomba kuba baramaze guhongererwa ibyaha no kubibabarirwa mbere y’ uko itegeko ry’ Icyumweru risinyw abigeze mucyera gati cy’ Imyaka 7 ariho tariki 7/2/2021 , ubwo ubutegetsi bwa New World Order buzaba bukuyeho itekeko rya 4  mu isi ryo Kweza Isabato y’ Umunsi wa karindwi’7’7 ryo mu Kuva 20:8-11, bikaba bihuje n’ impamvu tariki 22/10/2020 wabaye Umunsi w’ Ihongerero, kandi ibijyanye n’ Umunsi w’ Ihongerero, tariki 22/10/2020 nabwo abera bawufata nk’ Umunsi wo gufata Ifunguro ry’ Umwami, bitujyana kukwibuka iby’ Imsi ya Pasika, n’ Iminsi ya yikurikiraga, nk’ Uko twabisomye mu gitabo Abakurambere n’ Abahanuzi , igice cya 52, kuri Page ya 276, ngo:” Pasika ishushanya Ubwo Yesu Kristo yadupfira ku Musaraba kubwacu ishushanya tariki 22/10/2020 nk’ Umunsi igitambo cyo Kumusaraba arinacyo Yesu Kristo cyahindutse Umutambyi wo Mubuturo bwera bwo mu Ijuru, aho yinjiye Ahera cyane tariki 22/10/1844 kugeza tariki 22/10/2020 mbereyo gusyiraho itegeko ry’ Icyumweru muri Amerika tariki 7/2/2021 ari ho mukeragati cy’ Imyaka 7 yo muri Daniyeli 9:27, aho iceragati cy’ iyo myaka gitangiza New World Order mu itegeko ry’ Icyumweru, aricyo Kizira cy’ Umurimbuzi Yesu yahanuye muri Matayo 24:15-22, Gituma Yesu avuga ko hazaba Iminsi y’ akababaro ikurikiye igihe icyo kizira cyirimbura cyahanuwe n’ Umuhanuzi Daniyeli cyizashyirwa ho, Kigakurago Igitambo Gihoraho nk’ uko byanditswe Muri Daniyeli 8:10-14, Na Daniyeli 12:7-13, bituma bitugeza kubuhanuzi bwa Daniyeli 12:7 ngo Ni bamara gushyiraho Icyiziza kirimbura ari yo Common Good bita Itegeko ry’ Icyumweru ryo kurengera ibidukikije bagakura ho Igitambo gihoraho ari yo Sabato nk’ Uko Daniyeli yabyeretswe muri Daniyeli 12:11 , aho bizaba bigeze igihe hazasigara iminsi 1290, bikaba bisaba ko hazabaho gutegereza iminsi 1335 yo muri Daniyeli 12:12 mugihe Daniyeli we azazuka akazahagararara mu mugabane we nyuma y’iyo minsi 1335 nk’ uko banditswe muri Daniyeli 12:13, Nyamara kubara iyo Minsi bikaba bitangirira ku Itariki Icyizira cy’ Umurimbuzi cyizashyirirwa ho, agakura ho Igitambo gihoraho, ari yo Tariki itangirira mu cyera gati cy’ Imyaka 7 kuva tariki 31/10/2017 kugeza hashize imyaka 3 n’ igice ½ , imyak itatu 3 n’ igice ½ izaba isigaye, ikaba ingana n’ amezi mirongo 42, amezi mirongo 42 ni yo angina n’ iminsi 1260, ari nayo angina n’ imvugo yo muri Daniyeli 12:7 ngo Ibyo byose nibwo bizahera ko bikarangira , ubwo bazaba bamaze kumenagura imbaraga z’ abera ubwo Uwiteka yaganiraga n’ Uwera w’ undi wamubazaga, Uwera Umwe abaza Undi Wera ati mbese ibyo byose bizarangira ryari, muri Daniyeli 8:14 no Muri Daniyeli 9:27 no muri Daniyeli 12:7 bigaragara ko Ubutegetsi bwa Vatikani buzaba buhawe na Amerika binyuze muri Billi Gates mu rukingo rwa COVID-19 no muri Perezida wa Amerika asinye Paris Agreement, Binyuze no Mubanyamadini bose bagiporotesitanti bo muri Amerika batangije Season of Creation na Creation Sunday na Climate Sunday , binyuze no Muri United Nations(ONU cg UN) Umuryango w’ Abibumbye ukorera muri Amerika ushyiraho 52 UN Climate Sundays, ubifashijwe mo n’ bahagarariye amadini yose ku isi, bikatugeza mu  uhanuzi bw’ Inyamanswa yavuye mu butaka muri Ibyahishuwe 13:10-18 iha Ubutegetsi bw’ Imyamanswa yavuye mumazi yari yarakomeretse uruguma binyuze mukuvuka k’ Ubuporotesitanti tariki 31/10/1517 ubwo Maritini Luteri yamanikaga ibihamya 95 bibumbiye mungingo 95 zerekana ku mugaragaro ugukorera SATANI kwa Kiriziya Gaturika binyuze mubutegetsi bw’ Iryo Dini bwayobye, Butegeka Idini bukanategeka Ibihugu mu bya Polotiki aribyo byateye Umwami wabami Napolewo Bonaparite wo Mubufaransa wari warategetse ibijyanye n’ Imyumvire idashyigikira ko Ubupapa bwategeka  ibya kiriziya n’ ibya polotiki icyarimwe, yatumye umujenerari we witwa Beritsiye ajya I Roma afata Umupapa witwa ga Piyo amujyana mu bufaransa , amufungirayo, agwa muri Kasho, ubwo Ibyahishuwe 13:1-9 hatubwira ko urwo ari uruguma yakomeretse ku mutwe wayo iyo nyamanswa ariyo butegetsi bwa Vatikani bwambuwe gutegeka Ibyidini n’ Ibya Politike mu rwego rwisi, ngo urwo ruguma rurakira, gukira ni igihe Amerika izaba ishubije Vatikani iyobowe na Papa umutinganyi w’ Umujezuwiti ububasha bwafashwe na napolewo yakomoye mubwigenge bwatangijwe muby’ imyizerere na Mariti Luteri mumwaka 31/10/1517, ari nabwo bemeje ko bahagaritse mumadini binyuze mukwiyungira hamwe muri ecumenizime abanyamadini bahagarariye amadini yabo ya giporotesitani ku isi yose ku itariki 31/10/2017 bakaba aribwo bemeje ko barangije burundu imyigishirize ya giporotesitani babisinyana na Vatikani ariyo Kiriziya Gaturika bemeje ko bahisemo gukurikiza inyigisho za Kiriziya Gaturika nyuma y’ Imyaka, 500 ubuporotesitanti bwari bumaze , kuva tariki 31/10/1517 kugeza tariki 31/10/2017 abobaporotesitanti babayobozi bo ku isi yose bayobye banze ubutumwa Maritini Luteri yatangije bwahangamuye ubupapa bukabutesha ingoma yabwo yo gutegeka Isi yose mu by’ idini no mu bya Politike, Biyemeje gusenya ibyo Maritini Luteri yubatse hashize iyo myaka 500 yose, basinya inyandiko bise a Reforming Catholic confession, igaragaramo n’ amasinyature y’ abahagarariye izina General Conference ikoresha ihagarariye nk’ Umuryango watangijwe n’ abaribasigaye mubategereje kugaruka kwa Yesu tariki 22/10/1844 , bahawe Isabato tariki 3/4/1847 bagizwe idini ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 na Yesu Kristo Ubwe ngo bahagararire ubutumwa bwiza bw’ Abamarayika ba tatu bwo mu Ibyahishuwe 14:1-20 aribwo bwo kuburira abatuye Isi ko bagomba kubaha Imana yaremye Ijuru n’ Isi , ko Hariho Urubanza rwo kuzacirirwa buri kiremwa muntu cyose ruzakurikirana no guhembwa ubugingo buhoraho kubazasangwa baritondeye amategeko 10 yose  y’ Imana yo mu Kuva 20:1-17 n’ Isabato  ari ryo tegeko rya 4 ryo mu Kuva 20:8-11 ririmo risaba Kweza Umunsi wa 7 ariwo Kiruhuko ari wo Munsi Imana yejeje igaha Umugisha ikimara kurema mu Itangiriro 2:1-4, ari naryo Ubutegetsi buyobowe na Kiriziya Gaturika ku Isiyose bwa Vatikani burwany abwivuye Inyuma ngo Isabato itazabakura ho Icyumweru baklomoye mumigezo ya Gipagani yo mumurage w’ Umwami w’ Abami Consitantino yabahaye kuva mumwaka 321 kugeza mu mwaka wa 340 ubwo ubutegetsi bwa Kiriziya Gaturika bwakuyeho Isabato Yera bukiyimikira Itegeko ryo kweza Umunsi w’ abasenga ga Izuba ikigirwamana cy’ abaromani babapagani kitirirwaga Umwami wabo wacyera witwaga Apolo, bityo Ubutumwa Yesu yategetse Abadiventisite b’ Umunsi wakarindwi bukaba ari ubutumwa bw’ abamarayika batatu, bubuza abatuye Isi kwifatanya na Satani winjiye rwihiswa mubategetsi basinye Paris Agreement irimo gutegeka abaturage bo mubihugu byose byo kwisi gukora kuva kuwa mbere kugeza kuwa Gatandatu, ngo baruhuke ku Cyumweru aricyo cyatangijwe mumugambi wa Satani na Kiriziya Gaturika y’ I Roma kuva mumyaka 321-340 icyo cyumweru kigakwirakwizwa mu isi binyuze muri Kiriziya Gaturika kuva mu myaka ya 538 kugeza ubwo haje Umupapa w’ Umutinganyi w’ Umujezuwiti Papa Francis agatangiza kurwana urugamba kumugaragaro rwo kurandura ISABATO mu batuye Isi bose akoresheje imyigaragambyo yabapadiri baba Jezuwiti n’ ababikira n’ ababndi bamushyigikiye bose kuva  ashize ahagaragara ibaruwa yise Laudato SI ivuga ko Isi irangiye niba ntagikozwe ngo Itegeko ribuzanya kugira igikorwa icyaricyo cyose gikorwa ku Cyumweru ngo gihagarikwe mu rwego rwo kurengera ibidukikije, bityo bizatume ubushyuhe bw’ Isi bugabanuka kurugero bwari buriho mbere y’ Uko hatangizwa inganda zohereza imyuka mibi ya Karubone itobora akayunguruzo karinda abatuye Isi imirasire y’ Izuba kitwa Ozone O3, kangizwa na Caruboni yitwa CO2, bityo kuza atangarije abayoboke be bose ko bigaragambiriza ko Iyo UN itangiza Paris Afreement on Climate Change mumwaka wa 2015 byubakiye kuri Laudato Si ya papa w’ Umutinganyi w’ Umu Jezuwiti yatangaje kuva tariki 24/5/2015 ngo batere abategetsi bose b’ Isi bibumbiye hamwe muri ONU cg UN cg Umuryango w’ Abibumbye, ngo Basinye icyo bise Amasezerano y’ Iparisi yo Kurengera Ibidukikije, ayo niyo masezerano ahishwe mo itegeko ry’ Icyumeru, igihe ubutumwa bwa hawe Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 bubuza abatuye Isi kuruhuka umunsi wazanywe n’ Umuntu ku Isi akoreshejwe n’ Imbaraga z’ Ikiyoka aricyo SATANI ngo Uwomunsi wo muri Laudato SI na Paris Agreement bawuruhuke barengera ibidukikije bakora ku Isabato, ko ibyo ari byo Imana yise kuzaba bakiriye Ikimenyetso cy’ Inyamanswa ari cyo Cyumweru, cy’ Iyo Nyamanswa ya Vuye mumazi yo Mu Ibyahishuwe 13:1-18  izaba yafashijwe na Amerika mubutegetsi bwayo ngo ihatire abatuye isi kurema igishushanyo cy’ ubutegetsi bwa vatikani bw’ Inyamanswa ya Mbere yakomerekejwe na Maritini Luteri 31/10/1517  na Napolewo Bonaparite 1789,ubwo Ubutumwa bwa Marayika wa mbere Abadiventisite b’ Umunsi wa 7 bategetswe  muri Ibyahishuwe 14:1-13 kuburira abatuye isi ko Bagomba kuramya Uwiteka wenyine wabaremye , uwaremye Ijuru n’ Isi kandi ko yategetse kumuramya ku Isabato mu itegeko rya 4 mu Kuva 20:8-11  umunsi wa Karindwi Yejeje agaha umugisha mu Itangiriro 2:1-4, nyamara ko Kiriziya Gaturika yiswe Baburoni muri Ibyahishuwe 18:1-24 yitwara nk’ Umugore  ari we Imana yise Maraya wo mu Ibyahishuwe 17:1-18 wari usinze amaraso y’ Abera abaziza Yesu, Ijambo ry’ Imana no Guhamya Yesu ko Uwo Maraya witwa muri Bibiriya Inyamanswa yavuye mumazi yahawe ubutegetsi n’ Icyiyoka cyatsinzwe kigahuburwa mu Ijuru na Mikayeli n’ Abamarayika Be kikajugunywa hasi ku Isi ko cyahaye Intebe yacyo Kiriziya Gaturika y’ Ivatikani binyuze mu Umwami w’ Abami consitantino mumwaka wa 321-340 nuko Kiriziya Gaturika ikica Abataravugaga rumwe nayo kuba mumyaka ya 538 kugeza ubwo yamburwaga ububasha bwo kurenga nyo no kumena amaraso y’ abahakana inyigisho za Kiriziya Gaturika bose mu mwaka wa 1798 hashize imyaka 1260 yose y’ Uwo Mwijima watumye Mu Ibyahishywe 17:1-8 Kiriziya Gaturika Imana iyerekana ko ari Umugore w’ Umumaraya wasinze amaraso y’ Abera abahora Yesu, abahora Ijambo ry’ Imana , abahora Ijambo ryo Guhamya Yesy ariwo Muwka w’ ubuhanuzi inyandiko za Elina Wayiti nkuko Ibyahishuwe 12:17 na Ibyahishuwe 19:10 Imana yabyandikishije binyuze muntumwa Yohana kukirwa cy’ Ipatimosi, Kiriziya Gaturika ariyo iyobowe n’ Umugore w’ Umumaraya ariwe ugaragazwa mu Ibyahishuwe ko yasambanye cyane akaba afite igikombe cyuzuye mo ibizira by’ Ubusambanyi bwe bwose asambana n’ abami batuye isi bose ubusambanyi bushingiye ku Itegeko ry’ Icyumweru ari nabyo byiswe Inzonga azaba amaze gutereka Abamib bose b’ Isi ubwo Amerika izaba imaze Gusinyira Itegeko ry’ Icyumweru kubahirizwa no Kuruhukwa ho muri Amerika, none ho nk’ Uko mu Ibyahishuwe 17:1-18 Imana yabigaragaje, Uyu Mugore ari we Buyobozi bwa Kiriziya Gaturika bwiswe Baburoni ikomeye ,yubatse ku misozi irindwi y’ I Vatikani, Mu Ibyahishuwe 17:9-14 Imana yerekana ko Ubutegetsi bwa UN burigushyiraho amarejiyo 10 mu isi yose ahagarariwe mucyo bise Guverinoma imwe y’ Iyi Yose igabanije mo ibihugu bibumbiye hamwe muma rejiyo 10, buri Rejiyo igizwe n’ Ibihugu runaka ikaba iyobowe n’ Igiguhu kimwe, ibyo bihugu 10 n’ ababihagarariye bakaba aribo bateranya ubutegetsi bwose bafite bakabuhereza Ubutegetsi bw’ Umumaraya ariwe mutinganyi w’ Umujezuwiti papa Francis ngo abutegeke muri New World Order izamara Amezi 42 gusa yo mu Ibyahishuwe 13:5-9, ubwo ubutegetsi bwe buzasukwaho Umwijima mucyago cya 5 Mu Ibyahishuwe 16:10-16  na Ibyahishuwe 9:1-12 icyo cyago kizamara amezi 5, ubwo butegetsi bwa New World Order bukaba butagomba gukomeza kubaho nk’ Uko Imana yabivuze mu Ibyahishuwe 17:16-17 ko ba bami 10 bamuhaye ubutware bwa New World Order mu Ibyahishuwe 17:9-12 ni bo bagaragajwe ko bazamwivovotera nyuma y’ Icyago cya 5 cizamara amezi atanu kuva 1/3/2024 kugeza 31/7/2024 ubutegetsi buyobowe na papa bukazasukwa ho umwijima igihe buzaba bugeze igihe cyo Gushaka kwica Abadiventisite b’ Umunsi wa 7 bakomeza kuvuguruza itegeko ry’ Icyumweru baratsindishirijwe nk’ uko Imana yabavuze mu Ibyahishuwe 17:14-15 no Mu Ibyahishuwe 12:17 no Mu Ibyahishuwe 14:1-13 umubare wabo uhagarariwe mu buryo bw’ igishushanyo na’ abantu bera ibihumbi 144000 bashinzwe kuvuga ubutumwa bwa Malayika wa 2 n’ uwa  3 bwo mu Ibyahishuwe 14:8, 9-13, icyo gihe kuva New World Order itangiye mucyeragati cy’ Imyaka 7  kuva Itegeko ry’ Icyumweru rishyizweho tariki 7/2/2021 arko gushyiraho ikizira cy’ umurimbuzi bagakurago igitambo gihora ho, hagatangira kuvuga Ubutumwa bwo kuburira abaturage bose bo ku Isi bwo kubabwira ko Babuloni aribwo butegetsi bwa Kiriziya Gaturika bwoheje isi yose kwirundurira mu Itegeko ry’ Icyumweru  iriko Kiriziya Gaturika ikaba yo ubwayo ari uko yari iri gukorerwa mo na SATANI wanga YESU Umwami W’ Isabato muri Luka 6:1-5 ngo binyuze mu kwihimura kukuba Abadiventisite b’ Umunsi wa Karindwi basenya Kiriziya Gaturika batagomba gukomeza kubaho kandi batagomba gukomeza kuvuga ubutumwa bwo Kweza Isabato y’ Umwami Yesu Kristo, ngo Bakore ku Isabato beze Icyumweru, ibyo byose bikaza ba ikibazo gikomeye kizagera mu myaka itatu yose yo kuburira mo abatuye isi ko Kiriziya Gaturika ariyo Torero rya Yobye Babuloni yarundanirije hamwe abantu mu itegeko ry’ Icyumeru bakaba batyo barwanya Umwami Yesu Kristo uwo Abadiventisiti b’ Umunsi wa Karindwi bahamagawe, batoranijwe, Bakiranutse bo Mu Ibyahishuwe 17:14 bazaba bafatanije na Yesu Kristo mu kurwanya Ubutegetsi Bwo Kuyobya abatuye Isi mu Itegeko ry’ Icyumweru babangisha itegeko rya 4 ryo Kweza Isabato, bikaba ikibazo gituma abadiventisite babyiyemeje binyuze mu gutsindishirizwa ku isi yose bazaba baburira abaturage b’ isi kwitandukanya n’ iyo myuka y’ ubuyobe y’ abadayimoni na Satani iri gusunikwa mubaturage binyuze mumbaraga za Gisirikare za leta z’ ibuhugu byose ngo bicishe abantu badashaka kumvira aribyo byiswe kuramya ubupapa ariyo Nyamanswa no kumvira ibihugu byinjijwe mo kumvira ibyo amadini akorana na papa avuze bikabafasha guhiga abarwanya kumugaragararo Satani ukorera muri Papa umutinganyi w’ Umujezuwiti uyobereza abatuye isi kuri Satani mu itegeko ry’ Icyumweru, kuva tariki 7/2/2021 kugeza mu myaka 3 yosse urwo rugamba rwitwa kuvuga ubutumwa bwa Marayika wa 3 mu Ijwirirenga buzavugwa mubutegetsi bwa New World Order bufite intumbero yo kugeza mu mwaka wa 2023 bwaramaze guhindura isi nziza kuruta uko iri ubu ngo binyuze mukwihuriza hamwe ubupapa bwise One Humanity mukurwanya Ihindagurika ry’ Ikirere bashyiraho agahato ko kweza Icyumweru no mukurwanya COVID-19 bashyiraho Urukingo ruri mo umubare 666 muri Mikorocipu bakora indangamuntu itagaragara yitwa ID 2020 ibarurirwa ho umuntu wese uzaba yarafashe urukingo rwa COVID-19 indwara y’ Iguhuha itabaho umuntu niyo atayikingiza ikaba itamwica kuko itabaho n’ abayirwara bose bakaba babwirwa gutaha batahawe n’ ikinini kimwe bakavuga ko bakize gusa iyo ikaba ariyo ndwara itagomba gutera abatuye isi gufata urukingo rurimo umubare Iman yavuze ko uzawufata wese , azarimburwa n’ Umuriro ndetse ko azaba yafashe umubare 666 w’izina ry’ umutinganyi w’ umujezuwiti papa francis uvuga ko ahagarariye Yesu Umwana w’ Imana Ku Isi abikomoye kukuba Intumwa Petero yarasigiwe ubutware yiyitirira ko ari bwo ayoboye kandi Petero we akaba atarusha Yesu Kristo icyubahiro ngo Atinyuke no Kumubeshyera, ayobye abatuye Isi abatandukanya n’ Imana abayobereza mukwanga Itegeko ry’ Imana rya 4 rypo Kweza Isabato abashora mu kuryica ngo beze Itegeko Ry’ Icyumweru ryo kuramya ikigirwamana Apolo cy’ Abaromani gihagarariye SATANi bityo bituma umuntu wese wanga SATANI agakunda YESU by’ Ukuri areka kweza Icyumweru akifatanya n’ abategereje kugaruka kwa Yesu kuva tariki 22/10/1844 kugeza bahawe Isabato n’ Imana mu Iyerekwa yahaye Elina Wayiti kuva tariki 3/4/1847 kugeza ubwo biyemeje guhinduka itorero ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa Karindwi ,ariryo nyuma yo kwinjirirwa moo n’ abapadiri biyoberanyije baba Jezuwiti bagasinya mu izina ry’ abeza isabato ko bihuje n’ ubutegetsi bwa Satani buyobowe n’ ubupapa muri 31/10/2017 basinya A Reforming Catholic Confession, aho niho, Ubuyobozi bwa General Conference y’ itorero ry’ abadiventisiti b’ umunsi wa 7 ku Isi yose yicecekeye bakicecekera nt’ ibamenyeshe abizera bose beza umunsi wa Karindwi ko habayeho kubasinyira mu izina bahawe na Yesu kristo badashobora gutenguha Umwami wabo binyuze mubantu bake gusa bashigikiwe na General Conference y’ abadiventisiti b’ umunsi wa karindwi bagasinya mu izina ry’ Abadiventisiti b’ umunsi wa 7 ku isi yose ko  bahagartse kuburana inyungu za Yesu Kristo zanyujijwe muri Maritini Luteri kuva tariki 31/10/1517 zo kwitandukanya na SATANI umuntu wese akigerera ku Mana binyuze mu Kubabarirwa Ibyaha yakoze binyuze mu Kwizera amaraso ya Yesu Kristo gusa aho kugura Imbabazi z’ Imana binyuze mu indurugesiya za papa w’ I Roma no gusenga abazimu biswe abatagatifu barimo uwitwa Mariya n’abandi nka papa Francis w’ Asisi n’ abandi benshi bahagarariye imisengere ya Kiriziya Gaturika y’ ubuyobe yo gusenga SATANI n’ Abadayimoni, ibyo bifatanirizwe hamwe n’ umuburo watanzwe na Yesu mu Ibyahishuwe 14:8-13 na Ibyahishuwe 18:1-4 ugomba kuvugwa muri ubu butegetsi bwo kweza Icyumweru butesha agaciro Isabato year y’ Imana bwa New World Order mu Ijwi rirenga nyuma yo Gusukirwa Imbaraga yitwa Imvura y’ Itumba kuva Tariki 13/12/2020 ngo bizagere tariki 7/2/2021 ubwo itegeko ry’icyumweru rizasinywa, hazabe hatangiye imyaka itatu yo Kuvuga Ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwi rirenga kugeza tariki 7/2/2024 , nyuma hakabaho kuceceka kw’ igice cy’ Isaha ko mu Ibyahishuwe 8:1 aricyo gihe cyingana n’ iminsi 7 ½ , kuva tariki 8/2/2024  kugeza tariki 14/2/2024, nyuma hakazatangira Ibyago bine byambere bibanza icyago cya mbere’1’ icyago cya kabiri’2’ icyago cya gatatu’3’ n’ icyago cya kane’4’ aribyo byago byambere by’ Imperuka bikurikira iminsi 7 ½  igize guceceka mu Ijuru mu gice cy’ Isaha no Gusozwa k’ Ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu’3’  mu  ijwi rirenga mu Isi nyuma y’ imyaka itatu’3’3 rizaba rimaze riri kuvugwa hatangwa imiburo yo mu Ibyahishuwe 14:1-20 na Ibyahishuwe 17:1-18nno  mu Ibyahishuwe 8:1-24 abeza Isabato batsindishirijwe by’ ukuri batarimo Microchip bavuga kumugaragaro ubuyobe n’ amafuti n’ ibyaha bya papa utegeka Isi yitwaje Izina ray Yesu kandi akoreshwa n’ abadayimoni na Satani mugushyigikira UButinganyi muri gahunda yo gutesha Agaciro gushyingiranwa kw’ abadahuje ibitsina Imana yemera kuva muri Edeni akabihuza no kutubahiriza ISABATO yashyizwe ho mu Iremwa, akabihuza no Gushora abantu bose kukwizera ko Imyuka y’ Abapfuye yumva binyuze mugusenga abazimu bise abatagatifu basenga abadayimoni na SATANI biyita ko basenga YESU Umwamwi w’ ISabato, ubwo buryo bwose buherekejwe no kurangira kp kubwiriza Ubutumwa bwa Marayika wa 3 mu Ijwi rirenga, kuva tariki 7/2/2024 , buzakurikirwa n’ iminsi 7 ½ yo guceceka ngo ikurikirwe no gutangira gusukwa kw’ Ibyago birindwi nyuma y’ Uko Ubwoko bw’ Imana bugizwe n’ abubaha Imana by’ Ukuri bataribaragize amahirwe yo Kubwirizwa iby’ Umucyo no Kudahangarwa kw’ Isabato Year n’ amategeko yose y’ Imana , bazumvira ubutumwa bwa Marayika wa 3 mu Ijwi rirenga bakaba bazaba bamaze kwiyemeza kuyoboka abeza isabato batiyandurishije kuyoboka ibinyoma bya Vatikani n’ Inkingo za COVID-19, bazahongererwa mu Ihongerera riheruka no kukurangiora kw’ Imbabazi z’ Imanana burundu mu batuye Isi bose, no mukurangiza gushyira Ikimenyetso cy’ Imana kubazaba bavuye muri Babuloni aryo madini yose asenga ku cyumweru n’ amadini atizera Iman n’ amadini atizera Yesu Kristo n’ abatagira ukwizera na kumwe, muri abobose , abazaba bakiranye Ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu buvuzwe mu Ijwi rirenga nyuma yitegeko ry’ Icyumweru, bakazaba babwakiranye Umutima uciye bugufi, Yesu Kristo Umutambyi wacu w’ Impuwe n’ Urukundo akazabababarira Ibyaha byose binyuze mu kumwizera no Kwizera amaraso ye no kwakira ko ari Mu Buturo bwera bwo Mu Ijuru kuva tariki 22/10/1844 kandi ko yahaye abatuye isi umucyo wo kweza Isabato nyuma y’ Imyaka myinshi ubupapa buyiciye  mubizera Yesu Kristo bukiyimikira Icyumweru, Yesu Kristo akaba yaragaruye Isabato mu isi abinyujije mu itsinda ryabaporotesitani bari bamutegereje kwazagaruka tariki 22/10/1844 riyobowe na Wiliyamu Mileri, akaba Atari ukugaruka bari babonye mubuhanuzi bwa Daniyeli 8:1-18 na Daniyeli 9:1-27 , ahubwo akaba kwari ukwimuka kwa Yesu Kristo muburyo bwo gukora Imirimo ye akorera mu ijuru , akaba yaravuye ahera ho mu buturo bwera bwo mu ijuru akimukira ahera cyane ho mubuturo bwera bwo mu ijuru kuri iyo tariki 22/10/1844 Ajyanywe yo no gutangira umurimo w’ urubanza , rwatangiriye kubapfuye kuri Aberi Umwana wa Adamu wishwe ahowe kumvira Imana yishwe na Cayini Mukuru we, kugeza kubaantu bose, uwapfuye wese uwizeraga Imana amazina ye akaba yari yanditswe mu gitabo cy’ Ubugingo, uwo yaremejwe ko azabaho by’ Iteka ryose nyuma y’ Umuzuko, naho uwapfuye wese amazina ye atabonetse mu gitabo cy’ Ubugingo mu Ijuru , akaba amazina ye yari yanditswe mu gitabo cy’ Urupfu nawe akazazukira kujya mu muriro kuva tariki 22/10/3024 ubwo abera bazaba bavuye mu Ijuru tugarutse mu isi Nsyha, hakabaho umuzuko wa 2 w’ abanyabyaha Wo mu Ibyahishuwe 20:1-15 Nyuma y’ Imaka Igihumbi izaba ishize tugeze mu Ijuru tariki 22/10/2024 , Satani nawe Abohewe kuri iyi Si wenyine n’ Abadayimoni be , adafite Umuntu numwe azaba ari koshya gucumura k’ Uwiteka Umuremyi we,biturutse ku kuba Yesu ubwo azatunguka ku Bicu tariki 15/10/2024 saa 1h59’ z’ igicuku cy’ Ijoro , umucyo we ukaba uzica abanyabyaha bose n’ abantu bose bazaba bari ku Isi batakiriye ubutumwa bwa Marayika wa 3 bwavugwaga mu Ijwi rirenga kuva tariki 7/2/2021 kugeza tariki 7/2/2024, ibyago by’ imperuka bine byambere bikarinda gusanga Bataracyiriye Imbabazi z’ Imana batrashyizweho Icyimenyetso cy’ Imana aricyo Kweza Isabato no Kwiga ibitabo by’ Umwuka w’ Ubuhanuzi no kwiga Bibiriya Year mu rwego rwo kuyoborwa na Mwuka Wera ngo Umutima usobanukirwe neza n’ Ubugome bwa SATANI buhishwe mu nyigisho za Kiriziya Gaturika no mukweza Icyumweru , no muguffata Umubare w’ Ubupapa 666 uri mu rukingo rwa COVID-19 no mu kumvira Leta ngo Bice Isabato baruhuke icyumeru aricyo cyimenyetso cy’ Inyamanswa , no Kuramya Igishushanyo cy’ Inyamanswa, no Kuba bafata Izina ry’ Inyamanwa 666 rir muri uwo mubare wa Papa w’ I Roma, bityo bikitwa kuramya Inyamanswa kubwo kuyoboka amategeko y’ Icyumweru no kwkira inking za COVID-19 no Kuteza ISabato, abo bose bazitandukanya n’ ibinyoma nk’ Uko Ibyahishuwe 14:9-13, na Ibyahishuwe 18:1-4 habivuga bazagakurikiza iyo Miburo izaba irikubajyeraho bakeza ISABATO bakiga Ibitabo by’ Umwuka w’ Ubuhanuzi byanditswe na Elina Wayiti ba kajyendera Mubuhanzuzi bwa Bibiriya Year , biga neza Igitabo cya Daniyeli, Ibyahishuwe, Ezekiyeli n’ Ibindi byose uko bashobojwe na Mwuka Wera, abo bose bazangwa urunuka maze bahigirwe kurenganyirizwa imyemerere yo kumvira ISABATO bakanga ICYUMWERU n’ URUKINGO rwa COVID-19, bityo ubwo ibyago byimperuka bizaba bitangiye kuva tariki 16/2/2024 , ubutumwa bwa Maraika wa 3 buzaba bumaze imyaka itatu buvugwa mu ijwi rirenga kuva tariki 7/2/2021 kugeza tariki 7/2/2024 , hashira iminsi 7 ½  yo Muri Ibyahishuwe 8:1 kuko Isaha ya gihanuzi ingana n’ Iminsi 15 isanzwe, bivuze ko igice cy’ isaha ari iminsi 7 n’ amasaha 12 aribyo minsi 7 ½ , kuva tariki 8/2/2024 kugeza tariki 15/2/2024, hagatangira icyago cy’ imperuka cya mbere tariki 16/2/2024 mu bice bimwe na bimwe ku Isi ubwo hazaba hatangiye kugwa icyago cya mbere, icyago cya kabiri’2’ n’ icyago cya gatatu’3’ n’ icyago cya kane’4’ ibyo bago byose bizaba bitangiriye umunsi umwe kugwa mu isi ahantu hatandukanye buri cyago uko kigwa ahacyo hadahuje n’ aho icyindi kiri kugwa ku isi bizaba ari ukugirango bidatsema ho abatuye isi kuburyo bungana no kugira ngo aho bahuye n’ icyago cya mbere , batabona icyago cya kabiri, n’ ahaguye icyago cya gatatu , bataba babonye icyambere, cg icyakabiri , cg bataza no kubona icyago cya kane, bityo bityo kugeza tariki ya 1/3/2024 ubwo hazaba harangiye ibyago byambere bine byanditswe mu Ibyahishuwe 8:1-13 na Ibyahishuwe 16:1-7, Ibyo ni byo byago bizabanza kugwa, Bizagwa kubantu bose  kubanze  kwakira umucyo wo kwza ISABATO  bose bazaba bakiriho , Ubwo kandi ni nabwo abatuye Isi bose bazabona ko Abeza ISABATO bose batagezwe ho n’ ibyago bine byambere, kandi ko Imbabazi z’ Imana zarangiye, bityo nabo bataba bakibonye amahirwe bari baranze yo kwakira Imbabazi z’ Imana ngo bashobozwe na bo kwemerwa n’ Imana kuva Umwami Yesu azaba yamaze guhaguruka Kuntebe y’ Imbabazi yahagurutse Ahera Cyane nyuma yo Kurangiza kuvugwa k’ Ubutumwa Bwa Marayika wa 3 mu Ijwirirenga aribwo buzaba bwahesheje ababwakiriye bose gushyirwa ho Icyimenyetso cy’ Imana cyo muri Ezekiyeli 20:12, na Ezekiyeli 20:20-22, no mu Kuva 31:12-18, ibyo bifatwa nko gusuzugura ubutegetsi bwa Leta uweza ISABATO wese by’ Ukuri akazarenganywa azira kuburira abantu kudakurikiza Icyumweru no kuteza Itegeko ry’ Icyumweru, maze , kuva tariki 7/2/2021 kugeza tariki 7/2/2024 hazaba ari igihe cyo gushyira ho icyimenyetso cy’ Imana muruhanga rw’ Abatarigeze bumva Umucyo w’ Abadiventisite b’ Umunsi wa Karindwi ngo Babashe kuwusobanurirwa uko ari Umucyo w’ Ukuri waturutse mu Ijuru ku Mana ubwayo yabahaye Ubutumwa yanyujije muri Elina Wayiti, nabo bakabwemezwa n’ Umwuka Wera w’ Imana wigarageje mu Mvura yitumba yasutswe kubarobanuwe mubandi mubezaga Isabato kuvaUbuyobozi bw’Itorero “General Conference  ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 ku isi yose businyanye na ROMA ko butazongera kugendera mu mahame ya Giporotesitani avuga Kuyoborwa na Bibiriya yonyine no kubwiriza Ukuri Kose kwa Bibiriya Yera uko guteye no gushyira hanze kumugaragaro ibyaha bya Kiriziya Gaturika y’ I Roma no Kuburira Abatuye Isi kutihuza na  ROMA“ibyo bizakururra umwuka w’ akarengane gakomeye , kazakomwa mu nkokora n’ Imana ngo katabangamira Ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwirirenga buzaba buri gushyiraho ikimenyetso cy’ Imana mu ruhanga rw’ abantu bakunda Imana babaga mumadini Atari iry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa Karindwi mbere ya COVID-19 na mbere y’ Itegeko ry’ Icyumweru kuva tariki 7/2/2021 kugeza Tariki 7/2/2024 mu gusohoza ubuhanuzi bw’ abamarayika Bane bafatiye Imiyaga Ine yo mumfuruka enye z’ Isi ku mugezi Ufurate ngo ikimenyetso cy’ Imana cyibanze gishyirwe muruhanga rw’ Imbata z’ Imana Isumba byose nk’ uko biri mu Ibyahishuwe 7:1-17, Nyamara , Ubutegetsi bwa Papa buzashaka gushyiraho igihano cyo Kwica, ngo bice Abantu bashyizwe ho Icyimenyetso cy’ Imana bose banze kuramya ubupapa binyuze mukwemera kweza Icyumweru no gufata urukingo rwa COVID-19 ,nyuma y’ ibyago bine byambere, bizatangira tariki ya 16/2/2024 kugeza tariki ya 29/2/2024 , nibwo Ubutegetsi bwa New World Orde buzabasha gushaka gutangiza igihano cy’ Urupfu kubatabushyigikiye bose, icyo gihe nibwo Icyago cya 5 cyizahita gitangira , kigatera abatuye Isi bose batariho Icyimenyetso cy’ Imana nk’ uko byanditswe mu Ibyahishuwe 9:4 kandi ko icyo cyago cya Gatanu cyasutswe na Marayika wa 5 wo mu Ibyahishuwe 16:10-11 agasuka urwabya rwe kuntebe y’ ubutegetsi bwa New World Order ubutegetsi bwa New World Order bugahura n’ Umwijima ukabije icyo cyago cy’ Umwijima ntikizagera kubashyizwe ho icyimenyetso cy’ Imana, kandi cyikazamara amezi atanu nk’ Uko byanditswe mu Ibyahishuwe 9:5 ariko ntibazapfa ahubwo abo bose bazaba badafite icyimenyetso cy’ Imana mu ruhanga rwabo ariko kuba barejweshejwe amaraso ya Yesu no kwizera no kwakira no kwemera ubutumwa bwa Marayika wa 3 n’ uwa 4 bwavugwaga mu ijwi rirenga, amezi atanu azatangira kuva tariki 1/3/2024 kugeza 31/7/2024 azaba agamije kugirango abanze Icyimenyetso cy’ Imana ISABATO yo mu Itegeko rya 4 mu Kuva 20:8-11 nabo batazaba bemewe n’ Imana nk’ abamwe mubadiventisite b’ umunsi wa 7 banze ubutumwa bwabagenewe bwo gutsindishirizwa n’ Ubuntu kubwo kwizera kuva tariki 31/7/2017 kugeza tariki 22/10/2020 bakaba batarasukiwe Imvura y’ Ituma tariki 13/12/2020 bazaba bari kubabarana n’ abafashe Icyimenyetsoo cy’ Inyamanswa bose mu cyago cya gatanu , babujijwe nacyo kwica Abafite Icyimenyetsoo cy’ Imana. Maze Mucyago cya Gatandatu ‘6’ Mu Ibyahishuwe 16:12-16, no mu Ibyahishuwe 9:13-21  muri iyo minsi y’ Ukwezi kumwe gusa kuva 1-31/8/2024, abamarayika bane bari ku mugezi Ufurate bakaba bazarekura imiyaga ine, mu Ibyahishuwe 9:13-14, nibwo Intambara ya gatatu y’ Isi yose izaba itangiye ubwo abashyigikiye Ubupapa aribo bamwe mubagize ibibihugu byo mu marejiyo 10 yo mu muryango w’ abibumbye yo mu Ibyahishuwe 17:9-13, bahoze bishyize hamwe bagaha ubutware bwabo ubutegetsi bwa Kiriziya Gaturika na Vatikani nbakarenganya Abeza ISABATO bafatanije Urugamba rwo Kuvuga Ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwi rirenga bakanesha  icyumweru cy’ Ubupapa bakakinyaga Imitima y’ Abakunda imana bari barayobejwe n’ Inyigisho ziyobya z’ abishisha b’ ibinyoma basenga ku Cyumweru nk’ uko uko kunesha kwanditse mu Ibyahishuwe 17:14-15, nyuma yo Gutsindwa gukomeye, no kwigaragaza kw’ Imbaraga y’ Imana mu Ibyago byimperuka bitanu byambere, Abo bahaye Inyamanswa ubutware bwabo, bazasobanukirwa bakererewe ko Ubupapa ntaho buhuriye no Kubwiriza Ijambo ry’ Imana , ko Imana yiyiziye ikaba ibakojeje Iso ni Ibatamaje, bityo SATANI utajya agirira impuhwe ikiremwa muntu, unezezwa no kubona amakuba asatira Ikiremwa muntu, azakorera Mumitima y’ abatuye Isi bose badafite icyimenyetso cy’ Imana , abo bose Umwuka w’ Imana azaba yaramaze kubakurwa ho kuva tariki 7/2/2024 , bazasigara bameze nk’ Abasazi, bashaka buri wese kwica no kunyaga no gukora imirimo y’ abadayimoni yose, nibwo abayobozi b’ ibihugu bimwe byo muburasira zuba bafatanyije nabandi bo mu marejiyo 10 yo mu Ibyahishuwe 17:9-13  muri guverinoma imwe y’ isi yose y’ Umuryango w’ abibumbye mu bafashije  kubuza amahoro n’ amahwemo no kurenganya no kwica abeza ISABATO Mu Ibyahishuwe 17:14-15 ,ari nabo bazaba baribarahaye ubutware bwabo ubutegetsi bw’ umutinganyi w’ Umujezuwiti w’ I Roma papa Francis bazamutera bakamuswanyaguriza Mu Ibyahishuwe 17:16-18  ubutegetsi bwe bwa  New World Order bwatangijwe kucyinyoma cya COVID-19 na Climate Change bazamutera bamurwanye bamufatanije n’ abazaba bamunambye ho mu Ibyahishuwe 16:12-16 mu cyago cya Gatandatu mu ntambara yiswe Haremagidoni ari nako bakomeza gushaka kwica Abeza ISABATO bafite Icyimenyetso cy’ Imana muruhanga rwabo bose, Icyo Gihe K’ Ubwu ko hazaba ari mu ntambara isi yose izaba iri muntambara z’ amasasu ibihugu bizaba birwana bimara abaturage babyo kurugamba no mugushaka kwica Abeza ISABATO byatangiye ku Itariki 1/3/2024 hatangiye Umubabaro wa Yakobo wo mu Intambara Ikomeye icyigisho cya 39”IGIHE CY’ AMAKUBA” hazahita hakurikira ho amezi atanu y’ icyago cya gatanu arangira ku iherezo ry’ amezi 42 yo mu Ibyahishuwe 13:5 no muri Daniyeli 12:7 angana n’ Iminsi 1260 angana n’ Igihe, Ibihe, n’ Igice cy’ Igihe, Nyuma Icyago cya Gatandatu cy’ Intambara ya Haremagidoni cyimare Ukwezi Kumwe ko Mu Ibyahishuwe 9:15 kuva tariki 1-31/8/2024 , muri ,uko kwezi kumwe, kuzarangira ku iherezo ry’ Iminsi 1290 yo muri Daniyeli 12:11 ibarwa uhereye igihe ubutegetsi bwa New World Order butangiriza Itegeko ry’ Icyumweru tariki 7/2/2021, maze ku itariki 31/8/2024 hakaba hashize iyo minsi 1290 ihuye no gusohora k’ ubuhanuzi bwa Daniyeli 12:11, Mu cyago giheruka cya 7, aricyo cyago Yesu Kristo agarukira mo cyo mu Ibyahishuwe 11:15-19 Kirangira habanje kubaho Imirabyo n’ amajwi no guhinda kw’ inkuba, n’ igishyitsi n’ urubura rwinshi nyuma y’ Uko Imana ifunguriye abatuye Isi kureba Murusengero rwa yo rwo mu ijuru uko ISANDUKU year irimo Amatekejo 10 Yera ayo yahereye Mose ku Musozi wa Sinayi, arimo itegeko barwanije bivuye inyuma ,Itegeko rya 4 ryo Kweza ISABATO ,Kuruhuka Umunsi wa Karindwi, Icyo nicyo cyago Umwami Yesu azaziramo, Umwana w’ Umuntu, Umwana w’ Intama w’ Imana, Umwami w’ Isabato, Umuyobozi w’ Abadiventisite b’ Umunsi wa Karingwi batsindishirijwe batereranywe na Pasitoro Ted Wilisoni wasinyiye Papa kwihuza na we kandi akorera SATANI kumugaragaro akemeza ko abantu Bahuje Ibitsina bakora Ubutinganyi kandi Umwami Yosiya Yarahagurukijwe no Kwica abahanuzi ba Bali no gusenyera Ibigirwamana byose byari muri Isirayeli agasenyera ibicaniro bya Ashera na Baali , agasenya n’ Inzu Z’ Abatinganyi nka Papa Francis zari ziri ahitiriwe Inzu y’ Yuwiteka nk’ Uko yicara muri Catedarari yitiriwe Izina ry’ Imana kandi akabeshya ko Akorera mo Imana nyamara ashyigikiye Ubutinganyi, akorera SATANI kumugaragaro, mugihe Umwami Yosiya we yashatse gukura Ibizira byokojwe muri Isirayeli na Yorobowamu agasenya Inzu z’ abatinganyi bose akabamenesha agakura SATANI n’ IBizira by’ Abatinganyi muri Isirayeli muri  2 Abami 23:7, 2 Abami 23:1-37, 1Abami13:2, 1Abami 13:1-34, Imana yanga Ubutinganyi kuko ari Igikorwa Cya SATANI, none Papa Umutinganyi w’ Umujezuwite yemeje ko Ubutinganyi bushyigikirwa na Pasitoro Ted Wilisoni atuma kandi abererekera, aha u rwaho abanzi b’ Ubutumwa bwiza bagizwe abapasitoro bakomeye mu Idini ry’ abeza Isabato ngo bajyane Izina riziranenge Yesu Kristo yahaye abamutegereje ntibarambirwa kuva tariki 22/10/1844 ngo bitwe Abadiventisiti b’ umunsi wa 7, abo bapasitoro batakomwe munkokora na Ted Wilisoni bashohoje imigambi mibisha yo Gutesha izina ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 agaciro bajya mumanama yokuzihuza na Vataikani ya Ekumenizime  kuva muri 2016 kugeza 31/10/2017 basinyana na Vatikani ubwiyunge muri A Reforming Catholic Confession,Pasitoro Ted Wilisoni arinumira aricecekera ntiyashoza urugamba ngo abimenyeshe byibuze n’ abizera bose ahubwo akomeza uburyarya bwa Kijezuwite yakomoye kuri Se wahoze nawe ayoboye General Conference y’ abadiventisiti b’ Umunsi wa karindwi ku Isi yose, bityo kuva tariki 31/10/2017 Yesu Kristo yarihagurukiye akiri ku Ntebe y’ Imbabazi mu Ijuru, atangiza Ubutumwa bwo gutegura abayatsindishirije bose bavuye mu beza Isabato kuva tariki 31/10/2017 kugeza tariki 22/10/2020 abo azasukira Imvura y’ Itumba kuMunsi wa 3 muminsi ikomeye Mikuru 3 mu mwaka ariyo Pasika, Umunsi Mukuru wo Guterana Kwera ari wo Munsi w’ Umuganura w’ Ihundo ry’ impeke ryanyuzwaga imberere y’ igicaniro cy’ Imana ngo Umuganura w’ ibyasaruwe ube uhawe Imana ukaba ari umunsi wa Kabiri Ukurikira umunsi wa wa mbere mukuru Pasika  wahariwe Ifunguro Ry’ Umwami ubu rifatwa mubihe byose bishoboka bigashushanya iyo Pasika yabaga ari ku Munsi wa mbere w’ Iminsi mikuru y’ Imitsima itasembuwe nk’ Uko byanditswe mu Gitabo cy’ Abakurambere n’ Abahanuzi, igice cya 52 , aho ku itariki 22/10/2020 wabaye Umunsi wa mbere ugereranya Pasika, ukagereranya n’ Umunsi wambere w’ Imitsima itasembuwe , ukana shushanya Umunsi mukuru w’ Ihongerero wishwe Umunsi mukuru wo guterana kwera bigatuma ugira ubusobanuro nk’ ubwa Pasika muri iki gihe na none ukaba ari igishushanyo cy umunsi mukuru w’ Ingando; Hagakurikira ho Umunsi wa 2 uwu kurikira ariwo wabaye tariki 23/10/2020 , uwo munsi mukuru wari igihe cyo kwishima, Uyu munsi wok u itariki 23/10/2020 wabaye ho ku munsi wa Kabiri  uturutse Tariki 22/10/2020 ugashushanya umunsi wabagaho nyuma y’ umunsi ukomeye w’ Impongano, abahongerewe twese nk’ Uko byagendaga mugihe cy’ abisirayeli, babaga bamaze kwizezwa yuko ibicumuro byabo bitazongera kwibukwa ukundi. Ubwo kandi babaga bakiranutse  n’ Imana, imirimo yo gusarura mubeza Isabato irangiye n’ imihati yo gukorera mu matsinda yo kwihanisha abeza Isabato ngo batsindishirizwe mbere yo gushyirwaho kw’ itegeko ry’ icyumweru nayo irangiye, n’ imihati y’ umwaka mushya wanyuma y’ itegeko ry’ Icyumweru kuva tariki 7/2/2021 mu kuburira abatuye Isi mu butumwa bwa Marayika wa 3 mu Ijwirire rirenga itaratangira, abeza Isabato by’ Ukuri batsindishirijwe bose kuva tariki ya 22/10/10/2020 kugeza kumunsi wa kabiri ariwo Yesu yabamurikiye ho Data Wa Twese nk’ Ihundo ry’ Impeke Umutambyi Mukuru yabaga agomba kunyuza Imbere y’ igicaniro cy’ Imana, abobose bahagarariwe n’ umubare 144000 bamurikiwe Imbere y’ Uwiteka mu buturo bwera bwo mu ijuru  ku itariki 23/10/2020 , nk’ uko Umutambyi mukuri yabikoraga hano ku Isi mu buturo bwere bwo ku Isi ngo babe batanzwe nk’ Umuganura ku Mana ugizwe n’ abantu bejejwe ho Ibyaha byabo bagatsindishirizwa na Yesu Kristo uko bahagarariwe mugishushanyo cy’ umubare w’ abera b’ Uwiteka ibihumbi 144000 mu Ibyahishuwe 12:17, mu Ibyahishuwe 14:1-5, na Ibyahishuwe 7:4, no mu Ibyahishuwe 14:12-13, No mu Ibyahishuwe 17:14 no Mu Ibyahishuwe 15:1-4 no mu Ibyahishuwe 19:1-16,no mu Ibyahishuwe 20:4-5, abo nibo biteguriwe Gusukirwa Imvura y’ Itumba nyuma y’ Iminsi 50 yanditse mu gitabo Abakurambere n’ Abahanuzi igice cya 52 n’ ubundi ngo: “Nyuma y’ Iminsi mirongo Itanu umunsi wa kabiri tariki 23/10/2020 Umuhango wa Yesu Kristo yakoze kuri iyo Tariki wo Kumurikira Utwitak Imana Data Wa Twese Abantu batsindishirijwe bose uko bahagarariwe mumibare n’ igishushanyo cy’ abantu umubare ibihumbi 144000 aribo Yesu Kristo yatoranyije  ngo bazakomeze bakorane nawe nyuma y’ uko Ted Wilisoni ashyikirije Satani Izina ry’ Abadiventisiti b’Umunsi wakarindwi kuva tariki 31/10/2017 nyamara Yesu ahitamo kwihagurukira ngo atoranye muri iyo Lawodokiya yose abeza Isabato nyakuri mu Badiventisite b’ Umunsi wa 7 abatoranyiriza mu matsinda atandukanye bose ageza tariki ya 22/10/2020 abahongerera Ibyaha arabategura nk’ Umusaruro uvuye mumirimo ye yakozwe kuva tariki 31/10/2017 kugeza tariki 15/10/2020 na tariki 22/10/2020 bakurwa mubadiventisite b’ umunsi wa 7 bose ku isi yose nyuma y’ uko itariki 22/10/2020 umunsi w’ impongano no guhongerera urangiye abantu ibibumbi 144000 bamurikirwa Data Wa Twese ku Itariki y’ Umunsi mukuru wa Kabiri wakurikiye ho tariki 23/10/2020 Uwo uba Umuganura wo mu Ibyahishuwe 14:4kuko batsindishirijwe bakuwe mu Beza Isabato ntibigeze beza Itegeko ry’ Icyumweru kubushake birengajije Itegeko ry’ Isabato niyo mpamvu bavugwa ko Mukanwa kabo hatabonetsemo ibinyoma, kubwo kwizera ubutumwa bwo gutsindishirizwa binyuze mu: Kwizinukwa, Kwihana no Kwatura no Kwezwa ukobukeye n; uko bw’ ije no kubwiriza mu izina rya Yesu basenga ubudasiba twahawe Gukiranuka kwa Yesu Kristo Ubwe mu Ibyahishuwe 18:1duhabwa ubwiza Bwe turi mu matsinda ayo Ubuyobozi bwa Ted Wilisoni bwarwanyije rukabura gica mbere y’ uko afatanije n’ isi mugutangaza gufunga insengero zose no gukangurira abayoboke be bose kuzafata inking za COVID-19 ngo bazabone kwemererwa gusubira kozanya ibirenge bafate Ifunguro ryitirirwa Ifunguro ry’ Umwami ngo babone uko bakomeza kumuha ibyacumi no gutura amaturo no kubwiririza kumpimbi zo munsengero nyuma y’ itegeko ry’ icyumweru mugihe Umwuka w’ Imana azaba yamaze kubivumburira kuva tariki 22/10/2020 batasukiwe imvura y’ Itumba nyuma y’ Iminsi 50  ku munsi wa Pentekote tariki 13/12/2020, umunsi ubarwa uhereye ku Munsi mukuru wambere wa Pasika n’ Ihongerero tariki 22/10/2020 ukurikirwa n’ Umunsi  mukuru wa Kabiri tariki 23/10/2020 wo Kumurika Umuganura nk’ ihundo ry’ impeke ryanyuzwaga imbere y’ igicaniro cy’ Imana kuri uwo munsi wa 2 ariwo wabaye tariki 23/10/2020 Uwo Yesu Kristo Umutambyi Mukuru wacu mubuturo bwera bwo mu Ijuru yamurikiye ho Uwiteka Imana Data Wa Twese amurika abo bantu 144000 bagize umubare w’ abatoranyirijwe kuzasukirwa Imvura y’ Itumba  nk’ Umuganura wo mu Ibyahishuwe 7:5 w’ abashyizweho Icyimenyetso cy’ Imana kuva tariki 31/10/2017 kugeza tariki 15/10/2020 na tariki 22/10/2020 ari bo Muganura wo mu Ibyahishuwe 14:1-4 aribo bantu 144000 batabasha kongera kuyokoka imyumvire y’ ubuyobe izanwa na Ted Wilisoni rwihishwa yo kumvira Leta ya New World Order yo kwemera Inkingo za COVID-19 no kwihuriza hamwe n’ abaramya Inyamanswa muri Gahunda za One Humanity  zashyizwe mu itorero n’ intumwa ya SATANI na Pasitoro Ted Wilisoni ariyo  Pasitoro Ganuni Diyope  umaze gutumwa mumanama atabarika ahagarariye Pasitoro Ted Wilisoni na SATANI basinya mu Izina ry’ Itorero Yesu Kristo y’ itangirije muri gahunda y’ abamutegereje ntibarambirwa kuva tariki 22/10/1844 kugeza Yesu Kristo abaye umucyo w’ ISABATO tariki ya 3/4/1847 ubwo itorero ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa Karindwi ryari rivutse ngo rirwanirire Ukuri rihoshe riteshe ibinyoma bya SATANI anyuza muri Kiriziya Gaturika ubu Pasitoro Ted Wilisoni yohereza mo Pasitoro Ganuni Diyope kumuhagararira mu izina ry’ Abadiventisiti b’ umunsi wakarindwi batatsindishirijwe bose ku isi yose ngo abahagararire  mumanama yo kwitandukanya burundu n’ Umwami w’ Isabato Yesu Kristo no kwihuriza hamwe na SATANI bamusinyira munyandiko bagirana na Papa w’ Umutinganyi, Mugihe Yesu we abuza Abadiventisite b’ Umunsi wa Karindwi bose kwihuza na Papa w’ I Roma mu Ibyahishuwe 14:9-12, Niyo Mpamvu Yesu Kristo yarangije guhongerera abantu ibihumbi 144000 tariki ya 22/10/2020 , kumunsi mukuru ukurikiyeho 23/10/2020 akamurikira Uwiteka Imana Data Wa Twese uwo Muganura w’ abo yatsindishirije akabahongerera klu Munsi w’ Impongano tariki 22/10/2020, no nyuma y’ Itariki 32/10/2020 hashize iminsi mirongo itanu’50’ ku itariki 13/12/2020 ubwo izaba ari itariki ya Pentekoti nk’ Umunsi wagatatu mu minsi mikuru yose yo mu mwaka wa 2020 ukana ba ariwo uzaba ari umunsi mukuru wanyuma muri uyu mwaka wa 2020 nk’ uko Iminsi mikuru yo mu Gice cya 52 cyo mugitabo Abakurambere n’ Abahanuzi ubivuga ho, ninabwo kuri Patekote tariki 13/12/2020  Uwiteka  Imana Data Wa Twese nawe AzaDusukira Imvura y’ Itumba yo muri Yoweli 2:23 na Yoweli 4:1-2, No Muri Amosi 4:6-7, mugihe twiga iby’ iminsi mikuru itatu ya buri mwaka , uko twayihuza n’ ibihe turimo muri uyu mwaka wa 2020 kugeza ku itegeko ry’ icyumweru ritangiza Isarura muri Baburoni , Imvura y’ Itumba iba imaze amezi 3 isutswe , kuva tariki 13/12/2020 , aribwo haba hashize iminsi 50 umunsi wo kumurikira Uwiteka Umuganura wo muri Ibyahishuwe 14:4 urangiye tariki 23/10/2020, ukurikiye Umunsi mukuru w’ Impongano wabaye ushushanya Pasika ari yo Kubambwa kwa Yesu Kristo nk’ Ikivume ku Mana( Gutegeka kwa Kabiri 21:22-23, Matayo 27:1-66 Yesu Kristo yabambwe n’ Abayahudi n’ Abaromani bamwita Ikivume nk’ Uko tariki 15/10/2020 kuri CNN bise Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 Ibivume n’ abagizi banabi bakurura amacakubiri n’ ubibi bitandukanye mu isi babita ko bari mu ri gurupe ya QAnon, ababambye Yesu Kristo kugiti bamwishe nk’ uwakoze icyaha Isabato itaratangira baramushyinguye, umuhango wabo wavugaga ko uwakoze icyaha cyimwicisha akamanikwa kugiti, barara bamushyinguye, ngo kuko ari ikivume ku Mana, niko Ubwo Umwami wacu Yesu Kristo bamwicaga bamubamye ku Musaraba umubiri we n’ Amaraso ye yari yamaze kuyaduha nka Pasika , mu Ifunguro ry’ Umwami wacu muri Matayo 26:26-30 nk’ igishushanyo iyo yabaye Umunsi wa Pasika  kubejejwe ari wo wabaye ku itariki 22/10/2024, Nyuma y’ Iminsi mirongo 50 Umuganura umaze gutangwa ho igitambo , mu gihe cy’ Abisirayeli, hakurikiragaho Pentekote, Umunsi mukuru w’ Isarura. Imitsima ibiri yotsanyijwe n’ umusemburo yaturwaga Imana berekana Ishimwe ry’ umusaruro w’ impeka Pentekote yabaga umunsi umwe gusa. Uwo munsi uzaba tariki 13/12/2020 uzaba uwa Pentekote ariwo wo gusukirwa Imvura y’ Ituma yasezeranijwe Itsinda ry’ Abategereje mu Iyerkwa rya Mbere rya Elina Wayiti aho avuga mu Inyandiko z’ Ibanze ati: “Bidatinze twumva ijwi ry’ Imana rimeze nk’ amazi menshi asuma (Ibyahishuwe 14:1-5,1Petero 2:1-10, Yosuwa 21:1-45, Twubatswe nk’ Inzu y’ Uwiteka Salomo yubatse mu myaka 7 ngo ibyanditswe bisohore kuva 22/10/2017 kugeza 22/10/2024 , 1Abami 6:1-38, Kuva 25:1-22, Uwiteka nk’ Uko yavugishaga Ururimi n’ Intoki za Mose n’ Ibikorwa bya Mose, niko yakoraga Imirimo ye akanavugira mu Mwana We Yesu Kristo akiri ku Isi muri yavuze kandi ko icyo tuzasaba cyose mu Izina rya Yesu azagikorera kugirango Datwa Wa Twese yubahirizwe mu Mwana We muri Yohana 14:1-31 ni ko Nanjye nasabye Data Wa Twesse kunyuzamo Umunsi n’ Isaha byo Kugaruka kwa Yesu kuva tariki 22/10/2029 muminsi 40 yo gusenga niyirije ubusa, Uwiteka asohoza isezerano muburyo bukomeye bwo Kohereza Malayika we kunsobanurira Igice cya Daniyeli 9:27 ko Gitangira tariki 31/10/2017 kikazageza tariki 31/10/2024 kandi ko gihurizwa na Daniyeli 12:7-13 mu minsi 1260 yo muri Ibyahishuwe 13:5 yitwa amezi 42 na Daniyeli 12:7 yitwa Igihe Ibihe n’ Igice cy’ Igihe , kandi go kuyibara hitabazwa Matayo 24:15-22 ahagaragaza ko Ikizira cy’ Umurimbuzi ariryo Tegeko ry’ Icyumweru  cyizashyirirwa ho Gusimbura Igitambo gihoraho ari Yo Sabato bikazahesha Abeza Isabato Amahirwe yo Kwibarira Ubwabo Iyo Minsi 1260 ingana n’ amezi 42 ingana n’ Igihe Ibihe n’ Igice cy’ Igihe bibarwa haturutse igihe Ikizira cy’ Umurimbuzi cy’ Izashyirirwaho bagakuraho igitambo gihoraho uko byanditswe muri Daniyeli 12:11, ahongaho niho honyine kubara bituruka, kandi kumenya igihe Itegeko ry’ Icyumweru rizashyirirwa ho ubimenyera kuri Daniyeli 9:27, kuko Icyumweru cyimwe kigera hagati uhereye tariki 31/10/2017 ni nyuma y’ Imyaka 3 ½  bigera tariki 7/2/2021, bicyo wabara igihe ubutegetsi bwa bashyizeho itegeko ry’ Icyumweru  buzarangirira ufashe Ibyahishuwe 13:5 ni Amezi 42 New World Order izamara ikavanwaho n’ Ibyago bibiri Icyago cya 5 kuva tariki 1/3/2024 kugeza tariki 31/7/2024 hazaba hashize iminsi 1260 ingana n’amezi 42 ikangana n’ Igihe n’ Ibihe n’ Igice cy’ Igihe, byo Muri Daniyeli 12:7 birangirana nicyago cya Gatanu ,cyimara amezi 5, hagakurikira ho Haremagidoni y’ Icyagatandatu kimara ukwezi kumwe kuva tariki 1-31/8/2024 kukarangirana n’ Iminsi 1290 ariyo yanditse muri Daniyeli 12:11 , Hanyuma Yesy Akagaruka Mucyago cya 7 gitangira Tariki ya 1/9/2024 kugeza Tariki 15/10/2024 saa 1:59’ a.m mugicuku igihe Yesu azaba agarutse kubicu maze tukazamuka tumusanganira , tugakora Urugendo hamwe n’ abazutse mu muzuko wa Mbere bose mu Ibyahishuwe 20:4-5 tukazamuka tukagera Kumarembo y’ Ijuru , aho Yesu azaduhereza Amakamba n’ Inanga byacu, n’aho uwo munsi ukazaba ari umunsi udasanzwe hashize Iminsi 7 tuzamuka mu kirere ku itariki 22/10/2024 ,Daniyeli akaza ahagaze mu Mugabane We Nyuma y’ Iminsi 1335 yo muri Daniyeli 12:12-13, Ibyo bikerekana ko Tuzamara Imyaka 1000 mu Ijuru tukabona kugaruka ku Isi muri Yerusalemu Nshya tariki 22/10/3024. Igihe Uwiteka yansohorezaga ho isezerano rye, ryo muri Yohana 16:12-16 ni bwo Yampaye amahirwe yo gukoresha Imibare nize mu ishuri ngo mbone ko ubwo mbonye ibyemeza ko Itariki yo Kugaruka kwa Yesu nabonye ari tariki 15/10/2024 saa 1h59’ binyuze muri Bibiriya Gusa, Noneho Yampaye no kumenya umubare udasanzwe 1177, uwo wabonetse mukwibaza niba kuva muri 0 Ubwo abantu batangiraga kubara imyaka ya Nyuma y’ Ivuka rya Yesu , kugeza igihe Ted Wilisoni abererekera abajezuwite bagasinya mu Izina ry’ Itorero ry’ Abadiventisiti basinya a Reforming Catholic Confession tariki 31/10/2017 ngo barangize ubuporotesitanti mumaso ya SATANI uri mu Mutinganyi Papa Francis bashake kwibwira ko Yesu Kristo atazabona abera mu itorero ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa Karindwi bitandukanya na SATANI burundu kuva tariki 31/10/2017 ngo bageze tariki 15/10/2020 biteguye Gukomeza Urugamba rwo Gusenyera SATANI ibiruri by’ Ibinyoma yamamariza mumigambi yubugome ya Vatikani mu Mutinganyi w’ Umujezuwite Papa Francis , abo basigaye bashyiriwe ho Icyimenyetso cy’ Imana kuva tariki 31/10/2017 kubwo kunihira Ibizira bikorerwa muri General Conference y’ Abadiventisiti ku rwego urwo arirwo rwose haba mu rwego rw’ isi no mumatorero baciye ibitabo by’ Umwuka w’ Ubuhanuzi kuruhimbi, birukanye mumirimo ababwiririza mu matsinda, birukanye ababwiriza butumwa badaca kuruhande ibyaha by’ aleta n’ ibyakiriziya Gaturika n’ Ibyabandi batubaha Itegeko rya 4 ry’ Isabato bose , nyamara ibyo bakoze n’ ibyo abashyizwe ho ikimenyetso cy’ Imana basabaga kuba barashyize kukarubanda bakavuga ubuyobe bwaje mu itorero ngo baburire abagihanze amaso kubuyobozi bw’ itorero ry’ Abadiventisiti b’ umunsi wa 7 ko bazayoba bakabashyikiriza SATANI nk’ uko byanditswe muri Ezekiyeli 8:1-18 no  muri Ezekiyeli9:1-11, ababashije kwitandukanya ubuyobe bwa General Conference y’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa karindwi bakigira mumatsinda bahambiriwe nk’ Imiba binyuze muri Marayika wa Gatatu , imiba myiza yo guhunikwa mubigega byo mu ijuru aribo ibihumbi 144000 kuva tariki 15/10/2020 bari biteguye baba babizi cg batabizi Yesu We yarabafite nk’ uko abana naburi wese mu mutima we muri bo kurwego rw’ ubumenyi buri wese amuziho mubatsindishirijwe , Nibo bari bateguye nib o bantu 144000 barobanuwe mubeza Isabato kuva tariki 31/10/2017 , Yesu yarabemeye  ku munsi w’ Impongano tariki 22/10/20202 kandi yari yiteguye kubereka Uwiteka Data Wa Twese binyuze muri Yesu Kristo Umutambyi wacu Mukuru ku itariki 23/10/2020ngo nyuma Yo Kumurika Umuganura w’ abeza Isabato batsindishirijwe ibihumbi 144000 bo mu Ibyahishuwe 14:1-4 ku  itariki 23/10/2020 kugeza itariki 13/12/2020  ari wo munsi wa Pentekote Uwiteka azadusukira Umwuka Wera mu Imvura y’ Itumba. Uhereye kumwaka wa 0 kugeza kumwaka wa 31/10/2017 ,  Ubutegesti bwakoreye SATANI bwahagaritse Ubuporotesitani kuko budakunda Ukuri budaha agaciro Ijambo ry’ Imana butita kumurimo Yesu Kristo ubu ari Gukorera Mubuturo Bwera bwo Mu Ijuru, bashingiye gusa ku kurwanya Ubutumwa bwa Maritini Luteri bwatangijwe kuva tariki 31/10/1517 , Iyo myaka 500 yonyine yarishize Ubupagani bwiyemeza Gutambamira Ivuga Butumwa ry’ Ukuri rya tangijwe ma Maritini Luteri, ni muburyo bumwe n’ ubwo ubupagani bwakoresheje mu mwaka wa 340 ubwo uwiyitaga Bishop w’ I Roma yafataga Ubutegetsi bw’ Umuhungu mukuru wapfuye yari Umwami w’ Abami kungoma y’ Ubwami bw’ Abaromani witwaga Consitantine wa II wari warasimbuye Se Consitantine Mukuru yiciwe Mu butariyani yicwa na Murumuna we, kuva uwo Consitantine wa II yapfa mu mwaka wa 340 , nibwo Bishop wari Umuyobozi wa Kiriziya Gaturika y’ I Roma mu Bwami bwa Consitantine Mukuru na Consitantine wa II yafashe ubutware bwa Gisirikare ngo arengere inyungu z’ Ubwami bw’ Abaromani , kuva icyo gihe yiyise Pontifex Maximus abifatanya na titire ya Boshop of Rome, bibyara byombi izina rya papa , ari ryo Pontif of Rome , ritanga umubare 666, rero uwo niwe wahagaritse ibwiriza Butumwa rishingiye ku kweza ISABATO mu bwami bw’ Abaromani bwa cyera kuva mu mwaka wa 340 , yarakomeje binyuze muruhererekane rw’ abasimburanye kuri ubwo butegetsi bwa Vatikani  kugeza mu mwaka wa 538 ubwo Umwami w’ Abami wari Usigaye afite Ububasha bwo Gutegeka mu rwego rw’ Ubwami bw’ Abaromani yahaye Ububasha Pontif of Rome witwa Papa kuba Umukuru wa Kiriziya Gaturika mu Isi yose, kandi afite n’ Ububasha bwo kwicisha abatizera kimwe n’ Inyigisho za Kiriziya Gaturika y’ I Roma, uko bagendaga basimburana bagejeje mu mwaka wa 31/10/2017 bongera Gutambamira Ubutumwa bwiza Bwari bumaze Imyaka 500 bubwirizwa ku Isi yose mu Izina ry’ Ubuporotesitanti bwatangijwe na Maritini Luteri tariki 31/10/1517, aho rero imyaka 340 ishize kuva Yesu Avutse kuri iyi Si, ni yo myaka Ubutumwa bwiza butabanga miwe n’ ubutegetsi bwa SATANI buri muruhererekane rw’ Abategetsi baba Papa b’ I Roma, ukongeraho imyaka 500 ubutumwa bwa Giporotesitanti bwari bumaze kugeza tariki 31/10/2017, iyo myaka yose ni 840. Iyo ushatse kumenya imyaka Y’ Ubutumwa bwiza mubwisanzure bwa bwoUmwanzi SATANI akoreye muri Kiriziya Gaturika y’ I Vatikani yagiye itambamira, ubona ko 2017-840=1177 , iyo myaka 1177 yashize igaragaza uko ubutumwa bwiza bwavugwaga bubangamiwe kandi ntibwahagaze, muri iyo myaka, kuva mu mwaka wa 340 kugeza mu mwaka wa 1517, Ubwo Havukaga Ubutumwa bwagaruye ubwigenge bwo kuvugira Kirsto Yesu ku mugaragaro Atari mu Bwihisho, Nyamara iyo Myaka 1177 yo kurwana ubutumwa bwiza ihuza nanone igihe Isabato yerekewe abatuye Isi muri iyi Si kuva tariki 3/4/1847 n’ igihe Isabato tuzongera Kuyereza hano ku Isi mu Isi Nshya nk’ Uko byanditswe muri Yesaya 66: 23-24, kuva 1847+1177=3024, Bivuze ko kuva mumwaka wa 3024-1000=2024, iyo myaka 1000 niyo yo Satani aba aboshywe na twe turi mu ijuru imyaka 1000 niyo tuzamara mu ijuru , kuva tariki 22/10/2024, mugihe Yesu azagaruka tariki 15/10/2020 saa 1h59’ a.m, ibi rero bigasohoza isezerano ryahawe Elina Wayiti mu Iyerekwa rye rya Mbere ko Imana izabwira abera bayo 144000 umunsi n’isaha byo kugaruka kwa Yesu Kristo) maze iryo jwi ritubwira umunsi n’ isaha Yesu azagarukiraho(15/10/2024 saa 1h59’ a.m Yosuwa 20:2, Yosuwa 22:9, Yosuwa 21:45, Yosuwa 14:2-3, Yosuwa 13:14). Abera bari bakiriho bagera kubihumbi 144 bamenya kandi basobanukirwa n’ iryo jwi, mu gihe abanyabibi bo bibwiye yuka ari uguhinda kw’ inkuba n’ Igishyitsi cy’isi. Ubwo Imana yavugaga iby’ igihe cyo kugaruka kwa Yesu yadusutseho Umwuka Wera (Tariki 13/12/2020 ni itariki ya nyuma y’ iminsi 50 uhereye tariki ya 23/10/2020 y’ Umunsi wa kabiri wo kumurikira Uwiteka Data wa Twese Umuganura w’ abera 144000 ukurikira Umunsi w’ Impongano tariki 22/10/2020 wo Guhongerera ibyaha by’ Abera 144000 babanye na Yesu Kuva tariki 15/10/2020).Yesu Kristo azaza mu cyago cya 7 cyo mu Ibyahishuwe 16:17-21,] muri mu ngando, Abisirayeli ba kavukire bose babe mu ngando, 43kugira ngo ab’ ibihe byanyu byose bamenye yuko nabesheje Abisirayeli mu ngando ubwo nabakuraga mu gihugu cya Egiputa[Iy’ isi yacu niyo igereranywa na Egiputa muri iyi minsi ya none-Ibyahishuwe 11:8 ,ari yo nitumara kuvanwa hano ku isi ubwo yesu azaba agarutse saa 1h59’ tariki ya 15/10/2024 tugeze mu ijuru tariki ya 22/10/2024 tuzabe tumaze iminsi 7 mu ngando twishimiye imbere ya Yesu Kristo Umwami wacu twishimye cyane mbere yo kugera ku rurembo rwo mu ijuru tuzazamuka iminsi 7].Ndi Uwiteka Imana yanyu.” 44Mose [Uyu Mwanditsi uri kwandika icyi gitabo ubu ahagarariye Mose muri iyi nyandiko usoma hano] abwira Abisirayeli iminsi mikuru y’ Uwiteka iyo ari yo.}. {  Yesu ageragezwa na Satani, Ab’I Nazareti bashaka kwica Yesu ku Isabato: Luka 4:1-30;1.Yesu yuzuzwa Umwuka Wera, ava kuri Yorodani ajyanwa n’ Umwuka mu butayu,2amarayo iminsi mirongo ine, ageragezwa n’ Umwanz. Muri iyo minsi ntiyagira icyo arya, nuko ishize arasonza.3–Ibigeragezo bitatu (3) byonyine Satani agerageresha abantu bose batuye Isi, Kuva kuri Eva kugeza kuri Yesu no kugeza Yesu Agarutse-N’ Ibisubizo byabyo byo kunesha Satani nk’ uko Yesu yaneshesheje Satani Ijambo ry’ Imana n’ Amategeko y’ Imana avuga ngo handitswe ngo-:Umwanzi aramubwira ati”Niba uri Umwana w’ Imana, bwira iribuye rihinduke umutsima”-Ikigeragezo No1_cyo Gutera umununtu kunanirwa kunesha irari ryo guha indaibyo Imana itayigeneye no Kurarikira Ibyo Kurya utavunikiye, mugihe kugirango azarame iteka ryose Ahubwo aba agomba gutungwa n’ amagambo yose aturuka mu kanwa k’ Uwiteka Imana- 4Yesu aramusubiza ati ”Handitswe ngo ‘Umuntu ntatungwa n’ umutsima gusa.’” 5Umwanzi aramuzamura amwereka ubwami bwose bwo mu isi mu kanya gato, 6 aramubwira ati “Ndaguha ubu butware bwose n’ ikuzo ryabwo, kuko ari jye wabugabanye kandi mbugabira uwo nshaka wese.7Nuko numpfukamira ukandamya, buriya bwose buraba ubwawe.”-Ikigeragezo No2_cyo Gutera umununtu Gukurikira Ubutunzi n’ Icyubahiro binyuze mugukorera no Kuramya Satanibinyujijwe mu nzira za bugufi n’ izo kwica amategeko y’ Imana-8Yesu aramusubiza ati “Handitswe ngo ‘Uramye Uwiteka Imana yawe, abe ariyo ukorera yonyine.’”9Amujyana I Yerusalemu, amuhagarika ku gasongero k’ urusengero aramubwira ati “Niba uri Umwana w’ Imana, ijugunye hasi 10 kuko handitswe ngo ‘Izagutegekera abamarayika bayo bakurinde’, 11kandi ngo ‘Bazakuramira mu maboko yabo ngo udakubita ikirenge ku ibuye.’”-Ikigeragezo No3_Cyo Gutera Gushidikanya Ubushobozi bw’ Imana n’Ijambo ry’ Imana no Kwishora mubikorwa Imana itategetse umuntu gukora, yiringiye ubutabazi bw’ Imana-12Yesu aramusubiza ati “Haravuzwe ngo ‘Ntukagerageze Uwiteka Imana yawe.’” 13Umwanzi arangije ibyo amugerageresha byose aramureka, amutega ikindi gihe-Satani ntabwo ajya avakwizima kandi ntabwo Satani ajya acika intege, bityo umuntu wese ushaka kunesha Satani, abinyujije mu masengesho y’ urudaca asaba Data wa Twese mu Izina rya Yesu, agerageza kandi akana shobora gukurikiza urugero rwa Yesu Kristo rwo Kuba mumasengesho no kwiga Ijambo ry’ Imana ubudasiba, no gushyira mubikorwa ibyo Ijambo ry’ Imana rimwigisha byose buri segonda,  ntakwigirira impuhwe zo kwiha ikiruhuko , niyo yaba mu isegonda imwe gusa, kuko iyo iyo segonda uruhutse mo uba ushyize Umwuka Wera Hasi, bityo Satani nawe mu kudacika integer kwe, akaba ariyo yonyine aba asigaranye ngo akunesheshe ibigeragezo bye byose bigaragara n’ ibitagaragara, bityo umukristo nyakuri wari umuneshi akaba ashobora nawe gutsindwa atari abyiteze; Ku bwizo mpamvu, Umuneshi wese aba yarashoboye kwitandukanya n’ icyintu cyose kiri ku isi kibuzanyijwe mu mategeko 10 yose y’ Uwiteka Imana n’ Isabato iri mo, aba yarahariye Satani Igikorwa n’ igitekerezo n’ igihe cyose cyidashyigikiwe n’ Umwuka Wera w’ Imana mu kugikora, no kukigeza ku Kiremwa muntu cyose-.14Yesu asubira I Galilaya afite imbaraga z’ Umwuka, inkuru ye yamamara mu bihugu byose bihereranye n’ aho- Umuntu wese Wumvira amategeko yose y’ Imana , weza Isabato akabasha kwitondera Itegeko ry’ Imana rya kane (4) ryo kuruhuka ku munsi wa Karindwi(7), ashobora kwiringira gusa ko yashoboye kugera ikirenge mu cya Yesu Kristo kungingo zose, iyo kuba Yesu Kristo  yaranesheje Satani mu butayu mu bigeragezo bitatu(3) byonyine Satani agerageresha abantu bose batuye iyi si muburyo abihinduranya mo abyambika ayandi mashusho menshi , nyamara uko Satani yahangaye kubigerageresha Umwana w’ Imana uko ari bitatu(3) byose , Yesu Kristo yabitsindishije Handitswe ngo, kandi Satani anesherezwa imbere ya Yesu Kristo mugihe Yesu Kristo yakoresheje Imbaraga y’ Umwuka Wera yabanye nayo mugihe cy’ iminsi mirongo ine(40)  ari mu butayu atarya, uwo muntu ushobora kunesha Satani, yagombye kuba yiyiriza ubusa mugihe cy’ Iminsi mirongo ine(40 byibuze nk’ inshuro imwe buri mwaka akagira igihe atangirira ho amasengesho no kwiga ijambo ry’ Imana  ana senga yiyirije ubusa ayobowe n’ Umwuka Wera akama iyo minsi mirongo ine(40) Yose-. 15 Yigishiriza mu masinagogi yabo, bose baramuhimbaza. 16Ajya I Nazareti iyo yarerewe, ku munsi w’ ISABATO yinjira mu isinagogi nk’ uko yamenyereye, arahagarara ngo asome-Umuntu uvuga ko agera icyirenge mu cya Yesu Kristo, agomba kuba ajya mu isinagogi ku munsi w’ ISABATO, akaba yarabigize akamenyero, aho abasha guhagurutswa no gusomera abandi bantu ijambo ry’ Imana, igihe amasinagogi(Insengero) zo muri iyi si zigaruriwe n’ ubutegetsi bwa leta, aho si ho habugenewe hogukomeza gusengera , kuko itorero ry’ Uwiteka Imana ry’ abeza Isabato by’ Ukuri rigizwe gusa nabera bahamagawe, batoranijwe, bakiranutse ari ryo torero ritagaragara ry’ abatsindishirijwe bose rizaba ryarimukiye mu butayu, aho ubutegetsi bwa leta butarigenzurira gahunda zo gutambira Uwiteka Imana ibitambo by’ amasengesho bikwiriye uko Isabato ije n’ uko indi Sabato Isashye, haba mumazu y’ abizera, mubice byose bifite uko Imana yabiremeye ababuriye amahoro yo mumutima yo guhimbaza Uwiteka mu ma sinagogi yigaruriwe n’ ubutegetsi bw’ isi, aho niho Itorero ry’ abakurikira Umwana w’ Intama aho ajya hose riba ribasha kujya kumusengera rikabasha no kuhamusanga-. 17 Bamuha igitabo cy’ umuhanuzi Yesaya, arakibumbura abona igice cyanditswemo ngo-Itorero ry’ Abadiventisiti b’ umunsi wa karindwi ryakiriye inyigisho zasohotse mu migisho yo mukwezi kwa 8, 2020 avuga kuri Bibiliya no kwiyigisha Ijambo ry’ Imana, aho ubuyobozi bwa Generali Conferanse nk’uko bwari bubinyujije muri iyo migisho, bwabujanyije ko Umusomyi wese wisomesha Ijambo ry’ Imana, aba adakwiriye gufata Igitabo cy’ Ijambo ry’ Imana ngo abumbure ahantu , aho abonye asome amagambo  icyo gice cyanditswe mo nk’ amagambo yabasha kumubera umuyobozi no kumuhishurira imigambi Uwiteka Imana imufitiye , no kuba yabasha gukoresha amagambo ahakuye, nk’ ubutumwa budasanzwe Uwiteka Imana imutumyeho, Ibinyujije mukuba yabumbura Bibiliya Yera aho abasha kwibonera mo amagambo y’ ubutumwa butangaje bumujyenewe muri ako kanya nk’ uko Yesu Kristo yabigenje, ubwo ni bumwe mubuyobe bukomeza kugenda bwinjizwa m’ ubizera b’ Abadiventisiti b’ umunsi wa Karindwi , kandi bukinjirizwa mubitabo byose bituruka munzego zose zo zigize Ubuyobozi bwa Generali Conferanse ivuga ko ari inshingano zayo kuba ihagararira itorero Yesu Kristo ubwe yatangirije mu Butayu kuva mu iherezo ry’ iminsi 2300 nk’ Uko byanditswe mugitabo cy’ Inyandiko z’ Ibanze, ku cyigisho cyitwa Iherezo ry’ Iminsi 2300, n’ icyigisho cyitwa ’ Ibyaha bya Baburoni; aha bigaragaza ubwigomeke nk’ uko bwakozwe mu izina ry’ abadiventisiti b’ umunsi wa karindwi ku itariki 31/10/2017 bushyigikiwe n’ abandi ba nyamadini ya giporotesitanti yeza icyumweru, mu kwicecekera k’ ubuyobozi bwa Generali conferanse y’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa karindwi, icyo bazi neza basinyiye ni uko ubuporotesitanti bwarangirijwe mu nyandiko yitwa rifomingi katoriki comfeshoni( A Reforming Catholic Confession), wandika mo kuri interinet ukisomera mo amazina akoze urutonde rurerure rw’ abagize uruhare mugusinyira ubutegetsi bwa Vatikani buyobowe n’ Umupadiri w’ Umujezuwiti papa Fransisi bemeje ko nyuma y’ imyaka 500 kuva 31/10/1517 kugeza tariki 31/10/2017 ko abagorozi bose bakurikiza ibyigisho nk’ uko byatangajwe na Maritini Ruteri(Martin Luther) binenga Misa n’ imisengere ishingiye kukuramya ibigirwa mana by’ I Roma no gusenga Satani ku munsi w’ Izuba(Sunday Law) byose bikaba byarirengagijwe , abo bose bari mo abahagarariye conferanse z’ ibihugu bitandukanye mu izina ry’ itorero ry’ Abadiventisiti b’ umunsi wa karindwi, basinyiye Vatikani ko biyunze, biyungiye munyigisho za Kiriziya Gaturika, bemeza ko badafite ubutumwa bahawe butandukanye n’ ubwo kiriziya gaturika yigisha bw’ ubuyobe, ibyo byose, bihamya igitera banditsi b’ ibitabo by’ umwuka w’ ubuhanuzi bya Madamu Elina Wayiti(Ellen G White) byasohowe mu macapiro nyuma ya tariki 31/10/2017 bikoresha Bibiliya Ijambo ry’ Imana , aho gukoresha Bibiriya Yera yahinduwe muri Bibiliya y’ Umwimerere y’ Umwami Yakobo(King James) nk’ uko yakuwe muri Bibiriya y’ Umwimerere yanditswe mururimi rw’ Abawaridense( Aba Voduwa) nk’ uko bayikuye mu mwimerere wayo wakoreshwaga mu itorero rya Gikristo rya mbere y’ akarengane kakozwe n’ Ubutegetsi bw’ ubu papa mumyaka y’ umwijima 1260, niho ubu usanga ibyo bitabo birimo amagambo atera gushoberwa , Yesu bamwita Yezu, kandi babihuriza ho n’ imyandikire yo muri Bibiliya Ntagatifu ya Kiriziya Gaturika, igihe ubwanditsi bwemera ibisa nk’ ibyo Kiriziya Gaturika yemeza muri Bibiliya Ntagatifu, biyibagiza ko bakoresha amayobera ya zanwe mu isi na Satani wahinduriye Amagambo nyakuri y’ Imana mubinyoma byahimbwe n’ abantu bayobowe n’ abadayimoni babinyujije muri Kiriziya Gaturika y’ I Roma, Igihe usoma adatangazwa na buri mpinduka niyo yayita ntoya, itandukanye n’ imico imenyerewe mu myandikire yakoreshwaga ya mbere y’ itariki 31/10/2017 mu itorero rihagarariye kubwiriza Ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwi rirenga, abo bazashorerwa buhumyi, bazashyirwa mubutegetsi bw’ Inyamanswa, bibonere uko Bazeza Itegeko ry’ icyinyoma ry’ Icyumweru bakiriye Ikimenyetso cy’ Inyamanswa, bafashe Umubare 666 w’ izina ry’ Inyamanshwa, barikuramya igishushanyo cy’ Inyamanswa kubwo kudaha agaciro imiburo bahabwa, mubijyanye no kudakomeza gutegera amakiriro mumategeko yatowe na Generali Conferanse y’ itorero ry’ abadiventisiti b’ Umunsi wa karindwi agenga imisengere ya nyuma y’ Itariki 31/10/2017 , kuko amayobera y’ ubugome y’ ahanuwe n’ intumwa Pawulo mu 2 Abatesaroniki 2:1-4 yemeza ko Generali Conference igomba kuba yaramaze kwimura Imana kuva tariki 31/10/2017 maze icyo gikorwa kigakurikirwa no guhishurwa k’ umunyabugome kwihishurira mukuba itorero riyobowe na Generali Conferansi y’ Abadiventisiti b’ umunsi wa 7 batinyuka kuvanga imico ya Kiriziya Gaturika mubijyanye no kwiga Ijambo ry’ Imana no kuritoza abizera bagihanze amaso ubutungane bwangirikiye muri A Reforming Catholic Confession bwa Generali Conferansi y’Itorero ry’ Abadiventisiti b’ umunsi wa 7, yicecekeye ntiburire abizera ku irangizwa ry’ ubutumwa bwose bwiza buvugira Umukiza w’ Abatuye Isi by’ ukuri, aho hari ibanga rikomeye, ubashije kurisobanukirwa, ntaba agikeneye guhanga amaso kumabwiriza aturuka mubuyobozi bw’ itorero ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 kuva kurwego rw’ Isi , kugeza ku Rwego rw’ itorero n’ Igihande cyose kuva tariki 31/10/2017 kugirango umwizera n’ ayoboka Yesu Kristo by’ Ukuri , binyuze mukwiyigisha Ijambo ry’ Imana no Kwigana n’ abandi ubuhanuzi bujyanye n’ Ihindagurika ry’ Ikirere rihishwe mo Itegeko ry’ Icyumweru, no mu kwirinda kwemerera ubwenge bwe kwinjizwa mo ibiteye ubwoba abaturage b’ Isi na Guverinoma zishyira mo amategeko abuza uburenganzira bw’ umudendezo w’ umutimanama gufatira ubugingo icyemezo cyo kuburinda no kubuharira umuremyi wabwo ,nk’uko byakomejwe gukorwa mumwaka wa 2020 mugihe cy’ icyorezo gihimbano cya Coronavirusi(COVID-19) bityo, Uwatsindishirijwe, azaba kutazemera guterwa urukingo rwa COVID-19 , urwo ubuyobozi bw’ Itorero ry’ abadiventisiti b’wa 7 butahwemye gukangurira abizera bakiyihanze ho amaso-.18”Umwuka w’ Uwiteka ari muri jye, Ni cyo cyatumye ansiigira kugira ngo mbwirize abakene ubutumwa bwiza. Yantumye kumenyesha imbohe ko zibohorwa, N’ impumyi ko zihumuka, No kubohora ibisenzegeri, 19 No kumenyesha abantu iby’ umwaka Umwami agiriye mo imbabazi.”-Kubitegura kubwiriza Ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwi rirenga, bagomba kuba barashyizwe ho ikimenyetso cy’ Imana, Nyamara KUba uweza isabato ashobora kutazasukirwa Umwuka Wera mu Mvura y’ Itumba, bigaragaza uburyo atabaruwe mubantu batumwe kubwiriza Ubutumwa bwiza bwa Marayika wa Gatatu mu ijwi rirenga, icyo cyikaba ari igitangaza gikomeye kubona Umuntu wiyemeje kunyura Inzira yo Gutsindishirizwa n’ Ubuntu kubwo kw’ Izera, afite Imbaraga yaranze Umuhanuzi Yesaya, Umwana w’ Imana Yesu Kristo, ngo ashobore kuvuga ashize amanga ubutumwa bw’ Inzaduka buyobowe na Marayika wa kane(4) wo mu Ibyahishuwe 18:1-4 buvuga nku bwa Marayika wa Kabiri(2) bwavuzwe mumyaka ya 1844 bugahamagarira abantu gusohoka muri Baburoni, kandi ubu bwo, ubutumwa bwo gusohoka muri Baburoni , bikurikira ishyirwa ho ry’ Icyumweru ku itegeko rya Leta zunze ubumwe za Amerika, ngo icyumweru cyibe gihindutse icyimenyetso cy’ Inyamanswa, gisohoze ko Baburoni yamaze gutereka Inzoga amahanga yose, icyo gihe Ijwi rirenga nibwo ritangira, ryitwa Isarura, muri Amosi 4:6-7 Uwiteka Imana ivuga ko Isarura ritangira , nyamara hakaba hari hashize amezi atatu(30 Uwiteka asutse Imvura y’ Ituma, kandi ko Bamwe mubari baritoje kuba mubasaruzi Babura imvura, ubutaka bwabo bukuma, ibyo bivuze, uko Abadiventisiti batanyuzwe no gukurikira ubutumwa bubezeho ibyaha burundo bwo gutsindishirizwa n’ Ubuntu kubwo kwizera, Imbabazi z’ Uwiteka zizaba zarabakuwe ho, hakazashira Amezi atatu imbabazi z’ Uwiteka zihawe abo izaba yasukiye Imvura y’ Ituma, bakazaba batangiye Isarura, ariryo Butumwa bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwi rirenga, kandi ko Ubutumwwa Bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwi rirenga, butazigera bugira icyo bumarira Uweza Isabato muburyo bwo kumweza no kumutegurira kuzajya gusanganira Yesu Kristo ku bicu byo mu Ijuru ubwo azaba agarutse bwa kabiri, ahubwo ko buzaba buvugwa, burwanywa n’ abeza Isabato y’ Umunsi wa 7 ubwabo, babwita ubwaka n’ ubuyobe, uko niko abeza Isabato bayobowe buhumyi na Generali Conferensi batazabura kwibonera akaga binjijwe mo kuva tariki 31/10/2017, kandi ko bazarira amarira yo kuboroga no kubogoza, babonye, Ibyago birindwi bibateye kimwe n’ uko bizaba biri guhindanya no kurimbura banze kweza Isabato y’ Uwiteka bitandukanya n’ Itegeko ry’ Icyumweru n’ ubuhakanyi bahozemo muri Baburoni mbere y’ Itangira ry’ Ijwi rirenga-.20Amaze kubumba igitabo agisubiza umurinzi w’ inzu, aricara.  Abantu bose bari mu isinagogi baramutumbira. 21Nuko atangira kubabwira ati  “Uyu munsi ibyo byanditswe bisohoye mu matwi yanyu.” 22Bose baramushima, batangazwa n’ amagambo meza avuye mu kanwa ke bati “Mbese aho uyu si we mwene Yosefu?”23Arababwira ati “Ntimuzabura kunciraho uyu mugani muti ‘Muvuzi, wivure. Ibyo twumvise byose ko wakoze I Kaperinawumu (ubu bivuze SDA General Conferanse), Bikore n’ ino mu mudugudu wanyu (ubu bivuze Baburoni-New World Order One Global  Sunday Church).”24Arababwira ati “Ndababwira ukuri yuko ari ntamuhanuzi wemerwa iwabo-Luka 4:25" Muri iyi si y’ icyi gihe turimo ca COVID-19 Uko Uwiteka yahishurishije Ururimi rw’ Umugaragu wayo ibyenda kuba biteye ubwoba byose uko bisezeranyijwe abera muri Amosi 3:7-8( ibi bihuye n’ ubutumwa bw’ uko Daniyeli 9:27 bufata icyumweru cyose cyo kuva tariki 31/10/2017 kugeza tariki 31/10/2024 , iyo buhujwe na Daniyeli 12:12-13 bugaragaza ibisa n’ ibyo umubare ‘2017-840=1177,840=500+340,1517-340=1177,2017-1517=500,340-0=340,1847+1177=3024, 3024-1000=2024, 1847+177=2024, 1177-1000=177,’ werekanye kuva Uwiteka Imana ihaye Isi ya Giporotesitani ISABATO kuva mu mwaka wa 3/4/1847 kugeza Mu Isi Nshya ISABATO yongeye guhabwa Abarazwe Gutura mu Isi nshya mubugingo buhoraho kuva mu mwaka wa 22/10/3024 , ko hazaba hashize imyaka 1000 Yesu atugejeje ku rurembo rwo mu ijuru tariki 22/10/2024, aho azatwambikira amakamba, akahaduhera Inanga zacu ngo tuzicurange, nyuma y’ Iminsi irindwi yakomeje kugaragazwa nk’ iminsi 7 y’ ingando kuva mu gihe cya Mose mu butayu mugitabo cy’ Abalewi 23:1-44 ariyo yitwaga Iminsi mikuru y’ Uwiteka, tukazayijyenda mo kuva mu isi tujya mu ijuru ubwo Umwami Yesu Kristo azaba atungutse ku bicu saa 1h59’ za mugicuku tariki ya 15/10/2024)-. Abalewi 23:42.Mujye mumara iminsi irindwi muri mu ngando, Abisirayeli ba kavukire bose babe mu ngando, 43kugira ngo ab’ ibihe byanyu byose bamenye yuko nabesheje Abisirayeli mu ngando ubwo nabakuraga mu gihugu cya Egiputa[Iy’ isi yacu niyo igereranywa na Egiputa muri iyi minsi ya none-Ibyahishuwe 11:8 ,ari yo nitumara kuvanwa hano ku isi ubwo yesu azaba agarutse saa 1h59’ tariki ya 15/10/2024 tugeze mu ijuru tariki ya 22/10/2024 tuzabe tumaze iminsi 7 mu ngando twishimiye imbere ya Yesu Kristo Umwami wacu twishimye cyane mbere yo kugera ku rurembo rwo mu ijuru tuzazamuka iminsi 7].Ndi Uwiteka Imana yanyu.” 44Mose [Uyu Mwanditsi uri kwandika icyi gitabo ubu ahagarariye Mose muri iyi nyandiko usoma hano] abwira Abisirayeli iminsi mikuru y’ Uwiteka iyo ari yo.}.Luka 4:25"

”Luka 4:24Arababwira ati “Ndababwira ukuri yuko ari ntamuhanuzi wemerwa iwabo- Muri iyi si y’ icyi gihe turimo cya COVID-19 Uko niko Uwiteka yahishurishije Ururimi rw’ Umugaragu wayo ibyenda kuba biteye ubwoba byose uko bisezeranyijwe abera muri Amosi 3:7-8( ibi bihuye n’ ubutumwa bw’ uko Daniyeli 9:27 bufata icyumweru cyose cyo kuva tariki 31/10/2017 kugeza tariki 31/10/2024 , iyo buhujwe na Daniyeli 12:12-13 bugaragaza ibisa n’ ibyo umubare ‘2017-840=1177,840=500+340,1517-340=1177,2017-1517=500,340-0=340,1847+1177=3024, 3024-1000=2024, 1847+177=2024, 1177-1000=177,’ werekanye kuva Uwiteka Imana ihaye Isi ya Giporotesitani ISABATO kuva mu mwaka wa 3/4/1847 kugeza Mu Isi Nshya ISABATO yongeye guhabwa Abarazwe Gutura mu Isi nshya mubugingo buhoraho kuva mu mwaka wa 22/10/3024 , ko hazaba hashize imyaka 1000 Yesu atugejeje ku rurembo rwo mu ijuru tariki 22/10/2024, aho azatwambikira amakamba, akahaduhera Inanga zacu ngo tuzicurange, nyuma y’ Iminsi irindwi yakomeje kugaragazwa nk’ iminsi 7 y’ ingando kuva mu gihe cya Mose mu butayu mugitabo cy’ Abalewi 23:1-44 ariyo yitwaga Iminsi mikuru y’ Uwiteka, tukazayijyenda mo kuva mu isi tujya mu ijuru ubwo Umwami Yesu Kristo azaba atungutse ku bicu saa 1h59’ za mugicuku tariki ya 15/10/2024)-.Luka 4:25”Ariko ndababwira ukuri yuko hariho abapfakazi benshi mu Bisirayeli mu gihe cya Eliya, ubwo ijuru ryakingwaga imyaka itatu n’ amezi atandatu (Imyaka 3n’ amezi 6=Amezi 42=Iminsi 1260=Igihe b’ Ibihe n’ Igice cy’ Igihe= September 1st, 2020 kugeza 29/2/2024, Kuva hatangijwe Season of Creation mu madini yose yo ku Isi na Creation Sunday ,izabyara Sunday Law kuva 7/2/2021, hagombaga kuba hatangiye iminsi 45 yo kwicisha bugufi no gusenga muri Getsemani kubeza Isabato bose, kuko kwari ugukora bigana urugero rwa Yesu Christo, wabonaga ko Ubugambanyi butangiye , bwagombaga kuza kuvana Yuda mu zindi ntumwa 12 akajya kugurisha Umwami Yesu Kristo kubatambyi bakuru, nyuma bakazana igitero cyo kumufata , bakamwica, Nyamara Yesu Kristo We yasobanukiwe ko ako kaga atakibashisha wenyine, kumbaraga ze, byamuteye, kurangiza igikorwa yarari gukora cyo Gutanga Ifunguro Ryera ku ri abo bigishwa b’ intumwa ze 12 hari ku munsi wa bere wo kurya Imitsima Idasembuwe”Matayo 26:17-25” 1-15/10/2020 to 22/10/2020 na none kugeza ku minsi 50 uturutse kumunsi w’ Umuganura wok u ya 17/10/2020 na 23/10/2020 hakaba Pantekote mu cyumweru cyo kuva tariki 5-13/12/2020 , kuva tariki 5 kugeza tariki 12 Ukuboza ,hagati hakaba harimo Iminsi 7, kuwa munani ari wo tariki 13/12/2020 ikaba Umunsi woguhimbaza Imana”Matayo 26:26” Bakirya Yesu yenda umutsima arawushimira, arawumanyagura, awuha abigishwa be arababwira ati”Nimwende murye, uyu ni umubiri wanjye.” 27 Yenda igikombe aragishimira, aracyibaha, arababwira ati”Munywere kuri iki mwese, 28 kuko aya ari amaraso yanjye y’ isezerano rishya, ava ku bwa benshi ngo bababarirwe ibyaha, 29 Ariko ndababwira rwose yuko ntazanywa ku mbuto z’ imizabibu, mpereye none nkageza umunsi nzasangirira namwe vino nshya mu bwami bwa Data.” 30 Bamaze kuririmba barasohoka, bajya ku musozi wa Elayono.)Kuva  31/10/2017 Ubuyobozi bw’ Itorero ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 ku isi yose, bwabererekeye imigambi yo kugambanira Umwami wacu Yesu Kristo watwitangiye, haboneka amazina y’ abayobozi bakuru banditse mu Izinda rihagarariwe na General Conference y’ abeza Isabato basinya amasezerano yitwa A Reforming Catholic Confession” ayo niyo yashyize iherezo kubu porotesitanti bwari bumaze imyaka 500 butangijwe na Maritini Lutheri kuva tariki 31/10/1517, nyamara kuva ubwo, impimbi nyinshi z’ abeza Isabato zatangiye kuburizwa ho kwigishirizwa ho n’ ababwiriza butumwa b’ abakorera bushake, bashyira kukarubanda amafuti y’ idini ya Kiriziya Gaturika y’ I Roma na y’ ayandi madini ateza Isabato, barimo ababwiriza bahagaritswe na Union y’ U Rwanda bitwa ba Emmanuel Nzaramba, n’ abandi benshi batandukanye babujijwe kubwiriza muruhame, mu gihe ubutumwa bwiza bari babujijwe kubwiriza ku ruhimbi, Umwami Yesu yahise yihagurukira, abwimurira mumatsinda yo Mumiryango y’ abeza Isabato, ubutumwa bwiza bwo Gutsindishirizwa n’ Ubuntu ku bwo kwizera bwatangiye kubwirizanywa umwete mwinshi, buhishura amayoberane y’ ubugome ya Satani wakoreraga muri Vaticani ngo azatangize agahato k’ itegeko ry’ icyumweru kagwe gitumo abeza Isabato batari bazi ko gahishwe mumategeko yo kurengera ibidukikije”Climate Change, ariyo ya Paris Agreement, ayo U Rwanda rwemeje mumezi yo mukwa gatandatu 2020, ko rugomba gutangira kuya shyira mu bikorwa, ariko kugeza mu mezi y’ amatora ya Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika 31/10/2020 iryo tegeko ry’ icyumweru rihishwe muri Parisi Agreement rikaba ritari ryakemezwa muri Amerika, Imyaka itatu n’ igice uhereye igihe Abiyita Abakristo bahagarariye Amadini yose ya Gi Kristo mu Isi n’ abeza Isabato barimo kuva tariki 31/10/2017 biyemeje ko Bifatanije n’ Imyigishirize y’ ubukristo y’ Ubuyobe yigishwa na Kiriziya Gaturika y’ I Roma, n’ ibwo imyaka itatu n’ Igice yo kubura kw’ Imvura nk’ iyo Mu gihe cya Eliya yatangiye kuruhimbi rw’ Abeza Isabato,kandi imyaka 3 n’ igice izageza tariki 7-15/Gashyantare 2021, nyamara, Ubwo Umwuka Wera yakurwaga kuruhimbi rwa General Conference y’ Abeza Isabato ku Isi yose binyuze mu kuba Ubuyobozi bwaratatiye Igihango bwagiranye na Yesu bukiyegurira SATANI ukorera mu Mujezuwiti w’ Umutinganyi w’ I Roma papa Francis, ubwo imbabazi z’ Imana zasigaye zikiri mu Itorero ry’ abeza Isabato, kuburyo bwa buri muntu kugiti cye, nyamara, kuko Itegeko ry’ Icyumweru ryakomezaga kuza risatira Abeza Isabato bakiri muri Lawodokiya, Abeza Isabato bose bagiye basanga abandi  mu matsinda yo mumago y’ abizera bagenzi babo hirya no Hino Mu Rwanda no ku Isi yose,  basanze mo ubutumwa bwo kubeza no kubatandukanya burundu na SATANI , ubutumwa bwanzwe n’ ubwo buyonbozi bwabahagarariye itorero ry’ abategereje kugaruka kwa Yesu beza Isabato bwari Ubutumwa Umujakazi w’ Imana Ellen White yeretswe ko iyo bubwirizwa uko buri kumpimbi z’ abeza Isabato , bwari gutanga Umusaruro wari kuba ukenewe, ngo Itorero rigere mu gihe cy’ ubuhanuzi ryagenewe, Ubwo butumwa bwa Wagonner na mugenzi we, bwagenewe Lawodokiya, ni Ubwo Gutsindishirizwa n’ Ubuntu ku bwo Kwizera, nti bwahawe agaciro kabwo kumpimbi z’ abeza Isabato, kugeza tariki ya 1/09/2020 ubwo Ubuyobozi bw’ amadini yose yo ku isi bwifatanyaga na Kiriziya Gaturika y’ I Roma nubuyobozi buhagarariye icyiciro cy’ uburenganzira mu by’ Idini muri general Conference y’ abadiventisiti b’ umunsi wa 7 batahwemye kugendana na Roma mukugambanira Ubutumwa bwiza, bakoze ubugambanyi nk’ Ubwo Yuda yakoreye Yesu Kristo na bo bagambaniye abeza Isabato, ko batangiranye n’ abandi bavuga ko basenga Imana, mu mwaka wa 50 Isi ihawe Umunsi mpuza mahanga wahari we Isi, mucyo bise Jubilee of the Earth, basezerana na Roma ko batangije igikorwa cya Creation Sunday , icyo gikorwa kikaba aricyo cyatangirijwe muri gahunda yiswe Season of Creation kuva tariki 01/09/2020 , kikaba cyaragombaga kugeza tariki 04/09/2020, mugihe iyo gahunda bise Creation Sunday, yo igamije kuza byara Itegeko ryo Gusenga Ku Cyumweru, bayifatanirije hamwe n’a Gahunda y’ abanyamadini yiswe Climate Sunday kuva tariki 05/09/2020 bemeza ko , ku Isi yose, abanyamadini bazajya bihitira mo umunsi umwe byibuze, buri Cyumweru bakaruhuka uwo munsi w’ icyumweru, bagamije kutagira icyo bakora ku Cyumweru, bikazageza tariki 05/09/2021 bamaze kuzuza ibyumweru mirongo itanu na bibiri, muri uwo muhigo w’ ubuyobe, bise 52 Climate Sundays, ngo uzarangira tariki 05/09/2021 ngo nibwo bazagira icyo bise  Kwizihiza “National Climate Sunday” bakazaba bazahatira abanyapolitiki bayobora ibihugu byose byo ku isi bazaba bari mu nama yo kurwanya ibidukikije ya COP26 mu Bwongereza ngo abo banyamadini bazabahatira ko hashyirwaho gahunda idahinduka yo kweza Itegeko ry’ icyumweru barengera Ibidukikije, mugihe ingingo yo kurengera Ibidukikije “Climate Change” ivuka mu ibaruwa ya kijezuwite y’ umutinganyi w’ umujezuwiti w’ I Roma papa Francis yise “Laudato SI’237”avugamo ibyo guhagurutsa abatuye isi mu kwibumbira mu itegeko ry’ I Cyumweru barengera ibidukikije , ayo makuru aboneka kurubuga nkoranya mbaga rwa “Google”, uko wayashaka kose , wandika amagambo nka: Season of Creation 2020, Creation Sunday 202, 52 Climate Sundays, Nyuma kugeza tariki 30/11/ 202 bakurikiye abanyamadini aba politisiye nabo bemeje nk’ ibyo abanyamadini bose ku isi bakoze kuva tariki 05/09/2020,  inama mpuzamahanga y’ Umuryango w’ abibumbye, yemeza ko bitarenze ukwezi kwa 11/2021 abayobozi b’ isi bazaba baramaze gukwira kwiza gahunda mu bihugu byabo bise 52 UN Climate Sundays, mu nama iheruka ya UN. Kuva rero tariki 01/09/2020 isaha ya Getsemani yari itangiye kubeza Isabato badashaka kuzihakana Umwami wacu Yesu Kristo igihe Itegeko ry’ Icyumweru rizaba risinyiwe muri Amerika ,nk’ Uko Petero y’ Ihakanye Yesu Kristo, byaturutse kukuba atarashatse Ububasha buturuka mu masengesho y’ urudaca, ayo yarikuba yasenganye, n’ abandi bagenzibe 11 b’ intumwa za Yesu Kristo zari zasigaye , zijyana na Yesu mugashyamba ka Getsemani, ubwo kuri iyo Pasika”22/10/2020” Yuda yari yamaze kugambanira Yesu”01/09/2020” bagombaga kuba basabye imbaraga y’ Umwuka Wera ngo ababashishe kwihanganira ibigeragezo bataza kugwa mu moshya, Nyamara Petero yabwiwe na Yesu Christo gusenga, Ubwo Yesu Kristo yavaga Kwihererana n’ Imana, yabajije Petero atoi mbese unaniwe kubana nanjye byibuze n’ Isaha Imwe ? Yesu Kristo yasubiye yo indi nshuro arasenga yemeje ko Umutima we wari wemeye ku nshuro yambere ubwo yari amaze gusenga, nyamara ko Umubiri wo wari ugifite integer nkeya, bityo, akaba yarasubiye gusenga, ubwa Kabiri, n’ Ubwagatatu, ariko yasengaga, nk’ Ubwa Mbere, ubwo yakoreshaga isaha, isaha, isaha, aba amasaha atatu, Nirwo rugero mu buryo bwa Gihanuzi, Abeza Isabato batangiranye na tariki 01/09/2020 basenze, Isaha ya Gihanuzi ingana n’ Iminsi 15, bivuze iminsi 45 kuva tariki ya 01/09/2020, ni Ukwezi n’ iminsi 15 byagombaga kugeza tariki 15/10/2020, nyamara iyo tariki, ikaba itariki yose yo Gusenga muri Getsemani, ubudasiba kubeza Isabato, bakambiokwa imbara nk’ Iyo Yesu Kristo yambitswe, Ikamwemereza Umutima, Umubiri, no kumuha ubutwari , igihe Yuda yazana ga Igitero, Yeus Kristo akaba atarahunze urugamba, natwe, kuva tariki 15/10/2020 kugeza tariki 22/10/2020 ntihabaye ho guhunga muntekerezo, abeza isabato by’ ukuri bazirikana ko Yesu Kristo kuva tariki 22/10/1844 Yesu Kristo yinjiye ahera cyane, akajya guca imanza ahereye ku ba pfuye, nyamara akanaherekanira umucyo w’ isabato kuva tariki 03/04/1847 ubwo Uwiteka yakinguriraga Ellen G White isanduku year y’ Isezerano yo Mu Ijuru”Ibyahishuwe 11:19” nk’ uko azabigenza mu Cyago cya 7 uwo Yesu azaba agarutse tariki 15/10/2024 saa 01h59’ mu gicuku, ni na ko yayikinguriye Ellen G White Imwereka ko Itegeko rya Kane ryo kweza Isabato rirabagirana kurusha ayandi, bakoze iminsi 5 yo gusengana n’ abandi bavandikwe mubari barategereje kugaruka kwa Yesu tariki 22/10/1844 ntibamubone, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangije gutoraamahame shingioro ya Bibiliya yashyiriweho kuyobora itorero ryahise ritangizwa ryiswe abadiventisisti b’ umunsi wa 7, iryo abarigize n’ ubundi bicishiriza bugufi imbere y’ ibirenge bya Yesu Kristo , nibo kuva tariki 15/10/2020 nubundi basanzwe bashyitse kugeza tariki 22/10/2020 ubwo Yesu Kristo yaduhongereraga ibyaha, Ku munsi ukurikiye h0 tariki 23/10/2020 ni bwo Yesu Kristo yamuritse abeza Isabato batsindishirijwe bahagarariwe n’ umubare 144000 bejejwe bashyizwe ho icyimenyetso cy’ Imana kuva tariki 31/10/2017 kugeza tariki 15/10/2020, babaye Umusaruro wavuye mukwiyisgisha mumatsinda ijambo ry’ Imana ry’ ubutumwa bwo gutsindishirizwa n’ Ubuntu kubwo kwizera, ababwemeye bose, nibo Yesu Kristo yahongereye tariki 22/10/2020, ku munsi ukurikiye uwo kurya Imitsima idasembuwe kuri abo beza 144000 niwo munsi ukurikira Uwo Umutambyi wacu Mukuru Yesu Kristo yari yaraye Aduhongereye Ibyaha byacu bucya ari tariki 23/10/2020, Uwo Munsi niwo witwa Umunsi w’ Umuganura, nibwo abo bera twese 144000 ku isi yose Yesu Kristo yabajungurije Imbere y’ Igicaniro cy’ Uwiteka:Abalewe 23:1-44” ngo bahabwe ho Ituro ry’ Umuganura ryo mu Ibyahishuwe 14:1-4” bahabwa Umwami Uwiteka Data Wa Twese mubuturo bwe bwera bwo mu ijuru, Yesu Kristo  yatanzeho Umuganura, kandi kuva umunsi w’ Umuganura urangiye, hakurikira ho kubara iminsi mirongo 50, ariyo irangira hakabaho Umunsi mukur w’ Imitsima 2 Isembuye wa Pantekote”Abakurambere n’ Abahanuzi,igice cya 52” ubwo ni tariki 13/12/2020, Uwo munsi nk’ Uko byagenze mu gihe cy’ intumwa mu “Ibyakozwe n’ Intumwa ikigisho cya 4, Ibyakozwe n’ Intumwa 2:1-47” niko bizagenda kubantu 144000 bejerejwe kuvuga ubutumwa bwa Marayika wa 3 mu ijwi rirenga kuva tariki 7/2/2021 kugeza tariki 7/2/2024 mu gihe cy’ Imyaka 3, abo bantu bahongerewe tariki 22/10/2020 bagahongererwa ibyaha, bamurikiwe Uwiteka Data Wa Twese nk’ Ituro ry’ Umuganura tariki 23/10/2020, ninabo bazasukirwa Imvura y’ Itumba tariki 13/12/2020 nyuma y’ iminsi mirongo 50 Umunsi w’ Umuganura urangiye. Abantu ibihumbi 144000 bahuje Pasika na Yesu Kristo uri mu Buturo bwera bwo mu ijuru ahera cyane ku munsi wa 22/10/2020 wari uri Guhongerera abeza Isabato baziranye nawe nk’ Umutambyi wacu mukuru.Nkuko biri, Ku Badiventisi b’ Umunsi wa 7, Kugaruka kwa Yesu ni Ihame ridakuka, ni Ihame rya 25 mu mahame shingiro 28 y’Ukuri kwa Bibiriya  abatangije Itorero ry’ Abadiventisiti b’ Umunsi wa 7 babumbiye hamwe, iryo hame rya 25 riri kuri Paje ya 327 mu gitabo “Ibyo Abadiventisiti b’ Umunsi wa Karindwi bizera”, bishingiye ku Isezerano ryo Kugaruka kwa Yesu, Ellen G White Imana yamuhaye Ubu Butumwa bwo Kugaruka kwa Yesu, Imubwira mu Iyerekwa rye rya mbere ko, Imana izabanza gutangariza abantu ibihumbi 144000 Umunsi n’ Isaha byo Kugarukwa kwa Yesu Kristo (15/10/2024 saa 01h59’ a.m) Nyma Imana ikaba sukira Umwuka Wera”Imvura Y’ Itumba-Yoweli 2:23, Yoweli 3:1-5, Amosi 4:6-7, isezerano ryo Gusuka Umwuka w’ Imana kuburyo bw’ Imvura y’ Itumba budasanzwe kubategereje , ryatanganywe n’ isezerano ryo Gutangariza abera bazaba bakiriho aribo batanzwe ho Umuganura tariki 23/10/2020 nyuma y’ Umunsi w’ Ihongerero wa tariki 22/10/2020 bahagarariwe n’ Umubare 144000 mu Ibyahishuwe 14:1-4, uko byanditswe mu gitabo “Inyandiko z’ Ibanze-Icyigisho”Iyerekwa Ryanjye Rya Mbere”, abo bera 144000 mu Ibyahishuwe 14:4 batangwa ho Umuganura, nibo bakomeza , bavugwa mu Ibyahishuwe 14:5-13 ko bagomba kuburira Isi mu butumwa bwa Marayika wa Gatatu babuvuga mu Ijwi rirenga, Nyuma yo Gusukirwa Umwuka Wera mu imvura Y’ Itumba tariki 13/12/0202 hashize iminsi 50 uturutse k’ Umunsi w’ Umuganura, ariwo munsi wa Pantekote. Nyuma kuva itegeko rya Paris Agreement rimaze kwemezwa muri Leta Z’ Unze Ubumwe za Amerika, iteteko ry’ Icyumweru rikazaba ribaye ikimenyetso cy’ Inyamanswa, kuva tariki 7-15/Gashyantare, 2021, Hakazatangira Isarura, Yohana 4:32-38 isarura Yesu akaba yararihanuye avuga ko rizatangira hashize amezi ane, kuva tariki 15/10/2020 kugeza tariki 15/2/2021, Imana nayo ikaba yararyeretse umuhanuzi Amosi ko Rizatangira Iryo Sarura , ariryo ryiswe Kuvuga Ubutumwa Bwa Marayika wa Gatatu mu Ijwi rirenga Mu Ibyahishuwe 14:9-16, Uwiteka aryereka Umuhanuzi Amose muri Amose 4:6-7, Yavuze ko iryo sarura rizatangira, nyamara ko hazaba harihashize amezi 3 Uwiteka asutse Imvura y’ Ituma, Ubwo ni Ukuva mu kwezi kose kwa12/2020 kugeza Mukwezi kose kwa 1/2021 n’ Ukwezi kwa 2/2021, Ubuhanuzi buzasohora, Ubutumwa bwa Marayika wa Gatatu butangire tariki 7-16/2/2021 kugeza nyuma y’ imyaka 3 tariki 7-16/2/2024, hongerweho amezi 6 kugeza tariki 15/10/2024 saa 1h59’ mu Gicuku, Yesu atunguke ku Bicu byo Mu Ijuru.Iyo niyi Myaka 3 n’ Amezi atandatu, ariyo Umugaragu w’ Imana Eliya yabwiye abagize itorero ry’ Imana ryari ryarifatanije na Yezeberi Umutambyi w’ Ibigirwamana by’ Izuba Baali na Ashera ariyo Tamuzi Abeza Isabato baririraga Kuva tariki 31/10/2017 muri Ezekeri 8:1-18 Binyuze muri General Conference ihagarariwe na Pasitoro Ted Wilison, nyamara abasengeye Mumatsinda nabo bashyizwe ho Icyimenyetso cy’ Imana kuva tariki 31/10/2017 kugeza 15/10/2020 baboneka muri Ezekiyeli 9:1-11, Banihira Ibizira bikorerwa mu ri General Conference ya Ted Wilison bigakwirakwizwa ku Isi Yose, mubamuhanze amaso bo mubeza ISabato, babifatanyamo na Kiriziya Gaturika, binyuze muri Yuda wikigihe Pasitoro Ganoune Diop uhagarariye ikiciro cyo kurengera Uburenganzira mu by’ Idini muri General Conference ya Pasitoro Ted Wilson. Yesu yaje.Ni Umunezero kubamwiteguye bejejwe bihannye by’ ukuri, ni Agahinda n’ amarira biteye ubwoba kubeza Isabato bose bafashe ubutumwa bwo gutsindishirizwa nk’ ubutabareba bikundiye isi n’ ibyiza byayo.Luka 4:25”.

Read below the Article Title: Great Controversy Application during Pope Francis’ Human Fraternity and New World Order Leadership from September 1st, 2020.

 AUSC-ASICTB,AUSC  Critical Thinkers advocate calls for urgent repentance for every human being to book Your VISA in The NEW EARTH.Jesus Christ The King of  NEW EARTH is coming back very very soon:

DR. IRAGUHA BANDORA Yves,RN,BScN(Hons),MD
Belief Origin.Inspirational VerseIsaiah 62:1-12 , Jesus Christ entered the Holy apartment of the Heavenly Sanctuary on Tuesday 22 October 1844, with 1st Probation Close for all 7th Day Adventists on Thursday 22 October 2020, and after 180 Years on Tuesday 15th, 2024 Jesus Christ our Savior will appear on the Earth's Sky, and after our journey to the Sea of Glass in 7 Days we will enter the Heavenly Gates on Tuesday 22 October 2024,and then after 1000 Years in Heaven, we will descend from Heaven with the New Jerusalem on this earth back on Friday on 22 October 3024 to begin the 7th Day Holy Sabbath on this Earth,next day will be the 7th Day Sabbath ,we will keep it Holy during the whole day , and on the Next Day on Sunday the 1st day of the Week , we will be able to enjoy to re-begin our Holy Calendar that was destroyed by SATANIC Leadership of VATICAN PAPACY by Popes who have given seat to this current Jesuit Pope Francis who is pushing for Global Sin of permanently destroying the Holy 7th Day Sabbath to Introduce the SATANIC SUN-DAY Rest and worship by Force by World Governments since February 7th to 17th, 2021, While 7 plagues will kill all human individuals who are going to accept that SUN Worship Day called Mark of the Beast with its number 666 as it is written in Revelation 13:18,Revelation 14:9-11 and Revelation 16:1-21. 
Warning to every person on thus earth Remember the Sabbath Day to Keep It Holy,for We are Serving our Lord of 7th Day Holy Sabbath Jesus Christ as written in Luke 6:1-5. Chronological Holy secrets of the Four22nds, One15th, 5Octobers, 3Tuesdays,1 Thursday and 1 Friday. 
22 October 3024, 22 October 2024, 22 October 2020, 15 October 2024 , 22 October 1844
United Sates of America has set this date on the National Calendar "October 22, 2020" for Popular Holidays & Observances Worldwide!! We still have by now 130 days to get on 22 October 2020.

 is ...

  • 296th day of the year. There are then 70 days left in 2020.
  • 43rd Thursday of 2020.
  • on the 43rd week of 2020 (using US standard week number calculation).
  • 31st day of Fall. There are 60 days left till Winter.
  • Birthstone for this day: Opal and Tourmaline

October 22, Zodiac Sign

Zodiac
 
Libra

October 22, 2020 United States Holidays & Popular Observances

October 22, 2020 Popular Holidays & Observances Worldwide


 Flag and International Logo of AUSC
Welcome to the Office of AUSC President and Founder Online.
P.O.Box: 6998 Kigali-Rwanda. 
Discussion on Youtube CEO that Allows to close a 3rd Angel's Message Proclaiming YouTube Channel "Amazing Word Ministries" The Truth Burns and Wins:
Pastor Emmanuel Nougaisse who created the Amazing Word Ministries is now being given more advices to Keep creating more YouTube back Ups Channels, to keep and continue exposing the madness of the Roman Catholic Church united with Satan in a Vatican Leadership of a Jesuit Pope Francis , who works and corrupted all Social media online to keep blocking those messengers who proclaim the Present Truth , about the 3rd and 4th Angels' messages in Revelation 14:9-12 and Revelation 18:1-4.
This is also one of power of the word of Jesus Christ we share and we are fighting until the last breath , Satan is very powerless in our Eyes Pastor Emmanuel, Amazing Word Ministries YouTube Channel no longer available!!Shame to YouTube CEO" ", shout loudly , Shame to the YouTube CEO , fighting against Jesus Christ!!! Nobody among human beings these last days will be able to stop the remnants to spread this 3rd Angel's message of Exposing the Devil and Evil Jesuits plans , as Jesus Christ is coming in 4 years ahead, October 15th, 2024. 01h59' a.m. 1177 is now a revealed principal repetition number that is going to show the end to every human being by now. Point a) 340 Sunday revealed to the Bishop of ROME the current Vatican later who became a pope after death of Constantine II+1177 reached 31/10/1517, 31/10/1517+ 500 years reached 31/10/2017.Failure of pope Francis instead!!! Point b) Look how now Jesus Christ wins, 7/4/1847 7th Day Sabbath was revealed to Ellen Gould White, Jesus Christ through 7th day Sabbath Adventists individuals( SDA) used same 1177 years as papacy used to promote Sunday in order to bring the 7th Day Sabbath back and in only 177 years 1847+177 on 15/10/2024 The 7th day Holy Sabbath will win forever the Satanic Vatican 'Sunday as 7th last plague will exterminate the Vatican's allies all, and the remaining 1000 years, from 1177-177=1000 Jesus will imprison Satan in those remaining 1000 Years while we will be resting in Heaven enjoying the kingdom of our Almighty God who created in 6 days and rested on the 7th day, and after 100 years on 22/10/3024 we will be back here on earth , and Jesus Christ will Kill Satan , All Popes and pope Francis and all sinners in the 2nd death fire burning . Take Courage dears, We are together on this battle Dear Pastor Emmanuel Nougaisse on this back Up You Tube channel of Amazing Word Ministries International, Jesus Christ is with us Congratulations for the Back up channels, create many, is very soon coming on October 15th, 2024, Satan working within All Jesuits brains and minds is misled and disorganized on their battles are failing seriously on what They can do to catch up to hold us spreading the 3rd angel's message!!! It is now very serious that Our Lord Jesus Christ is coming very very soon!!!!!!!! October 15th, 2024, at 01:59' a.m. Prepare his way!!We are preparing his way!!.Seriously We are Preparing His Way. Even All Jesuits can't afford to hinder our strengths in spreading this 3rd Angel's message, as we are supported by the 4th Angel's message in Revelation 18:1-4, Read deeply in Revelation 17:13-14. Please share to at least 7 people the below back up channels : SDA general Conference's Pastor Ted Wilson’s strategic plan for the church is over.
It is Too late mission accomplished. IT IS FINISHED. It is time Lord for Thee to work for they have made void Thy Law. Ps. 119:1 through 176. It’s now 176 years since 1844 to 2020. As it was in the days of Noah so shall it be. The door was shut and life continued on the outside as normal. Abomination in the church will be exposed. Ezekiel 8 through 12. ICHABOD. The glory has departed from the church.The judgment hour is here!"Ruth Johnson".
Original message:
RFID Chip w/Vaccines.New Post-Pandemic World Order.Creation Sunday.Jubilee for Earth.Laudato Si Week; https://www.youtube.com/channel/UCIxoI-6OgcjBKX65C7FT5Gw/videos ; https://www.youtube.com/results?search_query=amazing+word+ministries ; http://www.africanunionsc.org/2020/05/click-here-to-listen-to-updated-sunday.html ; Link: http://www.africanunionsc.org/2020/05/article-titlethe-raise-of-jesuit-pope.html , http://www.africanunionsc.org/2020/08/please-dear-followers-follow-below-link.html , Link on Youtube:https://www.youtube.com/watch?v=Hs2X2Rt0Gr0 Keep creating more You Tube back Ups Channels, This is also one of power of the word of Jesus Christ we share and we are fighting until the last breath , Satan is very powerless in our Eyes Pastor Emmanuel, Amazing Word Ministries YouTube Channel no longer available!!Shame to You Tube CEO" https://www.youtube.com/results?search_query=amazing+word+ministries ", shout loudly , Shame to the You Tube CEO , fighting against Jesus Christ!!! Never no body among human beings these last days will be able to stop the remnants to spread this 3rd Angel's message of Exposing the Devil and Evil Jesuits plans , as Jesus Christ is coming in 4 years a head, October 15th, 2024. 01h59' a.m. 1177 is now a revealed principal repetition number that is going to show the end to every human being by now. Point a) 340 Sunday revealed to Bishop of ROME the current Vatican later who became a pope after death of Constantine II+1177 reached 31/10/1517, 31/10/1517+ 500 years reaches 31/10/2017.Failure of pope Francis instead!!! Point b) Look how now Jesus Christ wins, 7/4/1847 7th Day Sabbath was revealed to Ellen Gould White, Jesus Christ through 7th day Sabbath Adventists individuals( SDA) used same 1177 years as papacy used to promote Sunday in order to bring the 7th Day Sabbath back and in only 177 years 1847+177 on 15/10/2024 The 7th day Holy Sabbath will win forever the Satanic Vatican 'Sunday as 7th last plague will exterminate the Vatican's allies all, and the remaining 1000 years, from 1177-177=1000 Jesus will imprison Satan in those remaining 1000 Years while we will be resting in Heaven enjoying the kingdom of our Almighty God who created in 6 days and rested on the 7th day, and after 100 years on 22/10/3024 we will be back here on earth , and Jesus Christ will Kill Satan , All Popes and pope Francis and all sinners in the 2nd death fire burning . Take Courage dears, We are together on this battle Dear Pastor Emmanuel Nougaisse on this back Up You Tube channel of Amazing Word Ministries International, Jesus Christ is with us Congratulations for the Back up channels, create many, is very soon coming on October 15th, 2024, Satan working within All Jesuits brains and minds is misled and disorganized on their battles are failing seriously on what They can do to catch up to hold us spreading the 3rd angel's message!!! It is now very serious that Our Lord Jesus Christ is coming very very soon!!!!!!!! October 15th, 2024, at 01:59' a.m. Prepare his way!!We are preparing his way!!.Seriously We are Preparing His Way. Even All Jesuits can't afford to hinder our strengths in spreading this 3rd Angel's message, as we are supported by the 4th Angel's message in Revelation 18:1-4, Read deeply in Revelation 17:13-14. Please share to at least 7 people the below back up channels : Website: http://amazingwordministries.org/ PayPal Donation Link: https://www.paypal.com/cgi-bin/webscr... Address: Amazing Word Ministries PO Box 1111 Bonners Ferry, Idaho 83508 Phone # 503-985-8520 Email: info@amazingwordministries.com SUBSCRIBE TO OUR BACKUP CHANNELS: ► YOUTUBE BACKUP CHANNEL: https://www.youtube.com/channel/UCIxo... ► VIMEO CHANNEL: https://vimeo.com/user6982449 ► BITCHUTE CHANNEL: https://www.bitchute.com/channel/LhXZ... ► UGETUBE CHANNEL: https://videos.utahgunexchange.com/@A... ► BRIGHTEON: https://www.brighteon.com/channels/am... ► FACEBOOK: https://www.facebook.com/Amazing-Word... ► Twitter: https://twitter.com/Amazingwordmini  

SDA general Conference's Pastor Ted Wilson’s strategic plan for the church is over. Too late mission accomplished. IT IS FINISHED. It is time Lord for Thee to work for they have made void Thy Law. Ps. 119:1 through 176. It’s now 176 years since 1844 to 2020. As it was in the days of Noah so shall it be. The door was shut and life continued on the outside as normal. Abomination in the church will be exposed. Ezekiel 8 through 12. ICHABOD. The glory has departed from the church.The judgment hour is here!"Ruth Johnson".   

Article Title: GreatControversy Application during Pope Francis’ Human Fraternity and New World Order Leadership from September 1st, 2020.

Publication Date: September 7th, 2020. 05h23’, a.m.

Author:

Dr. IRAGUHA BANDORA Yves, RN, BScN(Hons), MD, MG,

President and Founder of African Union Students’ Council (AUSC)” For The Better Africa We Deserve”.

Websitewww.africanunionsc.org

 

Table of Content:

Chapter 1: The 4th Commandment is made to never be dishonored by True God Fearing Human Beings (TGFHB).

Chapter 2: The Religious Sunday is the Mark of The Papacy whose Beast Identifying Number 666 qualifies the Vatican Government’s Church and State Satanic Union (VGCSSU).

Chapter 3: The Great Controversy’ s Final Battle engaged by Satan via Human beings “Pope Francis with His Followers” against Almighty God via Human Beings “ Jesus Christ with His Followers”.

Chapter 4: The Detailed Meaning of Prophetic Time Times and Half Time, 42 Months, 1260 Days, 1290 Days, 1335 Days, The 7 Last  Plagues (7LP) and Fulfilling of the Prophecy of  Revelation 14:1-20.

Chapter 5: The Hidden Truth About Paris Agreement, Its Impact on bringing The Sunday Law” Universal Common Good”, Persecution and Death Penalty against True 7th Day Holy Sabbath Keepers (T7DHSK)

Chapter 6: The Hidden Truth About COVID-19 Vaccine, Its Impact on Bringing the New World Order, Cashless Society ” ID 2020” and Fulfilling of the Prophecy of Daniel 12:1-13 and Revelation 13:1-18.

Chapter 7: The Invitation to Enter the Heaven and the New Earth.


Note: Article Title: Great Controversy Application during Pope Francis’ Human Fraternity  Encyclical Letter and New World Order Leadership from September 1st, 2020. Please Remember the 7th Day Sabbath to Keep It Holy.

Please copy and go paste to share this link below for the above article more dissemination at lease to 7 people via social media platforms 
Thanks.

I. Introduction

52 Climate Sundays during the upcoming 2021 Year are the main target for the Vatican leadership since September 1st, 2020, according to the program entitled "Season of Creation"(What is “Season of Creation” and why does Pope Francis support it?) calling Christians for planting trees on Saturday "7th Day holy Sabbath" which began on September 1st, 2020 to end on October 4th, 2020. In this Season of Creation, Pope Francis will be releasing his Satanic Encyclical Letter entitled human Fraternity(Pope Francis could launch new encyclical in September )  and by which pope Francis and His allies from all Religions and All Governments decided to unite together to introduce a Weekly Sunday Rest program called " Creation Sunday."  The aim of this introduction is to expose the hidden connection, between the introduced "Creation Sunday" and the "Sunday Law" with the Human Fraternity Satanic Encyclical letter of Pope Francis (Vatican confirms release of Pope Francis' new encyclical ) calling the World Religious and non believers Community to Unite together under a Satanic plan to dishonor the 4th Commandment of Almighty God of keeping the 7th day Sabbath Holy , with Target to keep Sunday 1st day by law as the religious and political day of Rest and Worship by Law , which is As well known As Universal "Common Good" in the Roman Catholic Church's Catechism as pope Francis mentioned in His Previous Satanic Encyclical letter Laudato SI urging the World Governments leaders and religious leaders to keep Sunday as a Day of Weekly Rest to give rest to the earth and rescue the Earth from Climate Change mass extension in the paragraph 237" (Laudato Si' animation | CAFOD ) to reduce the Earth temperature below 1.5oC through enforcing the "Laudato Si' 237 Universal Sunday Law"

1. In the Great controversy Chapter ( 35.[Chapter 35—Aims of The Papacy(Liberty of Conscience Threatened)/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda)=Madness of PAPACY. ) Ellen Gould White has exposed the hidden agenda of the Roman Catholic papacy , by its full and whole purse only to exterminate Protestants using Jesuits as mentioned in the Great Controversy Chapter (40.[Chapter 40—God's People Delivered/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda)=JESUITS, ), and the current situation with this Creation Sunday the Global Agenda of the papacy was exposed in the Great Controversy chapter (36.[Chapter 36—The Impending Conflict/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda), ), while the True protestants are formed by the small group of 7th Day Adventists Individuals whom today are prepared to proclaim the 3rd and 4th Angels' message of Revelation 14:9-11 and Revelation 18:1-4 as mentioned in the Great Controversy Chapter (38.[Chapter 38—The Final Warning/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda), ) seem and look as determined to never accept the lies of the Papacy in leading the Whole World in the Darkness of systematic weakly Breaking of the Almighty God's 4th Commandment of Keeping the 7th day Sabbath Holy in Exodus 20:1-7 and Exodus 31:12-18, while the Papacy is pushing to Introduce the Sunday Law to all Individuals by Force applied by World wide Governments in what they have called to put in practice the "Paris Agreement on Climate Change", while this United nations' Paris Agreement  has connection with the Creation Sunday through the Season of Creation Program and the pope's Encyclical Letter entitled " Laudato SI'".

2. This Creation Sunday , is meant to start a Final Jubilee Year for which an other Encyclical letter of Pope Francis entitled "Human Fraternity" calling the whole world to unite as one body in what He called Solidarity( Adventists Go Pass Out NSL At THE RETURN. Pope COMMON GOOD SUNday On The ROCK HEALS World SICKNESS )  all 52 weeks will be dedicated to the Climate Sunday weeks, giving birth to the Sunday Law, where every Sunday among all 52 Sundays is to be used as a day of rest and Worship in all nations Worldwide. However beginning with the the year 2021 , it will have  52 calendar weeks. 2021 begins on 01/01/2021 and ends on 31/12/2021. The first calendar week in 2021 begins on Monday, the 04/01/2021 and ends on Sunday, the 10/01/2021. The last calendar week in 2021 begins on Monday, the 27.12.

3. The remnant group of 7th day Adventists was called to proclaim a warning massage in Great Controversy Chapter(37.[Chapter 37—The Scriptures a Safeguard/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda),) to the whole world to awake the whole world to see what the next years will look like from systematic breaking of 4th Commandment of keeping the "7th Day Sabbath Holy" ,in order to keep the Ancient Romans pagan Satanic god "The Sun" worshiped on every 1st Day of the week "Sunday by Law" which is going to be introduced worldwide  from September 1st, 2020 "Creation Sunday" , according to the holy Bible and to the Roman Catholic Agenda of introducing the Common Good"Sunday Law".

4. The upcoming Worldwide conflict between the Almighty God's 4th Commandment"7th Day Holy Sabbath Keepers" and the Satan's Laudato SI' 1st Day Sunday Keepers , will give birth to a very dangerous hate from the papacy and all its allies willing to persecute and finally tending to kill all  "True 7th Day Holy Sabbath Keepers who as well keep all 10 commandments of Almighty God" by what they will call Death Penalty against breaking the weekly Sunday Law where Almighty God will make fall of 7 last Plagues of Revelation 16:1-20 on all individuals who will follow the Roman catholic Sunday programs , as exposed in the Great Controversy chapter(39.[Chapter 39—The Time of Trouble/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda), ).

5. The Roman Catholic Pope , the Case of a Jesuit Pope Francis  has been working in His two twin Jobs of Church and State Union: 1st to lead the Roman catholic Church as the Supreme Pontiff of Rome, the 2nd to lead the Government of Vatican as its Pontifex Maximus , which makes Him to be recognized by the United Nations(UN) as the President of the Republic of Vatican" Ancient European "Roman Holy Empire" , and this Republic of Vatican gives the Pope the Honor to become the Pontifex Maximus, while Pontifex Maximus is the Original Title of Ancient Roman Empire Kings  and Emperors , which therefore, makes it very clear that the Vatican Theocratic Republic is the prophesied Last Worldwide kingdom in the Holy bible book of Daniel 2, and Daniel 7,  which was called the 4th Beast or 4th Kingdom which is being working with SATAN es exposed in the great Controversy Chapter([Chapter 32—Snares of Satan/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda), ). The Ancient Roman Empire has conducted a very famous persecution of Jesus Christ's Church where the Roman Emperors ordered continuous Killing of all Jesus Christ Disciples and anyone who decided to become converted from Paganism to the Christianity by being Baptized in the name of Father, Son and the Holy Spirit, as exposed in the great Controversy Chapter (2.[Chapter 2—Persecution in the First Centuries/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda) ). 

6. Following the Destruction of the Jerusalem by Ancient Pagan Roman empire's Titus as mentioned in the Great Controversy Chapter ([(Chapter 1—The Destruction of Jerusalem /The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda) ), the successor of the Pagan Roman Emperors Later decided to become converted from Pan god to Christianity ,the case of Roman Emperor Constantine , who led the Christian Church in an other form where the Bishop of Rome who claimed to be at the Head of the World Christian Church , accepted to mix the pagan rituals in the holy worshiping services of the early Christian Church to initiate the Universal Worldwide Roman Empire's Church named Roman catholic Church as exposed in the  Great Controversy Chapter(3.[Chapter 3—An Era of Spiritual Darkness/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda), ).

7. Thereafter, the leadership of the Pontifex maximum was shifted from Ancient  Roman Pagan Kings to the Ancient Roman Christian Bishops through a Document named "Donation of Constantine" where this document was said to inherit the Roman Bishops the power as "VICARIUS FILII DEI", or Vicar of Son of God, and while this title which add up to the Roman Number of The Beast "666"  mentioned in the Holy Bible Revelation 13:18, exposed the current Roman Catholic Church papacy as the Biblical Revelation Beast whose Mark of The Beast is Sunday Worship and Rest by Law . as exposed in the Great Controversy Chapter ([Chapter 25—God's Law Immutable/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda), ).

8. The Revelation 13:1-18 and Revelation 17:1-18 also were designed to expose the Vatican geographical appearance where its 7 hills on which Vatican Government is built also were exposed in the Great Controversy Chapter ([Chapter 7—Luther's Separation From Rome/The Great Controversy-Audio in English ],(in Kinyarwanda), ).

9. The false Theocratic Government  of Vatican has engineered the COVID-19 and as it is Linked to the Illuminati and the Roman Catholic Church's St Corona, therefore, Pope Francis has decided to secretary use the COVID-19(WATCH Pope Francis Calls For SOLIDARITY The CREATION Of A NEW MINDSET. Babylon ABOMINATION Safer SEX ) to inoculate the whole world with the COVID-19 Vaccine( ATTENTION: Your Sexual Behavior Is Being MONITORED. October BATTLE Begins. John MacArthur EVICTION) which will be containing a Microchip (Lucifer Fundamentalists FUN-VAX. Pope May 14 FASTING. Netanyahu Microchipping Kids.Church UnderSIEGE ) and the COVID-19 Vaccine Human Micro-Chip will benefit the New World Order leadership headed by the Pope to control all human being activities online as Robots are monitored by Computers. many Researchers declared that COVID-19 is not really a disease, however it is a global political tool to be used to introduce draconian measure in there nations despite a long period of centuries the World was being led with democratic measure that some times respected the Human Rights, while draconian measure such as Wearing COVID-19 Facial Masks or forcefully inoculating COVID-19 vaccines is the Draconian measure case demonstrating hate of Satan to Almighty God's human Beings as exposed in the Great Controversy Chapter([Chapter 30—Enmity Between Man and Satan/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda), ).

10. The End of the Revelation 13:5 and Daniel 12:7 New World Order leadership that will only last for 42 months , which is part o the Final 7 years that started from "October 31st, 2017 and October 15th, 2024" (A Reforming Catholic Confession 7 Years Period), will include a serious persecution time of Revelation 13:15-17 where the United States of America(USA) currently in this Year 2020 what it is doing was prophesied in the Holy Bible that it will help the Vatican false Theocratic Leadership in Controlling the Whole World's Economy  forbidding buying and selling to all human beings who will not be having the Mark of the Beast, Number 666 of the Beast or worshiping to the Image of the Beast which means Church and State Union in all nations during the New World Order"Sunday Law" Leadership, even leading to killing them., as exposed by the Great Controversy Chapter([Chapter 41—Desolation of the Earth/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda), ).

11. The 7 last plagues which are mentioned in Revelation 14:9-11 and Revelation 16:1-21, are the final punishments of the Almighty God , against the Whole world after the New World Order leadership of Pope Francis had decided to transgress the Holy Law of 10 Commandments , where by only casusing the Whole World to break the 4th Commandment of Keeping the 7th Day Sabbath Holy , instead Pope Francis and the Whole World via USA's Influences will cause the Whole World to Sin againist Almighty God's 7th Day Holy Sabbath by keeping the 1st Day of Roman pagan Satan's Apollo representative god's Sun-Day holy . These last 7 plagues are designed to put an end to the all earthly Kingdoms and Leaderships as exposed in the Great Controversy Chapter ([Chapter 42—The Controversy Ended/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda). ) and redeem the Living 7th Day Holy Sabbath keeping Saints of Almighty God on October 15th, 2024 at 01h59' as researched and published in the Article( Our King Jesus Christ is Coming in Spring of 2024 , and Article:Help To Tell the World about the SIGNS OF THE TIMES,2024,The Second Coming of Jesus Christ, Cleansing of Earth with Fire  in 3024 and The New Earth.Please Help To Spread This Word.) .

12. However, as some online Biblical researches exposed the rupture(Could The Rapture Be In 2020?:  ) that will be following the Apostasy of the Almighty God's Church, in this Case, the Almighty God's Last Chosen Church is the 7th day Adventist (SDA) Church which has its Global Church the General Conference of SDA was involved in the signing with the Satanic Roman Catholic Church a Reforming catholic Confession via a delegation of about (producing Total 1457 Signatures (Read more about signatories' names online from the main source) ) protestants Global Organizations Representatives including SDA Global NGOs and Churches Representatives . This prophesied Almighty God's Church falling away also known as Apostasy of the SDA General Conference( Seventh Day Adventist Leaders 2021 PILGRIMAGE To Worship RELIC Papacy gods. Pope Humanity CONVERSION), is the origin of the current research still going on that revealed the 2nd coming of Jesus Christ to be on October 15th, 2024, at 01h59' a.m.

Jesus Christ will come after 7th last plagues during the 7th plague at 01:59'a.m , on October 15th, 2024.

You can Click Here to View our Alarm, set for You to Start:Ecclesiastes 1:9

 Counting down for 2nd Coming of Our Lord Messiah Jesus Christ our King of 7th Day Holy Sabbath and of All Sealed 7th Day Holy Sabbath Keepers until Tuesday, 15 October 2024 (Chicago time).


It is 1765 days4 hours1 minute55 seconds
Until Tuesday, 15 October 2024 (Chicago time)

Set on Current time which was on Sunday, 15 December 2019, 18:58:28 CST (local time in Chicago)
At time of loading, accuracy was within 0.529 seconds.

13. The Great Controversy


Home EGW Writings Books The Great Controversy

Preface


The Book Great Controversy in Audio: Igitabo Intambara Ikomeye mu majwi
0.[Chapter 00- Introduction/The Great Controversy-Audio],(Chap 0-IJAMBO RY'IBANZE in Kinyarwanda )

Appendix
Copy and paste to share to 7 people /Sangiza n' abandi bantu 7,Yesu yaje twatashye:2020-06-06:14h41'51''Inama y' Agakiza Yesu i Getsemani itangiranye n' itariki ya 1Nzeri2020 kugeza kw' Itegeko ry' Icyumweru 15Gashyantare 2021,Yesu azagaruka 15 Ukwakira 2024,Isaha yageze,Mwiyeze Imbabazi Z'Imana Kubeza Isabato ni 22Ukwakira 2020. Imvura y'itumba n'ihembura rizamara amezi 3 n' iminsi 15, bizahuza na Gashyantare 7th-17th, 2020.Twatashye Yesu Yaje,Mwige Ikigisho cya 42 Intambara Ikomeye, musome Yesaya 12:1-6, Musome 1 Abami 81:66, Mubihuze na Yohana 17:1-26"17:17"Ubereshe Ukuri, Ijambo Ryawe niryo Kuri:1)Inyandiko: http://www.africanunionsc.org/2020/06/2020060614h4151getsemani-itangiranye.html  ,2) Amajwi: https://vocaroo.com/93jDG6UqbSC , 3) YouTube updates on Sunday Law movements: http://www.africanunionsc.org/2020/05/click-here-to-listen-to-updated-sunday.html 

II. Article Title: GreatControversy Application during Pope Francis’ Human Fraternity and New World Order Leadership from September 1st, 2020.

Publication Date: September 7th, 2020. 05h23’, a.m.

Author:

Dr. IRAGUHA BANDORA Yves, RN, BScN(Hons), MD, MG,

President and Founder of African Union Students’ Council (AUSC)” For The Better Africa We Deserve”.

Websitewww.africanunionsc.org

 

Table of Content:

Chapter 1: The 4th Commandment is made to never be dishonored by True God Fearing Human Beings (TGFHB).

Chapter 2: The Religious Sunday is the Mark of The Papacy whose Beast Identifying Number 666 qualifies the Vatican Government’s Church and State Satanic Union (VGCSSU).

Chapter 3: The Great Controversy’ s Final Battle engaged by Satan via Human beings “Pope Francis with His Followers” against Almighty God via Human Beings “ Jesus Christ with His Followers”.

Chapter 4: The Detailed Meaning of Prophetic Time Times and Half Time, 42 Months, 1260 Days, 1290 Days, 1335 Days, The 7 Last  Plagues (7LP) and Fulfilling of the Prophecy of  Revelation 14:1-20.

Chapter 5: The Hidden Truth About Paris Agreement, Its Impact on bringing The Sunday Law” Universal Common Good”, Persecution and Death Penalty against True 7th Day Holy Sabbath Keepers (T7DHSK)

Chapter 6: The Hidden Truth About COVID-19 Vaccine, Its Impact on Bringing the New World Order, Cashless Society ” ID 2020” and Fulfilling of the Prophecy of Daniel 12:1-13 and Revelation 13:1-18.

Chapter 7: The Invitation to Enter the Heaven and the New Earth.

Explanatory Details of the Article:

Chapter 1: The 4th Commandment is made to never be dishonored by True God Fearing Human Beings (TGFHB).

According to the Exodus 31:12-18, the 7th Day Holy Sabbath is perfect and will never be changeable by any power of the human beings on this earth until the end of Earth History, because among the True Almighty God's People , even from the creation week in Genesis 2:1-4, there was always sincere God fearing individuals, whom today, the True 7th Day Adventists still keeping the 7th Day Sabbath Holy in order to all 10 commandments especially to Obey to the 4th commandment of Almighty God. 

1. Bible verses that confirm the honoring of the 7th Day Holy Sabbath in the Ancient Testament:

Genesis 2:1-3,

Exodus 20:8-11,

Exodus 31:12-18,

Ezekiel 20: 12 and 20,

Isaiah 53: 1-12 Jesus Christ the Lord of 7th Day Holy Sabbath.

Isaiah 58: 13-14.

2. Bible verses that confirm the honoring of the 7th Day Holy Sabbath in the New Testament:

Matthew 24: 20,

Luke 6: 1-5,

Revelation: 14:12.

Early Writings : The Truth of the Sabbath revealed on April 3rd, 1847.

3.Bible verses that confirm the honoring of the 7th Day Holy Sabbath in the New Earth:

Isaiah 66: 23-24.

Chapter 2: The Religious Sunday is the Mark of The Papacy whose Beast Identifying Number 666 qualifies the Vatican Government’s Church and State Satanic Union (VGCSSU).

In the Revelation 14:9-11, it is written that , the 3rd Angel loudly warned the individuals living on this earth , to do not dare to unite with the leadership of the Beast, not daring to worship the image of the Beast and to do not dare to accept the Mark of the Beast, and this Beast that is being mentioned in Revelation 14:9-11 was clearly demonstrated as a Leadership of the New World Order that will only Last for 42 months equaling to 3 years and 6 Months in Revelation 13:5 ,  in which the whole world will follow the same Revelation wounded and recovered Beast which is descibed in the same characteristics as the 4th Beast in Daniel 7:7-27, after in Revelation 13:8  all earthly human beings will accept the New World Order (NWO) leadership ,except the only individuals whose names are written in the book of life in heaven. Thereafter, identification of the concerned Beast which means the human leadership of the Roman Empire's Current pontifex maximus representative is discovered from being able to count the Roman numbers that add up to the Number of the Beast which is 666.

The adding up of VICARIUS FILII DEI  gives the Number 666, which means the Vicar of Son of God, a Title given to the supreme Pontiff of Rome though the document entitled Donation of Constantine,  

V:5, I:1,C:100,A:No Value, R:No Value, I:1, U=V:5,S: No Value, total of VICARIUS= 112;

F:No Value,I:1,L:50,I:1,I:1, total of FILII= 53;

D:500,E:No Value,I:1, total of DEI=501.

Therefore,Number of the Beast in Revelation 13:18 which is 666, is calculated  VICARIUS FILII DEI = VICARIUS + FILII + DEI= 112+53+501= 666.

1. Between the year 0 A.D and the year 340 A.D

After the Death of Constantine II in 340 A.D, the Bishop of Rome acquired His 1st Time the Title of Pontifex Maximus through the document of Donation of Constantine and therefore today He is honored for that Satanic Ancient Pagan Roman Emperors' military Power Title of Pontiff of Rome.

From  A.D to 340 A.D the whole Period of 340 Years,  as He failed, Satan continued to fight Against Jesus Christ through the Ancient Roman Emperors, struggled to fight against the Truth: The 7th Day Sabbath Keepers from the 1st Christian Jewish family of Jesus Christ represented by His mother Mary and His Father Joseph , continued to fight against the 7th Day Sabbath of the 4th Commandment of Almighty God during the Early Christianity by Persecuting and beheading all Disciples of Christ and every individuals from the Roman Empire who decided to be converted from Pagan believes to the Christianity was killed and others murdered in different ways, and as Satan kept failing and finally through Emperor Constantine authored  Donation of Constantine , changed the 7th Day Sabbath Rest and Worship from Christianity to the 1st Day Sunday Rest and Worship of His pagan Belief after he lied to the Bishops of Early Christian Church that He is joining the Christianity and stopping Persecution to the Church of Jesus Christ that Respected all 10 commandments of Almighty God from which the 4th Commandment of Almighty God contains the Seal of the Almighty God and forbids to Work on 7th Day Sabbath in Order to Keep it Holy.  

2. Between the year 340 A.D and the year 1517:

After a long period of leadership of the World Governments of 1177 Years by the Pontiff of Rome in their successions from 340 A.D till 1517, as He failed again, Satan continued to fight Against Jesus Christ basing on persecuting Waldenses destroying every principal of the Heavenly Sanctuary by which its virtual image was constructed on this Earth by Moses in the Wilderness, the Roman Catholic Church Pontiffs decided to ruin the Christianity removing True baptism in deep waters, removing the 7th Day Sabbath, removing the washing of feet by Christians while sharing the blood and the body of Christ in His remembrance  communion Services, removing Justification of Sin by Jesus Christ blood and by faith only they introduced worshiping Dead bodies such as Mary, so called saints, and indulgences and  purgatory cleansing of sins all the kinds of lies were introduced in the Church of Christ by the Bishop of Rome the Pontiffs , thus raised Protestantism by Martin Luther on October 31st, 2017 later on generated William Miller who initiated the Protestantism Movement of Adventists on October 22nd, 1844 and Finally given birth to the everlasting final warning 3rd Angel's messengers from current 7th Day Adventist individuals by whom  permanent conflicts between false Christianity constructed under current Roman Catholic Church's Social Teaching the Catechism and its Sun god Apollo Worship and between those True Christianity of Jesus Christ that keep all 10 commandments of Almighty God especially by raising the 7th day Holy Sabbath which is the flag that contains the Seal of Almighty God.

3. Between October 31st, 1517 till October 31st, 2017:

After the long period of Protestantism in 500 Years by Individually committed dedicated determined Protesters against the false Satanic Roman Catholic Church and State unification in the so called name of Christianity , as He failed again, Satan continued to fight Against Jesus Christ's Truth of healing the human beings' Sins not by Indulgences or via Purgatory or the so called Saints, but through Justification by Faith in Jesus Christ's blood and the Cross that fulfilled the Almighty God's plan of Salvation to the Human Kind. However, Satan via the Roman Catholic Jesuit Pontiff Pope Francis on October 31st, 2017 summoned the betraying Worldwide Protestants Organizations Leaders to sign A Reforming Catholic Confession believing that will become the End of Protestantism among which the General Conference of 7th Day Adventist(SDA) Church silently accepted the voice of the delegation of 7th Day Adventist Pastors and Leaders who signed under the names and Power of the 7th Day Adventist Church general Conference Authoritarian to Join the Roman catholic Satanic Social and Religious Teachings. However, there is no possible human power or Force that can silence the proclamation of the Truth , as Even Jesus said that Almighty God can make stones speak the Truth, thus the Online forces of individual True 7th Day Holy Sabbath Keepers Can never stop proclaiming the 3rd and the 4th Angels' message to give this Final warning to the rest of the World's unrepentant Individuals before the human probation be closed and start of the last 7 plagues.

4. The recently discovered 1177 Principal Repetition Number (PRN) is very seriously linked and finally connected to the Holiness of the 7th Day Sabbath the 4th Commandment of Almighty God:

It was after  the movement of  advent-ism of a Protestant " William Miller" where a United Sates of America (USA) Protestant "Ellen Gould White" was inspired and on 1st sabbath of April 3rd, 1847 taken in vision to Heaven where She was shown that the 4th Commandment of keeping The 7th Day Sabbath Holy was the most shining Commandment among other 10 commandments, thereafter , She was instructed by Jesus Christ Himself to once She is taken back to the Earth, to urge all Adventists to keep the 7th Day Sabbath Holy, Post William Miller's Adventists movement period that ended on October 22nd, 1844.

i)Therefore, this way below has been used to obtain the Principal Repetition Number (PRN) 1177 during the 1st research conducted from October 22nd, 2019 by the Author of this same article.

2017-840=1177.

340+500=840, and 840=70 x 12 . 

70,the number "70" represents in the Holy Bible either Years,  weeks, Days, People, and 

12,  the number "12" represents in the Holy Bible either Years,  weeks, Days, people, 

70 and 12  are mentioned in the Holy Bible : 2 Chronicles 36:21, and Exodus 24:1-18, , Luke 9:1-62, Luke 10:1-42. 

340, 340 A.D  represents the Years when the Bishop of Rome acquired the political Power of Pontifex Maximus which makes him become honored as the pontiff of Rome and Pope and the Vicar of Son of God, as inherited those titles from Ancient Roman Pagan Emperors, who persecuted and Killed all 12 Disciples of Jesus Christ and all 70 disciples of Jesus Christ and all Early Christians.

340 also represents the Christianity period of 7th Day Sabbath Keeping Individuals free from Invasion of the Pontifex Maximus leadership under the leadership of the Pontiff of Rome the so called Vicar of Son of God.

500, 500 Years represents the True Christianity period of True Protestantism initiated by Martin Luther on October 31st, 1517 till October 31st, 2017 when the current Jesuit pontiff of Rome obtained signatures of 7th Day Adventists Pastors who used the Authority from the 7th Day Adventist(SDA) Church's General Conference to join A Reforming Catholic Confession which bring the the False Satanic Teachings of the Roman Catholic Church in a document and covenant between World Lutheran Church Federation that stands for the world Protestants Organizations and that event fulfilled the Final end of Earth History prophesied in Daniel 9:27-27 that will last only for 7 days and meaning 1 week biblical translated as 7 Years from October 31st, 2017 to October 31st, 2024.

2017, 2017 Year represents the year of A Reforming Catholic Confession trait to End Protestantis and Reformation a signed Satanic Covenant by Allies of the Roman Catholic Church  in which the 2nd part of the Prophecy of Daniel 9:27 and the beginning of the Daniel 12:1-13 prophecy was fully fulfilled , where the Pontiff of Rome signed a Religious Covenant with many Prophecy Protestants including apostate Sunday keeping protestants and 7th Day Sabbath Jesuits Protestants delegated from different National SDA Church Unions , Organizations and General Conference of SDA from United States of America, that marked the Year of the Great Apostasy of the True Church of Almighty God the 7th Day Adventist Church as an Organization headed by the General Conference of SDA , while also this has marked the Falling Away First written in the 2 Thessalonian 2:3 and that has been followed by the revealing of the man of Sin who is the Lord of Sunday "Anti-Christ" the current Jesuit Pontiff of Rome and who is being preparing Himself to lead the 42 Months of New World Order Leadership of Revelation 13:5 as the Son of Perdition by whom will the End of History of Earthly 4th Beast Leadership of Daniel 7:24-26 that will be killed by the Appearance of the Lord of 7th Day Holy Sabbath during His 2nd Coming "Jesus Christ"

ii) In this context of obtaining the 1177 Principal Repetition Number (PRN), 

a)Since October 31st, 2017 via the Prophet Daniel 12:1-6 Jesus Christ in Heaven has  through Justification by Faith and victory over sins, started to prepare the remnants group of True 144000 saints chosen from the current 7th Day Holy Sabbath Keeping individuals, in order to advance forward to preach the Last and Final warning 3rd Angel and 4th Angel' Message to this Dying World , as the main SDA General Conference has started to prohibit all teachings that SDA lay individuals used to convert unbelievers of the falsehood teachings of Roman Catholic Social Teachings, by Exposing their Lies which the Roman catholic Church is built on , and that are not supported by the truth found in the holy Bible such as Worshiping and Resting on Sundays, false baptism, removing the worshiping of feet before communion services , believing in the dead to here them while praying Mary during rosary or by calling so called dead saints , purgatory and indulgences and mercy seat chair of priests offering penitence, etc of many other subjects by which a true 7th Day Sabbath keeping Individual who truly represent Jesus Christ Can never accept and can never put a side at any cost even death.  

b)Since April 3rd, 1847 via the Prophetess Ellen Gould White's Early Writings book on the truth of The Sabbath Revelation,  the 7th Day Sabbath was given to the Adventists to be disseminated to the rest of the human beings in these generations ( a Generation among human beings is counts between 1 year to 70 years or 80 years Old). 

c) Since the Years before Jesus Christ and before even the Nebuchadnezzar 's Babylonian Kingdom began  Via the Prophet Isaiah 66:23-24, The Sabbath Revelation in the New Earth , which Almighty God will Create as He has  as well created this Old Earth we are living in today, the 7th Day Sabbath will be given to the Human beings as an everlasting gift and it will be used to come to the City of New Jerusalem to Worship our Almighty God and our Savior Jesus Christ , the king of Kings and the Lord of 7th Day Holy Sabbath.

iii) In the matter of facts, then, by using this obtained 1177 Principal Repetition Number(PRN), 

a) The Mathematics can Prove well the Hour, the Date and The Year of the 2nd Coming of Jesus Christ on the Sky , connecting the signs of times from which the event on October 31st, 2017 has fulfilled the 2 Thessalonian 2:3 prophecy of apostle Paul of a falling away First of the Church of Almighty God the chosen 7th Day Adventist Church Global General Conference Organization and the Revelation of the Man of Sin through a connected Pachamama Satanic Pagan goddess rituals and Vatican's Satanic Roman Catholic Social teaching Catechism via Jesuit Pontiff of Rome Pope Francis, which fulfilled the Apostle John's Revelation 18:1-24  from the Year 2019 until today during Season of Creation' September 1st, 2020 Introduced Creation Sunday to Worship Pan god a satanic god representative of 1st Day false sabbath Sunday by Law Created Nature Worship instead of 7th Day Holy Sabbath Saturday's Rest for Creator Worship of the Holy Heavenly 4th Commandment in Exodus 20:8-11 saying that "Remember the 7th Day Sabbath to Keep it Holy", remember that Jesus Christ on His Appearance on this Earth's Sky will not Touch on this Earth's ground by feet, He will only Remain in the Sky, and We will all be lifted to meet Him in the Sky, I mean those who decided to enter his Kingdom of the 7th Day Sabbath Keeping Saints as His is The Lord of the 7th Day Holy Sabbath.

b) Therefore, considering the date of April 3rd, 1847, from which Ellen Gould White received her Revelation on the Heavenly Sanctuary where an Open Ark of Covenant was used to show Her the 4th Commandment's brightness as the Most Shining commandment among the other 10 commandments, thereafter, using this 1177 Principal Repetition Number (PRN), it reveals when again the 7th Day Sabbath Keeping will be introduced in the New Earth as Mentioned in Isaiah 66:23-24 after 1000 years from the day of the 2nd coming of Jesus Christ revealed in Revelation 20:1-15 which also marks the day of 1st and last imprisonment of Satan to spend 1000 years on this Earth alone before Jesus Christ Destroys him, without having any single soul to cause to transgress the 4th Commandment of Almighty God that urges the human beings to remember to Keep the 7th Day Sabbath Holy

c)By considering the Year 1847+1177 PRN= 3024; Therefore, 3024 is the Year in which Isaiah 66:23-24 Prophecy will take place, as by extracting 1000 Years we will spend in Heaven , therefore, we obtain 2024 as the Year of the 2nd Coming of Jesus Christ.

d)The exact date of 2nd coming of Jesus Christ, is therefore determined, from the confirmed by Daniel 9:27 now fulfilling Prophecy of the last 1 Week which gives the Biblical translation of the ongoing Last 7 Years that has connected October 31st, 2017 and October 31st, 2024, based on date of the End of Protestantism after 500 Years for martin Luther's Reformation initiation date on October 31st, 1517, till October 31st, 2017.

e) The Sunday Law date has its Biblical importance in Daniel 12:11-13 to finally calculate the Hour and the date of the 2nd Coming of Jesus Christ October 15th, 2024 at 01:59' a.m,

the date of 2nd coming of Jesus Christ as mentioned above, is calculated based on the current final prophetic events of the Daniel 7:7-26 that are talking place by the 4th Beast" Pontifex Maximus New World Order(NWO) Leadership and its Final battle against the Most High and His Saints as engaged from September 1st, 2020 to Initiate the Universal Sunday Law through "Season of Creation" movement and Introduction of "Creation Sunday" Movement and "52 United nations Climate Sundays" agreed on since 2015 through the "Paris Climate  Change Conference" to generate the "Paris Agreement"  by Satan via the Jesuit Pontiff of Rome's  Laudato SI',  from which the Pandemic of COVID-19 through United Sates of America(USA)'s Bill gates Vaccine soon to come is being enjoyed by all Jesuits making it easier for them in applying their Draconian measures in all Nations worldwide in order to enforce"Sunday rest by Law" which is called by the Roman Catholic catechism as Universal "Common Good" which death penalty was forged by St Thomas Aquinas in order to protect the Child of the papacy(Sunday sacredness) other ways Entitled the Universal Day of Rest and Worship to combat Climate Change and to heal the World's COVID-19 Pandemic.

f)At the End of the 7 Years on October 31st, 2024, 

October 15th, 2024 is directly obtained through connecting this  October 31st, 2024 date with the Prophecy of Daniel 12:11-13; where 1335 Days were communicated to the Prophet Daniel, consoling Him that He will be standing in His place after 1335 days, however, the point of departure to start counting these 1335 Days was given in Daniel 12:11 as whenever The Sunday Law will be passed to be Enacted as the Day of Rest and Worship from United Sates of America(USA) therefore, by Counting 1335 days, We can easily obtain the date when Daniel will be welcomed in Heaven standing in His place. 

g)By taking, 1335 days dividing with 30 days, 

We can easily obtain 3 Years, 8 Months and 15 days, and therefore, taking October 31st, 2024 as the End of the 7 years of 1 last week of Daniel 9:27, we obtain February 7th, 2021 as the lower edge and February 16th, 2021 as the upper edge of the Statistic Mean  of the Middle date of the 7 Years from October 31st, 2017 to October 31, 2024, at The Prophet Daniel was reveled that the Pontiff of Rome had to sign a Covenant with many"October 31st, 2017" to last only for 1 week, by which arriving in its Midst as well as would have been being revealed as man of Sin'Accepted to unite with Pure Atheistic Relieves including Pachamama and other revealed via His New Satanic Encyclical Letter " Human Fraternity".

h)The Midst of 7 Years is calculated  considering October 31st, 2024 as the End of 7 years and 3 Years and 8 months and 15 days as the End of Daniel's 1335 days for Him to stand in His place in Heaven , 

therefore, to obtain   Days 31-15= 16, as to Obtain Months 10-8=2, as to Obtain Years 2024-3= 2021; giving the date 7-16/02/2021" Confer the Online Amazon Book of Sunday For Catholic Families, and Book of Liturgical Sunday" also written as 2021 's Sunday for Catholic Families' 1st Lent Sunday Week from  February 7th to 16th, 2021 as the exact 1 week period to formulate the date of the Midst of 7 Years,  which indicates the Date on which the Abomination of Desolation will be fixed , which is Universal Sunday Law enforcement as Jesus Christ Himself has prophesied in Matthew 24:15 ; and which is the departure date to start counting the 42 months of the Leadership of the New World Order in 1260 days "Daniel 12:7, Revelation 13:5", and the counting of 1290 days "Daniel 12:11, and Counting of 1335 Days "Daniel 12:12-13".

i)Thereafter, from February 7th, 2021 which is the Lower edge of the Midst of 7 Daniel 9:27 Prophetic Years,

 adding 1335 days , 7+15, 2+8, 2021+3, it gives the Date 22/10/2024, and as on October 22nd, 2024 Daniel will be standing in front of the heavenly Sanctuary, This means that by journeying in 7 days from this Earth to Heaven, Jesus Christ will be appearing on the Sky by taking 22-7=15th/10/2024, which is October 15th, 2024.

j)However, as in the book Heaven written by Ellen Gould White,

 Jesus Christ will appear on Midnight and all Eyes will see Him from the Sky, This Even will be easily taking place from 00:01' and 01:59' a.m which indicates the Midnight transition period from Australia DST meaning of Midnight to the Western GMT meaning of Midnight.

k) Therefore, using the 1177 Principal Repetition Number(PRN) in 3 Different ways 1177=1000+177=1000+100+70+7,

the date of 2nd Coming of Jesus Christ is easily calculated:

        1) 1177= taking 500+340=840, and 840+1177=2017,2017+7=2024;

therefore Considering This Year 340, the day of Bishop of Rome turning Himself into a Pontiff of Rome, the end of the earth History which was determined in Daniel 9:27 as related by the Pontiff of Rome in New World Order(NWO) to take place at the End of 7 Years from the date of Great Apostasy of the Church of Almighty God which is non other than the General Conference of 7th Day Advents in October 2017 by adding 7 Years brings the End of the New World Order (NWO) on this Earth  via last 7 plagues during the 7th last Plague in October 31st, 2024.Noting that from October 15th, 2024 at 01:59' a.m ,The Earthquakes , fund-storms and Heaven Stones from Heaven will have been made this Earth devastated which is here called the End of Earth History for This current Generation.

        2) 1177= taking 3024=1177+1847  , and 3024-1000=2024;

therefore considering  this Year 3024, the end of the old earth history which was determined in Revelation 20:1-15 that will take place after 1000 Years,  a millennium at the same time it begins on October 15th, 2024 at 01:59' a.m, with the Angel of Almighty God coming from Heaven getting to this earth to chain Satan and imprisoning him for 1000 years , as well as We the saints of God who kept his covenant with remembering the 7th Day Sabbath and by Keeping it Holy, by Rejecting the Sunday rest and Worship by Law "the Mark of The Beast' even if death penalty can be applied, We will be reigning together with our savior Jesus Christ , the Lord of 7th Day Holy Sabbath in Heaven for all 1000 Years , and descend back on this Earth in the New Jerusalem City to observe the Final destruction of the Sunday Keeping and all Satan's obeying people being destroyed in Fire, from which the New earth will be made after cleansing of the Old earth by the Fire that will have finished to burn the wicked all and Satan and His daemons in 3024. 

        3) 1177= taking 1000+177=1177, and 1847+177=2024,

therefore considering  this Year 1847 the day of Heavenly confirmation of the holiness of the 4th Commandment to the human being post William Miller's Era, and the beginning of the movement of 7th Day Adventists for preparation to proclaim the final warning message of the 3rd and 4th Angel' message through out the whole 177 years, therefore, the Close of Human Probation will have to take place before the beginning of the last 7 Plagues of Revelation 16:1-21, by which Jesus Christ will appear on the Sky during the Last 7th Plague on October 15th, 2024 at 01:59' a.m.

iv) In the matter of facts, then, by using this obtained 1177 Principal Repetition Number(PRN) to obtain the exact date and hour of 2nd coming of Jesus Christ on October 15th, 2024 at 01:59' a.m,

therefore, this has been supported not only by other online researches ,

        1) Could The Rapture Be In 2020?

Open this YouTube Link read more: https://www.youtube.com/watch?v=8FqFGiWBrd0 : 

This Biblical researcher"Robert Breaker " considered the 2nd coming of Jesus Christ after 7 Years of Daniel 9:27 which we have deeply detailed in the previous topics that matches the 2nd coming of Jesus Christ on October 15th, 2024 at 01:59' a.m,  However, "Robert Breaker " might have not taken in account, as seriously as an Adventist researcher should have done, everything about the 4th commandment of keeping the 7th day Sabbath Holy which should have been exactly helped Him to Find 2024 as the exact year of 2nd Coming of Jesus Christ while for Him by considering as well Daniel 12:11-13 Would have been easier, to understand the time of Daniel to Stand in His position by considering the point of departure of calculation,  which is specified as Sunday Law enactment date lower edge also known as the date for setting up the Abomination of Desolation in Daniel 8:10-14, Daniel 9:26-27, Daniel 12:11 and Matthew 24:15, it can be misunderstood what Church had to be considered in case of the starting point of confirming the Falling Away First , Revelation of man of Sin and Son of Perdition as mentioned in the 2 Thessalonian 2:3 ( Consider please the Great apostasy of the 7th Day Adventist Church's Global general Conference Organization on October 31st, 2017 after accepting to sign a Reforming catholic Confession to unite the 7th Day Adventist Teachings with the Roman Catholic Satanic Social Teachings "catechism") a very Sad Reality.

        2) The Second Coming of Jesus Christ is Promised Throughout History to be in Midnight, 

the author "Ellen Gould White" has written the book HEAVEN, and on its Chapter 3—The Second Coming Promised Throughout History and Chapter 5—Christ's Second Coming , She mentioned that Jesus Christ will appear on the Sky during Midnight, gives 00:00' to 01:59' a specified time for the whole world's shifting from October, 2024 to October 15th, 2024 Midnight from Eastern world countries to Middle East and to western world Countries, Just on October 15th, 2024 at 01:59' a.m.

        3) The promise to communicate this Date and Hour on October 15th, 2024 at 01:59' a.m,of the 2nd coming of Jesus Christ to the 144000 saints  was promised,

Author" Ellen Gould White" in Her book called Early Writings

The Title My First Vision ,"Soon we [See Appendix.] heard the voice of God like many waters, which gave us the day and hour of Jesus’ coming. The living saints, 144,000 in number, knew and understood the voice, while the wicked thought it was thunder and an earthquake. When God spoke the time, He poured upon us the Holy Ghost, and our faces began to light up and shine with the glory of God, as Moses’ did when he came down from Mount Sinai.  ";

before Almighty God giving us the latter rain, The Holy Ghost in a promised Special way, and the latter rain was prophesied to be given before the Sunday law to be enacted , and the use of the latter rain was given as a reassurance to the remnant sees of Abraham the True 7th Day Holy Sabbath keepers in order to strengthen Us to proclaim this 3rd and 4th angel's message to this dying World, especially the World of the current last Generation on this earth which sees the COVID-19 pandemic as a real Disease who will as well be rushing to accept the COVID-19 plandemic vaccines and accepting all the Draconian Measures introduced by their Governments including accepting to Rest and Worship on SUNDAY as a false Roman Satanic catholic Church sabbath day by Law by disobeying the 4th Commandment of Remembering the keeping of the 7th Day Sabbath Holy . Just on October 15th, 2024 at 01:59' a.m,

        4) Many other biblical Verses confirmed that Knowing the End of Earth History can be identified by reading deeply and correctly the Holy Bible:

a)John 16:12-16 saying that every thing that was made unknown before to all human beings during the time when Jesus Christ was on this earth before His crucifixion, had to be made known after the arrival of the holy spirit who came on Pentecostal day in Act 2:1-47, and among the truth that the holy spirit knows very well as has understood it spoken from heaven by Almighty God according to the current situation of His 7th Day Adventist Church from October 31st, 2017 which signed to unit with Satan represented by the Jesuit Pontiff of Rome pope Francis in a document called a Reforming catholic Confession, therefore, the Holy Spirit has made this date  and hour Just on October 15th, 2024 at 01:59' a.m, which is being made so  clear and known to You as well as You have been reading through out this whole Article from its top beginning, till now Here !.

b) Great controversy Chapter 40 "[Chapter 40—God's People Delivered/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda)=JESUITS ":

That says , the Earth was only given to last 6000 Years in which the enemy of soul "Satan" has tried all his best power to destroy the human kind in all forms of hates he hated Jesus Christ by whom all things were created through by Almighty God the Holy Father in Genesis 1:1-31, and Genesis 2:1-25, 

c) John 16:19-28 which is saying that everything a Christian True 7th Day Sabbath Keeping believer will ask for Almighty God to assist in and to reply for according to the Promises Almighty God Himself has made for His obedient People in the names of Jesus Christ , that thing almighty God allows it to happen in Order to make someone whose asks it in faith to receive it as mentioned in Psalm 50:123 and Psalm 119:1-176, the Author of this Article did the same thing by asking Almighty God to reveal to Him the exact date , Day and Hour of the 2nd Coming of Jesus Christ Just on October 15th, 2024 at 01:59' a.m, during a 40 days fasting and intensive Prayers from September 22nd, 2019 to October 31, 2019,  and thereafter He"The Author of  this same articleArticle Title: Great Controversy Application during Pope Francis’ Human Fraternity and New World Order Leadership from September 1st, 2020. Please Remember the 7th Day Sabbath to Keep It Holy. "came out by producing the Article entitled " Our King Jesus Christ is Coming in Spring of 2024 " as an evidence of what holy Spirit has done by revealing these all Mathematics and Biblical Truths to Him. 

Click Here to read the other initial full Article Title Our King Jesus Christ ,the SON of MAN,The Lord of 7th Day Holy SABBATH, The Owner of 10 Commandments of Almighty God is Possibly Coming Very Very Soon Probably in this Coming Spring 2024. This is the Last week, that Completes 70 weeks Daniel 9:1-27.Please Prepare His Way, Repent,Repent, Repent, “Remember the sabbath day, to keep it holy.”

Chapter 3: The Great Controversy’ s Final Battle engaged by Satan via Human beings “Pope Francis with His Followers” against Almighty God via Human Beings “ Jesus Christ with His Followers”.

1) From October 31st, 2017 to May 24th, 2020, 

a)Pope Francis with his followers ,  have obtained the signatures of 7th Day Adventists (SDA) Sabbath Keeping delegated Pastors and global SDA Organizations Leaders in a Satanic Online Document entitled A Reforming Catholic Confession, which Jesuit Pontiff of Rome declared the marking date of the End of Protestants Reformation but He is lying to Himself !!!!! The Reformation and the Protest against the Satan's Catechism social teachings of the Roman Catholic Church can not be Ended until there will be a soul still breathing the atmospheric Air and Oxygen on this earth!!! And I Guess , killing those famous True  7th Day Adventists who fundamentally keep the 7th Day Sabbath Holy by their own Governments by their Own presidents' Orders that they elected , it will not only bring Shame to the Leadership of the New World Order Worldwide local and national Governments Leaders but also will bring 7 last plagues on them and firestorms during the 2nd death in 3024 with their Satanic Jesuit Pontiff of Rome, who has been advancing the Laudato SI' to accelerate Worldwide Governments Leaders to sign the "Paris Agreement on climate Change", to introduce "Creation Sunday" and "52 United nations(UN) Climate Sunday" with only one single purpose to enact Universal "Sunday Rest and Worship by Law" so called "common good" that will bring persecution and death penalty as St Thomas Aquinas introduced for the Roman Satanic Jesuit Catholic Church Pontiff to Use it to exterminate all True 7th day Sabbath Keepers before 2030 achieved Sustainable Developments Goals (SDG)!!!!!!

b) Pope Francis with his followers , from this September 1st, 2020 decided to introduce the Human Fraternity Satanic Encyclical Letter , in which all atheists individuals and organizations will unite with the Jesuit Satanic Pontiff of Rome Pope Francis to accelerate the so called post COVID-19 Plandemic Solidarity , Peace and Unity under the New World Order( NWO) of Revelation 13:5-8 which respects Sunday as a divine day of Rest and worship but by Force!!!!!!with violation of Human being consciousness through inserting in them a Microchip which will be mixed in a liquid like a die or like a contrast used in detecting Human images in the X-Rays of CT(Computing Tomography) -Scan or Magnetic Resonance Imaging (MRI) scanning and other electrons- magnetic technologies used for Medical Imaging Sciences in Hospitals , which is going to make it easier and possible for checking of all human beings for those who doesn't have a microchip and those who do have it, while containing a Microchip means that there will be a computer technician somewhere who will be able to control and animate the containing human being in a certain way according to His will centrally to the containing person's consciousness as function robots !!!! Via a Frontal Lob Gen that codes the decision making capacity and ability in the human brain, a Micro chip is able to cause to misbehave the gen and leading it to having genetic mutations and through all of these above mechanisms , a COVID-19 Vaccine will be a Devil tool to take everybody from the innate capacity of reasoning and conscious decision making to become like robots in certain ways, to be not able to take own decisions, like on the subjects concerning the keeping of 4th commandment of Almighty God, of Keeping the 7th day Sabbath Holy, that will be impossible to decide according to a persons will, as well as , wherever a vaccinated human being against COVID-19 will be going, satellites will be easily visualizing him or her and hiding from Satanic Roman Jesuit Pontiff's murderers will become very very difficult , even impossible, and also equally as that whoever will not be having a COVID-19 Vaccine is the Body will not be allowed to go Shopping, Buying and Selling and thus the fulfillment of the Bible Prophesy in Revelation 13:15-18. 

c)Pope Francis with his followers ,  are now determined to enact a Universal Sunday Law, and that is what Ellen Gould White has seen in many visions that will be called the Mark of the Beast after the United States of America (USA) Congress to enact Sunday as a USA National Day of Rest and Worship by Law, and Thereafter, it will be taken as an example to all Worldwide Nations by enacting the same Sunday Laws in their Governments through parliaments , as also they will be doing that to make an exceptional putting in Practice what they have agreed to sign as Paris Agreement for Climate Change Action Now , by enacting Sunday Law for the Land for weekly Rest , from this September 1st, 2020 the Creation Sunday and Climate Sunday is the main political topic in the United Nations(UN) while the whole world Governments soon and from  This October 2020 They will sign to introduce 52 Climate Sundays until October 2021.

d)Pope Francis with his followers , On February 7th, 2021 until February 16th, 2021 , decided to put there hidden agenda of enacting Universal Sunday Law in the papers to be surprisingly found on the Amazon, the online books shop , where the Roman catholic Church called those books "Sunday For Catholic Families"  and a "Liturgical Sunday "in which the whole planned  agenda in 1 week they called the 1st week for Lent, there the "Sunday Law" will be enacted.

2) From October 31st, 2017 to June 1st, 2020, 

a)Jesus Christ with His Followers: Jesus Christ has initiated a movement of true 7th Day holy Sabbath Keeping lays and individuals allover the whole World and are toughly united through the same characteristics that Jesus Christ has provided among them with the same process we underwent of Justification by Faith accompanied by a serious evidence based Victory Over Sins, and Thus bringing courage to dig deeper in the Daniel and Revelation Prophesies and in The Great controversy Chapters to promote the home based small groups teachings  , where all issues of Climate Change were tackled seriously and linked to the current prophetic times and signs of the End of times, with association to the endless Prayers days and Nights including Fasting days and Nights at the extent that the power of Satan and His All Human allies connected directly and indirectly to the Satanic Jesuit Pontiff of Rome through Sunday Rest and Worship and Through Laudato SI' and Human Fraternity Satanic Encyclical Letters of Vatican Man of Sin and Son of Perdition.

b)Jesus Christ with His Followers during the 3 Years Period from October 22nd, 2017 until  October 22nd, 2020 , everything was searched on and many of the 7th Day Adventists Church Individuals who have received the Truth about Justification by Faith  was granted the Divine Power to win SATAN's bodily practices and received Victory Over Sins and over the human Fresh from Jesus Christ the Lord of 7th Day Holy Sabbath Luke 6:1-5  , are now being prepared to received the Final Holy Spirit Power of the Latter Rain and it has started to be received and in this ways, the fearless 144000 true 7th day sabbath Keeping Individuals from allover the world will be confronting the power of SATAN working in the Minds of all people who accept  Laudato SI' Sunday sacredness and other Allies  of the Jesuit Satanic Pontiff of Rome , by rescuing souls of people from all corners of this Earth, by Almighty God's Grace to spiritually feed all those who are hungry for the Present Truth related to the keeping the 4th Commandment and Obeying to all 10 Commandments of Almighty God .

c) Jesus Christ with His Followers, From October 22nd, 2020 to February 7th, 2021,  We are deeply preparing basing on the Gethsemane experience in Mark 14:1-72, in order to acquire the promised Heavenly Power of the holy Spirit in the Form of Latter Rain , which will allow Us to engage in  this Final battle of raising Our Voices Higher and loudly in proclaiming the 3rd Angel's message of Revelation 14:9-11 and 4th Angel' s message of Revelation 18:1-4 from February 7th, 2021 until the 2nd Close of Human Probation for people from Babylon on February 7th, 2024 after Almighty God completing to put the Seal of God in Ezekiel 20:12, 20 which is the 7th Day Holy Sabbath in the Brains and Minds of His people, from Babylonian Churches those former Sunday worshiping Churches attendants and those non Christians and Atheistic Individuals whom Almighty God has decided to bring to His Heavenly Kingdom , will have to receive the 3rd and 4th Angels' messages, accepting the conversion to the 7th day holy Sabbath Keeping and joining the small group of 7th day Holy Sabbath Keepers which will be experiencing the Persecution and death penalties from the Rest of the Sunday Rest and Keeping Communities worldwide, Then there will be starting the fall of the 1st, 2nd , 3rd and 4th Last plagues immediately.

d)Jesus Christ with His Followers, From February 7th, 2021, to February 7th, 2024 in an other Period of 3 Years, a We will have been completed the Divine work of Proclaiming the 3rd Angel's Message and the 4th Angel's Message despite the Satanic Forces of the Sunday Law , the Divine work of Sealing the Almighty Go's People From the Current Babylonian Churches and Religious Communities will be completed as mentioned in Ezekiel 9:1-1-11, and Revelation 7:1-17. And Thereafter, the fall of 7 Last Plagues in a consecutive order will be ready to Begin from the same month of February 8th, 2024 until the 7th last plague in Which the 2nd Coming of Jesus Christ Just will take place on October 15th, 2024 at 01:59' a.m,.

Chapter 4: The Detailed Meaning of Prophetic Time Times and Half Time, 42 Months, 1260 Days, 1290 Days, 1335 Days, The 7 Last  Plagues (7LP) and Fulfilling of the Prophecy of  Revelation 14:1-20.

1)In the book of Daniel 12:7 " There is the Prophetic days "Time Times an Hal a Time", Start from February 8th, 2021 to July 31st, 2024,

a)Then there will be starting the fall of the 1st, 2nd , 3rd and 4th Last plagues immediately at the earlier month prior to the beginning of the last 5th plague on march 1st, 2024 till July 31st, 2024 Just lasting for 5 months and at the End of 5 Months there will be completed  the Whole period of 3 Years and 6 Months of New World Order (NWO) Satanic Jesuit Pontiff of Rome's leadership to be terminated,  by which "Time equals to 1 Year, Times equal to 2 Years, half a Time equals to 1/2 Year", and Thus it gives the 3 Years and 6 Months period. 

i) However, this is the same prophetic days found in Revelation 13:5 of 42 Months and both of Daniel 12 and Revelation 13 are the Only Biblical Chapters which contain the Prophecies that were only Reserved for the Final Days of the Earth History in Which an Satanic 4th Beast Leadership of The New World Order(NWO) Led by a Jesuit Satanic Pontiff of Rome , also Known s Man of Sin and Son Of Perdition Since October 31st, 2017. However to count the exact time of the leadership of The New World Order (NWO) That will be only lasting for 42 months in Revelation 13:5 also gives the exact days of this Powerful final Earthly Kingdom that will be luring in 42 months x 30 days = 3 Years and 6 Months= 1260 days; And , in Revelation 8:1 after the close of Probation and End of Final Warning message of the 3rd Angel's Message accompanied by Sealing the people e of the Most High the Almighty God from the Babylon on February 7th, 2024, in  Heaven there was felt a silence of 1/2 half an hour, and 1 prophetic hour equals to 15 Days, therefore, 1/2 half an hour equals to 15 days divided with 2= 7 Days and 12 hours, this silence period of 7 Days and 12 Hours is counted between the last Day of the Proclamation of the 3rd Angel's Message on February 7th, 2024 and between February 16th, 2024 when the 1st,2nd, 3rd and 4th last plagues will start to fall.

ii) This 1/2 half hour prophetic period, preceded the short period that marks the beginning of falling of the 1st, 2nd, 3rd and 4th last plagues, which thereafter will last for Two (2) Weeks from February 16th, 2024 until February 29th, 2024.

iii) The 1st, 2nd, 3rd, and 4th Last Plagues will remain for the whole period of 2 weeks , where each of the plagues will be falling in its appropriate region on this earth  in less than 1 months, starting from  February 16th, 2024 until  February 29th, 2024, as Mentioned in Revelation 8:1-13, and Revelation 16:1-9.

b)And During 5th last plague, according to the Revelation 16: 10-11 , 

i) The 5th Angel pored His 5th Plague on the Throne of the Satanic Jesuit Pontiff of Rome, and that 5th plague will bring darkness on Roman Catholic Church Saints' blood drunk Babylonian  Throne of Satanic Jesuit Pontiff of Rome,  and this means confusion and failures of controlling the Divine power in the 144000 Saints ; and,

ii) The 5th Last Plague will remain for the whole period of 5 months, starting from March 1st, 2024 until July 31, 2024,  last for 5 moths as mentioned in Revelation 9:1-12, and Revelation 16:10-11.


c)And during 6th last Plague , Finally the Throne of the Satanic Jesuit Pontiff of Rome will be destroyed,  where the fulfillment of the prophecy of  Daniel 7:7-26, Daniel 9: 26-27 will take place in the 6th last Plague during Armageddon War in Revelation 9: 13-21, and Revelation 16:12-16.

2)In the book of Daniel 12:11 " There is the Prophetic days "1290",.

a) By Counting , starting from February 7th, 2021 which marks the day of Sunday Law enactment on the Lower Edge, This 1290 Days will be completed on August 31st, 2024. By dividing 1290 Days with 30 days= 3 Years and 7 Months.

b) These 1290 Days were Prophesied in Daniel 12:11 as to Mark the exact Period by which the Throne of the Satanic Jesuit Pontiff of Rome in New World Order(NWO) , will be completely destroyed during the Armageddon War during  the 6th last plague. Therefore, it is for sure that during 6th last Plague , Finally the Throne of the Satanic Jesuit Pontiff of Rome will be destroyed,  where the fulfillment of the prophecy of  Daniel 7:7-26, Daniel 9: 26-27 will take place in the 6th last Plague during Armageddon War in Revelation 9: 13-21, and Revelation 16:12-16.

c) The 6th Last Plague will remain for the whole period of 1 months, starting from August 1st, 2024 until August 31, 2024,  last for 5 moths as mentioned to happen during Armageddon War in Revelation 9: 13-21, and Revelation 16:12-16.

.3)In the book of Daniel 12:12 " There is the Prophetic days "1335",.

a) By Counting , starting from February 7th, 2021 which marks the day of Sunday Law enactment on the Lower Edge, This 1335 Days will be completed on October 22nd, 2024. By dividing 1335 Days with 30 days= 3 Years and 8 Months and 15 days.

b) These 1335 Days were Prophesied in Daniel 12:12 as to Mark the exact Period by which the Throne of the Satanic Jesuit Pontiff of Rome in New World Order (NWO) will have been completely destroyed during the Armageddon War during  the end of the 6th last plague on August 31st, 2024, this means the period of 1 month and 15 days away from September 1st, 2024 to October 15th, 2024.  

c) Therefore, it is for sure that it is during the 7th last Plague we will experience the 2nd Coming of Jesus Christ Just on October 15th, 2024 at 01:59' a.m, Permanently the Throne of the Satanic Jesuit Pontiff of Rome will be destroyed,  where the fulfillment of the prophecy of  Daniel 7:7-26, Daniel 9: 26-27 will have been taking place during the beginning of  the 6th last Plague during the whole period of the Armageddon War in Revelation 9: 13-21, and Revelation 16:12-16.

d) Therefore, it is in the 7th last plague where a loud voice was here from the Heavenly Temple saying that "It Is Finished!", and then started the Greatest ever experienced earthquake followed by the fund-storms, the falling of heavy stones from the sky and during this period of 1 month and 15 days , the people who remained among the sinners who didn't accept the sealing of Almighty God by accepting to be converted by the 3rd and 4th angels' messages fro February 7th, 2021 until the Day of human probation Close on February 7th, 2024, and They  will therefore be asking to where they can find a place to hide themselves from the eyes of the Son of man, the Lord of the 7th day Holy Sabbath when He will be appearing in a small dark cloud which will become more bigger and bigger as it approaches the earth's Sky and finally they will be killed by the Glory of our savior Jesus Christ, the Lord of the 7th Day Holy Sabbath. 

e) During this 7th last plague period of 1 month and 15 days, as mentioned in Revelation 18:5-24 and Revelation 19:1-21, the Remaining World Governments Leaders and the marshlands of the World who used to trade with Vatican by selling the Heads of their People especially the 7th Day Holy Sabbath Keepers to the Jesuits in Illuminati and other secret Societies to give blood sacrifices to their Satan representative Pan god"Baphometh" , then There will come the fulfillment of the Everlasting Greatest prophecy of the 2nd Coming of Jesus Christ Just on October 15th, 2024 at 01:59' a.m,as mentioned in Revelation 11:15-19 and Revelation 16:17-21; Daniel 2:33-35, Daniel 2:43-45, Isaiah 65: 1-25,Isaiah 66: 1-24, Daniel 7:13-19,Daniel 7:26-27,Revelation 19:1-21,Revelation 20:1-15,Revelation 21:1-27,Revelation 22:1-21.

Chapter 5: The Hidden Truth About Paris Agreement, Its Impact on bringing The Sunday Law” Universal Common Good”, Persecution and Death Penalty against True 7th Day Holy Sabbath Keepers (T7DHSK)

1) This whole movement of Paris Agreement is going to give birth to the" Sunday Law” , also called Universal Common Good”, which will inevitably result in  Persecution and Death Penalty against True 7th Day Holy Sabbath Keepers (T7DHSK). 

2)And it is being forged hidden in the long lasting agenda of Satan through the new satanic Encyclical Letter of Satanic Jesuit Pontiff of Rome 's "Human Fraternity Encyclical Letter"  and the "New World Order Leadership " from February 8th, 2021 to July 31st, 2024, and from Armageddon War period starting on August 1st, 2024 to October 15th, 2024 at 01:59' a.m.

3) Application of the Great Controversy in this whole New World Order period,

i).[Chapter 38—The Final Warning/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda),., From February 7th, 2021 to February 7th, 2024, until the day of the silence of 1/2 half an hour on February 7th, 2024 to be felt in Heaven indicating the end of the full time period of delivering the Final warning message of the 3rd and 4th Angels' Message by True 7th day Adventist individuals, during the Period of 3 years :  Revelation 13:1-18,Revelation 14:1-20, Revelation 18:1-24, and this period of 1/2 half an hour will be completed after 7 days and 12 hours and thereafter will start the 1st, 2nd, 3rd and 4th last plagues from February 16th, 2024 until February 29th, 2024. Revelation 8:1-13.

ii).[Chapter 39—The Time of Trouble/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda),. a) From  February 8th, 2021 to February 8th, 2024 during the Sunday Law time against the 3rd and 4th Angels' Messages Proclamation associated with Persecution of the True 7th Day Holy Sabbath keeping Individuals in all Nations across the Whole world and until the beginning of the 1st 6 Last plagues from February 8th, 2024 towards August 31st, 2024 marked by the Sunday Law and death Penalty, during the whole period of 1290 days in Daniel 12:11. b) From February 8th, 2021 to July 31st, 2024 mentions the Period of the New World Order(NWO) Leadership of 42 Months= 1260 Days= 3 Years and 6 Months of Revelation 13:5, Daniel 12:7, Revelation 18:1-24, Revelation 11:1-14.

iii).[Chapter 40—God's People Delivered/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda)=JESUITS,. From September 1st, 2024 to October 15th, 2024 during the 7th last plague and adding 7 days journey from this earth heading to the Sea of glass in heaven until we arrive on October 22nd, 2024 where Daniel and all Saints will be standing in our positions after the whole period of 1335 days in  Daniel 12:13.

iv).[Chapter 41—Desolation of the Earth/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda),. From October 15th, 2024 to October 22nd, 2024 until October 15th, 3024 to October 22nd, 3024, The whole millennium of the complete 1000 Years where We will be in Heaven: Revelation 20:1-19.

v) .[Chapter 42—The Controversy Ended/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda).. From October 22nd, 3024 till Fire finishes the Old earth cleansing for New earth Creation: Isaiah 65:17-25, Isaiah 66:1-24, Revelation 21:1-26,Revelation 22:1-21.

Chapter 6: The Hidden Truth About COVID-19 Vaccine, Its Impact on Bringing the New World Order, Cashless Society ” ID 2020” and Fulfilling of the Prophecy of Daniel 12:1-13 and Revelation 13:1-18.

..Vatican has engineered the COVID-19 and as it is Linked to the Illuminati and the Roman Catholic Church's St Corona, therefore, Pope Francis has decided to secretary use the COVID-19(WATCH Pope Francis Calls For SOLIDARITY The CREATION Of A NEW MINDSET. Babylon ABOMINATION Safer SEX ) to inoculate the whole world with the COVID-19 Vaccine( ATTENTION: Your Sexual Behavior Is Being MONITORED. October BATTLE Begins. John MacArthur EVICTION) which will be containing a Microchip (Lucifer Fundamentalists FUN-VAX. Pope May 14 FASTING. Netanyahu Microchipping Kids.Church UnderSIEGE ) and the COVID-19 Vaccine Human Micro-Chip will benefit the New World Order leadership headed by the Pope to control all human being activities online as Robots are monitored by Computers. many Researchers declared that COVID-19 is not really a disease, however it is a global political tool to be used to introduce draconian measure in there nations despite a long period of centuries the World was being led with democratic measure that some times respected the Human Rights, while draconian measure such as Wearing COVID-19 Facial Masks or forcefully inoculating COVID-19 vaccines is the Draconian measure case demonstrating hate of Satan to Almighty God's human Beings as exposed in the Great Controversy Chapter([Chapter 30—Enmity Between Man and Satan/The Great Controversy-Audio in English],(in Kinyarwanda), ). The Microchip will help the Governments Leaders to manage their citizens with what they called ID 2020 , where all soft copy and current different electronic human identifying data will be put on that Microchip  electronic ID number to be managed online and this also means what the cashless society is going to be looking like during the whole period of the New World Order(NWO) Leadership in 3 Years and 6 Months until the fall of the 6th last plague August 1st, 2024 to be ended during Armageddon War on August 31st, 2024. 

Chapter 7: The Invitation to Enter the Heaven and the New Earth.

Throughout the centuries the promise of Jesus in John 14:2, 3 has filled the hearts of Christians with hope: “In my Father's house are many mansions: if it were not so, I would have told you. I go to prepare a place for you. And if I go and prepare a place for you, I will come again, and receive you unto myself, that where I am, there ye may be also.” In the darkest moments of despair, disappointment, despondency, or defeat, the hope of living with Jesus in heaven has brightened the day, cleared away the clouds, and lifted the spirits. 

Heaven, what will it be like? Words are inadequate to describe it, but the Holy Scriptures give us glimpses of the glorious future. There all will be harmony, peace, love, and unity. All will be purity, holiness, and blessedness. Gone will be sorrow, crying, and pain. Best of all, death will be no more. 

“There we shall know even as also we are known. There the loves and sympathies that God has planted in the soul will find truest and sweetest exercise. The pure communion With holy beings, the harmonious social life with the blessed angels and with the faithful ones of all ages, the sacred fellowship that binds together ‘the whole family in heaven and earth’—all are among the experiences of the hereafter.” Education, 306. 

We look forward with joyous anticipation to the day when Jesus will return to earth, not as a Man of sorrows but as King of kings and Lord of lords. In that day the dead in Christ will rise first, then his followers who are alive will be “changed, in a moment, in the twinkling of an eye” (1 Corinthians 15:51, 52), and together this redeemed company, now immortal, will travel through time and space to the paradise of God, to heaven itself. 

This book provides glorious pictures of the future life both in heaven and on the new earth. It enables one to hear by faith the thrilling music sung by angels and the redeemed. It excites one with the prospect of engaging in fascinating occupations and enterprises. As you sense the wonder and reality of the future life, may you determine to be among the citizens of heaven, and live forever in that land “where we never grow old.” 

Board of Trustees of the

Ellen G. White Estate.

Let us consider most earnestly the blessed hereafter. Let our faith pierce through every cloud of darkness and behold Him who died for the sins of the world. He has opened the gates of paradise to all who receive and believe on Him. To them He gives power to become the sons and daughters of God. Let the afflictions which pain us so grievously become instructive lessons, teaching us to press forward toward the mark of the prize of our high calling in Christ. Let us be encouraged by the thought that the Lord is soon to come. Let this hope gladden our hearts.... 

We are homeward bound. He who loved us so much as to die for us hath builded for us a city. The New Jerusalem is our place of rest. There will be no sadness in the city of God. No wail of sorrow, no dirge of crushed hopes and buried affections, will ever more be heard. Soon the garments of heaviness will be changed for the wedding garment. Soon we shall witness the coronation of our King. Those whose lives have been hidden with Christ, those who on this earth have fought the good fight of faith, will shine forth with the Redeemer's glory in the kingdom of God.—Testimonies for the Church 9:286, 287. 

 Welcome to the Heaven, Read more in the original source from any Chapter below:

Preface

Chapter 1—The Way to Heaven

Chapter 2—His Promise Will Be Fulfilled

Chapter 3—The Second Coming Promised Throughout History

Chapter 4—God's People Delivered

Chapter 5—Christ's Second Coming

Chapter 6—Our Eternal Inheritance

Chapter 7—A Heavenly Atmosphere

Chapter 8—Face-to-Face at Last

Chapter 9—Eden Restored

Chapter 10—Who Will Be There?

Chapter 11—Some Are Already in Heaven

Chapter 12—Some Who Will Not Be There

Chapter 13—In Heaven One Thousand Years

Chapter 14—The End of Evil

Chapter 15—The Earth Made New

Chapter 16—Heaven Is a School

Chapter 17—It Will Not Be Long

Chapter 18—Heaven Can Begin Now

Chapter 19—The Music of Heaven

Chapter 20—A Call for Us to Be There.

.Prayer Dear Holy Father in Heaven, I am humbly kneeling down to beg your love and mercy that You forgive all the sins of this person who decided to come to Read this whole Article, in Order for Him or her to have your everlasting blessings , in which by accepting to obey your full 10 commandments including the 4th Commandment of keeping the 7th day Sabbath Holy, therefore, You will oh my Almighty God accept His or Her repenting Heart and grant Him or Her Your Forgiveness and eternal Live  and Victory over Sins, I Pray In Jesus Christ names, the Lord of the 7th Day Holy Sabbath, Amen.

0 comments:

Post a Comment

 

Subscribe to our website

Contact us

Meet AUSC President at +250736196204

Our Team Members